{"id":7520,"date":"2017-09-25T14:32:19","date_gmt":"2017-09-25T14:32:19","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/09\/25\/ubushinjacyaha-bw-u-bufaransa-bwatangije-dosiye-ya-banki-ikekwaho-uruhare-muri\/"},"modified":"2017-09-25T14:32:19","modified_gmt":"2017-09-25T14:32:19","slug":"ubushinjacyaha-bw-u-bufaransa-bwatangije-dosiye-ya-banki-ikekwaho-uruhare-muri","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520","title":{"rendered":"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside"},"content":{"rendered":"<p> <em> <strong>Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki yaho ikekwaho uruhare muri Jenoside, ni nyuma yuko  Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, atanze  ikirego ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.<\/strong> <\/em> <\/p>\n<p>Iyo miryango irimo uwitwa Sherpa ugizwe n\u2019abanyamategeko baharanira kurwanya ibyaha by\u2019imari no kurengera ababikorewe; Impuzamiryango iharanira ko abakoze Jenoside mu Rwanda baburanishwa (CPCR) na Ibuka, bamaze kurega banki ikomeye mu Bufaransa BNP Paribas, bayishinja kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.<\/p>\n<p>Ibyo byaha uko ari bitatu, BNP Paribas ngo ikaba yarabikoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.<\/p>\n<p>Aya makuru mashya yo gukurikirana dosiye y&#8217;iyi banki amaze iminota mike ari ku rubuga rw&#8217;ikinyamakuru France 24.<br \/>\n<figure id=\"attachment_78238\" aria-describedby=\"caption-attachment-78238\" style=\"width: 1024px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/inkuru-1.png\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"size-large wp-image-78238\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/inkuru-1-1024x478.png\" alt=\"\" width=\"1024\" height=\"478\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-78238\" class=\"wp-caption-text\"><br \/>\nIkinyamakuru France 24 cyatangaje aya makuru<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Ayo mashyirahamwe ashinja iyo banki yo mu Bufaransa kuba yarateye inkunga umugambi wo kugura toni 80 z\u2019intwaro zifashishijwe mu gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.<\/p>\n<p>Ayo mashyirahamwe avuga ko Banki yari izi nta gushidakanya umugambi wa Jenoside abayobozi b\u2019u Rwanda bari bafite , irarenga ibemerera amafaranga muri Kamena 1994.\u201d<\/p>\n<p>Umuvugizi wa BNP Paribas, aganira na AFP, we yagize ati \u201cTwumvise mu bitangazamakuru ko bagiye kuturega mu nkiko. Kugeza ubu, nta makuru ahagije dufite arebana na byo ku buryo twagira icyo tubivugaho.\u201d<\/p>\n<p>Ayo mashyirahamwe uko ari atatu yemeza ko muri Kamena 1994, BNP kuri ubu yitwa BNP Paribas yohereje inshuro ebyiri amafaranga kuri konti ya banki y\u2019igihugu y\u2019u Rwanda (BNR) yari ifite muri BNP icyo gihe.<\/p>\n<p>Aya mafaranga ageze kuri Konti ya Banki nkuru y\u2019u Rwanda yabaga muri BNP, ngo yakomereje kuri konti yo muri banki yo mu Busuwisi yitwa UBP y\u2019uwitwa Willem Tertius Ehlers.<\/p>\n<p>Uyu Willem Tertius Ehlers, ni umuherwe wo muri Afurika y\u2019Epfo icyo gihe wari ufite kompanyi icuruza intwaro yitwa Delta Aero.<\/p>\n<p>Ayo mashyirahamwe avuga ko ayo mafaranga yoherejwe ku wa 14 Kamena no ku wa 16 Kamena 1994 yarengaga miliyoni 1 n\u2019ibihumbi 300 by\u2019Amadorari y\u2019Amerika yifashishijwe na Leta y\u2019u Rwanda mu kugura intwaro, mu gihe Loni yari imaze ukwezi ifatiye u Rwanda ibihano birimo no kutarwoherezamo intwaro. Ni umwanzuro yafashe tariki ya 17 Gicurasi.<\/p>\n<p>Byabaye kandi mu gihe mu Rwanda byari bizwi ko hatangiye Jenoside icyo gihe yari irimo gukorerwa abatutsi ikaba yarahitanye abarenga miliyoni imwe.<\/p>\n<p>Ayo mashyirahamwe akomeza avuga ko, bukeye bwaho (bamaze guhabwa ayo mafaranga) Ehlers na Col Theoneste Bagosora bahise basinyana amasezerano yo kugura intwaro, bayasinyira mu Birwa bya Seychelle babifashijwemo n\u2019Abazayirwa.<\/p>\n<p>Itangazo ry\u2019iyo miryango risoza rigira riti \u201cIntwaro zimaze kugezwa i Goma zahise zambutswa mu Rwanda zinyujijwe ku Gisenyi.\u201d<\/p>\n<p> <strong>Uko banki yasohoye amafaranga<\/strong> <\/p>\n<p>Iyi banki ngo yasohoye amafaranga bisabwe n\u2019abari abayobozi mu Rwanda yishyurwa intwaro zagejejwe  mu Rwanda muri Kamena 1994. Icyo gihe ngo mu Rwanda hazanywe mbunda zo mu bwoko bwa Kalachnikov.<\/p>\n<p>Ibyo byakozwe biciye mu gupanga ingendo ebyiri z\u2019indege mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira ku wa 17 Kamena 1994 zijya i Goma, aho ikibuga cy\u2019indege cyagenzurwaga n\u2019Ingabo z\u2019Abafaransa. Ni intwaro ngo Guverinoma ya Seychelles yari yarafatiye mu bwato, muri Werurwe 1993.<\/p>\n<p>Izo ntwaro ngo zavanwe i Goma zambutswa n\u2019inzira z\u2019umuhanda zishyikirizwa Ingabo z\u2019u Rwanda icyo gihe (Forces Arm\u00e9es Rwandaises, FAR), ari nazo zaifashishwa muri jenoside.<\/p>\n<p>Impuguke ku mateka y\u2019u Rwanda, Jacques Morel, yagize ati \u201cIzo ntwaro zahawe abarwanyi bagize uruhare muri jenoside. Hari ubwicanyi bwinshi bwakoreshejwe imihoro, ariko hari n\u2019ubwakoreshejwe imbunda. Izi ntwaro zaje ziturutse muri Seychelles zari ziganjemo imbunda za kalachnikovs AK-47.&#8221;<\/p>\n<p>Muri izo ntwaro harimo amasasu y\u2019imbunda nto n\u2019inini, za grenade n\u2019ibisasu bya mortiers, byose biza harenzwe ku mabwiriza ya Loni, nkuko  Jacques Morel abitangaza. Ati &#8220;Intwaro zaguzwe muri Seychelles zahaye imbaraga Abahutu bakoraga Jenoside nk\u2019uko iyi miryango ibivuga mu kirego cyayo. Aho niho haza ikibazo cy\u2019uko BNP Paribas yagize uruhare muri jenoside&#8221;<\/p>\n<p>Igurwa ry\u2019izo ntwaro ngo ryari rihagarikiwe na Col Theoneste Bagosora wakatiwe gufungwa imyaka 35, wari kumwe na Petrus Willem Ehlers wari nk\u2019umuhuza. Uyu  yabaye Umunyamabanga wa Pieter Willem Botha, Minisitiri w\u2019Intebe wa nyuma wa Afurika y\u2019Epfo.<\/p>\n<p>Icyo gihe ngo Guverinoma y\u2019u Rwanda yari ikeneye amafaranga cyane, ariko nka Banque Bruxelles Lambert (BBL) yari yanze kuyarekura avuye kuri konti ya banki y&#8217;ubucuruzi (Banque commerciale du Rwanda -BCR).<\/p>\n<p>Uwahoze ari umuyobozi muri iyo banki Jacques Simal, ubwo yabazwaga na Polisi y\u2019u Bubiligi ku wa 5 Gicurasi 2004, yagize ati &#8220;Nubwo impamvu itari yatangajwe neza, byagaragariraga buri wese ko bagombaga kugura intwaro n\u2019ibisasu. [&#8230;] Ndibuka ko kugira ngo babyumvishe BBL, guverinoma y\u2019u Rwanda yohereje intumwa ngo ize kutwumvisha kurekura amafaranga.&#8221;<\/p>\n<p>Mu kirego cyatanzwe, ngo bigaragazwa neza ko BBL &#8220;yanze sheki yari yohererejwe, bituma Guverinoma y\u2019u Rwanda idakoresha ayo mafaranga mu kugura intwaro.&#8221;<\/p>\n<p>Ni ubwa mbere ikirego nk\u2019iki gitanzwe kuri Banki mu Bufaransa. Ibi binyamakuru byatangaje ko BNP Paribas yanze kugira icyo ihita itangaza, ivuga ko nta makuru ahagije irabona yatuma igira icyo ivuga kuri iki kirego.<\/p>\n<p>Mu gutanga ikirego, iyi miryango yifashishije inyandiko zirimo raporo ya Human Rights Watch yo muri Gicurasi 1995; raporo esheshatu za komisiyo mpuzamahanga yashyizweho n\u2019akanama gashinzwe umutekano ku Isi kigaga ku kurenga ku mabwiriza yo kutagurisha intwaro u Rwanda, zo kuva muri Mutarama 1996 kugeza mu Ugushyingo 1998.<\/p>\n<p>Bifashishije kandi inyandiko za Banki Nkuru y\u2019u Rwanda mu gihe cy\u2019ibyo bihano; Inyandiko zo mu rubanza rwa Bagosora mu rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha i Arusha na raporo ku madeni u Rwanda rwari rufitiye amahanga yo mu Ugushyingo 1996, yakozwe n\u2019impuguke mu bukungu Pierre Galland na Michel Chossudovsky, zibisabwe na Guverinoma y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019impuzamiryango ikurikirana abakoze Jenoside bari mu mahanga (CPCR), Alain Gauthier, yavuze ko ubusanzwe bakurikirana &#8220;abajenosideri, ariko muri iki kirego turashaka gutandukanya ibice bigize umurunga watumye Jenoside igerwaho.&#8221;<\/p>\n<p>BNP Paribas ni banki ikomeye ikorera mu bihugu 75.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/kanda%20hano%20ubone%20amakuru%20yihuse%20kandi%20ku%20gihe%20kuri%20facebook%C2%A0no%20kuri%20twitter\/\">Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter<\/a><\/p>\n<p> <strong>Ntakirutimana Deus @Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki yaho ikekwaho uruhare muri Jenoside, ni nyuma yuko Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, atanze ikirego ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Iyo miryango irimo uwitwa Sherpa ugizwe n\u2019abanyamategeko baharanira kurwanya ibyaha by\u2019imari no kurengera ababikorewe; [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-7520","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki yaho ikekwaho uruhare muri Jenoside, ni nyuma yuko Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, atanze ikirego ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Iyo miryango irimo uwitwa Sherpa ugizwe n\u2019abanyamategeko baharanira kurwanya ibyaha by\u2019imari no kurengera ababikorewe; [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-09-25T14:32:19+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/inkuru-1-1024x478.png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside\",\"datePublished\":\"2017-09-25T14:32:19+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520\"},\"wordCount\":965,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/09\\\/inkuru-1-1024x478.png\",\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520\",\"name\":\"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/09\\\/inkuru-1-1024x478.png\",\"datePublished\":\"2017-09-25T14:32:19+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/09\\\/inkuru-1-1024x478.png\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/09\\\/inkuru-1-1024x478.png\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7520#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside - BWIZA","og_description":"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki yaho ikekwaho uruhare muri Jenoside, ni nyuma yuko Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, atanze ikirego ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Iyo miryango irimo uwitwa Sherpa ugizwe n\u2019abanyamategeko baharanira kurwanya ibyaha by\u2019imari no kurengera ababikorewe; [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-09-25T14:32:19+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/inkuru-1-1024x478.png","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside","datePublished":"2017-09-25T14:32:19+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520"},"wordCount":965,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/inkuru-1-1024x478.png","articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7520#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520","name":"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/inkuru-1-1024x478.png","datePublished":"2017-09-25T14:32:19+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7520"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/inkuru-1-1024x478.png","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/09\/inkuru-1-1024x478.png"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7520#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ubushinjacyaha bw\u2019u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki ikekwaho uruhare muri Jenoside"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7520","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=7520"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7520\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=7520"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=7520"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=7520"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}