{"id":7797,"date":"2017-10-26T10:48:13","date_gmt":"2017-10-26T10:48:13","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/10\/26\/nta-gikuba-cyacitse-abanyereza-umutungo-barakurikiranwa-hon-byabarumwanzi\/"},"modified":"2025-02-12T15:26:38","modified_gmt":"2025-02-12T13:26:38","slug":"nta-gikuba-cyacitse-abanyereza-umutungo-barakurikiranwa-hon-byabarumwanzi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797","title":{"rendered":"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi"},"content":{"rendered":"<p> <em> <strong>Aya ni amagambo atanga ituze n\u2019 ihumure mu banyarwanda, ko ubukungu butazajegajezwa n\u2019abanyereza umutungo wa Leta kuko bakurikiranwa. Biravugwa n\u2019Intumwa ya rubanda Byabarumwanzi Francois, ubwo yabazwaga n\u2019abanyamakuru ukuntu inkingi y\u2019ubukungu izitabwaho kandi raporo zigaragaza ko umutungo wa Leta usahurwa.<\/strong> <\/em> <\/p>\n<p>Ni mu kiganiro abahagarariye amwe mu mashyaka yifatanije na FPR, ndetse n\u2019uwari umukandida w\u2019ishyaka Green Party ritavuga rumwe n\u2019ubutegetsi; bagiranye n\u2019abanyamakuru kuri uyu wa kabiri tariki 24 Ukwakira 2017.<\/p>\n<p>Gusa bukeye bwaho, abadepite bongeye kwibaza niba hari ibigo bifite ubudahangarwa ku buryo bicunga nabi ibya rubanda ntihagire igikorwa.<\/p>\n<p>Amashyaka yashyigikiye umukandida watsinze amatora ya Perezida wa Repubulika yo muri Kanama 2017, yari hagarariwe na Depite Byabarumwanzi wa PL, Madina Ndangiza wa PDI  na Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze wa PSD.<\/p>\n<p>Umunyamakuru abaza aba bashyigikiye FPR icyo bazakora ngo bazamure ubukungu mu gihe raporo y\u2019Umugenzuzi w\u2019Imari ya Leta, Umuvunyi, zigaragaza ko umutungo wa rubanda unyerezwa; ndetse na Komisiyo y\u2019Inteko ishinga amategeko ibishinzwe ikaba iherutse guhamagaza ibigo n\u2019uturere bivugwamo benshi bakabura ibisobanuro.<\/p>\n<p>Depite Byabarumwanzi ati, \u201c Nta gikuba cyacitse, ugereranije n\u2019ibindi bihugu igikuba ntikiracika. Bariya bose bitaba PAC umushinjacyaha yicaye aho yandika, ku buryo ubu bamwe batangiye gukurikiranwa\u201d.<\/p>\n<p>Yunganiwe na Madina wa PDI, ngo we yishimira ko hari amategeko akumira ibyo byaha byo kunyereza umutungo wa Leta.<\/p>\n<p>Naho Dr Ngabitsinze wa PSD  yungamo ati, \u201cNta guhishira umubi, kuri ruswa nta kudohoka, ariko ugereranije n\u2019ibindi bihugu u Rwanda ruragerageza. Ikindi ni uko uyu mwaka abitaba PAC bagabanutse kuko hitabye uturere 12 gusa, n\u2019ibigo bya Leta icumi&#8221;.<\/p>\n<p> <strong>Abadepite bavuga ikibari ku mutima ubwo PAC yamurikaga ibyakozwe<\/strong> <\/p>\n<p>Kuri uyu wa gatatu tariki 25 Ukwakira, Komisiyo ishinzwe gukurikirana umutungo wa Leta (PAC) yashyikirije abadepite raporo y\u2019ibyakozwe. Perezida wayo Nkusi Juvenal, atanga urugero rw\u2019imyanzuro 28 Inteko Ishinga Amategeko yari yafashe umwaka wa 2012\/2013, igashyirwa mu bikorwa ku kigero cya 46 %.<\/p>\n<p>Amagambo y\u2019abadepite, agaragaza ko igikuba gihari, Ndlr <em>: cyaracitse, gisa n\u2019icyacitse, kiri hafi gucika\u201d<\/em> <\/p>\n<p>Depite Mporanyi Theobald ati, \u201cUrebye iyi raporo n\u2019izayibanjirije, hari ibigo bihora bigaruka. Imyaka igiye kuba icumi Umugenzuzi w\u2019Imari ya Leta atugezaho raporo[\u2026] Nibajije, ibi bigo bifite ubudahangarwa? Ufashe iyari Electrogaz, igahinduka RECO, EWSA[\u2026], ibyo mushaka byose, wagira ngo hari umuvumo uyibamo[\u2026]<\/p>\n<p>Depite Mukamurangwa ati,   <em>\u201cIyo usomye izi raporo rimwe na rimwe hari igihe wumva biguteye umujinya, hari igihe wumva biguca intege mu byo ukora.Twashyizeho ubucamanza bwihariye bwo gukurikirana ibi bintu niba abandi barananiwe? Nk\u2019uko twashyizeho Inkiko Gacaca ku kibazo cyihariye na hano ikibazo cyihariye cy\u2019ubujura no gusesagura umutungo, twashyizeho ubucamanza bwihariye?\u201d<\/em> <\/p>\n<p>Depite Nyirarukundo Ignacienne ati,   <em>\u201c Ubutabera buri he muri uru rugamba rugiye kumara imyaka icumi guhera 2008? Ikibazo kiri he, abacamanza ntibahari, amategeko ntanoze ? Umuntu w\u2019umunyacyaha ntabwo mujya inama gutya, muhurira mu rukiko umucamanza akaba ariwe ubahuza ariko guhora tujya inama ku bintu dukeka ko ari ibyaha ndabona ari ikibazo.\u201d<\/em> <\/p>\n<p>Umukuru w\u2019igihugu Kagame Paul we aherutse kwivugira mu nteko ko  \u201cAbakagombye kunyereza ari abafite byinshi\u201d, akibaza abanyereza mu Rwanda aho abakomora uwo muco.<\/p>\n<p>Ibigo 10 n\u2019uturere 12 bivugwamo imicungire mibi byitabye PAC mu minsi ishize ni: WASAC, EDCL, EUCL, RTDA, RDB,  University of Rwanda , REB, WDA, RBC, na RAB.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Uturere ni: Gatsibo, Gasabo, Bugesera, Rusizi, Ngororero, Nyabihu, Rulindo, Gicumbi, Nyamagabe, Ruhango,  Rutsiro and Nyarugenge.<\/p>\n<p> <strong>Bimwe mu byagaragaye kuri ruswa no kunyereza umutungo<\/strong> <\/p>\n<p> <strong>WASAC:  <\/strong> Ibikoresho bya miliyari 1,1 byapfuye ubusa, miliyari 3,9 atagaragazwa icyo yakoreshejywe, na miliyari 1,1 atagaragazwa uko yinjiye.<\/p>\n<p> <strong>EUCL <\/strong> yahaye akazi abakozi 391 nta piganwa ribayeho<\/p>\n<p> <strong>RBC: <\/strong> Raporo z\u2019umugenzuzi w\u2019imari ya  Leta zikunda kwerekana ikibazo cy\u2019imiti iborera mu bubiko, n\u2019iyishyuwe ibigo byo hanze biyikora igatinda kugera mu Rwanda.<\/p>\n<p> <strong>WDA: <\/strong><br \/>\n<strong style=\"font-size: 14pt\">-Ibikoresho bitujuje ubuziranenge muri IPRC West, <\/strong><br \/>\nbirimo imashini zatwaye asaga miliyoni 200 zikaba zimaze imyaka ibiri zidakora, n\u2019isoko ryo kugura izindi eshatu za EAV Bigogwe za miliyoni 105.<\/p>\n<p> <strong>-Inyubako zatawe na rwiyemezamirimo <\/strong> izindi zigatinda iminsi 891(hafi imyaka 3), ishuri rya Kabarondo rya miliyari 1,1; n\u2019iry\u2019ubukerarugendo uri ESTB Busogo rya miliyari 1,05.<\/p>\n<p> <strong>-Tumba College of Technology ifite umwenda wa miliyoni 83, <\/strong> naho miliyoni 3,8 z\u2019abiga Part-time zashizwe kuri konti yihariye kandi ari umutungo wa Leta.<\/p>\n<p> <strong>-IPRC East yatanze miliyoni 169,6 <\/strong> mu duhimbazamusyi tw\u2019abakozi no kubazamurira imishahara binyuranije n\u2019itegeko.<\/p>\n<p> <strong>REB:<\/strong> <\/p>\n<p>Kutamenya imyenda, ubukode bwa miliyoni 582 ku cyumba kibikwamo  mudasobwa, kwishyura barenza<\/p>\n<p> <strong>-Ikibazo cyo kutagira amakuru  <\/strong> (database) agaragaza imibare y\u2019abanyeshuri bahawe inguzanyo  aho ngo REB igaragaza ko uwo mwenda ungana na miliyari 3 ariko hakaba hatagaraga umwenda wa buri muntu ndetse n\u2019ayo buri muntu yishyuye.<\/p>\n<p> <strong>-Ikibazo cya One Laptop per Child: <\/strong> hamaze kugurwa izisaga 248,908 hatanzwe miliyari zisaga 36.<\/p>\n<p>Ku wa 1 Ugushyingo 2013, REB yari ifite mu mubiko izisaga 4298, itumiza izindi 42978 zose ziba 47276 babura aho bazishyira kuko batari bagennye abo bari buzihe, bazikodeshereza inzu. Umugenzuzi w\u2019imari ya Leta yagiyeyo bamaze kwishyura ubukode ku mafaranga miliyoni 582.<\/p>\n<p>Serveurs zaguzwe hafi miliyari y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda, kugeza ubu ngo ntabwo zigeze zikoreshwa  hari n\u2019izapfuye.<\/p>\n<p> <strong>-Gutanga amasoko nibyo bifata ingengo y\u2019imari nini kuruta ibindi bikorwa<\/strong> : amasoko 140 yapanzwe gutwara miliyari 30 ku ngengo y\u2019imari ya miliyari 42.<\/p>\n<p>Umugenzuzi w\u2019imari ya Leta yagiye gukora igenzura muri REB hari isosiyete yitwa SOCOMU barimo umwenda wa miliyoni 110, nyamara we akavuga ko REB imurimo miliyoni 50 gusa.<\/p>\n<p>REB yishyuye rwiyemezamirimo umwe irenzaho amafaranga angana na miliyoni 51<\/p>\n<p> <strong>Ngororero: <\/strong> <\/p>\n<p>Akarere kishyuye miliyoni 665 muri hoteli yubakwa i Rusizi, igasabwa kongeraho andi miliyoni 300.<\/p>\n<p> Iyi Hoteli Meya ntazi aho iri, ntazi n\u2019izina ryayo. Perezida wa Njyanama, Dushimumuremyi Jean Paul, avuga ko yumva ngo iri i Rusizi gusa. Ngo ntibanazi rwiyemezamirimo waba ari kuyubaka. Abadepite bagwa mu kantu, bati , \u201cni gute amafaranga ya rubanda ajugunywa uko abonye?\u201d<\/p>\n<p> <strong>Rusizi: <\/strong> <\/p>\n<p>Akarere kishyuye Gacinya Denis wa MICON miliyoni 495 yari guhabwa miliyoni 253. <\/p>\n<p>Ni ku isoko ry\u2019amatara yo ku muhanda, aho yakoze ibikorwa akabigeza hagati rigaseswa akishyurwa miliyoni 495 Frw, REG yakora igenzura igasanga yari akwiye miliyoni 253 Frw.<\/p>\n<p> <strong>-Ku<\/strong>   <strong>muhanda Nkungu-Cyamudongo-Mataba<\/strong> , rwiyemezamirimo yishyuwe miliyoni 247 Frw, za kilometero 7.5 yarakoze esheshatu.<\/p>\n<p>  <strong>-Umuhanda Kibangira \u2014 Gikundamvura \u2014 Butare<\/strong> , rwiyemezamirimo yarishyuwe kandi ibyapa n\u2019inzira z\u2019amazi yagombaga gushyiramo bituzuye.<\/p>\n<p> <strong>-Ikigo nderabuzima cya Nyakabuye<\/strong> , rwiyemezamirimo wa mbere yishyuwe miliyoni zigera ku 102 Frw,  uwa kabiri  miliyoni 118 Frw,  abandi bishyuza akarere miliyoni 300 Frw.<\/p>\n<p>  <strong>Bugesera: Ubuyobozi ntibuzi abahawe imashini zuhira.<\/strong> <\/p>\n<p>Ni umushinga wagombaga gutwara miliyoni 51 Frw, hagurwa imashini 70,  zigahabwa abaturage, uyihabwa  yagombaga kubanza kwishyura amafaranga y\u2019u Rwanda ibihumbi 150.<\/p>\n<p> <strong>Gatsibo<\/strong> : Ipoto ya miliyari ebyiri na Cash power ya miliyoni eshatu. Raporo y\u2019Umugenzuzi mukuru w\u2019imari ya Leta yabonye  isoko akarere katanze gushyira umuriro w\u2019amashanyaraizi ku ishuri ryo mu Murenge wa Kabarore ndetse no gushyira amatara ku mihanda hagakoreshwa ibiciro bidasanzwe. Raporo igaragaza ko ipoto imwe y\u2019igiti yaguzwe 2,600,000 Frw naho Cash power (mubazi y\u2019umuriro) ikagurwa 3,800, 000 Frw.<\/p>\n<p>Umuvunyi mukuru ati, \u201cAbo tubonaho ruswa bagirwa abere\u201d.<\/p>\n<p>Ibi ni bimwe mu bigarutsweho, ariko kandi koko nta gikuba cyacitse. Umuvunyi mukuru, Murekezi Anastase na we yaragaraje muri raporo ko abashinjwa ruswa bagirwa abere ndetse bagakomeza gukorera Leta. <\/p>\n<p>Urugero ni urw\u2019uwari Gitifu w\u2019umurenge wa Nyundo muri Rubavu washinjwe  \u201cRuswa y\u2019ibihumbi 900\u201d binyujijwe kuri konti ye, urukiko rukamugira umwere n\u2019ubu akaba akiri mu kazi ku karere.  Ngo impamvu ni uko \u201ckunyuza kuri konti nta banga ririmo, kandi ruswa itangwa mu ibanga\u201d.<\/p>\n<p>Anagaruka kandi kuri miliyoni 12 zanyujijwe kuri konti y\u2019umugore w\u2019umunyamabanga nshingwabikorwa w\u2019akarere ka Rutsiro, nabyo urukiko rukabitera utwatsi kandi umuvunyi yabibonagamo ruswa.<\/p>\n<p>Uyu ngo yaje gushinjwa na bagenzi be indi ruswa, urukiko rumusabira kuburana ari hanze aboneraho kuva mu mu gihugu acika ubutabera.<\/p>\n<p>Abarimu ba baringa bagaragaye muri Nyagatare ntawe urahamagarwa ngo asubize ayo yahembwe adakora, ibi bikaba binavugwa muri Rutsiro; ndetse n\u2019ababigizemo uruhare barishyira bakizana.<\/p>\n<p>Abahindaguye amanota y\u2019ibizamini by\u2019abarimu  i Kayonza baraho barakomeye, ariko ihumure ni ngombwa \u201cigikuba ntikiracika\u201d.<\/p>\n<p>Uko biri kose \u201cnta gikuba cyacitse\u201d, ugereranije n\u2019ibihugu duturanye turacyagerageza.<\/p>\n<p> <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong> <\/p>\n<p> <strong>Karegeya Jean Baptiste\/Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Aya ni amagambo atanga ituze n\u2019 ihumure mu banyarwanda, ko ubukungu butazajegajezwa n\u2019abanyereza umutungo wa Leta kuko bakurikiranwa. Biravugwa n\u2019Intumwa ya rubanda Byabarumwanzi Francois, ubwo yabazwaga n\u2019abanyamakuru ukuntu inkingi y\u2019ubukungu izitabwaho kandi raporo zigaragaza ko umutungo wa Leta usahurwa. Ni mu kiganiro abahagarariye amwe mu mashyaka yifatanije na FPR, ndetse n\u2019uwari umukandida w\u2019ishyaka Green Party [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-7797","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Aya ni amagambo atanga ituze n\u2019 ihumure mu banyarwanda, ko ubukungu butazajegajezwa n\u2019abanyereza umutungo wa Leta kuko bakurikiranwa. Biravugwa n\u2019Intumwa ya rubanda Byabarumwanzi Francois, ubwo yabazwaga n\u2019abanyamakuru ukuntu inkingi y\u2019ubukungu izitabwaho kandi raporo zigaragaza ko umutungo wa Leta usahurwa. Ni mu kiganiro abahagarariye amwe mu mashyaka yifatanije na FPR, ndetse n\u2019uwari umukandida w\u2019ishyaka Green Party [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-10-26T10:48:13+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T13:26:38+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"6 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi\",\"datePublished\":\"2017-10-26T10:48:13+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:26:38+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797\"},\"wordCount\":1264,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797\",\"name\":\"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-10-26T10:48:13+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:26:38+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7797#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi - BWIZA","og_description":"Aya ni amagambo atanga ituze n\u2019 ihumure mu banyarwanda, ko ubukungu butazajegajezwa n\u2019abanyereza umutungo wa Leta kuko bakurikiranwa. Biravugwa n\u2019Intumwa ya rubanda Byabarumwanzi Francois, ubwo yabazwaga n\u2019abanyamakuru ukuntu inkingi y\u2019ubukungu izitabwaho kandi raporo zigaragaza ko umutungo wa Leta usahurwa. Ni mu kiganiro abahagarariye amwe mu mashyaka yifatanije na FPR, ndetse n\u2019uwari umukandida w\u2019ishyaka Green Party [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-10-26T10:48:13+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T13:26:38+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"6 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi","datePublished":"2017-10-26T10:48:13+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:26:38+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797"},"wordCount":1264,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7797#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797","name":"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-10-26T10:48:13+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:26:38+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7797"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7797#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Nta gikuba cyacitse, abanyereza umutungo barakurikiranwa- Hon. Byabarumwanzi"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7797","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=7797"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7797\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=7797"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=7797"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=7797"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}