{"id":7884,"date":"2017-10-31T10:28:27","date_gmt":"2017-10-31T10:28:27","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/10\/31\/ese-koko-u-rwanda-na-uganda-byaba-biri-mu-ntambara-y-039-ubutita-icyo-ababivuga\/"},"modified":"2017-10-31T10:28:27","modified_gmt":"2017-10-31T10:28:27","slug":"ese-koko-u-rwanda-na-uganda-byaba-biri-mu-ntambara-y-039-ubutita-icyo-ababivuga","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884","title":{"rendered":"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho"},"content":{"rendered":"<p>Ibihugu by\u2019u Rwanda na Uganda ngo byaba byongeye kwinjira mu ntambara y\u2019ubutita, aho itangazamakuru ryo muri Uganda rikomeje kugaragaza bimwe mu bibazo by\u2019ingenzi biri gutera umwuka mubi hagati y\u2019ibihugu byombi ubusanzwe by\u2019ibivandimwe, birimo kuba igihugu cya Uganda kititaye ku kuba gikorana na bamwe mu bafatwa nk\u2019abarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda n\u2019abanzi b\u2019igihugu . <\/p>\n<p>Kuri iyi nshuro ikinyamakuru Chimpreports mu ipereza ryacyo kikaba cyavuye imuzi zimwe mu mpamvu za politiki n\u2019iz\u2019ubukungu gishingiraho kivuga ko ibihugu byombi byaba biri mu ntambara y\u2019ubutita.<\/p>\n<p>Duhereye ku mpamvu z\u2019ubukungu, iki kinyamakuru kivuga ko mu bibazo by\u2019ingenzi biri guteza umwuka mubi hagati ya Uganda n\u2019u Rwanda, harimo kuba igihugu cya Uganda cyarimye sosiyete y\u2019indege ya Rwandair, uburenganzira bwo kujya ikura abagenzi ku kibuga cy\u2019indege cya Entebbe.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Ngo kuba Uganda kuri ubu nta sosiyete y\u2019ingendo zo mu kirere, kuba sosiyete ya Rwandair yasabaga uburenganzira bwo kujya ikura Entebbe abagenzi bashaka kujya mu Bwongereza . ubu busabe ngo bukaba bwaratewe utwatsi muri Uganda kandi ntibyashimisha u Rwanda.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/4-RwandAir-1024x423.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-80603\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/4-RwandAir-1024x423.jpg\" alt=\"\" width=\"1024\" height=\"423\" \/><\/a><\/p>\n<p>Ubwo yabazwaga impamvu Rwandair yimwe ubwo burenganzira, Umuvugizi w\u2019ikigo gishinzwe indege za gisivili (CAA), Vianney Lugya, yavuze ko Uganda nayo mu minsi iri imbere ishaka gukoresha iyi nzira, aho yasobanuye ko guverinoma irimo gusubiramo politiki yayo ijyanye n\u2019iby\u2019indege akaba ari n\u2019imwe mu mpamvu zatumye ubu burenganzira budatangwa. Aha akaba yavuze ko sosiyete yifuza guhabwa uburenganzira igomba gutegereza uko gusubiramo politiki y\u2019iby\u2019indege kukarangira.<\/p>\n<p>Sosiyete ya Rwandair mu myaka itatu ishize yongereye ingendo ikora ndetse ishaka indege nshya. Bikaba bivugwa ko inzira ya Entebbe-London yari kongerera inyungu iyi sosiyete itarinjije amafaranga yifuzaga kwinjiza mu 2016, aho ngo yahombye miliyoni imwe isaga y\u2019amadolari mu gihe mu 2015 yari yungutse miliyoni 2,8$.<\/p>\n<p>Nubwo bimeze gutyo, amafaranga iyi sosiyete yinjiza yakomeje kwiyongera, aho mu 2016 yinjije miliyoni 99,85$, mu gihe mu 2015 yari yinjije miliyoni 95,2$ naho mu 2014 ikaba yari yinjije miliyoni 86,8$.<\/p>\n<p>Abayobozi mu kigo gishinzwe iby\u2019indege muri Uganda bakaba bavuga ko uyu muhanda wa Entebbe-London uzaba ari umwe mu mihanda y\u2019ingenzi kuri bo, kuwutanga ngo bikaba byazateza ihiganwa hagati ya Rwandair na sosiyete y\u2019indege ya Uganda igihe izaba itangiye gukora. Sosiyete ya Uganda Airlines ikaba iheruka gukora muri Gicurasi 2001.<\/p>\n<p>Mu gihe Uganda  yumva irimo gukora igikwiriye nk\u2019uko Chimpreports ikomeza ivuga, bamwe mu bayobozi b\u2019u Rwanda bo ngo basanga abatifuza impinduka igihugu kirimo kugeraho barimo guharanira uko baca intege izamuka ry\u2019ubukungu mu Rwanda, aho ngo rwaba ruri no mu nzira zo kuba icyanya cy\u2019ubukerarugendo mu karere.<\/p>\n<p> <strong>Minisitiri w\u2019ingabo, James Kabarebe<\/strong> <\/p>\n<p>Ikinyamakuru Chimpreports kandi gikomeza kivuga ko umubano w\u2019u Rwanda na Uganda ushobora kubangamirwa n\u2019ibyo minisitiri w\u2019ingabo, Gen. James Kabarebe, yaba yaratangaje kuri Uganda. Aho kivuga ko amakuru yizewe ava mu nzego zo hejuru avuga ko kuva muri Nzeri, Gen James Kabarebe akomeje kwibasira Uganda mu mbwirwaruhame agenda aha amatsinda y\u2019urubyiruko, ay\u2019abagore, ay\u2019abacuruzi ndetse n\u2019abakada ba RPF, ku bibazo bitandukanye baba bamubaza ku mubano w\u2019u Rwanda na Uganda. Muri izi mbwirwaruhame ngo hakaba hari n\u2019aho Gen Kabarebe yise Uganda igihugu cy\u2019umwanzi.<\/p>\n<p>Gen Kabarebe ndetse ngo yaba yaranavuze ko n&#8217;ubwo Museveni agaragara nk\u2019ushyigikiye u Rwanda, ibikorwa bye bitajyana n\u2019ibyo atangaza.<\/p>\n<p>Ngo muri imwe mu nama zabereye ku cyicaro gishya cya RPF mu Karere ka Gasabo, Kabarebe ngo yaba yarumvikanye avuga ko Uganda ishyigikiye igihugu cy\u2019u Burundi kandi gicumbikiye abarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda.<br \/>\n<figure id=\"attachment_80599\" aria-describedby=\"caption-attachment-80599\" style=\"width: 824px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/1433886822Defense-minister-James-Kabarebe.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"wp-image-80599 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/1433886822Defense-minister-James-Kabarebe.jpg\" alt=\"\" width=\"824\" height=\"637\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-80599\" class=\"wp-caption-text\"><strong> <em>Minisitiri w&#8217;ingabo, Gen. James Kabarebe<\/em> <\/strong><\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Umwe mu bayobozi ba Uganda ngo akaba asanga ibi ari umugambi wo gushaka kwangisha Abanyarwanda Uganda.<\/p>\n<p>Chimpreport yifuje kumva icyo u Rwanda rubivugaho isaba ambasaderi w\u2019u Rwanda, Frank Mugambage kugira icyo avuga ariko asubiza ko ahuze. Gusa, ngo umwe mu bayobozi b\u2019u Rwanda utifuje ko amazina ye atangazwa kugirango avuge yisanzuye, yahakanye ibi biri kuvugwa.<\/p>\n<p>Yagize ati: \u201cIbi ni bishya kuri njye\u2026Ntacyo tuzi ku bintu nk\u2019ibyo\u201d<\/p>\n<p> <strong>Ikibazo cya Rujugiro<\/strong> <\/p>\n<p>Rujugiro Ayabatwa Tribert ni umunyemari w\u2019Umunyarwanda ufite ibikorwa hirya no hino mu karere nko mu Burasirazuba bwa Congo, Zambia ndetse ngo akaba anaherutse kongera imari ye muri Uganda, aho aherutse gushinga uruganda rw\u2019itabi rufite agaciro ka miliyoni 20$.<\/p>\n<p>Uru ruganda rwitwa Meridian Tobacco Company (MTC) rwatahiwe rimwe na gahunda zo guteza imbere abahinzi no guteza imbere amashyamba. Ibi ngo byarakaje ubuyobozi bw\u2019u Rwanda bwibaza impamvu perezida Museveni yareka umwanzi w\u2019u Rwanda agakorera mu bwisanzure muri Uganda.<br \/>\n<figure id=\"attachment_80602\" aria-describedby=\"caption-attachment-80602\" style=\"width: 640px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/Rujugiro-Tribert.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"wp-image-80602 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/Rujugiro-Tribert.jpg\" alt=\"\" width=\"640\" height=\"360\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-80602\" class=\"wp-caption-text\"><strong> <em>Umunyemari, Rujugiro Ayabatwa<\/em> <\/strong><\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Guverinoma y\u2019u Rwanda ishinja Rujugiro gutera inkunga ishyaka rya RNC riyobowe na Gen Kayumba Nyamwasa ushaka guhirika Leta y&#8217;u Rwanda na we yahozemo. Ariko se ngo ni iki cyatuma Uganda ishyira mu kaga umubano ukomeye wari hagati yayo n\u2019u Rwanda ndetse n\u2019ubucuruzi bwambukiranya umupaka hagati y\u2019ibihugu byombi bufite agaciro ka miliyoni 200$ buri mwaka?<\/p>\n<p>Abayobozi ba Uganda bavuga ko u Rwanda rwananiwe kugaragaza ibigaragaza ko Rujugiro, ngo kuri ubu uba mu buhungiro i Dubai, yaba akoresha ubutaka bwa Uganda mu guhungabanya umutekano w\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p> <strong>Minisitiri w\u2019umutekano wa Uganda, Gen. (Rtd) Henry Tumukunde<\/strong><br \/>\n<figure id=\"attachment_80601\" aria-describedby=\"caption-attachment-80601\" style=\"width: 900px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/IMG_0024.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-80601\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/IMG_0024.jpg\" alt=\"\" width=\"900\" height=\"600\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-80601\" class=\"wp-caption-text\"><strong> <em>Henry Tumukunde, Minisitiri w&#8217;umutekano wa Uganda<\/em> <\/strong><\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Iyi nkuru ikomeza ivuga ko inzego z\u2019umutekano z\u2019u Rwanda zikomeje gushinja uyu Gen Henry Tumukunde kuba afitanye umubano ukomeye na Gen. Kayumba Nyamwasa, bivugwa ko arindiwe mu nyubako ya gisirikare muri Afurika y\u2019Epfo. Inzego z\u2019ubutasi z\u2019u Rwanda ngo zikaba zarabonye ibigaragaza ko Kayumba na Tumukunde bavugana kuri telefone. Abayobozi b\u2019u Rwanda bakaba basanga uko gukomeza guhamagarana kw\u2019aba bombi ari ibintu biteye impungenge.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Biranavugwa ko murumuna wa perezida Museveni, Gen Salim Saleh yaba yohereza Tumukunde kubonana na Kayumba muri Afurika y\u2019Epfo ndetse ngo rimwe na rimwe Kayumba akaba yinjira mu ibanga muri Uganda aho afite agatsiko k\u2019abarwanyi ba FDLR.<br \/>\n<figure id=\"attachment_80600\" aria-describedby=\"caption-attachment-80600\" style=\"width: 1024px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/arton24637.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-80600\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/arton24637.jpg\" alt=\"\" width=\"1024\" height=\"577\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-80600\" class=\"wp-caption-text\"><strong> <em>Kayumba Nyamwasa<\/em> <\/strong><\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Nubwo bivugwa gutyo ariko, ngo umwe mu nshuti za hafi za Tumukunde avuga ko uyu adaheruka muri Afurika y\u2019Epfo mu myaka myinshi ishize ndetse ko nta nimero ya telefoni ya Nyamwasa agira.<br \/>\n <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ibihugu by\u2019u Rwanda na Uganda ngo byaba byongeye kwinjira mu ntambara y\u2019ubutita, aho itangazamakuru ryo muri Uganda rikomeje kugaragaza bimwe mu bibazo by\u2019ingenzi biri gutera umwuka mubi hagati y\u2019ibihugu byombi ubusanzwe by\u2019ibivandimwe, birimo kuba igihugu cya Uganda kititaye ku kuba gikorana na bamwe mu bafatwa nk\u2019abarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda n\u2019abanzi b\u2019igihugu . Kuri iyi nshuro [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-7884","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ibihugu by\u2019u Rwanda na Uganda ngo byaba byongeye kwinjira mu ntambara y\u2019ubutita, aho itangazamakuru ryo muri Uganda rikomeje kugaragaza bimwe mu bibazo by\u2019ingenzi biri gutera umwuka mubi hagati y\u2019ibihugu byombi ubusanzwe by\u2019ibivandimwe, birimo kuba igihugu cya Uganda kititaye ku kuba gikorana na bamwe mu bafatwa nk\u2019abarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda n\u2019abanzi b\u2019igihugu . Kuri iyi nshuro [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-10-31T10:28:27+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/4-RwandAir-1024x423.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho\",\"datePublished\":\"2017-10-31T10:28:27+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884\"},\"wordCount\":1036,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/10\\\/4-RwandAir-1024x423.jpg\",\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884\",\"name\":\"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/10\\\/4-RwandAir-1024x423.jpg\",\"datePublished\":\"2017-10-31T10:28:27+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/10\\\/4-RwandAir-1024x423.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/10\\\/4-RwandAir-1024x423.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=7884#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho - BWIZA","og_description":"Ibihugu by\u2019u Rwanda na Uganda ngo byaba byongeye kwinjira mu ntambara y\u2019ubutita, aho itangazamakuru ryo muri Uganda rikomeje kugaragaza bimwe mu bibazo by\u2019ingenzi biri gutera umwuka mubi hagati y\u2019ibihugu byombi ubusanzwe by\u2019ibivandimwe, birimo kuba igihugu cya Uganda kititaye ku kuba gikorana na bamwe mu bafatwa nk\u2019abarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda n\u2019abanzi b\u2019igihugu . Kuri iyi nshuro [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-10-31T10:28:27+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/4-RwandAir-1024x423.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho","datePublished":"2017-10-31T10:28:27+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884"},"wordCount":1036,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/4-RwandAir-1024x423.jpg","articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7884#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884","name":"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/4-RwandAir-1024x423.jpg","datePublished":"2017-10-31T10:28:27+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=7884"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/4-RwandAir-1024x423.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/10\/4-RwandAir-1024x423.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=7884#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ese koko u Rwanda na Uganda byaba biri mu ntambara y&#039;ubutita? Icyo ababivuga bashingiraho"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7884","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=7884"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/7884\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=7884"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=7884"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=7884"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}