{"id":8031,"date":"2017-11-08T14:41:23","date_gmt":"2017-11-08T14:41:23","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/11\/08\/jacques-morel-yasobanuye-impamvu-u-bufaransa-butakwemera-ko-ex-far-ari-yo\/"},"modified":"2017-11-08T14:41:23","modified_gmt":"2017-11-08T14:41:23","slug":"jacques-morel-yasobanuye-impamvu-u-bufaransa-butakwemera-ko-ex-far-ari-yo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031","title":{"rendered":"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana"},"content":{"rendered":"<p>Umwanditsi Jacques Morel, wanditse igitabo \u201c  <strong>La France au Coeur du g\u00e9nocide<\/strong> \u201d, ugenekereje mu Kinyarwanda bishatse kuvuga \u201cU Bufaransa mu mutima wa jenoside\u201d, akaba ari impuguke ku Rwanda, amaze imyaka 12 yegeranya inyandiko zigaragaza uruhare rw\u2019u Bufaransa mu Rwanda, aho yemeza ko impamvu buhakana ko indege ya Habyarimana yahanuwe n\u2019ingabo ze zitifuzaga gusaranganya ubutegetsi, ari ukubera ko nabwo bwahamwa n\u2019icyaha kuko ari bwo bwafashaga igisirikare cy\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Ni ku nshuro ya 9 Abafaransa bagerageza iperereza ku mpamvu zateye ihanurwa ry\u2019indege ya Habyarimana mu 1994, indege yanaguyemo n\u2019abapilote b\u2019Abafaransa bayitwaraga. Ihanurwa ry\u2019iyi ndege rikaba rifatwa nk\u2019imbarutso ya jenoside yakorewe Abatutsi. Iryo perereza ryatangiye nyuma y\u2019imyaka 4 ibyo bibaye, ariko bikaba ari ngombwa kwibutsa ko bamwe bemeza ko iri hanurwa ry\u2019indege ryagizwemo uruhare n\u2019u Bufaransa, mu gihe abandi bemeza ko ari FPR yayihanuye.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Ni muri urwo rwego umubano w\u2019u Rwanda n\u2019u Bufaransa mu minsi ishize wongeye kuzamo agatotsi nyuma y\u2019aho abacamanza Nathalie Poux na Jean-Marc Herbaut bahamagarije minisitiri w\u2019ingabo z\u2019u Rwanda, James Kabarebe, ngo azajye guhangana n\u2019umutangabuhamya mushya wabonetse wemeza ko indege ya Habyarimana yahanuwe na FPR yari iyobowe na perezida w\u2019u Rwanda kuri ubu, Paul Kagame.<\/p>\n<p>Ibi bikaba bitarakiriwe neza n\u2019u Rwanda, aho mu kiganiro minisitiri w\u2019ububanyi n\u2019amahanga, Louise Mushikiwabo, yahaye ikinyamakuru Le Monde, yatangaje ko iby\u2019iri perereza rishya byihishwe inyuma na bamwe mu bayobozi b\u2019u Bufaransa bari bashyigikiye ubutegetsi bwashyize mu bikorwa jenoside, bakaba bamaze imyaka 23 bashaka gusibanganya ibimenyetso bibashinja uruhare muri ubu bwicanyi bwibasiye abo mu bwoko bw\u2019Abatutsi na bamwe mu Bahutu batavugaga rumwe n\u2019ubutegetsi.<\/p>\n<p>Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru Sputnik France, umwanditsi Jacques Morel yabajijwe icyaba kihishe inyuma y\u2019iri perereza rikomeje gukorwa ku ihanurwa ry\u2019indege ya Habyarimana, asubiza ko ryatangiye mu 1998 bigizwemo uruhare n\u2019abadepite.<\/p>\n<p>Uyu avuga ko kwerekana ko ibisasu byahanuye indege ya Habyarimana byaturutse mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyangwa mu nkengero zacyo, abacamanza Trevidic na Poux bemeje ibyari bisanzwe bizwi ko igitero ku ndege ya Habyarimana cyateguwe n\u2019izari ingabo z\u2019u Rwanda zitifuzaga ishyirwa mu bikorwa ry\u2019amasezerano ya Arusha yemereraga FPR kuza mu gihugu igasangira ubutegetsi n\u2019andi mashyaka yari ahari ndetse hakabaho no kuvanga ingabo.<\/p>\n<p>Uyu avuga rero ko gutunga urutoki izari ingabo z\u2019u Rwanda ari ukurutunga u Bufaransa. Ku ruhande rumwe, ngo ni abasirikare bakuru b\u2019Abafaransa bayoboraga ibikorwa bya gisirikare by\u2019ingabo z\u2019u Rwanda kandi ni nabo bumvaga amakuru yose y\u2019inzego z\u2019ubutasi.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/Jaques-Morel-journaliste.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-81422\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/Jaques-Morel-journaliste.jpg\" alt=\"\" width=\"640\" height=\"358\" \/><\/a><\/p>\n<p>Ku rundi ruhande, ngo abasirikare b\u2019Abanyarwanda batari bazi kuregera (r\u00e9gler) imbunda nini bahawe n\u2019u Bufaransa bari kubasha gute kurasa za missiles? Ngo nta gushidikanya n\u2019impuguke mu kurasa za missiles zoherejwe n\u2019u Bufaransa zacengeye mu kigo cya gisirikare cya Kanombe.<\/p>\n<p>Ikinyamakuru Sputnik cyamubajije impamvu iki kibazo gikomeje kubera ingorabahizi inzego z\u2019ubutabera ukuri kukaba kudashyirwa ahagaragara, asubiza ko ikibazo atari ubutabera ahubwo ikibazo ari ubutabera bw\u2019u Bufaransa. Yagize ati: \u201c <em>Ntabwo ari ubutabera ahubwo ni ubutabera bw\u2019u Bufaransa. Umucamanza ni umukozi wa leta, ntabwo aba yizeye gusa kuzungukira mu zabukuru ze, ahubwo anateganya kugira uburenganzira ku buzima<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Yakomeje agira ati: \u201c <em>Leta y\u2019u Bufaransa ifite uruhare muri icyo gitero ku rwego rwo hejuru nubwo cyaba cyarakozwe n\u2019abacanshuro b\u2019abanyamahanga<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Yabajijwe niba uku kongera gutumiza minisitiri w\u2019ingabo cyaba ari igikorwa cya dipolomasi kigamije koroshya uruhare rw\u2019u Bufaransa muri jenoside, maze mu gusubiza Jacques Morel agira ati: \u201c <em>Ni uguhakana uruhare rw\u2019u Bufaransa gusa<\/em> .\u201d<br \/>\n<figure id=\"attachment_81424\" aria-describedby=\"caption-attachment-81424\" style=\"width: 1600px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/PICT0153.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"wp-image-81424 size-full\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/PICT0153.jpg\" alt=\"\" width=\"1600\" height=\"1200\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-81424\" class=\"wp-caption-text\">Jacques Morel ubwo yari mu bushakashatsi mu Rwanda mu 2007<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Uyu mwanditsi akomeza avuga ko iyo u Bufaransa butabigiramo uruhare, abanyapolitiki b\u2019intagondwa b\u2019Abanyarwanda batari kubasha gushinga guverinoma mu munsi umwe iyo hataba ambasaderi w\u2019u Bufaransa ngo wategetse ko guverinoma nshya igomba kuba igizwe na Hutu Power, yari udutsiko tw\u2019abitandukanyije n\u2019andi mashyaka ataravugaga rumwe na Habyarimana ariko banga Abatutsi.<\/p>\n<p>Bwana Morel yabajijwe niba kubonana guherutse kwa perezida Kagame na perezida Macron hari icyizere kwatanga ko umubano w\u2019ibihugu byombi ushobora kongera kumera neza ndetse ibintu bikaba byakwihuta u Bufaransa bukemera uruhare rwabwo muri iki kibazo, asubiza ko yifuza ko perezida Macron yakura u Bufaransa muri iki gihirahiro.<\/p>\n<p>Yakomeje agira ati: \u201c <em>Iyi ntambara ya bucece u Bufaransa bushora ku Rwanda kuva mu myaka 23 iremereye igihugu cyacu. Birahagije kureba imikorere y\u2019u Rwanda y\u2019ubu ukagereranya n\u2019ibindi bihugu bya Afurika bikigendera ku Bufaransa<\/em> .\u201d<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umwanditsi Jacques Morel, wanditse igitabo \u201c La France au Coeur du g\u00e9nocide \u201d, ugenekereje mu Kinyarwanda bishatse kuvuga \u201cU Bufaransa mu mutima wa jenoside\u201d, akaba ari impuguke ku Rwanda, amaze imyaka 12 yegeranya inyandiko zigaragaza uruhare rw\u2019u Bufaransa mu Rwanda, aho yemeza ko impamvu buhakana ko indege ya Habyarimana yahanuwe n\u2019ingabo ze zitifuzaga gusaranganya ubutegetsi, [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-8031","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umwanditsi Jacques Morel, wanditse igitabo \u201c La France au Coeur du g\u00e9nocide \u201d, ugenekereje mu Kinyarwanda bishatse kuvuga \u201cU Bufaransa mu mutima wa jenoside\u201d, akaba ari impuguke ku Rwanda, amaze imyaka 12 yegeranya inyandiko zigaragaza uruhare rw\u2019u Bufaransa mu Rwanda, aho yemeza ko impamvu buhakana ko indege ya Habyarimana yahanuwe n\u2019ingabo ze zitifuzaga gusaranganya ubutegetsi, [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-11-08T14:41:23+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/Jaques-Morel-journaliste.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana\",\"datePublished\":\"2017-11-08T14:41:23+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031\"},\"wordCount\":757,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/11\\\/Jaques-Morel-journaliste.jpg\",\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031\",\"name\":\"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/11\\\/Jaques-Morel-journaliste.jpg\",\"datePublished\":\"2017-11-08T14:41:23+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/11\\\/Jaques-Morel-journaliste.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/11\\\/Jaques-Morel-journaliste.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8031#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana - BWIZA","og_description":"Umwanditsi Jacques Morel, wanditse igitabo \u201c La France au Coeur du g\u00e9nocide \u201d, ugenekereje mu Kinyarwanda bishatse kuvuga \u201cU Bufaransa mu mutima wa jenoside\u201d, akaba ari impuguke ku Rwanda, amaze imyaka 12 yegeranya inyandiko zigaragaza uruhare rw\u2019u Bufaransa mu Rwanda, aho yemeza ko impamvu buhakana ko indege ya Habyarimana yahanuwe n\u2019ingabo ze zitifuzaga gusaranganya ubutegetsi, [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-11-08T14:41:23+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/Jaques-Morel-journaliste.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana","datePublished":"2017-11-08T14:41:23+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031"},"wordCount":757,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/Jaques-Morel-journaliste.jpg","articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8031#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031","name":"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/Jaques-Morel-journaliste.jpg","datePublished":"2017-11-08T14:41:23+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8031"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/Jaques-Morel-journaliste.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/Jaques-Morel-journaliste.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8031#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Jacques Morel yasobanuye impamvu u Bufaransa butakwemera ko EX-FAR ari yo yahanuye indege ya Habyarimana"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8031","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=8031"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8031\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=8031"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=8031"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=8031"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}