{"id":8208,"date":"2017-11-21T12:49:26","date_gmt":"2017-11-21T12:49:26","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/11\/21\/perezida-mugabe-ngo-yaba-afite-imitungo-ifite-agaciro-ka-miliyari-y-amadolari\/"},"modified":"2025-02-12T15:03:50","modified_gmt":"2025-02-12T13:03:50","slug":"perezida-mugabe-ngo-yaba-afite-imitungo-ifite-agaciro-ka-miliyari-y-amadolari","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208","title":{"rendered":"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga"},"content":{"rendered":"<p>Perezida Robert Mugabe wakomeje kuvugwaho kwigwizaho imitungo y\u2019igihugu we n\u2019umuryango we nyamara igihugu kiri mu bibazo bikomeye by\u2019ubukungu, kuri ubu hari amakuru avuga ko yaba afite imitungo ibarirwa muri miliyari y\u2019amadolari isaga.<\/p>\n<p>Guhera mu cyumweru gishize nibwo bamwe mu basirikare bakuru ba Zimbabwe bafashe icyemezo cyo gushyira Mugabe ku ruhande ndetse kuri ubu ibiganiro byo gutuma yareka ubutegetsi ku neza bikaba birimbanyije.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Nk\u2019uko bitangazwa na CNN, igisirikare cya Zimbabwe kijeje Mugabe w\u2019imyaka 93 umaze ku butegetsi imyaka 37, ubudahangarwa bwuzuye we n\u2019umugore we, Grace Mugabe, ndetse bakanagumana imitungo yabo myinshi.<\/p>\n<p>Ubu budahangarwa bukaba ari ikintu cy\u2019ingenzi kuri Mugabe kuko ashinjwa ibyaha byinshi birimo kwigwizaho umutungo w\u2019igihugu. Uyu mukambwe, umuryango we n\u2019abantu bamwegereye bavuzweho gukora mu isanduku ya leta uko bashatse no gusahura ubukungu buva mu mutungo kamere w\u2019igihugu.<\/p>\n<p> <strong>Ubukungu bwa Robert Mugabe n\u2019imitungo<\/strong> <\/p>\n<p>Mu 2011, Wikileaks rwahishuye inyandiko yandikiwe muri ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika I Harare yavugaga ko imitungo yose ya perezida Mugabe itazwi ariko bivugwa ko yaba isaga miliyari y\u2019amadolari uyihaye agaciro kandi ngo imyinshi ikaba yarashowe hanze ya Zimbabwe.<br \/>\n<figure id=\"attachment_82402\" aria-describedby=\"caption-attachment-82402\" style=\"width: 640px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/zim2.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-82402\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/zim2.jpg\" alt=\"\" width=\"640\" height=\"480\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-82402\" class=\"wp-caption-text\">imwe mu nyubako zihenze za perezida Mugabe<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Bivugwa ko afite imitungo ihishe kuri konti z\u2019ibanga mu mabanki yo mu Busuwisi, mu birwa, muri Bahamas no muri Ecosse. Umuryango wa Mugabe ngo ukaba unafite inzu muri Hong Kong ifite agaciro ka miliyoni 5$.<\/p>\n<p>Bivugwa ko iyi nzu yaguzwe amezi makeya mbere y\u2019uko umukobwa wa perezida Mugabe witwa Bona Mugabe, atangira amasomo ye muri Kaminuza ya Hong Kong nk\u2019uko byemejwe n\u2019ikinyamakuru, South China Morning Post mu 2015.<\/p>\n<p>Ikinyamakuru The Guardian nacyo kikaba cyaravuze ko hari imidugudu iri ku izina rya Mugabe muri Malaysia, Singapore ndetse ngo no muri Dubai.<\/p>\n<p>Muri Zimbabwe, Wilileaks ivuga ko umuryango wa Mugabe uvugwaho kugira inzu zo kubamo 6 harimo n\u2019indi y\u2019akataraboneka ikiri kubakwa, hakiyongeraho n\u2019ibikingi by\u2019inka nyinshi hirya no hino mu gihugu.<br \/>\n<figure id=\"attachment_82405\" aria-describedby=\"caption-attachment-82405\" style=\"width: 718px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/mugabe-mansion-718x404.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-82405\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/mugabe-mansion-718x404.jpg\" alt=\"\" width=\"718\" height=\"404\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-82405\" class=\"wp-caption-text\">Inyubako yiswe Blue Roof ya perezida Mugabe<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Imwe mu nzu za Mugabe  muri Zimbabwe izwi nka The Blue Roof, ikinyamakuru cyo muri Zimbabwe, The Citizen, kivuga ko ifite agaciro ka miliyoni zisaga 9 z\u2019Amadolari, ikaba ifite ibyumba byo kuraramo 25, piscine nini, ibiyaga bibiri karemano, icyumba cyo kuriramo kinini gishobora kwakira abashyitsi 30, icyumba kinini kirimo uburiri nk\u2019ubw\u2019umwami ndetse na radar iriho ifite agaciro ka miliyoni nyinshi z\u2019amadolari.<\/p>\n<p> <strong>Imwe mu mitungo ya perezida Mugabe<\/strong> <\/p>\n<p>Iki kinyamakuru Citizen cyanashyize ahagaragara indi mitungo ya perezida Mugabe irimo imodoka ya Mercedes idashobora gukangwa n\u2019amasasu ya AK-47, za mine zo mu bukaka ndetse na za grenades. Ifite kandi internet imbere ndetse n\u2019utwuma tubuza ko hari umuntu washyiramo utundi two kumviriza ibivugirwa muri iyi modoka.<\/p>\n<p>Mugabe anafite imodoka yo mu bwoko bwa Rolls Royce Phantom yihariye kuko ari imodoka 18 z\u2019ubu bwoko zakozwe gusa.<br \/>\n<figure id=\"attachment_82406\" aria-describedby=\"caption-attachment-82406\" style=\"width: 640px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/85679.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-82406\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/85679.jpg\" alt=\"\" width=\"640\" height=\"334\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-82406\" class=\"wp-caption-text\">Rolls Royce ya perezida Mugabe<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Mugabe afite n\u2019impeta y\u2019agaciro ka miliyoni 1,35 y\u2019Amadolari ngo yaguriwe n\u2019umugore we ubwo yizihizaga isabukuru y\u2019amavuko.<\/p>\n<p>Ubwo perezida Mugabe yizihizaga imyaka 91 yari amaze ku Isi, abitabiriye umunsi mukuru we bagaburiwe inyama zihenze utapfa kubona z\u2019Inzovu, Imbogo, Isha, Impala ndetse n\u2019inyama z\u2019Intare.<\/p>\n<p> <strong>Aho Umuryango wa Mugabe ukura amafaranga<\/strong> <\/p>\n<p>Inkomoko y\u2019amafaranga umuryango wa perezida Robert Mugabe ntiyemezwa neza, ariko ikinyamakuru The Economist mu myaka ya za 2000, cyatangaje ko ubutegetsi bwa perezida Mugabe bwigaruriye amafamu hafi ya yose y\u2019abazungu bo muri iki gihugu, perezida akizeza guha ubutaka abaturage ba Zimbabwe batari bafite aho guhinga, ariko ngo aho kubikora ubutaka bwinshi yabuhaye inshuti ze nazo zikize.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019intambara hagati y\u2019abaturage muri Congo yamaze imyaka igera muri 5, ngo perezida Mugabe yakomeje kugirana umubano na bamwe mu bantu bakomeye bari bfite aho bahuriye n\u2019inyungu z\u2019ubucuruzi za Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo nk\u2019uko byemezwa na The Economist.<\/p>\n<p>Aba bantu rero bavugwaho kuba baragize uruhare rukomeye mu guha bumwe mu butunzi bwa Congo perezida Mugabe nk\u2019uko byagaragaye mu nyandiko zavuye mu ba dipolomate zahishuwe na Wikileaks.<\/p>\n<p>Havugwa kandi ikigo cyitwa Zimbabwe Consolidated Diamond Co., ikigo giherutse gushingwa mu myaka mikeya ishize na perezida Mugabe abakurikiranira hafi ibintu nka Global Witness bashinjije kuba gifitanye isano n\u2019ubukungu bukomoka mu bucuruzi bwa diamants bwagiye buburirwa irengero. Bikaba bivugwa ko miliyari 2 z\u2019amadolari z\u2019aya mabuye ya diamants zaburiwe irengero mu gihe Mugabe yabaga arimo kwiyubakira imiturirwa ari nako agura imodoka zihenze.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/DiaPix.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-82400\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/DiaPix.jpg\" alt=\"\" width=\"720\" height=\"480\" \/><\/a><\/p>\n<p>Mu gusubiza ibibazo byavutse kuri aya mabuye ya diamants, perezida Mugabe we yatangaje ko mu by\u2019ukuri nta mafaranga menshi bigeze bakura muri diamants kandi ko atakwizera ikigo cyigenga ngo abe ari cyo gicunga ubwo butunzi.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p> <strong>Umuryango wa Mugabe wakunze guhakana raporo zivuga ku butunzi bwawo<\/strong> <\/p>\n<p>Mu 2014, umugore wa perezida Mugabe, Grace Mugabe, yabwiye ikinyamakuru The Guardian ko umugabo we ari we mukuru w\u2019igihugu ukennye cyane ku isi, mbere yo kongeraho ariko ko nta muntu yigeze abona asaba amafaranga.<\/p>\n<p> <strong>Uyu muryango unavugwaho kuba utemera ko ibyo utunze bifotorwa<\/strong> <\/p>\n<p>Bivugwa ko ubwo umukobwa wa perezida Mugabe, Bona Mugabe yarongorwaga, abanyamakuru babujijwe kwerekana imiterere y\u2019urugo rwabo I Harare bakabuzwa gufata amafoto.<\/p>\n<p>Nubwo bimeze gutyo, abana ba perezida Mugabe bo ntibahishira ubutunzi bw\u2019umuryango wabo, nk\u2019aho umwe mu bahungu be aherutse kugaragara kuri snapchat ari gusuka champagne yambaye isaha y\u2019agaciro.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/maxresdefault-1-1.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-82404\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/maxresdefault-1-1.jpg\" alt=\"\" width=\"1280\" height=\"720\" \/><\/a><\/p>\n<p>Muri uyu mwaka wa 2017 utangira, urubuga rwo muri Australia, news.com.au, rwavuze ko umuhungu w\u2019umuhererezi wa Mugabe witwa Bellarmine Chatunga Mugabe, yashyize kuri instagram ifoto y\u2019isaha ye ayikurikiza amagambo agira ati: \u201c60,000$ ku kaboko iyo so ayoboye igihugu cyose murabizi!!!\u201d<\/p>\n<p>Iyi foto ngo yarasibwe ariko ushobora kubona imibereho y\u2019abana ba Mugabe unarebeye ku zindi posts yasizeho bikaguha n\u2019ishusho y\u2019ubutunzi uyu muryango ufite.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Robert Mugabe wakomeje kuvugwaho kwigwizaho imitungo y\u2019igihugu we n\u2019umuryango we nyamara igihugu kiri mu bibazo bikomeye by\u2019ubukungu, kuri ubu hari amakuru avuga ko yaba afite imitungo ibarirwa muri miliyari y\u2019amadolari isaga. Guhera mu cyumweru gishize nibwo bamwe mu basirikare bakuru ba Zimbabwe bafashe icyemezo cyo gushyira Mugabe ku ruhande ndetse kuri ubu ibiganiro byo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[401],"tags":[],"class_list":["post-8208","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-politiki-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida Robert Mugabe wakomeje kuvugwaho kwigwizaho imitungo y\u2019igihugu we n\u2019umuryango we nyamara igihugu kiri mu bibazo bikomeye by\u2019ubukungu, kuri ubu hari amakuru avuga ko yaba afite imitungo ibarirwa muri miliyari y\u2019amadolari isaga. Guhera mu cyumweru gishize nibwo bamwe mu basirikare bakuru ba Zimbabwe bafashe icyemezo cyo gushyira Mugabe ku ruhande ndetse kuri ubu ibiganiro byo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-11-21T12:49:26+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2025-02-12T13:03:50+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/zim2.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga\",\"datePublished\":\"2017-11-21T12:49:26+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:03:50+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208\"},\"wordCount\":972,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/11\\\/zim2.jpg\",\"articleSection\":[\"Politiki\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208\",\"name\":\"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/11\\\/zim2.jpg\",\"datePublished\":\"2017-11-21T12:49:26+00:00\",\"dateModified\":\"2025-02-12T13:03:50+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/11\\\/zim2.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/11\\\/zim2.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8208#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga - BWIZA","og_description":"Perezida Robert Mugabe wakomeje kuvugwaho kwigwizaho imitungo y\u2019igihugu we n\u2019umuryango we nyamara igihugu kiri mu bibazo bikomeye by\u2019ubukungu, kuri ubu hari amakuru avuga ko yaba afite imitungo ibarirwa muri miliyari y\u2019amadolari isaga. Guhera mu cyumweru gishize nibwo bamwe mu basirikare bakuru ba Zimbabwe bafashe icyemezo cyo gushyira Mugabe ku ruhande ndetse kuri ubu ibiganiro byo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-11-21T12:49:26+00:00","article_modified_time":"2025-02-12T13:03:50+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/zim2.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga","datePublished":"2017-11-21T12:49:26+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:03:50+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208"},"wordCount":972,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/zim2.jpg","articleSection":["Politiki"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8208#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208","name":"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/zim2.jpg","datePublished":"2017-11-21T12:49:26+00:00","dateModified":"2025-02-12T13:03:50+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8208"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/zim2.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/11\/zim2.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8208#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari y\u2019amadolari isaga"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8208","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=8208"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8208\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=8208"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=8208"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=8208"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}