{"id":8351,"date":"2017-12-01T12:10:05","date_gmt":"2017-12-01T12:10:05","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/12\/01\/kugereranya-kantano-ngeze-bemeriki-n-umunyamakuru-w-ubu-ni-ugupfobya\/"},"modified":"2017-12-01T12:10:05","modified_gmt":"2017-12-01T12:10:05","slug":"kugereranya-kantano-ngeze-bemeriki-n-umunyamakuru-w-ubu-ni-ugupfobya","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351","title":{"rendered":"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe &#8211; Dr Kayumba"},"content":{"rendered":"<p>Mu kiganiro kuri Radio Flash FM kuri uyu wa gatanu, abatumirwa bagarutse ku magambo ya Ministiri Uwizeyimana Evode yavuze mu nteko asobanura uko abanyamakuru bazajya bahanwa mu itegeko riri gutegurwa. Ni nyuma y\u2019iminsi mike hacicikanye amakuru ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Min Evode yise abanyamakuru\u201dIMIHIRIMBIRI\u201d.<\/p>\n<p>\u2026 <em>Ba Kantano na Ngeze bavugaga ko Abatutsi ari inzoka bagomba kwicwa, bakavuga aho Abatutsi bihishe ngo bahigwe bicwe, Ngeze n\u2019amategeko 10 y\u2019Abahutu, abo bose ngo bwari ubwisanzure<\/em>  \u2026<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Ni ikiganiro cyatumiwemo Ibambe Jean Paul, umunyamategeko w\u2019urwego rw\u2019abanyamakuru bigenzura(RMC), Muganwa Gonzague, umunyamabanga nshingwabikorwa w\u2019Ishyirahamwe Nyarwanda ry\u2019Abanyamakuru(ARJ); ndetse na Dr Kayumba Christopher, impuguke, umushakashatsi akaba n\u2019umwarimu w\u2019itangazamakuru muri Kaminuza y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p> <strong>Amwe mu magambo agaruka mu kiganiro:<\/strong> <\/p>\n<p>-Uburenganzira bwo kwisanzura bugira aho bugarukira(La libert\u00e9 d\u2019expression n\u2019est pas absolu, il est limit\u00e9), Min Evode<\/p>\n<p>-Ngeze n\u2019amategeko 10 y\u2019Abahutu ngo nawe yarisanzuraga, Min Evode<\/p>\n<p>-Ibitangazamakuru bikomeye ku isi ni inganda (industries de business)byibasira umuntu bigamije inyungu, Min Evode<\/p>\n<p>-Kuvuga ko hari ibinyamakuru bisebanya bigamije inyungu, ni icyerekena ko Min Evode atazi iby\u2019itangazamakuru. Igitangazamakuru giharanira isura nziza(r\u00e9putation), Gonza<\/p>\n<p>-Ibinyamakuru nka Le Figaro, Washington Post n\u2019ibindi byakagombye gukurikirana Evode, Dr Kayumba.<\/p>\n<p>-Gufunga uwasebanyije, ntibivanaho igisebo cyagiye ku wasebejwe, Ibambe<\/p>\n<p>-Guhana no gufunga uwavugiye mu itangazamakuru, ni ugutinyisha abantu bakareka kongera kuvuga, Dr Kayumba<\/p>\n<p>&#8211; Ingingo ya 254 ihindura abayobozi abategetsi, kandi bashyirwaho na rubanda, ari nayo ibahemba, Dr Kayumba<\/p>\n<p>-Mu 2002, hari itegeko ryavugaga ko umunyamakuru wasebanyije agomba kwicwa, Perezida Kagame yanze kurisinya, Dr Kayumba<\/p>\n<p>-Ese umunsi yaciwe amande ntayabone, bivuga ko waba usa n\u2019uriwe n\u2019imbwa ihita ijya mu gihuru, Min Evode<\/p>\n<p>-Gufunga umuntu ngo kuko ari umukene(atabona ubwishyu)\u2026., Ibambe<\/p>\n<p>-Hari umuntu waca amande y\u2019ibihumbi bitanu, bikamuha isomo kurusha umukire waca amande ya miliyoni ijana, Gonza<\/p>\n<p>Dr Kayumba asanga Min Evode atagombye kugereranya abanyamakuru b\u2019ubu n\u2019aba mbere ya Jenoside, ngo kuko bari bafite ababashyigikiye, ngo naho aba none bafite umurongo uboneye bagenderaho.<\/p>\n<p>Bimwe mu byahindutse mu itangazamakuru harimo : Kuba hari amategeko ngengamyitwarire, Inama nkuru y\u2019itangazamakuru, Ishyirahamwe ry\u2019abanyamakuru n\u2019urwego rw\u2019abanyamakuru bigenzura. Ikindi ni uko buri mwaka abanyamakuru bitwaye neza bahabwa ibihembo, bityo umunyamakuru w\u2019iki gihe aharanira icyatuma nawe yambikwa umudende.<\/p>\n<p>Imbere y\u2019abadepite bagize komisiyo ya Politiki, Min Uwizeyimana Evode yumvikanye asobanura impamvu amande adahagije kugira ngo umunyamakuru wasebanyije abe ahanwe.<\/p>\n<p>Aha niho yatanze ingero z\u2019ibinyamakuru by\u2019uburengerazuba bw\u2019isi, avuga ko bibanza kubara inyungu bifite ku nkuru, zirenga amande byacibwa byibasiye umuntu.<\/p>\n<p>Ati, \u00ab Ziriya za Charly Hebdo, Washington Post, The Guardian, Le Figaro, Liberation, The Financial Times,  ni industries de business.  <em>Ndlr: Iyi the Financial Times iherutse gusohokamo \u201cTranscript: Rwanda president Paul Kagame\u201d, inkuru ndende ku buzima bwite bwa Perezida Kagame nyuma y\u2019amatora,  tariki 27 Kanama 2017.<\/em> <\/p>\n<p>Barareba bati nitwandika kuri uyu, turinjiza miliyoni eshanu z\u2019amadolari, baduce amande ya miliyoni ebyiri, tube twungutse eshatu\u201d.<\/p>\n<p>Anongeraho ko umunyamakuru uciwe amande gusa ntabashe kuyabona, uwo yasebeje yaba ameze nk\u2019uwariwe n\u2019imba itagira nyirayo ihita yinjira mu gihuru.<\/p>\n<p> <strong>Zimwe mu ngingo ziri mu itegeko rishya:<\/strong> <\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 169<\/u>: Gusebanya<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese, yitwaje ubwisanzure bwo kugaragaza ibitekerezo yemererwa na Leta, ku bw\u2019inabi kandi mu ruhame witirira undi muntu igikorwa cyangwa imyitwarire bishobora kumutesha icyubahiro cyangwa agaciro cyangwa gishobora kumusuzuguza, aba akoze icyaha cyo gusebanya..<\/p>\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.<\/p>\n<p>Igikorwa kivugwa mu gika cya mbere cy\u2019iyi ngingo nticyitwa gusebanya iyo ibyatangajwe ari ukuri kandi biri mu nyungu rusange.<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 254<\/u>:<\/strong>   <strong>Gukoza isoni abayobozi b\u2019igihugu n\u2019abashinzwe umurimo rusange w\u2019igihugu<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese ukoza isoni mu magambo, mu bimenyetso cyangwa ibikangisho, inyandiko cyangwa ibishushanyo, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko mu gihe akora umurimo yatorewe cyangwa biturutse kuri uwo murimo, umwe mu bagize Guverinoma, abashinzwe umutekano cyangwa undi wese ushinzwe umurimo rusange w\u2019igihugu mu gihe akora umurimo ashinzwe cyangwa ari wo biturutseho, aba akoze icyaha.<\/p>\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019umwaka umwe (1) ariko kitageze ku myaka ibiri (2) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi y\u2019ibihumbi magana atanu (500.000) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.<\/p>\n<p>Niba  gukoza  isoni  byabereye  mu  nama y\u2019Inteko  Ishinga  Amategeko  cyangwa byakorewe  umwe  mu  bayobozi  bakuru b\u2019Igihugu, ibihano biteganyijwe mu gika  cya mbere cy\u2019iyi ngingo byikuba kabiri.<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 257<\/u><\/strong> :  <strong>Gutuka cyangwa gusebya Perezida wa Repubulika<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese utuka cyangwa usebya Perezida wa Repubulika, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n\u2019urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019imyaka itanu (5) ariko itarenze imyaka irindwwi (7) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda arenze miliyoni eshanu (5.000.000) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000).<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 285<\/u><\/strong> :  <strong>Gutuka cyangwa gusagarira abari mu nzego z\u2019ubutabera<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese utuka cyangwa usagararira umugenzacyaha, umushinjacyaha, umucamanza, uwunganira abandi mu nkiko, intumwa ya Leta, umwanditsi w\u2019inkiko, umuhesha w\u2019inkiko, umwunzi cyangwa umukemurampaka mu kazi ke cyangwa se ku bw\u2019akazi ke bigamije kumwandagaza cyangwa kumutesha icyubahiro ahabwa n\u2019akazi ke, hakoreshejwe amagambo, amarenga, ibimenyetso, ibikangisho, inyandiko, ishusho iyo ari yo yose, aba akoze icyaha.<\/p>\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000).<\/p>\n<p>Iyo gutukana cyangwa gusagarira bikozwe mu gihe cy\u2019iburanisha, ibihano biba igifungo kitari munsi y\u2019imyaka ibiri (2) ariko itarenze imyaka itatu (3).<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n<p> <strong>Bwiza.com<\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n\u00a0<br \/>\n\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu kiganiro kuri Radio Flash FM kuri uyu wa gatanu, abatumirwa bagarutse ku magambo ya Ministiri Uwizeyimana Evode yavuze mu nteko asobanura uko abanyamakuru bazajya bahanwa mu itegeko riri gutegurwa. Ni nyuma y\u2019iminsi mike hacicikanye amakuru ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Min Evode yise abanyamakuru\u201dIMIHIRIMBIRI\u201d. \u2026 Ba Kantano na Ngeze bavugaga ko Abatutsi ari inzoka [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-8351","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe - Dr Kayumba - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe - Dr Kayumba - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu kiganiro kuri Radio Flash FM kuri uyu wa gatanu, abatumirwa bagarutse ku magambo ya Ministiri Uwizeyimana Evode yavuze mu nteko asobanura uko abanyamakuru bazajya bahanwa mu itegeko riri gutegurwa. Ni nyuma y\u2019iminsi mike hacicikanye amakuru ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Min Evode yise abanyamakuru\u201dIMIHIRIMBIRI\u201d. \u2026 Ba Kantano na Ngeze bavugaga ko Abatutsi ari inzoka [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-12-01T12:10:05+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe &#8211; Dr Kayumba\",\"datePublished\":\"2017-12-01T12:10:05+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351\"},\"wordCount\":935,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351\",\"name\":\"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe - Dr Kayumba - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-12-01T12:10:05+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8351#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe &#8211; Dr Kayumba\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe - Dr Kayumba - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe - Dr Kayumba - BWIZA","og_description":"Mu kiganiro kuri Radio Flash FM kuri uyu wa gatanu, abatumirwa bagarutse ku magambo ya Ministiri Uwizeyimana Evode yavuze mu nteko asobanura uko abanyamakuru bazajya bahanwa mu itegeko riri gutegurwa. Ni nyuma y\u2019iminsi mike hacicikanye amakuru ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Min Evode yise abanyamakuru\u201dIMIHIRIMBIRI\u201d. \u2026 Ba Kantano na Ngeze bavugaga ko Abatutsi ari inzoka [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-12-01T12:10:05+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe &#8211; Dr Kayumba","datePublished":"2017-12-01T12:10:05+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351"},"wordCount":935,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8351#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351","name":"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe - Dr Kayumba - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-12-01T12:10:05+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8351"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8351#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Kugereranya Kantano, Ngeze, Bemeriki, ..n\u2019umunyamakuru w\u2019ubu ni ugupfobya ibyagezweho na Leta y\u2019Ubumwe &#8211; Dr Kayumba"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8351","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=8351"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8351\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=8351"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=8351"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=8351"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}