{"id":8372,"date":"2017-12-03T11:03:28","date_gmt":"2017-12-03T11:03:28","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/12\/03\/ndota-kuzasubira-mu-rwanda-umunsi-umwe-atari-nk-umwami-uri-mu-buhungiro-ahubwo\/"},"modified":"2017-12-03T11:03:28","modified_gmt":"2017-12-03T11:03:28","slug":"ndota-kuzasubira-mu-rwanda-umunsi-umwe-atari-nk-umwami-uri-mu-buhungiro-ahubwo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372","title":{"rendered":"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija"},"content":{"rendered":"<p>Uwiyita Umwami w\u2019u Rwanda, Yuhi Vi Bushayija ngo ni umufana ukomeye w\u2019Umwamikazi w\u2019u Bwongereza, ndetse ngo yaba ari n\u2019umwe mu bagaragu be nawe w\u2019umwami. Ibi Yuhi Vi Bushayija uvuga ko afite inzozi zo kuzagaruka mu Rwanda nk&#8217;umwami,  yabitangaje mu kiganiro yagiranye na The Sunday Times yo mu Bwongereza.<\/p>\n<p>Muri iyi nkuru yacyo, iki kinyamakuru cyavuze ko kigiye kuvuga inkuru y\u2019umubyeyi w\u2019abana batatu, Emmanuel Bushayija, wahoze ukora mu bijyanye no gufasha utuye mu majyepfo ya Manchester mu bwongereza waje kuba umwami w\u2019igihugu gituwe na miliyoni hafi 12 ariko ari mu buhungiro.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Mu kiganiro cye yatanze bwa mbere, Bushayija yasobanuye uko yatynguwe ubwo hatangazwaga muri Mutarama ko ikamba ry\u2019ubwami ry\u2019igihugu cye ari we ugiye kurihabwa nyuma y\u2019urupfu rwa nyirarume, Kigeli V Ndahindurwa watangiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.<\/p>\n<p>Bushayija w\u2019imyaka 56, ngo ni umufana ukomeye w\u2019umuryango w\u2019ubwami bw\u2019u Bwongereza, ndetse mu butumwa yageneye Igikomangoma Harry n\u2019umukunzi we, Meghan Markle, akaba yagize ati: \u201c <em>Mu izina ry\u2019abaturage b\u2019u Rwanda, mbifurije amahirwe mu mubano wanyu. Nakifuje no kwakira ubutumire bwanyu bw\u2019ubukwe, ariko birashoboka ko mufite abashyitsi bahagij<\/em> e.\u201d<\/p>\n<p>Ubwami bw\u2019u Rwanda bwisanze mu buhungiro kuva mu 1961. Bushayija n\u2019umuryango we bava mu bwoko bw\u2019Abatutsi byabaye ngombwa ko bahunga igihugu ubwo cyahindukaga repubulika kigatangira kuyoborwa n\u2019umuperezida.<\/p>\n<p>Bushayija aragira ati: \u201c <em>Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe\u2026atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami<\/em> .\u201d Yakomeje agira ati: \u201c <em>Nanze kuzemera ko amateka y\u2019imyaka 1,000 yazapfana nanjye. Kugeza ubwo nzasubirayo, nzakomeza imico y\u2019abaturage banjye kandi nkore ibishoboka mfashe Abanyarwanda aho bari hose<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Umwami wa nyuma w\u2019u Rwanda wemewe, Kigeli V Ndahindurwa, yatangiye mu mwaka ushize muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku myaka 80 y\u2019amavuko. Nyuma gato, hahise hatangazwa binyujijwe k\u2019uwari umujyanama we, ko ikamba rihawe Bushayija.<\/p>\n<p>The Sunday Times ikaba ivuga ko muri iryo joro, umugore we, Lilian w\u2019imyaka 49, ukora mu bijyanye no kwita ku barwaye indwara zo mu mutwe, ngo yahise nawe aba umwamikazi. Abahungu babo babiri; umwe ukora mu bijyanye n\u2019ubwubatsi n\u2019undi ukora mu bijyanye n\u2019ikoranabuhanga mu guhana amakuru, nabo bahise baba ibikomangoma, naho umukobwa wabo uherutse gushyingirwa aba igikomangomakazi.<\/p>\n<p>Bushayija wakoze muri British Heart Foundation no mu iduka rya Barnardo\u2019s shop, ashimangira ko akunda amakipe ya Manchester United na Manchester City mu buryo bungana, agakunda kunywa inzoga yitwa Hydes ikorerwa muri Manchester, no kurya ifiriti iriho isosi y\u2019inyama.<\/p>\n<p>Inzu atuyemo nubwo ari ntoya n\u2019ibyumba bitatu, ngo iramubereye n\u2019ubusitani bwayo ndetse n\u2019abaturanyi b\u2019inshuti bishimira kuba baturanye n\u2019umwami.<\/p>\n<p>Mu cyumba cye, ngo usangamo ifoto nini y\u2019umweru n\u2019umukara ya sekuru, Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda kuva mu 1896 kugeza mu 1931 ubwo yakurwaga ku bwami n\u2019abakoloni.<br \/>\n<figure id=\"attachment_83315\" aria-describedby=\"caption-attachment-83315\" style=\"width: 685px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-83315\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\" alt=\"\" width=\"685\" height=\"456\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-83315\" class=\"wp-caption-text\">Yuhi Bushayija asangira n&#8217;inshuti icyo kunywa<\/figcaption><\/figure><\/p>\n<p>Umwe mu nshuti magara za Bushayija, Peter Renshaw w\u2019imyaka 57 wahoze akora ku kibuga cy\u2019indege, avuga ko hashize imyaka 10 amuzi, akaba mu myaka mikeya ishize ari bwo ngo yamweretse impapuro zigaragaza ko yari igikomangoma ariko ntabashe kubyizera.<\/p>\n<p>Uyu avuga ko Bushayija ari umugabo wigenga ndetse ngo atajya apfa kumwita nyiricyubahiro bitewe n\u2019ingendo bakoranye bajya London kandi bari bonyine ngo bikaba bimusaba igihe cyo kuzamenyera kumwita umwami.<\/p>\n<p>Renshaw akomeza agira ati: \u201c <em>Nishimira kuvuga ko ndi inshuti n\u2019Umwami w\u2019u Rwanda. Ninsaza nameze imvi mba mu nzu y\u2019abasaza birashoboka ko bazatekereza ko nataye umutwe ninzajya mvuga ko nari inshuti magara n\u2019umwami<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Renshaw ariko ngo siwe Mwongereza wa mbere waba uturanye n\u2019umwami wo muri Afurika, kuko ngo n\u2019umwami Mutesa II wa Buganda, bumwe mu bwami bugari bwo muri Uganda, yabaye mu buhungiro mu majyepfo y\u2019uburasirazuba bwa London nyuma yo gukurwaho na perezida wa mbere wa Uganda.<\/p>\n<p>Uyu mwami itangazamakuru ryo mu bwongereza ryahimbaga Freddie, yaje gutanga mu buryo bw\u2019amayobera mu 1969 aguye ahitwa Rotherhithe bias nk\u2019aho yiyahuye nubwo benshi bemeje ko yishwe n\u2019abo bari bahanganye muri politiki.<\/p>\n<p>Bushayija ku rundi ruhande, ngo niwe Mwongereza wa mbere wiswe umwami kuva kubw\u2019Umwami George VI mu 1936. (kuva icyo gihe mwibuke ko u Bwongereza buyobowe n\u2019Umwamikazi). Yavukiye mu Rwanda mu Ukuboza 1960, akurira muri Uganda, aho yakoze muri Pepsi mbere yo kwimukira muri Kenya, aho yavuye yerekeza mu Bwongereza mu 2000 ndetse akaba afite ubwenegihugu bwaho.<\/p>\n<p>Bushayija avuga ko umuryango we wagize impinduka mu kanya gato nyuma y\u2019aho abereye umwami. Ati: \u201c <em>Dukunze kwakira abantu batelefona bava mu Rwanda basaba ubufasha. Telephone ntijya irekeraho gusona<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Ngo ubwo yamenyaga bwa mbere ko agiye kuba umwami, Bushayija ngo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri New York, aho yari mu rukiko aburana ko umugogo wa Kigeli V Ndahindurwa utakoherezwa mu Rwanda ngo abe ariho atabarizwa bakaba baratsinzwe.<\/p>\n<p>Kigeli ngo akaba yari yaramubwiye ko yifuzaga kuzasubira mu Rwanda nk\u2019umwami bitaba ibyo akazatabarizwa muri Portugal.<\/p>\n<p>Ngo yari arimo kwitegura gusubira muri Manchester rero ubwo yakiraga ubutumwa buturutse ku mujyanama wa Kigeli bumubwira ko yagizwe umwami utaha w\u2019u Rwanda, nyuma y\u2019iminota mikeya ngo telephone ye yenda gushwanyukwa kubera abantu bahise batangira kumuhamagara bamwifuriza amahirwe.<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F220dbdd2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\"><img decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-83316\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F220dbdd2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\" alt=\"\" width=\"685\" height=\"456\" \/><\/a><\/p>\n<p>Aho gusubira mu Bwongereza, yahinduye gahunda ahita yerekeza muri Portugal, ahari hateguwe imihango ya kiliziya gaturika na Duke wa Braganza, ukuriye umuryango w\u2019I bwami muri Portugal, yo gusezera bwa nyuma Kigeli yitabiriwe n\u2019abantu bagera mu 100.Icyo gihe ngo baramusengeye asubira I Manchester nk\u2019umwami.<\/p>\n<p>Kuri ubu ngo Bushayija arashaka gushinga uburyo bwo kujya afasha abaturage b\u2019u Rwanda aho bari hose ku isi, ndetse ngo arashaka gusangiza Abongereza imico n\u2019imigenzo by\u2019Abanyarwanda.<\/p>\n<p>Ku kibazo cyo kuba azataha ubukwe bw\u2019igikomangoma Harry, Bushayija yasubije aseka agira ati: \u201c <em>Ndi umuturage w\u2019u Bwongereza, kandi nishimira kuba umugaragu w\u2019Umwamikazi<\/em> .\u201d<\/p>\n<p>Yongeyeho ko Meghan ugiye kuba umugore w\u2019igikomangoma Harry yasuye igihugu cye (u Rwanda) ndetse akahokorera ibikorwa byo gufasha abana b\u2019Abanyarwanda akaba yifuza kumushimira kubw\u2019ibyo.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong><br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong><br \/>\n\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Uwiyita Umwami w\u2019u Rwanda, Yuhi Vi Bushayija ngo ni umufana ukomeye w\u2019Umwamikazi w\u2019u Bwongereza, ndetse ngo yaba ari n\u2019umwe mu bagaragu be nawe w\u2019umwami. Ibi Yuhi Vi Bushayija uvuga ko afite inzozi zo kuzagaruka mu Rwanda nk&#8217;umwami, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na The Sunday Times yo mu Bwongereza. Muri iyi nkuru yacyo, iki kinyamakuru cyavuze [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-8372","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Uwiyita Umwami w\u2019u Rwanda, Yuhi Vi Bushayija ngo ni umufana ukomeye w\u2019Umwamikazi w\u2019u Bwongereza, ndetse ngo yaba ari n\u2019umwe mu bagaragu be nawe w\u2019umwami. Ibi Yuhi Vi Bushayija uvuga ko afite inzozi zo kuzagaruka mu Rwanda nk&#8217;umwami, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na The Sunday Times yo mu Bwongereza. Muri iyi nkuru yacyo, iki kinyamakuru cyavuze [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-12-03T11:03:28+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija\",\"datePublished\":\"2017-12-03T11:03:28+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372\"},\"wordCount\":1002,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/12\\\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\",\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372\",\"name\":\"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/12\\\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\",\"datePublished\":\"2017-12-03T11:03:28+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/12\\\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2017\\\/12\\\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8372#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija - BWIZA","og_description":"Uwiyita Umwami w\u2019u Rwanda, Yuhi Vi Bushayija ngo ni umufana ukomeye w\u2019Umwamikazi w\u2019u Bwongereza, ndetse ngo yaba ari n\u2019umwe mu bagaragu be nawe w\u2019umwami. Ibi Yuhi Vi Bushayija uvuga ko afite inzozi zo kuzagaruka mu Rwanda nk&#8217;umwami, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na The Sunday Times yo mu Bwongereza. Muri iyi nkuru yacyo, iki kinyamakuru cyavuze [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-12-03T11:03:28+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija","datePublished":"2017-12-03T11:03:28+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372"},"wordCount":1002,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg","articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8372#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372","name":"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg","datePublished":"2017-12-03T11:03:28+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8372"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2017\/12\/methode2Fsundaytimes2Fprod2Fweb2Fbin2F1ea3a3d2-d7a2-11e7-8b02-85fa4600fc03.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8372#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ndota kuzasubira mu Rwanda umunsi umwe, atari nk\u2019umwami uri mu buhungiro, ahubwo nk\u2019umwami \u2014 Yuhi VI Bushayija"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8372","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=8372"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8372\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=8372"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=8372"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=8372"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}