{"id":8436,"date":"2017-12-08T11:56:46","date_gmt":"2017-12-08T11:56:46","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2017\/12\/08\/igitekerezo-niba-gusebanya-bibaye-icyaha-nibaagure-amagereza\/"},"modified":"2017-12-08T11:56:46","modified_gmt":"2017-12-08T11:56:46","slug":"igitekerezo-niba-gusebanya-bibaye-icyaha-nibaagure-amagereza","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436","title":{"rendered":"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza"},"content":{"rendered":"<p> <em> <strong>Mu itegeko rikiganirwaho ryerekeye guhana ibyaha mu Rwanda, harimo ingingo zivuga ko gusebanya ari icyaha, ndetse hateganijwemo n\u2019ibihano birimo n\u2019igifungo. Abanyamakuru nibo babaye aba mbere mu kwamagana izi ngingo ariko si bo bonyine zireba. <\/strong> <\/em> <\/p>\n<p>N&#8217;ubwo nta tegeko rireba ibyabaye mbere y\u2019uko ritangazwa (principe de non retrospection), icyaha cyo gusebanya kimaze kugaragara ku bantu benshi harimo na bamwe mu bategura n\u2019abazatora  iri tegeko.<\/p>\n<p>Min Evode Uwizeyimana ngo yaba yarise abanyamakuru IMIHIRIMBIRI, \u201cItabasha kubona amande yaciwe, bityo ngo uwasebejwe akaba nk\u2019uwariwe n\u2019imbwa itagira nyirayo ihita iburira mu gihuru\u201d. Aha yashakaga kuvuga ko adafunzwe nta cyaba gikozwe.<\/p>\n<p>Aho mu nteko kandi, yavuze ko ibitangazamakuru bikomeye ku isi(Le Figaro, Liberation, The Guardian, Washington Post, The Financial Times, \u2026) bibara inyungu mbere yo kwibasira umuntu. Byasanga inyungu ziruta amande bizacibwa, bikamwandagaza.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Mu minsi mike ishize, humvikanye umudepite wise umuyobozi wa Human Rights Watch \u2018Imbwa y\u2019umujenosideri\u2019, nyuma y\u2019aho hari uwari amaze indi minsi amwise \u2018Umurwayi wo mu mutwe ukwiye kujya i Ndera bakamuvura\u2019, kandi ntihari hashize iminsi abantu biswe \u201cUtuzungu tw\u2019imburamukoro\u2019.<\/p>\n<p>Si kera cyane kandi, umuyobozi mu karere ka Gasabo yari aherutse kubwira abaturage ba Rutunga ngo \u201cbirinde abanyamakuru [ <strong> <em>batikura ku yo baneye<\/em> <\/strong> ], ngo nta buvugizi babakorera\u2019. Aba bose usensenguye ntiwaburamo gusebanya, kwandagaza no gusagarira abavugwa.<\/p>\n<p> <strong>Umunyamakuru ashaka amakuru akayatangaza, ubugenzacyaha bugakurikirana, umucamanza akemeza icyaha<\/strong> <\/p>\n<p>Mu Rwanda hakunze kuvugwa abanyamakuru batangaza inkuru ku bantu batitwaye neza mu buzima, bamwe barabifungirwa (nka Niyonambaza Asmani na Kalisa Frank) bivanze mu buzima bw\u2019abantu bakomeye. Nyuma yabwo hari abandi bayobozi bavuzweho kutihesha agaciro mu byumba bicumbikira abantu by\u2019igihe gito (lodges), n&#8217;ubwo nta munyamakuru wabifungiwe.<\/p>\n<p>Inkuru rero, ni itangiriro ry\u2019iperereza, akazi k\u2019umunyamakuru karangirira mu gutanga amakuru, ubugenzacyaha bugatahura, urukiko rukemeza icyaha.<\/p>\n<p>Bitabaye ibyo, abanyereza bakaza umurego kuko nta wabavuga ngo izo nzego zibonereho. Ikindi bigabanya ubwisanzure bw\u2019abatanga amakuru, kandi amakuru ntaba icyaha.<\/p>\n<p>Muri urwo rwego, iyo gutangaza amakuru biba bifungirwa, abameya begura baba bakidegembya kuko baba barahishiriwe ngo hatagira uhanirwa gusebanya. Ibyavuzwe kuri ba Meya ba Rubavu byamaze umwaka urenga ariko birangira beguye cyangwa bafunzwe. Mu karere ka Nyamagabe, naho byavuzwe umwaka urenga, birangira Meya atawe muri yombi.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Abanyamadini nabo ntibahwemye kwifatira mu gahanga abanyamakuru ngo barabasebya, birara mu mitungo y\u2019ababizera barikenura karahava. Za nzego zaje kubitera imboni, bukeye bagaragara mu myenda y\u2019iroza, batanashaka ko wa munyamakuru yabafotora, aho kumusanga muri iyo mpuzankano yarazize ko yatungiye agatoki inzego zibishinzwe.<\/p>\n<p> <strong>Gufunga si bwo butabera<\/strong> <\/p>\n<p>Uburyo bwo gucyaha abanyamakuru  mu Rwanda burahari, bikorwa na RMC; kandi nta wayigannye ngo aburirwe igisubizo. Abanyamakuru basabwe kuvuguruza inkuru, abandi bagiriwe inama, abandi bahagarikwa amezi, yemwe hari n\u2019abamburwa ibyangombwa by\u2019umwuga.<\/p>\n<p>Umwe mu banyamakuru wize iby\u2019amategeko, avuga ko gufunga atari cyo gihano, ngo cyane ko guhana biba bigamije kugorora. \u201cGutumizwa na RMC ni igihano, kwandika wivuguruza ni igihano, amande ni igihano, kwamburwa ikarita ni igihano\u201d.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Abanyamakuru bibaza impamvu hihuturwa gufunga, mu gihe gahunda ya Leta ari ukwimakaza ubutabera bwunga (alternative justice). Umunyamabanga nshingwabikorwa wa RMC asanga binanyuranyije n\u2019umurongo Leta yihaye. Ati, \u201chaba muri Vision 2020, UPR, EDPRS, na gahunda y\u2019imyaka 7 ya Guverinoma, intego zo guteza imbere itangazamakuru zirimo kurishyigikira no guharanira ko umunyamakuru yakwisanzura\u201d.<\/p>\n<p>Umusaza mu itangazamakuru, Rugambwa Gerard ati, \u201cNta terambere rishoboka mu gihe ubwisanzure bw\u2019itangazamakuru bunyongwa, biteye isoni n\u2019agahinda ku gihugu cyateye imbere ribigizemo uruhare, amahanga akaba aza kukigiraho. Ni ikimwaro ku gihugu kitegura kuyobora Afurika yose mu mwaka utaha\u201d.<\/p>\n<p>Uko biri kose, niba u Rwanda rwiyemeje gufunga abanyamakuru ngo basebanije, nirwitegure kwagura amagereza ave kuri 12 nayo arimo ubucucike bw\u2019abasanga ibihumbi 60. Nibongere kandi ingengo y\u2019imari, inkunga abanyamakuru batabonaga bari mu bikorwa byubaka igihugu, yongererwe urwego rw\u2019amagereza rukoresha miliyoni 15 ku munsi, maze abanyamakuru iyo nkunga baburiye i Remera kuri ARJ bayisange i Mageragere, Ntsinda, Mpanga n\u2019ahandi.<\/p>\n<p> <strong>Zimwe mu ngingo z\u2019itegeko rishya zireba umunyamakuru<\/strong> <\/p>\n<p>Gusebanya(169), gutukana mu ruhame(170), gukoza isoni abayobozi(254), gusagarira Perezida wa Repubulika(256), gutuka cyangwa gusebya Perezida wa Repubulika(257),  kwivanga mu buzima bwite b\u2019umuntu(164), gutangaza amagambo n\u2019amashusho uko atafashwe(165).<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 169<\/u><\/strong>  <strong>: Gusebanya<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese, yitwaje ubwisanzure bwo kugaragaza ibitekerezo yemererwa na Leta, ku bw\u2019inabi kandi mu ruhame witirira undi muntu igikorwa cyangwa imyitwarire bishobora kumutesha icyubahiro cyangwa agaciro cyangwa gishobora kumusuzuguza, aba akoze icyaha cyo gusebanya.<\/p>\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<\/p>\n<p>Igikorwa kivugwa mu gika cya mbere cy\u2019iyi ngingo nticyitwa gusebanya iyo ibyatangajwe ari ukuri kandi biri mu nyungu rusange.<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 170<\/u><\/strong>  <strong>: Gutukana mu ruhame<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese utuka undi mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, igihano ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019iminsi cumi n\u2019itanu (15) ariko kitarenze amezi abiri (2) , ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi y\u2019ibihumbi ijana (100.000) ariko atarenze ibihumbi magana abiri (200.000) n\u2019imirimo y\u2019inyungu rusange mu gihe kitarenze iminsi cumi n\u2019itanu  (15) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Gutukana mu ruhame bivugwa mu gika cya mbere cy\u2019iyi ngingo ni ikimenyetso, imigenzereze, ijambo cyangwa inyandiko bigambiriye gukomeretsa umuntu ku bushake kandi ku buryo butaziguye.<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 254<\/u><\/strong>  <strong>: Gukoza isoni abayobozi b\u2019igihugu n\u2019abashinzwe umurimo rusange w\u2019igihugu<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese ukoza isoni mu magambo, mu bimenyetso cyangwa ibikangisho, inyandiko cyangwa ibishushanyo, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko mu gihe akora umurimo yatorewe cyangwa biturutse kuri uwo murimo, umwe mu bagize Guverinoma, abashinzwe umutekano cyangwa undi wese ushinzwe umurimo rusange w\u2019igihugu mu gihe akora umurimo ashinzwe cyangwa ari wo biturutseho, aba akoze icyaha.<\/p>\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019umwaka umwe (1) ariko kitageze ku myaka ibiri (2) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi y\u2019ibihumbi magana atanu (500.000) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.<\/p>\n<p>Niba  gukoza  isoni  byabereye  mu  nama y\u2019Inteko  Ishinga  Amategeko  cyangwa byakorewe  umwe  mu  bayobozi  bakuru b\u2019Igihugu, ibihano biteganyijwe mu gika  cya mbere cy\u2019iyi ngingo byikuba kabiri.<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 256<\/u><\/strong>  <strong>: Kugirira urugomo cyangwa gusagarira Perezida wa Repubulika<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese ugirira urugomo cyangwa usagarira Perezida wa Repubulika, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n\u2019itanu (15).<\/p>\n<p>Iyo kugirira urugomo cyangwa gusagarira Perezida wa Repubulika, byateguriwe umugambi cyangwa se byategewe igico, igihano kiba igifungo kirenze imyaka cumi n\u2019itanu (15) ariko kitarenze imyaka makumyabiri (20).<\/p>\n<p>Iyo kugirira urugomo cyangwa gusagarira Perezida wa Repubulika biteye urupfu cyangwa byakozwe hagamijwe kwica, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo cya burundu.<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 257<\/u><\/strong>  <strong>: Gutuka cyangwa gusebya Perezida wa Repubulika<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese utuka cyangwa usebya Perezida wa Repubulika, aba akoze icyaha.<\/p>\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019imyaka itanu (5) ariko itarenze imyaka irindwwi (7) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda arenze miliyoni eshanu (5.000.000) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000).<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 164<\/u><\/strong>  <strong>: Kwivanga mu mibereho bwite y\u2019undi muntu<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese, ku bw\u2019inabi, mu buryo ubwo ari bwo bwose, wivanga mu mibereho bwite y\u2019undi akoresheje:<\/p>\n<ul>\n<li>\nkumviriza cyangwa gutangaza amagambo abantu bavugiye mu muhezo atabiherewe uruhushya;<\/li>\n<li>\ngufata ifoto cyangwa amajwi n\u2019amashusho nyirayo atabitangiye uruhushya, aba akoze icyaha.<\/li>\n<\/ul>\n<p>Umuntu wese uhamijwe n\u2019urukiko gukora kimwe mu bikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy\u2019iyi ngingo, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka umwe (1) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.<\/p>\n<p>Iyo ibikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy\u2019iyi ngingo byabaye bene byo babibona kandi babizi, ntibabyamagane kandi bashoboraga kubyamagana, bifatwa nk\u2019aho babyemeye.<\/p>\n<p>Ibihano bivugwa mu gika cya 2 cy\u2019iyi ngingo ni byo bihabwa umuntu, ku bw\u2019inabi, usakaza hakoreshejwe uburyo ubwo ari bwo bwose, ifoto, amajwi n\u2019amashusho, ifatamajwi cyangwa inyandiko yabonywe hakoreshejwe igikorwa kimwe mu bivugwa mu gika cya mbere cy\u2019iyi ngingo.<\/p>\n<p> <strong><u>Ingingo ya 165<\/u><\/strong>  <strong>: Gutangaza amagambo cyangwa amashusho binyuranye n\u2019uko byafashwe<\/strong> <\/p>\n<p>Umuntu wese utangaza, ku bw\u2019inabi hakoreshejwe uburyo ubwo ari bwo bwose, amagambo yahinduwe agatangazwa uko atavuzwe cyangwa amashusho n\u2019amafoto by\u2019umuntu byagaragajwe uko bitafashwe, ntagaragaze ko binyuranyije n\u2019uko byafashwe, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka umwe (1) n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.<br \/>\n[xyz-ihs snippet=&#8221;google-pub&#8221;]<br \/>\n <strong>K<a href=\"https:\/\/www.facebook.com\/bwizam\">anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook <\/a><a href=\"https:\/\/twitter.com\/bwizaonlinenews\">no kuri twitter<\/a><\/strong> <\/p>\n<p> <strong>Karegeya Jean Baptiste\/Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu itegeko rikiganirwaho ryerekeye guhana ibyaha mu Rwanda, harimo ingingo zivuga ko gusebanya ari icyaha, ndetse hateganijwemo n\u2019ibihano birimo n\u2019igifungo. Abanyamakuru nibo babaye aba mbere mu kwamagana izi ngingo ariko si bo bonyine zireba. N&#8217;ubwo nta tegeko rireba ibyabaye mbere y\u2019uko ritangazwa (principe de non retrospection), icyaha cyo gusebanya kimaze kugaragara ku bantu benshi harimo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[18],"tags":[],"class_list":["post-8436","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-zicukumbuye"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu itegeko rikiganirwaho ryerekeye guhana ibyaha mu Rwanda, harimo ingingo zivuga ko gusebanya ari icyaha, ndetse hateganijwemo n\u2019ibihano birimo n\u2019igifungo. Abanyamakuru nibo babaye aba mbere mu kwamagana izi ngingo ariko si bo bonyine zireba. N&#8217;ubwo nta tegeko rireba ibyabaye mbere y\u2019uko ritangazwa (principe de non retrospection), icyaha cyo gusebanya kimaze kugaragara ku bantu benshi harimo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-12-08T11:56:46+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza\",\"datePublished\":\"2017-12-08T11:56:46+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436\"},\"wordCount\":1396,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"Zicukumbuye\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436\",\"name\":\"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2017-12-08T11:56:46+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8436#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza - BWIZA","og_description":"Mu itegeko rikiganirwaho ryerekeye guhana ibyaha mu Rwanda, harimo ingingo zivuga ko gusebanya ari icyaha, ndetse hateganijwemo n\u2019ibihano birimo n\u2019igifungo. Abanyamakuru nibo babaye aba mbere mu kwamagana izi ngingo ariko si bo bonyine zireba. N&#8217;ubwo nta tegeko rireba ibyabaye mbere y\u2019uko ritangazwa (principe de non retrospection), icyaha cyo gusebanya kimaze kugaragara ku bantu benshi harimo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2017-12-08T11:56:46+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza","datePublished":"2017-12-08T11:56:46+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436"},"wordCount":1396,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["Zicukumbuye"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8436#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436","name":"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2017-12-08T11:56:46+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8436"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8436#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Igitekerezo: Niba gusebanya bibaye icyaha, nibaagure amagereza"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8436","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=8436"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8436\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=8436"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=8436"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=8436"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}