{"id":8899,"date":"2018-01-22T10:54:17","date_gmt":"2018-01-22T10:54:17","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/01\/22\/israel-abimukira-bava-muri-eritrea-bateguye-imyigaragambyo-ikomeye-imbere-ya\/"},"modified":"2018-01-22T10:54:17","modified_gmt":"2018-01-22T10:54:17","slug":"israel-abimukira-bava-muri-eritrea-bateguye-imyigaragambyo-ikomeye-imbere-ya","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899","title":{"rendered":"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Amakuru aturuka mu gihugu cya Israel aravuga ko abayobozi batangiye kubwira abasaba ubuhungiro muri iki gihugu bafungiye mu kigo kizwi nka Holot ko bagomba kuhava bakajya mu Rwanda bitaba ibyo bakazajyanwa muri gereza ya Saharonim bazafungirwa ubuziraherezo, aho aba bimukira kuri uyu wa Mbere bateguye imyigaragambyo imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda bamagana koherezwa mu Rwanda.<br \/>\nKo nta masezerano u Rwanda rufitanye na Israel kuki ikomeje guhatira abimukira kujya mu Rwanda?<br \/>\nMu minsi ishize nibwo u Rwanda rwatangaje ku mugaragaro ko nta masezerano rufitanye na Israel yo kwakira aba bimukira bo muri Afurika biganjemo Abanya-Sudani n\u2019Abanya-Eritrea nk\u2019uko byatangajwe n\u2019Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga, Olivier Nduhungirehe.<br \/>\nNubwo bimeze gutyo, hari amakuru ataremezwa neza avuga ko haba hari n\u2019abimukira muri aba bamaze no kugera mu Rwanda ariko ubuzima bukabananira bakongera bakahava.<br \/>\nUmwe mu bimukira witwa Molugeta w\u2019imyaka 23 ukomoka muri Eritrea, ari mu ba mbere bakoze interview akabwirwa ko agomba koherezwa mu Rwanda.<br \/>\nMu kiganiro cy\u2019iminota 15 cyafashwe amashusho uko cyakabaye nk\u2019uko bitangazwa n\u2019ikinyamakuru, Haaretz cyo muri Israel dukesha iyi nkuru, Molugeta avuga ko umwe mu babazaga ibibazo mbere yo koherezwa, Umunya-Israel ukomoka muri Ethiopia, yamubajije ibibazo mu rurimi rw\u2019Igi-Tigrinya, akamubwira ko bagiye kumwohereza mu Rwanda yakanga kujyayo bakazamwohereza muri Gereza ya Saharonim.<br \/>\nMu gusubiza ngo yamubwiye ko adashobora kujya muri iyo gereza kandi atajya no mu Rwanda yaje gusaba ubuhungiro mbere bakamwemerera ariko ubu bakaba bari kumwihinduka.<br \/>\nMolugeta yakomeje avuga ko mu Rwanda hatameze neza hari inshuti ze zahageze ariko buri umwe akongera akahava avuga ko hatababereye.<br \/>\nUyu akomeza avuga ko yasabwe gushyira umukono ku nyandiko iri mu rurimi rw\u2019Igiheburayo atazi uko bagisoma, ariko bakaba baramubwiye ko ari icyemeza ko yanze kuva muri Israel, yanga kuyisinya.<br \/>\nIyi nkuru ivuga ko Molugeta yahunze muri Eritrea kwinjizwa mu gisirikare ku ngufu agahungira muri Israel mu myaka 6 ishize agasaba ubuhungiro yaje kwimwa mu mezi atandatu ashize.<br \/>\nAti: \u201cNdategereje. Ntibampatira kujya Saharonim nzagenda.. nzaguma hano muri gereza, nakora iki?\u201d. Yongeyeho ko na bagenzi be biteguye kujya muri gereza nibabura andi mahitamo.<br \/>\nIyi nkuru irakomeza ivuga ko abimukira basabaga ubuhungiro muri Israel boherejwe mu Rwanda na Uganda mu myaka ishize bavuga ko ibi bihugu bitabahaga uburenganzira bw\u2019ibanze ngo binabarinde bigatuma bahava.<br \/>\nNk\u2019uko inkuru ya Haaretz yo mu mezi abiri ashize yavugaga, bamwe mu bimukira bava muri Eritrea na Sudani bavuye muri Israel bajya mu Rwanda babashije kongera kuhava bakerekeza mu Budage no mu Buholandi, aho bavuze ko batari kuguma mu Rwanda. Bamwe ngo barafungwaga ndetse bakanakangishwa gusubizwa mu bihugu bahunze.<br \/>\nKuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 19 Mutarama, ngo umwe mu bayobozi yagiranye ikiganiro n\u2019abimukira bafungiye Holot ababwira ko bagomba kumenyesha ubuyobozi mu gihe kitarenze ukwezi niba bateganya kuva muri Israel bitaba ibyo bakazajyanwa muri Gereza ya Saharonim ngo bazabamo kugeza mu gihe kitazwi.<br \/>\nUyu ngo akaba yarababwiye ko bashobora koherezwa mu Rwanda ariko mu nyandiko bahawe, ngo hakaba ntahagaragara izina ry\u2019u Rwanda. Kugeza ubu Abanya-Eritrea 20 muri 886 bacumbikiwe muri Holot bakaba bamaze gukora interview.<br \/>\nAba baturage babajijwe bakaba barahawe inyandiko y\u2019amapaji abiri yanditse mu Giheburayo ifite umutwe mu Cyongereza ugira uti: \u201cInformation sheet for infiltrators leaving for a safe third country .\u201d ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko kuvuga \u201cUrupapuro rw\u2019amakuru y\u2019abacengezi bimukira mu gihugu gitekanye mu bihugu biri mu nzira y\u2019amajyambere\u201d.<br \/>\nIyi nyandiko ikaba ibwira abimukira ko Leta ya Israel yamaze gutegura ibishoboka byose bizabafasha kuva muri Israel bakajya mu gihugu kiri mu nzira y\u2019amajyambere kizabakira kikabaha ibyangombwa byo gutura ndetse kikabemerera kuhakorera kandi ntibazasubizwe aho bahunze.<br \/>\nIyi nyandiko ngo inababwira ko icyo gihugu kizabakira cyateye imbere cyane mu myaka ishize ndetse cyakiriye ibihumbi by\u2019abaturage bacyo baturuka mu bindi bihugu byo muri Afurika. Bati: \u201cIki gihugu gifite guverinoma ihamye igira uruhare mu iterambere mu nzego zitandukanye nk\u2019uburezi, ubuvuzi n\u2019ibikorwaremezo\u201d.<br \/>\nIyo nyandiko ikomeza ivuga ko Israel izirengera ibijyanye n\u2019ibyangombwa by\u2019ingendo ndetse izishyura amatike y\u2019indege kandi abayobozi bazabafasha kugeza bahagurutse muri Israel kandi bakazajya bahabwa amadorali 3,500 bakigera ku Kibuga cy\u2019Indege Mpuzamahanga cya Ben-Gurion bagiye kugenda.<br \/>\nBakomeza babwirwa ko nibagera muri icyo gihugu hazaba hari itsinda rizabakira ku kibuga cy\u2019indege bakazajyanwa muri hotel yateguwe bazakoreramo inama bazabwirirwamo aho berekeza ndetse bakamenyana n\u2019abayobozi b\u2019igihugu boherejwemo.<br \/>\nIyi nyandiko ivuga byinshi aba bimukira nibagera mu gihugu bazoherezwamo bazahabwa bizabafasha gutangira ubuzima bushya, ariko igasoza ibabwira ko nibanga kuva muri Israel ku bushake hazakurikiraho kubafunga no kubohereza aho baturutse ku ngufu kandi ngo icyo gihe ya mafaranga (3,500$)bari kuzahabwa ntayo bazaba bakibonye.<br \/>\nInyandiko ikaba isoza yifuriza aba bimukira amahirwe.<br \/>\nKubera ibi byose, abimukira bakomoka muri Eritrea bakaba bateguye kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Mutarama 2018, gukorera imyigaragambyo imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda i Ter Aviv mu gace ka Herzliya bamagana uku koherezwa mu Rwanda gukomeje kuvugwa muri Israel nyamara u Rwanda rwo rubihakana.<br \/>\n<figure id=\"attachment_86147\" aria-describedby=\"caption-attachment-86147\" style=\"width: 800px\" class=\"wp-caption alignnone\"><a href=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/01\/aaa.jpg\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-86147\" src=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/01\/aaa.jpg\" alt=\"\" width=\"800\" height=\"600\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-86147\" class=\"wp-caption-text\">Abigaragambyaga imbere ya Ambasade y&#8217;u Rwanda<\/figcaption><\/figure><br \/>\nBikaba bivugwa ko mu nama y\u2019abaminisitiri kuri iki Cyumweru, Minisitiri w\u2019Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yasubije ibaruwa y\u2019abantu 470 bo muri za kaminuza bamagana uku kwirukana abimukira muri Israel.<br \/>\nNetanyahu akaba yagize ati: \u201cNtituri kurwanya impunzi, turi kurwanya abimukira batemewe n\u2019amategeko baza gukora hano. Israel izakomeza kuba nk\u2019ubuhungiro ku mpunzi za nyazo ariko ikureho abacengezi batemewe n\u2019amategeko.\u201d<br \/>\nMu gihugu cya Israel habarizwa abimukira bakomoka muri Sudani no muri Eritrea babarirwa mu 35,000 n\u2019abana 5,000 b\u2019abasaba ubuhungiro. Benshi muri bo bafite ibyangombwa by\u2019agateganyo byo gutura baba bagomba kuvugurura buri amezi abiri.<br \/>\n\u00a0<\/p>\n<div class=\"epyt-video-wrapper\">\n<div  id=\"_ytid_73812\"  width=\"1170\" height=\"658\"  data-origwidth=\"1170\" data-origheight=\"658\" data-facadesrc=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/BlwriT8PNIU?enablejsapi=1&#038;autoplay=0&#038;cc_load_policy=0&#038;cc_lang_pref=&#038;iv_load_policy=1&#038;loop=0&#038;rel=1&#038;fs=1&#038;playsinline=0&#038;autohide=2&#038;theme=dark&#038;color=red&#038;controls=1&#038;disablekb=0&#038;\" class=\"__youtube_prefs__ epyt-facade epyt-is-override  no-lazyload\" data-epautoplay=\"1\" ><img decoding=\"async\" data-spai-excluded=\"true\" class=\"epyt-facade-poster skip-lazy\" loading=\"lazy\"  alt=\"YouTube player\"  src=\"https:\/\/i.ytimg.com\/vi\/BlwriT8PNIU\/maxresdefault.jpg\"  \/><button class=\"epyt-facade-play\" aria-label=\"Play\"><svg data-no-lazy=\"1\" height=\"100%\" version=\"1.1\" viewBox=\"0 0 68 48\" width=\"100%\"><path class=\"ytp-large-play-button-bg\" d=\"M66.52,7.74c-0.78-2.93-2.49-5.41-5.42-6.19C55.79,.13,34,0,34,0S12.21,.13,6.9,1.55 C3.97,2.33,2.27,4.81,1.48,7.74C0.06,13.05,0,24,0,24s0.06,10.95,1.48,16.26c0.78,2.93,2.49,5.41,5.42,6.19 C12.21,47.87,34,48,34,48s21.79-0.13,27.1-1.55c2.93-0.78,4.64-3.26,5.42-6.19C67.94,34.95,68,24,68,24S67.94,13.05,66.52,7.74z\" fill=\"#f00\"><\/path><path d=\"M 45,24 27,14 27,34\" fill=\"#fff\"><\/path><\/svg><\/button><\/div>\n<\/div>\n<p>\u00a0<br \/>\n <strong>Dennis Ns.\/Bwiza.com<\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Amakuru aturuka mu gihugu cya Israel aravuga ko abayobozi batangiye kubwira abasaba ubuhungiro muri iki gihugu bafungiye mu kigo kizwi nka Holot ko bagomba kuhava bakajya mu Rwanda bitaba ibyo bakazajyanwa muri gereza ya Saharonim bazafungirwa ubuziraherezo, aho aba bimukira kuri uyu wa Mbere bateguye imyigaragambyo imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda bamagana koherezwa mu Rwanda. [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-8899","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Amakuru aturuka mu gihugu cya Israel aravuga ko abayobozi batangiye kubwira abasaba ubuhungiro muri iki gihugu bafungiye mu kigo kizwi nka Holot ko bagomba kuhava bakajya mu Rwanda bitaba ibyo bakazajyanwa muri gereza ya Saharonim bazafungirwa ubuziraherezo, aho aba bimukira kuri uyu wa Mbere bateguye imyigaragambyo imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda bamagana koherezwa mu Rwanda. [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-01-22T10:54:17+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/01\/aaa.jpg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda\",\"datePublished\":\"2018-01-22T10:54:17+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899\"},\"wordCount\":924,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/01\\\/aaa.jpg\",\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899\",\"name\":\"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/01\\\/aaa.jpg\",\"datePublished\":\"2018-01-22T10:54:17+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899#primaryimage\",\"url\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/01\\\/aaa.jpg\",\"contentUrl\":\"http:\\\/\\\/www.bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2018\\\/01\\\/aaa.jpg\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8899#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda - BWIZA","og_description":"Amakuru aturuka mu gihugu cya Israel aravuga ko abayobozi batangiye kubwira abasaba ubuhungiro muri iki gihugu bafungiye mu kigo kizwi nka Holot ko bagomba kuhava bakajya mu Rwanda bitaba ibyo bakazajyanwa muri gereza ya Saharonim bazafungirwa ubuziraherezo, aho aba bimukira kuri uyu wa Mbere bateguye imyigaragambyo imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda bamagana koherezwa mu Rwanda. [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-01-22T10:54:17+00:00","og_image":[{"url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/01\/aaa.jpg","type":"","width":"","height":""}],"author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda","datePublished":"2018-01-22T10:54:17+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899"},"wordCount":924,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/01\/aaa.jpg","articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8899#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899","name":"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899#primaryimage"},"thumbnailUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/01\/aaa.jpg","datePublished":"2018-01-22T10:54:17+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8899"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899#primaryimage","url":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/01\/aaa.jpg","contentUrl":"http:\/\/www.bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/01\/aaa.jpg"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8899#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y\u2019u Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8899","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=8899"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8899\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=8899"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=8899"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=8899"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}