{"id":8948,"date":"2018-01-29T12:27:10","date_gmt":"2018-01-29T12:27:10","guid":{"rendered":"https:\/\/new.bwiza.com\/2018\/01\/29\/uganda-ambasaderi-frank-mugambage-yavuye-imuzi-imiterere-y-039-ibibazo-biri\/"},"modified":"2018-01-29T12:27:10","modified_gmt":"2018-01-29T12:27:10","slug":"uganda-ambasaderi-frank-mugambage-yavuye-imuzi-imiterere-y-039-ibibazo-biri","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948","title":{"rendered":"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Twese turaharanira ubumwe n\u2019ubufatanye atari hano gusa no hanze. Ku bw\u2019ibyo ikintu cyose kibibangamira tugifata nk\u2019igikomeye kandi ntikigomba kwemererwa kuba. Ibi akaba ari ibyatangajwe na Ambasaderi w\u2019u Rwanda muri Uganda mu kiganiro kirekire yagiranye n\u2019ikinyamakuru The Independent avuga ku bibazo biri hagati y\u2019u Rwanda na Uganda.<br \/>\nIkibazo cya mbere yabajijwe ni ugusobanura uko kuri ubu umubano w\u2019ibihugu byombi wifashe, asubiza ko ubusanzwe imibanire hagati ya leta ireba mu buryo bwaguye ibibazo bihari kandi ibi bikitabwaho mu kubaka ubufatanye mu nzego zitandukanye. Ngo iyo ukora ibi n\u2019ibihugu by\u2019ibituranyi uba ugomba kumenya ko hari imibanire y\u2019amateka hagati y\u2019abantu.<br \/>\nAti: &#8220;Niyo mpamvu turi hano kandi niyo mpamvu Uganda ifite ambasade i Kigali. Kugirango iyo mibanire yose yubakwe kandi igumeho, akazi kenshi kagomba gukorwa&#8221;.<br \/>\nAmbasaderi Mugambage yavuze ko hamwe mu hantu hagomba kwitabwaho ari uko iteka havugwa ibigenda n\u2019ibitagenda ariko ngo nta gushidikanya u Rwanda na Uganda byashyizeho uburyo bwo guhangana n\u2019izo mbogamizi.<br \/>\nYavuze ko ibihugu byombi bifitanye amasezerano y\u2019ubwumvikane (memorandum of understanding) mu nzego zitandukanye nko mu bucuruzi, umutekano, uburezi aho ibihugu byombi bikorana.<br \/>\nYavuze ko banafite komisiyo ihuriweho n\u2019ibihugu byombi iyobowe na \u00a0ba Minisitiri b\u2019ububanyi n\u2019amahanga bombi, aho aba baba bagomba guhura kenshi bakamenya ko inzego zitandukanye zikomeza gukorana kandi zigakora mu nyungu z\u2019abaturage b\u2019ibihugu byombi.<br \/>\nYakomeje agira ati: \u201cRero iyo uzamuye ibibazo uvuga ko bimaze iminsi mu itangazamakuru; ibi biri kuba muri Uganda, ntabwo biba mu Rwanda. Ibi ni ibibazo birebana n\u2019itabwa muri yombi rinyuranyije n\u2019amategeko kandi ridakwiye ry\u2019Abanyarwanda muri iki gihugu.\u201d<br \/>\nAmb. Mugambage avuga ko baje kumva abantu batabwa muri yombi binyuze mu nzira zidakurikije amategeko, bakajyanwa ahantu n\u2019imiryango yabo itazi ndetse ntihabeho kuvugana hagati y\u2019ibihugu byombi.<br \/>\nNgo icyo bamenye kikaba ari uko ababiri inyuma ari abakozi ba Leta ya Uganda kuko babonye amakuru ava muri abo batabwa muri yombi bavuga ko bari bafungiwe mu bigo bya leta ya Uganda by\u2019umwihariko mu rwego rw\u2019ubutasi mu gisirikare (CMI).<br \/>\nAti: \u201cAbantu bafungiwe hariya kandi nzi neza ko wamenye ko bamwe muri bo kuva icyo gihe birukanwe n\u2019ubwoko butandukanye bw\u2019inkuru zivuga ukuntu bajujubywaga bagakorerwa iyicarubozo\u201d. Yongeyeho ko ibi byose byakorwaga\u00a0 bitanyuze mu buryo bwashyizweho bwo guhangana n\u2019ibibazo nk\u2019ibi.<br \/>\nYakomeje agira ati: \u201cNk\u2019uko nabivuze, mu mbaraga zacu zo kubaka imibanire, turasaba ibisobanuro kugirango ibi bibazo ntibibangamire ibintu byiza turimo gufatanya gukora.\u201d<br \/>\nUmunyamakuru yabaye nk\u2019usubiramo iki kibazo ariko mu bundi buryo amubaza noneho icyo atekereza ku mubano w\u2019ibihugu byombi, amusubiza ko nk\u2019uko yabimubwiye umubano hagti ya leta utubakirwa ku cyuka, amubwira ko ibi bihugu byombi bizakomeza kuba ibituranyi kandi bifitanye umubano umaze igihe.<br \/>\nYakomeje avuga ko u Rwanda rushyigikiye igitekerezo cyo kwishyira hamwe kw\u2019ibihugu bigize EAC ndetse byanashoboka kwishyira hamwe kwa Afurika.<br \/>\nAti: \u201cAriko nk\u2019uko nabivuze, kugirango umenye neza ko ibi bizashoboka, uba ugomba no gusohoka ukavuga igishobora kubangamira izo mbaraga nziza zo kubaka imibanire.\u201d<br \/>\nAmbasaderi Frank Mugambage yabajijwe nk\u2019umuntu uhagarariye u Rwanda muri Uganda uko ari kwitwara muri ibi bibazo, asubiza ko bari kuvugana na Minisiteri y\u2019ububanyi n\u2019amahanga ari nayo bakorana bya hafi muri Uganda. Yongeyeho ko ariko banavugana n\u2019abandi bantu ku nzego zitandukanye zirimo urwashyizwe mu majwi muri ibi bibazo ari rwo CMI, avuga ko bakomeje kubikurikirana.<br \/>\nYabajijwe ukuri ku makuru amaze iminsi avugwa ya bamwe mu mpunzi z\u2019Abanyarwanda ngo zaba zigira uruhare mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu gihugu, asubiza ko hari bamwe mu bahunze igihugu barimo kugerageza kwisuganya bagamije kugerageza kurwanya guverinoma n\u2019abaturage b\u2019u Rwanda.<br \/>\nYavuze ko bamenye ko hari abantu bakorana n\u2019abanzi ba guverinoma n\u2019abaturage b\u2019u Rwanda by\u2019umwihariko bakorana n\u2019udutsiko tw\u2019abantu bahunze igihugu kubera ibyaha bari bakurikiranweho barangiza bagashinga imitwe y\u2019iterabwoba nka RNC ngo iyobowe n\u2019uwigeze kuba muri Guverinoma y\u2019u Rwanda.<br \/>\nYakomeje avuga ko mu bihe byashize ngo uyu mutwe wa RNC wanakoze ibikorwa byo kujugunya za grenades mu mujyi wa Kigali bigahitana inzirakarengane.<br \/>\nAti: \u201cIbi si ukuvuga ko ibi biteye ubwoba u Rwanda kuko u Rwanda ari igihugu gifite ubusugire kandi gifite ububasha bwo kurinda umutekano wacyo.\u201d<br \/>\nYongeyeho ko ariko ibi bitatuma abantu bahabwa amahirwe yo kuba ahantu bashakira abantu hagamijwe kubatoza no gukora ibikorwa by\u2019iterabwoba. Ati: \u201cIki ni ikintu kitagomba kwemerwa ko kiba gikozwe n\u2019igihugu cy\u2019inshuti cyangwa igituranyi. Nakwizeza ko u Rwanda rutazigera rwemera ikintu nk\u2019icyo ko kuba\u201d.<br \/>\nAmbasaderi Mugambage yabwiwe ko abakozi b\u2019inzego z\u2019umutekano z\u2019u Rwanda bavugwaho gushimuta no gucyura ku ngufu Abanyarwanda kandi ari ibintu binyuranyije n\u2019amategeko, asabwa kugira ibisobanuro atanga.<br \/>\nYasubije ko ikibazo u Rwanda rwakomeje kubaza kandi ruzakomeza kubaza ari impamvu nta muntu uravuga uti reka dushake uwo muntu. Ati: \u201cKuko abantu badashaka abo bita abakozi b\u2019u Rwanda bakabazana bakavuga bati reba, uyu niwe kandi yakoze ibi na biriya. Kuvuga ikintu ni ikintu kimwe no kucyemeza n\u2019ikindi.\u201d<br \/>\nYakomeje avuga ko ibyo bintu bitabayeho, avuga ko ko ubivuga wese ahari aba ashaka kugirango hatagira ugira icyo akora\u00a0 ku bintu barimo gukora.<br \/>\nAmbasaderi Mugambage yavuze ko azi ikibazo kimwe cya Lt joel Mutabazi ngo wahungiye muri Uganda ariko afite ibyaha akurikiranweho mu Rwanda, avuga ko ikibazo cye cyanyujijwe mu nzira yigeze kuvuga atangira ikiganiro. Yavuze ko gusubizwa mu Rwanda kwa Mutabazi ari ikintu cyakozwe binyuze mu bwumvikane hagati y\u2019ibihugu byombi kubera ko hari ibyo yari akurikiranweho yagombaga gusubiza. Ibi bikaba byarabaye mu 2013, akibaza impamvu iki kibazo cyagaruka kuri ubu kandi kikitwa ishimuta.<br \/>\nAmbasaderi Mugambage kandi yabajijwe niba umwuka uri hagati y\u2019ibihugu byombi utazasubiza inyuma imishinga abakuru b\u2019ibihugu byombi; Museveni na Kagame bifuzaga gukorana nk\u2019iya gari ya moshi, visa imwe y\u2019ubukerarugendo muri EAC no gukoresha irangamuntu gusa mu kuva mu gihugu kimwe ujya mu kindi.<br \/>\nYasubije ko byinshi muri ibi byamaze gukorwa nk\u2019ibijyanye n\u2019ubwisanzure mu rujya n\u2019uruza rw\u2019abantu aho umuturage w\u2019igihugu kimwe yajya mu kindi bitamusabye passport, gukoraho imbogamizi mu bucuruzi, avuga ko hari igihe ibicuruzwa byavaga muri Kenya biza mu Rwanda bikamara igihe mu nzira ariko byavuyeho, yongeraho ko hagikenewe no kwihuta mu bijyanye n\u2019imishinga ifitiye inyungu ibihugu byombi, ariko ashimangira ko imigambi ba perezida Kagame na Museveni batangije mu 2011 itahagaze.<br \/>\nAmbasaderi Mugambage yanakomoje ku kibazo cy\u2019impunzi z\u2019Abanyarwanda muri Uganda nyuma y\u2019ikurwaho rya statut y\u2019impunzi, asubiza ko gukuraho iyi statut bikorwa n\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye biba bisobanuye ko ikibazo cyatumye bahunga cyarangiye. Ngo igihugu cyabakiriye ariko abadashatse gutaha gishobora kubaha uburenganzira bwo gutura buhoraho cyangwa kikabaha ubwenegihugu, yongeraho ko ku kirebana n\u2019u Rwanda rwahoze rufunguye imiryango kandi impunzi nyinshi zatashye, kandi imiryango ikaba ikomeje gufungurwa no ku bandi bakwifuza gutaha kandi bakoroherezwa.<br \/>\nMu magambo ye ya nyuma asoza ikiganiro, Ambasaderi Frank Mugambage yavuze ko ari ngombwa gushimangira ko u Rwanda rwiyemeje kubaka no gukomeza imibanire ifite inyungu n\u2019abaturanyi, yongeraho ko icyo baharanira bose ubumwe n\u2019ubufatanye atari hano gusa no hanze, kubw\u2019ibyo icyabangamira ibi kikaba kigomba gufatwa nk\u2019igikomeye kandi kitakwemerwa kuba.<br \/>\n\u00a0<br \/>\n <strong> <em><a href=\"https:\/\/www.youtube.com\/channel\/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ\/videos?disable_polymer=true\">Kanda hano wiyandikishe ( Subscribe) ubona ibiganiro, indirimbo kandi bishya mu mashusho<\/a><\/em> <\/strong> <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Twese turaharanira ubumwe n\u2019ubufatanye atari hano gusa no hanze. Ku bw\u2019ibyo ikintu cyose kibibangamira tugifata nk\u2019igikomeye kandi ntikigomba kwemererwa kuba. Ibi akaba ari ibyatangajwe na Ambasaderi w\u2019u Rwanda muri Uganda mu kiganiro kirekire yagiranye n\u2019ikinyamakuru The Independent avuga ku bibazo biri hagati y\u2019u Rwanda na Uganda. Ikibazo cya mbere yabajijwe ni ugusobanura uko kuri ubu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[6],"tags":[],"class_list":["post-8948","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-mashya-rw"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v28.3 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda - BWIZA<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda - BWIZA\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Twese turaharanira ubumwe n\u2019ubufatanye atari hano gusa no hanze. Ku bw\u2019ibyo ikintu cyose kibibangamira tugifata nk\u2019igikomeye kandi ntikigomba kwemererwa kuba. Ibi akaba ari ibyatangajwe na Ambasaderi w\u2019u Rwanda muri Uganda mu kiganiro kirekire yagiranye n\u2019ikinyamakuru The Independent avuga ku bibazo biri hagati y\u2019u Rwanda na Uganda. Ikibazo cya mbere yabajijwe ni ugusobanura uko kuri ubu [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"BWIZA\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-01-29T12:27:10+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"Mecky Merchiore Kayiranga\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"6 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948\"},\"author\":{\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\"},\"headline\":\"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda\",\"datePublished\":\"2018-01-29T12:27:10+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948\"},\"wordCount\":1173,\"commentCount\":0,\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"articleSection\":[\"amakuru-mashya\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948\",\"name\":\"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda - BWIZA\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\"},\"datePublished\":\"2018-01-29T12:27:10+00:00\",\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948\"]}]},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?p=8948#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"name\":\"BWIZA\",\"description\":\"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye\",\"publisher\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\"},\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Organization\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#organization\",\"name\":\"BWIZA\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/\",\"logo\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/wp-content\\\/uploads\\\/2026\\\/03\\\/bwiza-ikirango.png\",\"width\":150,\"height\":42,\"caption\":\"BWIZA\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/logo\\\/image\\\/\"}},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72\",\"name\":\"Mecky Merchiore Kayiranga\",\"url\":\"https:\\\/\\\/bwiza.com\\\/?author=2\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda - BWIZA","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda - BWIZA","og_description":"Twese turaharanira ubumwe n\u2019ubufatanye atari hano gusa no hanze. Ku bw\u2019ibyo ikintu cyose kibibangamira tugifata nk\u2019igikomeye kandi ntikigomba kwemererwa kuba. Ibi akaba ari ibyatangajwe na Ambasaderi w\u2019u Rwanda muri Uganda mu kiganiro kirekire yagiranye n\u2019ikinyamakuru The Independent avuga ku bibazo biri hagati y\u2019u Rwanda na Uganda. Ikibazo cya mbere yabajijwe ni ugusobanura uko kuri ubu [&hellip;]","og_url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948","og_site_name":"BWIZA","article_published_time":"2018-01-29T12:27:10+00:00","author":"Mecky Merchiore Kayiranga","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"Mecky Merchiore Kayiranga","Est. reading time":"6 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948"},"author":{"name":"Mecky Merchiore Kayiranga","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72"},"headline":"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda","datePublished":"2018-01-29T12:27:10+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948"},"wordCount":1173,"commentCount":0,"publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"articleSection":["amakuru-mashya"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8948#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948","url":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948","name":"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda - BWIZA","isPartOf":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website"},"datePublished":"2018-01-29T12:27:10+00:00","breadcrumb":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/bwiza.com\/?p=8948"]}]},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/bwiza.com\/?p=8948#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/bwiza.com\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Uganda: Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y&#039;ibibazo biri hagati ya Uganda n&#039;u Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#website","url":"https:\/\/bwiza.com\/","name":"BWIZA","description":"Isoko y&#039;amakuru acukumbuye","publisher":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization"},"potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/bwiza.com\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Organization","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#organization","name":"BWIZA","url":"https:\/\/bwiza.com\/","logo":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/","url":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","contentUrl":"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2026\/03\/bwiza-ikirango.png","width":150,"height":42,"caption":"BWIZA"},"image":{"@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/logo\/image\/"}},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/bwiza.com\/#\/schema\/person\/204be5a5dba716e2a0eaad5574744c72","name":"Mecky Merchiore Kayiranga","url":"https:\/\/bwiza.com\/?author=2"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8948","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=8948"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/8948\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=8948"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=8948"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/bwiza.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=8948"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}