Hagiye kumurikwa robot ishobora gusama ikanabyara 

Ubushinwa bwatangaje ko bugiye kumurika robot ya mbere ku isi ishobora gusama no kwibaruka hifashishijwe inda y’ikoranabuhanga (artificial womb). Iyo robot iri gukorwa n’ikigo Kaiwa Technology cyo mu mujyi wa Guangzhou, izatangizwa ku mugaragaro mu mwaka wa 2026. Dr. Zhang Qifeng, uyoboye uwo mushinga, yabivugiye mu nama y’ubumenyi yaberaga i Beijing, avuga ko “ubumenyi bujyanye […]

U Burundi bwambuwe kwakira FIA 2026, abashoferi boherezwa mu Rwanda

U Burundi bwambuwe uburenganzira bwo kwakira amarushanwa mpuzamahanga y’imodoka yari ateganyijwe muri gahunda y’umwaka wa 2026, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ryo Gusiganwa muri uwo mukino. Iki cyemezo cyafashwe mu gihe muri siporo y’imodoka mu Burundi havugwa ibibazo birimo imitegurire y’amarushanwa, imicungire y’umutungo ndetse n’imikorere y’urwego rw’igihugu rushinzwe siporo y’imodoka. Muri ibyo bibazo harimo kuba […]

Abanyamulenge bareze Tshisekedi na Ndayishimiye muri ICC

Abanyamulenge bo muri Minembwe bagejeje ku Biro by’Umushinjacyaha w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rw’i La Haye ikirego gisaba ko hakorwa iperereza ku ruhare bavuga ko abayobozi bakuru ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Burundi bagize mu byaha byakorewe abaturage b’Abanyamulenge. Iki kirego cyatanzwe kuri uyu wa 14 Kanama 2026, aho abarega bashinja Perezida wa […]

Zambia: Kubarura amajwi byahagaritswe nyuma yo guhohotera abakozi ba komisiyo y’amatora

‎Komisiyo y’amatora muri Zambia yahagaritse kubarura amajwi no gutangaza ibyavuye mu matora mu gihugu hose nyuma y’amakuru y’urugomo rwabereye mu turere tumwe na tumwe rwibasiye abashinzwe amatora. ‎Abashinzwe amatora batangarije itangazamakuru ko hari igihe impapuro z’itora zibwe mu dusanduku tw’itora, bongeraho ko bongera gusuzuma iryo hagarikwa mu masaha 24 nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters. […]

Ruboneka wacaga APR FC za miliyoni mu muryango winjira kwa mukeba 

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bigeze kure na Ruboneka Jean Bosco, nyuma yo gutandukana na APR FC yamurekuye ubwo impande zombi zananirwaga kumvikana ku mafaranga yayicaga ngo asinye amasezerano mashya. Amakuru avuga ko nta gihindutse Ruboneka Jean Bosco ashobora kwerekanwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports mu mpera z’iki cyumweru. Ruboneka amaze igihe nta […]

Ku myaka umunani aba yatangiye kunywa inzoga-Agatama karaca ibintu mu gihugu mu gihugu gituranye n’u Rwanda

Ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS/WHO) bwagaragaje ko muri Uganda, umwana w’imyaka umunani aba yatangiye gusoma ku nzoga. Ubu bushakashati bwiswe ” Uganda Alcohol Report” nk’uko Daily Monitor yabitangaje, buravuga ko umuturage wa Uganda umwe ku mwaka aba anyoye litiro z’inzoga itavangiye zingana na 12.21, ingingo ituma iki gihugu kiza ku isonga muri Afurika […]

C64: Bamaramaje mu gihe itariki ntarengwa bahaye Tshisekedi yegereje

‎Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rizwi nka C64, rirategura imyigaragambyo karundura mbere y’uko itariki ntarengwa ya 15 Kanama igera. Iyi ni itariki ntarengwa yahawe Perezida Félix Tshisekedi ngo ategure ku mugaragaro ibiganiro bidaheza bigamije gukemura ikibazo cya politiki n’umutekano muke muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. ‎ ‎Mbere, iri […]

Tanganyika: Imirwano ya FARDC na Wazalendo yamenekeyemo amaraso 

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi ba Wazalendo bakorana na zo barasaniye mu gace ka Kisengo gaherereye muri Teritwari ya Nyunzu yo mu ntara ya Tanganyika, hapfa abantu batanu. Ku wa Gatatu tariki ya 12 Kanama ni bwo iyo mirwano yabaye. Amakuru avuga ko mu bapfuye harimo Wazalendo batatu, mu gihe abandi […]

Saudi Arabia, Türkiye na Pakistan bishyize hamwe: Iran yaba yugarijwe?

Saudi Arabia, Turukiya na Pakistan bishyize hamwe mu masezerano y’ubwirinzi. Iran ntiyatinye, ahubwo yavuze ko ishobora kuba intambwe igana ku mutekano w’akarere. Ariko inyuma y’aya magambo hari impinduka zikomeye mu mbaraga za geopolitiki. Ku wa 7 Kanama 2026, i Mecca muri Saudi Arabia, hashyizwe umukono ku masezerano y’ubwirinzi ahuza Saudi Arabia, Turukiya na Pakistan. Reuters […]

‎Geneve: U Rwanda na DRC bemeye gukomeza gukurikirana ishyirwamubikorwa ry’agahenge

‎U Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo bemeranyije gukomeza gukurikirana no kugenzura ishyirwamubikorwa ry’ihagarikwa ry’imirwano mu burasirazuba bwa Congo mu nama y’iminsi ibiri yabahurije mu Busuwisi. Ku itariki ya 12 ni iya 13 Kanama 2026, nibwo abahagarariye Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) n’u Rwanda, hamwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Qatar, Togo […]

Icyo Tanzania ivuga ku cyemezo cya Rwanda FDA cyo guhagarika ibinyobwa biyikorerwamo

Ikigo cya Tanzania gishinzwe ubuziranenge (TBS), cyatangaje ko kigiye gusuzuma ikibazo cy’ubuziranenge cyatumye u Rwanda ruhagarika gutumiza inzoga zikorerwa muri kiriya gihugu, kinizeza ko kigomba kugirana ibiganiro n’abantu batandukanye mu rwego rwo gushaka umuti. Ku wa 5 Kanama 2026, ni bwo u Rwanda biciye mu kigo FDA gishinzwe ubuziranenge, ibiribwa n’imiti, rwahagaritse by’agateganyo itumizwa, ikwirakwizwa […]

RDC yongeye guhabwa ijambo muri SADC nyuma yo kwishyura ibirarane by’imisanzu

‎Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) yongeye kugira uburenganzira bwayo bwose bwo gufata iijambo mu nama z’Umuryango w’Iterambere ry’Amajyepfo ya Afurika (SADC). Iki cyemezo cyafashwe mu nama y’Inama y’Abaminisitiri y’uyu muryango yabaye kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 12 Kanama, i Durban, muri Afurika y’Epfo, mbere y’Inama Isanzwe ya 46 y’Abakuru b’Ibihugu na za […]

ICG yasabye RDC gusenya FDLR

Itsinda Mpuzamahanga rishinzwe gukurikirana ibibazo byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (ICG), rigizwe n’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bubiligi, u Bufaransa, u Budage, u Bwongereza n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ryasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kwambura intwaro, gusubiza mu buzima busanzwe no […]

Brig. Gen Rwivanga yaganiriye na Museveni 

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yiyemeje gukorana n’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) mu rwego rwo gukomeza ubushobozi bw’ingabo z’uyu muryango zihora ziteguye gutabara aho rukomeye. Museveni yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kanama 2026, nyuma yo kwakirira Brig. Gen. Rwivanga uyobora uriya mutwe w’ingabo mu biro bye biherereye i […]

Sudani: Inyeshamba za RSF zafashe Umujyi wa Geissan ku mupaka na Ethiopia

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Kanama 2026, Inyeshyamba za RSF zemeje ko zafashe Umujyi wa Geissan uherereye ku mupaka na Ethiopia itarebana neza na Sudani muri iki gihe. Igitero cya RSF cyabanjirijwe n’ibitero bya drone n’amabombe y’intwaro ziremereye ku wa Kabiri. Ingabo za RSF ngo zaturutse mu cyerekezo cya Ethiopia. Ingabo za Sudani zimaze […]

RIB yatanze umucyo ku ifungwa rya Shema Fabrice, urujijo rwa APR FC ruvaho

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatanze ibisobanuro ku itabwa muri yombi rya Shema Fabrice uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ruvuga ko ibyaha akurikiranweho ntaho bihuriye n’akazi ke ko kuyobora iri shyirahamwe. Shema Fabrice yatawe muri yombi ku wa 11 Kanama 2026. Nyuma yaho amakuru y’ifungwa rye akwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru, bamwe […]

Yahaye ba Afande ruswa ya Frw 7,800 ngo bamwemerere kwinjira mu gisirikare, atabwa muri yombi

Umusore w’imyaka 20 wo mu Karere ka Masindi muri Uganda, yatawe muri yombi akekwaho kugerageza guha ba Ofisiye bane bo mu ngabo z’icyo gihugu ruswa y’amashiringi 20,000 (Frw 7,800) kugira ngo bamwemerere kwinjira mu gisirikare. Uyu musore witwa Emmanuel Kyakabaale Tayebwa, yafatiwe ku cyicaro cy’Akarere ka Masindi, aho yari yagiye kwitabira igikorwa cyo gushaka abasirikare […]

Nairobi: Ambasade ya Sudani y’Epfo yafunze imiryango kubera ibirarane by’ubukode

Ambasade ya Sudani y’Epfo i Nairobi yafunzwe nyuma y’uko, nk’uko bivugwa, leta yaba yarananiwe kwishyura ibirarane by’ubukode bw’amezi ane, bigahagarika serivisi za ambasade ku Banyasudani y’Epfo batuye muri Kenya. Ambasade, iherereye mu gace ka Kilimani muri Nairobi, yafunzwe ku wa Kabiri, itariki ya 11 Kanama, nk’uko byatangajwe n’umukozi wa ambasade waganiriye na Radio Tamazuj. Urubuga […]

Bangui: Ambasaderi w’u Bufaransa arashinjwa ibikorwa by’ubushurashuzi

U Bufaransa bwatangiye gukurikirana umudiplomate wabwo mukuru muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) kubera imyitwarire mibi, nyuma y’ibirego by’uko yajyanye abagore benshi mu rugo rwe rw’akazi akaryamana na bamwe muri bo. Ibirego kuri Ambasaderi Bruno Foucher, bivuga ku bintu bivugwa ko byabaye hagati ya Mutarama 2024 na Werurwe uyu mwaka, byatumye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa […]

I La Haye hagiye gutangwa ikirego ku bwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu Burundi

Mu mujyi wa La Haye wo mu Buholandi hagiye gutangwa ikirego gisaba ubutabera ku bwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu nkambi ya Gatumba mu Burundi, nyuma y’imyaka 22 harabuze ubutabera ku bantu 152 bishwe. Kuri uyu wa 13 Kanama 2026, ni bwo Abanyamulenge n’inshuti zabo hirya no hino ku isi bibuka buriya bwicanyi. Mu ijoro ryo ku […]

Umuyobozi wa Rwanda FDA yafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwataye muri yombi abantu 17 barimo Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), Prof. Emile Bienvenu. Uyu muyobozi yafatanwe n’abandi bayobozi bo muri iki kigo yari abereye umuyobozi ndetse n’abandi bo mu Kigo gishinzwe Ubuziranenge (RSB) no mu nzego z’ibanze. Aba bakurikiranweho ibyaha bifitanye […]

Gatumba: Ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge bumaze imyaka 20: Ni bande babugizemo uruhare, kuki ubutabera butaraboneka?

Mu ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2004, isi yamenye inkuru y’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu nkambi y’impunzi ya Gatumba, mu burengerazuba bw’u Burundi, hafi y’umupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Mu masaha make gusa, inkambi yari icumbikiye impunzi z’Abanyamulenge yahindutse ahantu h’urupfu n’agahinda. Abantu bagera kuri 160 barishwe, abandi barenga 100 barakomereka. Abenshi […]

Perezida Kagame yakurikiye umukino wahuje PSG na Aston Villa

Kuri uyu mugoroba wo kuwa Gatatu i Salzburg, muri Austria, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa UEFA Super Cup wa 2026, uhuza amakipe abiri afitanye ubufatanye na gahunda ya “Visit Rwanda”. Ayo makipe ni Paris Saint-Germain (ikipe ifite igikombe cya UEFA Champions League) na Aston Villa (ikipe yatwaye igikombe cya UEFA Europa League), ikaba n’umufatanyabikorwa mushya […]

Kalehe: Ihuriro rya FARDC ryagabye ibitero bitandukanye mu bice bituwe cyane

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Kanama 2026, guhera saa kumi n’ebyiri n’iminota mirongo ine n’itanu z’umugoroba (18:45), ingabo zishyize hamwe zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero bikomeye zikoresheje imbunda zirasa kure (artillerie) ku duce dutandukanye two muri Teritwari ya Kalehe dutuwe cyane, harimo Rumbishi, Chambombo, Cyamatare na Gasovu. Nk’uko itangazo ryasohowe na AFC/M23 […]

Amashyaka CNDD-FDD na ANC yiyemeje kurushaho kubaka umubano

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 11 Kanama 2026, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, yahuye na mugenzi we w’ishyaka African National Congress (ANC), Fikile Mbalula, muri Afurika y’Epfo mu ruzinduko rugamije gushimangira ubucuti. Nk’uko byatangajwe n’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, uru ruzinduko rwari rugamije kongera gushimangira umubano w’amateka w’ubuvandimwe, ubufatanye n’imikoranire ihuza […]

Erik Prince, Tshisekedi n’u Burundi mu nama y’ibanga i Kinshasa

Umushoramari w’Umunyamerika akanaba umuyobozi wa sosiyete y’abacanshuro ya Blackwater, Erik Prince, yagaragaye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yaba yitabiriye inama yigaga ku mutekano n’imirwano ikomeje mu burasirazuba bw’igihugu. Amakuru yatangajwe n’umunyamakuru Pero Luwero ukunze gutangaza amakuru y’imbere mu nzego zo hejuru za politiki n’umutekano muri Kinshasa, avuga ko iyo nama yabereye […]

Zimbabwe: Abantu 44 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato

Polisi ya Zimbabwe ivuga ko abantu nibura 44 bapfuye nyuma yuko ku wa kabiri ubwato burohamye mu Kiyaga cya Kariba cyo muri icyo gihugu. Ubwo bwato bwari bufite ubushobozi bwo gutwara abagenzi 90 hamwe n’ababutwaye batanu ariko umutegetsi wo kuri icyo kiyaga yatangaje ko abantu 120, barimo abana 12, ari bo bari bari muri ubwo […]

FAMA iri kwagura ubushobozi hifashishijwe drones na robots: Colonel-Major Sanogo

Colonel-Major Yacouba Sanogo wo mu Ngabo za Mali (FAMA), yagaragaje ko igihugu cye kiri kwagura ubushobozi bw’ingabo zacyo hifashishijwe ikoranabuhanga, cyane cyane drones n’utwuma twikoresha dukorera ku butaka (robots). Uyu musirikare yabitangarije i Kigali, ahari kubera Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (International Security Conference on Africa – ISCA), iganirwamo ibibazo by’umutekano n’ikoranabuhanga rishya rishobora […]

RDC: Wazalendo irigamba gufata imirenge myinshi muri Kalehe

Inyeshyamba za Wazalendo zirigamba kwigarurira Chambombo na Kazinga nyuma y’imirwano ikaze yabereye i Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Imirwano ikaze bivugwa ko yahuje inyeshyamba za Wazalendo n’abarwanyi ba AFC/M23 ku wa Kabiri, itariki ya 11 Kanama 2026, mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Kalehe. Amakuru aturuka mu baturage bo muri ako gace agera kuri […]

Umushakashatsi yibajije ikiri inyuma y’ ibibera mu Byangabo

Umushakashatsi n’umusesenguzi w’ibya politiki, imiyoborere n’iterambere, ukomoka muri Uganda, Frederick Golooba-Mutebi, yibajije igituma ku buryo ako gace ko mu Karere ka Musanze gahoramo urujya n’uruza rwinshi n’urusaku rw’abantu n’ibikorwa bitandukanye. Abinyujije kuri X, Mutebi ati ” Hari ikintu kidasanzwe kandi gishimishije ku mujyi wa Byangabo wo mu Karere ka Musanze. Haba harimo urujya n’uruza rwinshi […]

Tshisekedi i Dar es Salaam gushaka uko yakwiyegereza Kabila, n’umusada wo kurinda Kalemie

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ashobora kwerekeza i Dar es Salaam muri Tanzania, nyuma y’uruzinduko aheruka kugirira i Brazzaville muri Repubulika ya Congo. Amakuru avuga ko urwo ruzinduko rushobora kuba rugamije ibintu bibiri by’ingenzi, birimo “gushaka inzira nshya yo kwegera uwahoze ari Perezida wa RDC, Joseph Kabila, ndetse no gusaba ubufasha […]

Nigeria: Abapolisi 10 biciwe mu mirwano yabahuje n’ibisambo

Muri Nigeria, abapolisi icumi, abasivili babiri, n’abakekwaho kuba abajura 17 bishwe mu gitondo cyo kuwa Kabiri, itariki ya 11 Kanama, mu mirwano yahuje inzego z’umutekano n’itsinda rinini ry’abagizi ba nabi ku mupaka uhuza leta za Zamfara na Kebbi. Abapolisi n’ingabo zari zaroherejwe mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria iminsi mike mbere yaho mu rwego rwo gukumira […]

Gen. Nzabampema wa FNL waciye igikuba mu Burundi ni muntu ki?

Umutwe w’abarwanyi b’Abarundi ukorera mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo wongeye kugaragara mu mpinduka z’imbaraga z’imitwe yitwaje intwaro, mu gihe RED-Tabara ikomeje kuvuga ko intego yayo ari uguhindura ubutegetsi bw’i Gitega. Mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje guhindura imiterere y’imbaraga za gisirikare mu karere k’Ibiyaga Bigari, izina rya General […]

Kenya yanyuranyije na Rwanda FDA ku ihagarikwa ry’ibinyobwa birimo Gilbey’s

Ikigo gishinzwe Ubuziranenge muri Kenya (KEBS) cyanyuranyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) ku ihagarikwa by’agateganyo ry’inzoga zengerwa muri Kenya, zigacuruzwa ku isoko ry’ u Rwanda zirimo iyari ikunzwe n’abatari bake yitwa Gilbey’s. Mu itangazo KEBS yashyize hanze kuwa 11 Kanama 2026, rijyanye n’iri hagarikwa ryakozwe na Rwanda FDA, iki kigo kivuga ko […]

RDC: Ni iki kirusha ikindi imbaraga hagati y’intambara n’ibiganiro nyuma yo kohereza ingabo nshya 10,000 mu burasirazuba?

Mu gihe inzira za dipolomasi zo kurangiza amakimbirane mu burasirazuba bwa Congo zigenda zigabanuka, guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi yimuriye ingabo zirenga 10.000 mu burasirazuba bwa Congo, zikaba ari zimwe mu ngabo nyinshi Kinshasa iherutse kohereza icyarimwe. Iki gikorwa gishobora kongera umwuka mubi, kigahungabanya ibiganiro bisanzwe n’umutwe wa AFC/M23, kandi birongera ubwoba bw’uko ahazaza h’akarere […]

Gako: Abasirikare 146 basoje imyitozo yagenewe military police

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK MUBARAKH, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa ku basirikare 146, barimo Ofisiye n’abandi basirikare, basoje amahugurwa y’Urwego rushinzwe imyitwarire no kurinda abayobozi (Military Police). Ni imyitozo ya gisirikare yamaze ibyumweru 7, yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako, […]

Shema Ngoga Fabrice wa FERWAFA arafunzwe

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yamaze gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko uyu mugabo akurikiranweho icyaha cyo “gutanga sheki itazigamiye”. Yunzemo ko Shema afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe iperereza rigikomeje. RIB ntiyasobanuye uko icyaha […]

Abashinzwe ibya gisirikare muri za ambasade bahawe ishusho rusange y’umutekano mu karere

Kuri uyu wa Kabiri, Minisiteri y’Ingabo n’Ingabo z’u Rwanda, bagiranye ibiganiro ku mutekano n’abahagarariye ibihugu bitandukanye mu bya gisirikare (Defence Attachés – DAs) bemerewe gukorera mu Rwanda, ibagezaho ishusho rusange y’umutekano mu karere no ku rwego mpuzamahanga, ndetse n’ibikorwa RDF ikomeje gukora byo kubungabunga amahoro. Ibi biganiro byahuje ba DAs n’intumwa zihagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga […]

M. Iréné yasezeranye imbere y’amategeko

Umunyamakuru w’imyidagaduro Murindahabi Iréné, uzwi cyane nka M. Iréné, yasezeranye imbere y’amategeko na Nikuze Liliane, mu muhango wabereye mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana. Uyu muhango wabaye ku wa 11 Kanama 2026, ukitabirwa n’abantu batandukanye, barimo ibyamamare mu muziki n’imyidagaduro nyarwanda. Mu bari baherekeje M. Iréné na Liliane harimo abahanzi nka Bruce Melodie, […]

Ni iki kihishe inyuma y’ingendo rwihishwa za Gen. Prime Niyongabo i Kinshasa?

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo, yakoze urugendo rw’ibanga i Kinshasa muri iki cyumweru gishize mu gihe indege za gisirikare za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) zikomeje gutunda ibikoresho bya gisirikare zibijyana i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu n’icyambu gikuru cy’u Burundi, ibyerekana imyiteguro ikomeje yo kongera kugaba ibitero ku barwanyi ba AFC/M23 […]

Bashar Assad wahoze ari perezida wa Syria yakatiwe igihano cy’urupfu

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Kanama 2026, Urukiko rwo muri Syria rwakatiye igihano cy’urupfu uwahoze ari Perezida wa Syria, Bashar Assad, adahari. Assad yakuwe ku butegetsi mu Kuboza 2024 ubwo ingabo zirwanya ubutegetsi zinjiraga i Damascus, bigahagarika ubutegetsi bw’umuryango we bwari bumaze imyaka irenga mirongo itanu. We n’umuryango we bahungiye mu Burusiya, aho yahawe […]

Abarimo FARDC, FDLR na FDNB bagabye ‘ibitero karahabutaka’ muri Kalehe

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, washinje ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero bikomeye mu duce dutandukanye twa Teritwari ya Kalehe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 yavuze ko ibyo bitero byatangijwe ahagana saa 05:00 za mu gitondo, bigabwa hifashishijwe […]

U Burusiya buri gukoresha misile za Koreya ya Ruguru mu kugaba ibitero kuri Ukraine – Zelensky

Ukraine n’u Burusiya byakomeje kurasana mu ijoro ryakeye, aho Perezida Volodymyr Zelensky yashinje Moscou gukoresha ibisasu bya Koreya ya Ruguru. Perezida wa Ukraine yavuze ko ibitero byabereye i Zaporozhye, byahitanye nibura batandatu bikanakomeretsa nibura 19, byakoreshejwemo ibisasu bya missiles ballistic byaturutse ku mufatanyabikorwa w’u Burusiya, Korea ya Ruguru. I Voronezh, mu majyepfo y’u Burusiya, ububiko […]

Gen. Katumba yasezeye muri UPDF yari amazemo imyaka 47, avuga imyato Museveni

Gen. Edward Katumba Wamala uri mu basirikare bakomeye Uganda yagize, yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 47 yari amaze mu gisirikare. Gen. Katumba abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yatangaje ko ku wa 31 Nyakanga 2026 yari amaze imyaka 47 akorera Uganda nk’umusirikare. Yavuze ko gutanga ubuhamya ku rugendo rwe rw’imyaka 47 mu gisirikare bidashobora […]

Icyogajuru cy’u Bushinwa cyaturitse nyuma y’amasegonda 85 cyoherejwe mu isanzure

Icyogajuru cy’u Bushinwa cyari kijyanye satellite mu kirere yaturitse nyuma y’amasegonda make gihagurutse kuri uyu wa Mbere, ibi bikaba bigaragaza igihombo gikomeye muri gahunda ya Beijing yo kuba mu bihugu by’ibihangange mu bijyanye n’isanzure. Icyogajuru cya Long March 7A cyaturitse mu buryo buhambaye nyuma y’amasegonda 85 gusa gihagurutse kuri site ya Wenchang ku kirwa cya […]

Trump yavanywe muri Türkiye rwihishwa kubera gutinya Iran

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavanywe muri Türkiye mu buryo bw’ibanga, nyuma y’uko inzego z’umutekano za Amerika zibonye amakuru y’uko Iran yashoboraga kumwivugana. Trump yari yagiye i Ankara muri Türkiye muri Nyakanga 2026, mu nama ya NATO. Urwo rugendo rwari rudasanzwe kuko ari rwo rwa mbere yakoreshejemo indege nshya ya Boeing […]

Kinshasa na AFC/M23 mu ntambara y’uburezi, nyuma y’abayobozi bashya b’amashuri y’i Goma na Bukavu bashyizweho

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yateye utwatsi abayobozi bashya b’ibigo by’amashuri makuru na za kaminuza biri mu mijyi ya Goma na Bukavu bashyizweho n’ubuyobozi bwa AFC/M23, ivuga ko ibyo byemezo nta gaciro bifite mu mategeko. Minisiteri y’Amashuri Makuru, Kaminuza, Ubushakashatsi n’Ubuhanga ya RDC (ESU-RSI), ku wa Mbere tariki ya 10 Kanama 2026 yatangaje […]

Abasirikare bashya 566 batojwe na RDF binjiye muri FACA

Abasirikare bashya 566 binjiye ku mugaragaro mu Ngabo za Repubulika ya Centrafrique (FACA), nyuma yo kurangiza neza amahugurwa y’ibanze ya gisirikare yari amaze amezi atandatu. Hari kandi abandi 104, barimo ba Suzofisiye bakuru, barangije amezi ane y’amahugurwa ajyanye n’akazi kabo. Ni mahugurwa yose yatanzwe n’abarimu b’Ingabo z’u Rwanda (RDF), ku bufatanye na FACA. Umuhango wo […]

U Rwanda rugeze kure ibiganiro byo kwakira Formula 1 mu 2028

U Rwanda rwongeye kugarukwaho nk’umwe mu bahatanira kwakira isiganwa rya Formula 1 ku mugabane wa Afurika, nyuma y’uko ubuyobozi bw’iri rushanwa butangaje ko ibiganiro n’ibihugu birimo u Rwanda biri gutera imbere. U Rwanda ruri mu bihugu bine biri mu biganiro bikomeye byo kongera isiganwa rya Formula 1 ku mugabane wa Afurika, aho rushobora kuzaba mu […]

Amerika yakuyeho Viza zirenga 175,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko imaze gukuraho viza zirenga 175,000 z’abanyamahanga, nyuma yo gusanga bararenze ku mategeko agenga viza, bakoze ibyaha cyangwa bagaragaje imyitwarire ishobora gushyira mu kaga umutekano w’Abanyamerika. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yavuze ko viza nyinshi zavanyweho nyuma y’uko abo banyamahanga bagize ibibazo n’inzego z’umutekano, aho ibyaha byiganjemo gukubita no […]

Mu mboni zanjye: Ibimenyetso biragenda byiyongera, ese akarere kari mu marembo ya ‘revolution’, ‘coup d’état’ cyangwa intambara yaguye?

Mu minsi ishize, amagambo akomeye akomeje kuvugwa hagati y’u Burundi na Canada, nyuma y’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi ashinje Canada kugira uruhare mu guhungabanya umutekano w’igihugu cye. Ibi byabaye mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane muri Sud-Kivu, ikomeje guhindura imiterere y’umutekano n’ububanyi n’amahanga mu karere. Mu […]

Brig. Gen Rwivanga yasabye Afurika kureka kwishingikiriza ak’imuhana

Brigadier General Ronald Rwivanga, uyobora Ubunyamabanga bw’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Zihora Ziteguye Gutabara aho Rukomeye, yasabye ibihugu bya Afurika kongera ubushobozi bwo kwishakira ibisubizo by’ibibazo by’umutekano, aho gukomeza kwishingikiriza inkunga ituruka hanze y’umugabane. Rwivanga yabigarutseho i Kampala muri Uganda, aho abayobozi bo mu nzego za gisirikare n’iza gisivili baturutse mu bihugu bigize EASF bateraniye […]

Burundi: UPRONA yatanze umukandida uzahangana na Ndayishimiye mu matora

Ishyaka UPRONA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, ryatanze Abel Gashatsi nk’umukandida uzarihagararira mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe mu 2027. Gashatsi yemejwe n’abagize Kongere y’Igihugu ya UPRONA yabereye i Bujumbura ku wa 8 Kanama 2026. Ni umwe mu banyapolitiki bamaze igihe muri uyu mutwe wa politiki, ndetse akaba yarabaye Visi Perezida wa Kabiri w’Inteko […]

Hasojwe Itorero Indangamirwa16 ryari rimaze ukwezi kurenga

Uyu munsi ku itariki 10 Kanama, hasojwe Itorero Itorero Indangamirwa icyiciro cya 16 rimaze iminsi 40 ribera muri CTC-Gabiro mu Karere ka Gasabo, kuva ku itariki 1 Nyakanga 2026. Urubyiruko rwaryitabiriye rwahawe inyigisho zitandukanye zigamije kububakamo indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda no kurangwa n’umuco w’Ubutore; kuba Intagamburuzwa mu bibazo bahura na byo mu buzima; kuba […]

Igitero cya Ukraine mu Burusiya cyahitanye abantu 13

Abantu nibura 13 bapfuye mu gitero cya drones za Ukraine cyagabwe kuri Repubulika ya Tatarstan mu Burusiya, nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Mu bapfuye harimo umwana umwe, mu gihe abandi bantu 75 bakomeretse, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’u Burusiya; iki kikaba ari kimwe mu bitero bikomeye kandi byahitanye abantu benshi byagabwe ku Burusiya kuva intambara hagati y’u Burusiya […]

Nta baruwa ya APR twakiriye-FERWAFA

Umunyambanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe yatangaje ko kugeza ubu nta rwandiko ruvuye mu Ikipe ya APR FC bakiriye, ruvuga ko batazakina imikino ibiri mu guhatanira igikombe cya Super Cup. Mugabe mu kiganiro yagiranye na Radiotv10 kuri uyu wa 10 Kanama 2026, yavuze ko nta baruwa ya APR FC bari bakira […]

RDC mu biganiro n’igihugu izoherezamo abarwanyi ba FDLR batinya gutaha mu Rwanda 

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abayobozi ba politiki n’abagisirikare b’umutwe wa FDLR bemeye gahunda yo kwamburwa intwaro, gusenywa no gusubiza abarwanyi mu buzima busanzwe, mu gihe inari mu biganiro n’igihugu kizoherezwamo abatazemera koherezwa mu Rwanda. Minisitiri w’Ukwihuza kw’akarere wa RDC, Floribert Anzuluni, yabivugiye mu kiganiro yagiranye na RFI, nyuma y’amasezerano Kinshasa […]