Abasaba ubuhungiro ba mbere bazoherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza bazaturuka mu itsinda ry’abantu 5.700 Kigali yemeye kwakira nk’uko bigaragara mu nyandiko ya Guverinoma y’u Bwongereza yasohotse ku wa Mbere Reuters yabashije kubonaho.
Muri gahunda yateye kutavuga rumwe muri politiki y’u Bwongereza, umuntu wese wahageze mu buryo bunyuranyije n’amategeko nyuma y’itariki ya 1 Mutarama 2022 yemerewe koherezwa mu Rwanda. Abantu barenga 50.000 bamaze kuhagera kuva kuri iyo tariki, nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara ibigaragaza.
Mu cyumweru gishize, u Bwongereza bwatoye itegeko rigamije gutesha agaciro icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rwemeje ko iyi gahunda itemewe rutangaza ko u Rwanda rugomba gufatwa kwemezwa ko rutekanye n’abacamanza n’abayobozi. Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yavuze ko ategereje ko indege ya mbere izahaguruka mu byumweru 10 kugeza 12 biri imbere.
Mu nyandiko isuzuma ingaruka z’ubufatanye mu by’abinjira n’abasohoka n’iterambere ry’ubukungu n’u Rwanda, bwemeranijwe hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda, minisiteri ishinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu yavuze ko guverinoma yagumanye itsinda ry’abantu babwiwe ko ubusabe bwabo bw’ubuhungiro butemewe, kandi bashobora gukurwa mu bazoherezwa mu Rwanda igihe itegeko rishyashya rizatangira gukurikizwa.
Iyo nyandiko igira iti: "Mu bantu 5.700 u Rwanda rwemeye kwakira, 2,143 bakomeje kwitaba ku biro bya minisiteri ishinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu kandi bashobora gufungwa."
Guverinoma y’u Bwongereza ivuga ko muri rusange nta mibare nyayo y’abashobora koherezwa mu masezerano y’imyaka itanu, kandi Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko ku wa Gatanu ushize ko yiteguye kwakira abimukira bose u Bwongereza bwarwoherereza.
Sunak yizera ko gahunda ye izahagarika abantu mu gukora ingendo ziteye akaga bambuka Umuyoboro uva mu Bufaransa mu gusenya imikorere y’abantu bambutsa aba bantu magendu, ariko abanenga gahunda bavuga ko nta bu muntu burimo, kandi izindi mbogamizi z’urukiko ngo zishoboka.
Mu cyumweru gishize, abimukira batanu barimo n’umwana, bapfuye bagerageza kwambuka, mu gihe abarenga 7,000 bakoze urugendo kugeza ubu muri uyu mwaka, ku nshuro ya mbere iyo mibare yagezeho mu mpera za Mata.
Guverinoma ya Irlande yavuze ko ubwoba bwo koherezwa mu Rwanda bwateye abimukira kwerekeza muri Irlande bava mu Bwongereza.
Tanga igitekerezo