Dore Impamvu 8 Zishobora Gutuma Umugore wawe Atanyara mu gihe cy'Imibonano

Ibyishimo bibonerwa mu mibonano ku bagore hirya no hino kw’isi ntibyakunze kwitabwaho kugeza mu 1950 aho abashakashatsi batangiye kubitekerezaho ari benshi. Ndetse wagiye usanga mu mico imwe n’imwe na n’ubu bagica abagore umwe mu myanya ndangagitsina yabo ibafasha kwishima ku buryo bwihuse mu gihe cyo gutera urubariro ngo batazavaho baca inyuma abagabo babo. Mu Rwanda […]

Chorale Ababwirizabutumwa igiye gushyira ku mugaragaro Album DVD ya 3

Chorale Ababwirizabutumwa ikorera mu itorero ry’Abadivantisite b’umunsi wa 7 ku Muhima igiye kumurika Album yayo DVD ya 3 ndetse kuri uwo munsi izanamurika Album Audio 3 zikaba Album 6 z’amajwi. Ababwirizabutumwa imaze imyaka igera kuri 31 kuko yavutse mu mwaka 1985 Ikorera mu itorero rya Adventiste b’umunsi wa karindwi rya Muhima iyi Chorale ikaba imaze […]

Nina Mirembe yagaragaye yambaye ikariso igaragaza imiterere y’igitsina cye- AMAFOTO

Umunyamideri Nina Mirembe ukomoka muri Uganda aherutse kugaragaza amafoto yambaye ikariso igaragaza uko igitsina cye kingana ari nako ayanyanyagiza ku mbuga nkoranyambaga. Ibyo yabikoze abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram aho yohereje uruhurirane rw’amafoto ku nshuti ze ndetse no kubitangazamakuru bitandukanye, haba ayo yifotoje vuba ndetse n’ayo mu minsi yashize, gusa ntibyavuzweho rumwe n’ababonye uburyo […]

Umuryango wa Maner na Chanira bari mu bihe byiza by'urukundo aho bitegura kwakira umwana w'umuhungu

Maniraguha Eric bakunze kwita MANERI kuri 02/08/2015 kuri ADEPR Kicukiro Shell I sacyenda nibwo yambikanye impeta y’urudashira na Uwizera Chantal (CHANIRA) byari ibyishimo bikomeye kuri Maneri ndetse na Chanira nk’uko babidutangariza, kuri ubu rero bakaba bari mubihe byiza aho bategereje umwana w’umuhungu Ikiganiro twagiranye na Maneri Umunyamakuru : Watangira utwibwira Maneri: Nitwa Maniraguha Eric Maneri […]

Abadepite b’Abafaransa barifuza kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Abadepite 43 b’u Bufaransa batangaje ko bifuza kuza kwifatanya n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22. Nkuko Kigalitoday ibitangaza ngo nuko Abo badepite bandikiye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’igihugu cyabo, Jean-Marc Ayrault, ibaruwa imusaba kohereza itsinda ryo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo gutangira […]

Abapolisi 20 bagiye kwererekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika

​Abapolisi b’u Rwanda 20 bazajya mu butumwa bwo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano mu gihugu cya Centrafrika (MINUSCA) tariki ya 21 Gashyantare.. Kuwa kane tariki 18 Gashyantare 2016, nibwo bahawe impanuro zizabafasha kuzuza neza inshingano zabo n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmnauel K. Gasana. Aganira nabo yabagiriye inama nyinshi z’uko bazitwara mu gihe […]

Nyuma yo kubyimba ukuguru kugeza ubwo kungana n’icyana cy’inzovu,yizeye gukira-AMAFOTO

Arun Rajasingh ukomoka mu gihugu cy’ubuhinde yemeza ko afite ikizere cyo gukira , nyuma yaho avukanye imisemburo mike bikamukurizamo kubyimba ukuguru kugeza ubwo gupima ibiro bingana n’icyana cy’inzovu Uyu mugabo w’imyaka 34 y’amavuko ngo yavutse abura imisemburo imwe n’imwe bikurizamo ko ukuguru kwe kubyimba kugera aho gupima ibiro 100 nk’iby’ibyicyana cy’inzovu gipima. Abaganga bo mu […]

U Burundi mu nzira yo kugarura igihano cy'Urupfu

Aba ministre batatu aribo uw’umutekano, uw’ingabo n’uwububanyi n’amahanga bahaswe ibibazo bitandukanye n’inteko ishinga amategeko birebana na za minisitere bayobora, icyo kiganira kikaba cyaranyuraga kuri radio na televiziyo by’Uburundi. Ministre w’Ingabo mu bibazo yasubize harimo nicyo bagomba gukora kugira ngo abasirikare batazongera gushaka kugera ku butegetsi bakoresheje kudeta, ari imbere y’abagize inteko ishinga amategeko yavuze ko […]

Ubwoba ni bwose ku bayoboraga Uturere bibaza aho bazakura imbehe yo kuyobora-Dore urutonde

Nyuma y’aho bamwe mu ba Meya b’Uturere batangarijwe ko bacutse ku ibere kandi ko rigomba guhabwa abandi,ubwoba ni bwose bibaza aho bagomba kwerekeza nyuma yo gukurwa k’umugati. Mu cyumweru gitaha nibwo hazamenyekana abayobozi bashaya bagomba kuyobora uturere ndetse na visi Meya ibi bikaba bikomeje gutuma igitima kidiha kuri bamwe bibabaza aho bazerekeza nyuma yiki cyumweru. […]

Nyuma yo kwirukanwa muri Chelsea Mournho yemeza ko adakeneye ikipe atoza ahubwo arizo zimwiruka inyuma

Uwahoze atoza ikipe ya Chelsea Jose Mournho nyuma akaza kwirukanwa mu mpera z’umwaka wa 2015 nyuma yaho agiye atsindwa by’ahato na hato, bikaba byaranabaye intandaro yo kuza mu myanya y’inyuma mu irushanwa rya Premier League, ubu noneho aremeza ko atirirwa yiruka ashakisha ikipe atoza,ahubwo ngo nizo zirirwa zimwiruka inyuma ngo azibere umutoza. Uyu mugabo w’imyaka […]

CNDD/FDD irihanangiriza aba Perezida Batatu bari kudobya u Burundi

Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi ryemeza ko hari agatsiko k’abantu bakomeza kwigira abere bashaka kwihanaguraho ibyaha by’ijyanye n’ubwicani bushingiye ku bwoko bakoze bagashaka kubigereka ku ishyaka riri ku butegetsi. Umuvugizi wa CNDD/FDD aragaruka kuri bamwe cyane cyane abigeze kuyobora igihugu akaba aribo; Petero Buyoya, Johani Batisita Bagaza na Mikayile Micombero. Abatavuga rumwe na leta […]

Ngirabatware Jean Pierre yafatanwe kashe 38 n’indangamanota 25 z’ibigo by’amashuri atandukanye

​Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rusizi , ku itariki 17 Gashyantare, yafatanye Ngirabatware Jean Pierre kashe 38 n’indangamanota 25 by’ibigo by’amashuri atandukanye na kashe eshatu z’umujyanama w’aka karere mu bijyanye n’amategeko. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’uburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko ziriya kashe n’indangamanota byasanzwe mu nzu ye […]

Intambara y'amagambo,Umuherwe Zari arashinja Wema Sepetu Gutwita baringa

Umuherwe Zari ukomoka muri Uganda ubu akaba abana n’icyamamare Diamond Platinumz nk’umugore n’umugabo akaba yaranamubyariye umwana,mu gihe Wema Sepetu bahoze bari mu rukundo kuri uyu wa gatatu taliki 17 Gashyantare aribwo hatangajwe ko Sepetu yakuyemo inda y’impanga bikaba byatumye Zari amushinja ko ataratwite ahubwo ari Cinema yakinaga. Nyuma yaho Idrissa Sultan wari wateye inda uyu […]

Abaminisitiri 16 hamwe n’uw’ingabo bambuwe imyanya yabo muri guverinoma

Nyuma yuko amajwi y’amatora agaragaje by’agateganyo kuri uyu wa kane ko batsinzwe mu nteko ishinga amategeko, abaminisitiri 17 bamaze kubura imyanya baribasanganywe muri guvernema Guvernema ya Uganda igena umuntu kuba minisitiri ari uko yamaze kwemererwa kujya mu nteko ishinga amategeko . Dr. Crispus Kiyonga wayoboraga Minisiteri y’Ingabo, wanayoboye ibiganiro byo kunga impande zihanganye mu Burundi […]

Fidele Ndayisaba ntakiri umuyobozi w'umujyi wa Kigali,abandi bahindurirwa imyanya

Inama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida Paul Kagame yahaye Fidele Ndayisa indi mirimo,kimwe n’uwari umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri w’intebe nawe wahawe kuba umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe imirimo y’Inama y’abaminisitiri. uwari usanzwe ari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, yamaze guhabwa imirimo mishya yo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y”ubumwe n’Ubwiyunge, aho asimbuye kuri uyu mwanya Dr. […]

Urunturuntu hagati ya Raina Loof na Hormisdas Twagirumukiza

Haravugwa umwuka mubi hagati y’abayobozi b’ibigo by’amashuri 2 biri mu karere ka Muhanga ariyo ahazaza Independent na Ecole Saint Andre. Umuyobozi wa AHAZAZA Indepent School, Raina Loof ngo yaba yaratunguwe n’amagambo yumvanye ababyeyi barerera muri icyo kigo bavuga ko ishuli ryaba rigiye gufunga imiryango , bityo ngo akaba akeka ko byaba byaravuzwe n’umuyobozi wa Ecole […]

Abapolisi bo mu mutwe udasanzwe ushinzwe gutabara aho rukomeye basoje imyitozo

​Abapolisi b’u Rwanda 186 bo mu mutwe wayo udasanzwe ushinzwe gutabara aho rukomeye, ku itariki ya 18 Gashyantare, basoje amahugurwa y’icyumweru,akaba yari agamije kubongerera ubumenyi mu gucunga umutekano w’ahakorerwa ibikorwa bitandukanye. Aya mahugurwa yabereye mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Mayange mu karere ka Bugesera. Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. […]

Itangazo ry'Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro

Ku wa Gatanu, tariki ya 19 Gashyantare 2016, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. Inama y’Abaminisitiri yashimye uburyo amatora y’Inzego z’Ibanze yabaye kuwa 18 Gashyantare 2016 yagenze neza, inashishikariza Abanyarwanda kuzitabira amatora y’Abajyanama Rusange n’Abakandida b’Abagore ateganyijwe ku itariki ya 22 Gashyantare 2016.   Inama y’Abaminisitiri […]