Dr. Magufuli yongeye gutsinda amatora akubise inshuro Tundu Lissu

Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri Tanzania, Semistocles Kaijage kuri uyu wa 30 Ukwakira 2020 yatangaje ko Dr. John Pombe Magufuli ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 28. Nk’uko bigaragara mu mibare y’agateganyo y’ibyavuye mu matora, Dr. Magufuli uhagarariye ishyaka Chama Cha Mapinduzi yagize amajwi 12,516,252, naho Tundu Lissu uhagarariye CHADEMA, akaba ari […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 3

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Ukwakira 2020 yatangaje ko abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 3 mu bipimo 1810 byafashwe. Barimo 1 wabonetse mu mujyi wa Kigali n’abandi babiri babonetse mu Karere ka Rubavu. Abamaze gukira iki cyorezo ni 4878 barimo 27 b’uyu munsi, abakirwaye bo ni 221. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo […]
Kenya: Umuturage yari akubise Visi-Perezida William Ruto, abarinzi baratabara
Visi-Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, kuri uyu wa Gatanu ubwo yari kuri Stade ya Mathioya mu ntara ya Murang’a; yari akubiswe n’umuturage atabarwa n’abarinzi be. Dr Ruto ari mu ntara ya Murang’a n’iya Nyeri, yaganiriye n’abaturage ba Kenya kuri gahunda zitandukanye zo kubateza imbere no kubongerera ubushobozi. Ubwo uyu Visi-Perezida yavaga kuri Stade ya […]
Capt. Uwayezu yaherejwe na Murenzi Abdallah ububasha bwo kuyobora Rayon Sports
Rtd Capt Uwayezu Jean Fidèle uheruka gutorerwa kuyobora umuryango Rayon Sports, yamurikiwe ibyo wari ufite na Murenzi Abdallah wari uyoboye Komite y’inzibacyuho birimo ibikombe bitanu n’umubare w’abakinnyi bashya baguzwe. Ni umuhango wabereye ku cyicaro cya Rayon Sports giherereye ku Kimihurura. Muri iri hererekanyabubasha ryabaye nyuma y’iminsi itandatu hatowe Komite Nyobozi nshya, Murenzi Abdallah yavuze ko […]
Byinshi wamenya ku buzima bwa Me Nkongoli ufatwa nk’impunzi yatahutse mbere y’izindi (VIDEO)
Umunyamategeko Laurent Nkongoli ufatwa nk’Umunyarwanda watahutse mbere mu bahunze mu 1959, avuga ko yaherewe izina ry’Umututsi i Kamembe mu cyahoze ari Cyangungu. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV, yasobanuye byinshi byafatwa nk’udushya twaranze ubuzima bwe, aho yagaruutse ku buryo yabaye Umututsi abigizwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana ubwo yari mu bihaye Imana baba Jezuwite. Me Nkongoli avuga […]
Perezida Kagame ntiyumva impamvu Musanze isigaye iza mu myanya y’inyuma mu mihigo
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko uturere twahoze twitwara neza mu mihigo ari two dusigaye tuba utwa nyuma, yibaza by’umwihariko icyo akarere ka Musanze kabura ku buryo gasigaye kaza mu myanya ya nyuma. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo i Nyagatare mu Burasirazuba bw’u Rwanda habereye umuhango wo kumurika uko imihigo ya 2019/2020 yashyizwe […]
Ese igitsina gisiramuye cyumva uburyohe kimwe n’ikidasiramuye mu mibonano mpuzabitsina?
Mu gihe hari abibwira ko kwisiramuza ari umuti w’ibanze ku barangiza vuba, inzobere ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere zitangaza ko igihe cyo kurangiza kijya gusa n’icy’utarisiramuje. Imbuga nka Healthline na doctissimo.fr nyuma yo kuganira n’inzobere zitandukanye, zatangaje ko abagabo benshi basiramuye bagira ibyumvo bimeze kimwe n’iby’abatarasiramuwe n’ubwo hari abandi bakomeza kuribwa n’inkovu ibihe byose cyangwa se […]
Menya uko ibihugu by’Isi birushanwa agaciro k’ifaranga
Ifaranga ni kimwe mu bipimo fatizo bishingirwaho mu bukungu bw’abantu n’ibihugu muri rusange. Ifaranga ryo ubwaryo nk’urupapuro cyangwa igiceri ntirigira agaciro, ahubwo ibyo rikoreshwa nko kugura ikintu no kurivunjamo andi mafaranga ni byo biryongera cyangwa bikarigabanyiriza agaciro. Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho uko ibihugu 10 bya mbere ku Isi mu kugira ifaranga rifite agaciro ko […]
Senegal: Abatari bake baguye mu mpanuka y’ubwato mbi kurusha izindi mu 2020
Abimukira bagera ku 140 barohamiye mu gihugu cya Senegal, mu mpanuka ya mbere y’ubwayo ihitanye abantu benshi muri 2020 nk’uko byatangaje n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bimukira (IOM). Itangazo IOM yasohoye ku munsi w’ejo, rivuga ko ubwato bwakoze impanuka bwari butwaye abantu babarirwa muri 200. Yunzemo iti: “IOM ibabajwe cyane n’iri sanganya riherutse kuba, nyuma […]
Uwahoze akora muri Wasafi ya Diamond Platnumz yatorewe kuba umudepite

Shaban Hamisi Taletale uzwi nka Babu Tale wahoze ari umukozi w’inzu itunganya umuziki ya Wasafi akanaba umujyanama wihariye wa Diamond Platinumz yatorewe kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Tanzania. Babu Tale yatowe ahagarariye agace ka Morogoro y’Amajyepfo, akaba yari umukandida w’ishyaka Chama Cha Mapinduzi(CCM) muri ako gace. Babu Tale ubwo yiyamamazaga yijeje abaturage ko […]
Nyaruguru imbere, Rusizi inyuma_Uko uturere twakurikiranye mu kwesa imihigo

Mu muhango wo gutangaza uko uturere twitwaye mu kwesa imihigo y’umwaka w’2019/2020 wabereye muri Epic Hotel mu Karere ka Nyagatare, Nyaruguru yaje ku mwanya wa mbere n’amanota 84%, mu gihe Rusizi yaje ku mwanya nyuma n’amanota 50%. Ku rwego rw’Intara, Intara y’Iburasirazuba ni yo yaje ku isonga n’amanota 73.76%, Intara y’Amajyepfo yagize amanota 73.58%, Umujyi […]
Mu mafoto reba “Fabbri Over and Under” imbunda nto irusha izindi agaciro

Mu muco w’abatuye Isi usanga hari ibintu byaremwe cyangwa byakozwe bishobora kugira ingaruka nziza cyangwa mbi bitewe n’ugikoresha. Kimwe muri ibi bintu ni “Imbunda”. Kuva mu mwaka w’1364 ubwo imbunda ya mbere yakorwaga kugeza ubu ntibizwi neza abamaze guhitanwa nayo. N’ubwo imbunda ishobora gukoreshwa yica bamwe, ishobora no gukoreshwa ikiza abandi mu “bwirinzi”. Leta zinyuranye […]
Ifoto y’umunsi! Perezida Kagame yagaragaye agenda mu mvura
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaye agenda mu mvura ubwo yari mu Ishuri Rikuru rya gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera aho yari yagiye kuganiza abanyeshuri bitegura kuba Abofisiye mu ngabo z’u Rwanda bahiga. Perezida Kagame yageze i Gako ari kumwe n’Umujyanama we wihariye mu by’umutekano, Gen James Kabarebe; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, […]
Kera kabaye, abayobozi b’uturere bagiye gusinya imihigo imbere ya Perezida Kagame
Nyuma y’imyaka 2 imihigo yarahagaze ku mpamvu zitamenyekanye, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Ukwakira 2020, abayobozi b’uturere twose n’izindi nzego nkuru z’ubutegetsi bw’igihugu bagiye gusinya imihigo imbere y’Umukuru w’Igihugu. Amakuru dukesha RBA avuga ko imihigo abayobozi b’uturere bagiye gusinya ari iy’umwaka 2020/2021 itarasinyiwe igihe ku bw’impamvu zirimo n’icyorezo cya Covid-19. Ni umuhango biteganyijwe […]
Myugariro ngenderwaho w’Amavubi yanduye Covid-19
Myugariro Nirisarike Salomon uri mu bagenderwaho mu kipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, yanduye icyorezo cya Covid-19 mu gihe yiteguraga kwitabira ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu. Nirisarike ukinira FC Pyunik yo muri Armenia, yari mu bakinnyi 37 umutoza w’Amavubi, Mashami Vincent, yari yitabaje ku mikino ibiri u Rwanda ruzahuramo na Cap-Vert, mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera […]
Museveni na Bobi Wine bahatanira kuyobora Uganda bagiye guhurira mu biganiro mpaka
Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, Depite Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, Gen Mugisha Muntu n’abandi bakandida bahatanira kuyobora Uganda, bazahurira mu biganiro mpaka Mbere y’uko biyamamaza. Ni ibyatangajwe ejo ku wa Kane n’Inama Mpuzamatorero ya Uganda (IRCU) isanzwe itegura ibiganiro mpaka by’abakandida Perezida muri kiriya gihugu, bigatambuka kuri Televiziyo. Umuyobozi ushinzwe itumanaho […]
RDC: Abadepite n’Abasenateri 338 biyemeje kudatenguha Joseph Kabila
Abadepite n’Abasenateri 338 bahagarariye ihuriro mpuzamashyaka ya politiki rya FCC (Front Commun pour le Congo), kuri uyu wa 29 Ukwakira 2020 biyemeje kudatenguha Joseph Kabila wabaye Umukuru w’Igihugu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Babitangaje nyuma y’umwuka mubi umaze iminsi uvugwa hagati ya FCC n’irindi huriro rya CACH ririmo ishyaka ry’Umukuru w’Igihugu, Felix Tshisekedi; ahanini […]
Isabella Dos Santos, umuherwekazi wa mbere muri Afurika yapfushije umugabo

Sindika Dokolo, umugabo w’umuherwekazi wa mbere muri Afurika, Maria Isabella dos Santos yaguye mu mpanuka y’imodoka yabereye i Dubai kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Ukwakira 2020. Ikinyamakuru Cameroun Today cyanditse ko Sindika Dokolo yari yaragiye muri Leta zunze ubumwe z’abarabu mu mpera z’umwaka ushize. Ni nyuma gato yuko yari amaze iminsi mike yitaba […]