Makolo ‘yasetse’ umuryango HRF wababajwe n’amasezerano y’u Rwanda na Bayern Munich

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yasetse umuryango HRF (Human Rights Foundation) uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu wanenze amasezerano y’ubufatanye bw’iki gihugu n’ikipe ya FC Bayern Munich ifite ibigwi bikomeye mu Budage no ku mugabane w’Uburayi. Aya masezerano yatangajwe tariki ya 27 Kanama 2023 akubiyemo ingingo zitandukanye zirimo kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya […]

Ndayishimiye yabwiye RDC ko EAC itazafata iya mbere mu kurwanya inyeshyamba

Perezida Ndayishimiye yibukije ubutegetsi bwa RDC inshingano bufite

Perezida w’u Burundi akaba n’Umuyobozi Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Evariste Ndayishimiye, yamenyesheje ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo ko ari bwo bukwiye gufata iya mbere mu kurwanya imitwe y’inyeshyamba ihungabanya umutekano w’igihugu, akarere kakabuherekeza. Ibi yabitangaje kuri uyu wa 28 Kanama 2023 ubwo yaganirizaga abanyamakuru b’i Kinshasa ku ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga […]

Ubushakashatsi bugaragaza ko kurya ibijumba birinda umuntu gusaza vuba

Mu gihe cyashize wasangaga abantu bita ikiribwa cy’ibijumba amazina atandukanye abipfobya bakanavuga ko bitera inzoka,gusa uko iminsi ishira n’iko bigenda byongererwa agaciro kugeza n’ubwo ubushakashatsi bugaragaje ko ubiriye aba yirinze gusaza imburagihe. Imbuga zitandukanye zirimo na santeplusmag.com, zigaragaza ibyiza by’ibijumba aho usanga byuzuyemo intungamubiri.Ibijumba bikungahaye ku cyitwa ‘bàªta-carotène’, ari na yo ituma biryoherera. Iyo bàªta-carotène […]

Libya: Minisitiri w’intebe arashinjwa gushaka kubyutsa umubano na Israel yirukanye minisitiri abimuziza

Abasesenguzi baravuga ko minisitiri w’intebe wa Libya wemewe ku rwego mpuzamahanga yatangiye kotswa igitutu kubera uruhare yaba yaragize mu kugerageza gusubiza mu buryo umubano na Israel, aho bamwe basabye ko yirukanwa, mu gihe yirukanye minisitiri w’ububanyi n’amahanga amushinja kuvugana na mugenzi we wa Israel atabitumwe. Abdul Hamid Dbeibah, ukuriye Guverinoma y’ubumwe bw’igihugu ifite icyicaro i […]

Amasasu yaramutse acicikana hagati ya M23 na Nyatura

Inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zaramukiye mu mirwano ikomeye na Nyatura Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yise ‘Wazalendo’. Amakuru aturuka muri Congo avuga ko imirwano y’impande zombi yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Kanama. Yabereye mu midugudu itandukanye yo muri Chefferie ya Bwito, Groupement ya Tongo ho […]

Nyamagabe: Barindwi bafunzwe bakekwaho kwimana amakuru ku mibiri yabonetse mu mwobo

Abagabo barindwi bo mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe bafunzwe bakekwaho kwimana amakuru ku mibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse mu mwobo uri munsi y’inzu. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu murenge, Ndagijimana Valens yasobanuriye Kigali Today ko hashingiwe ku makuru yatanzwe n’abaturanyi ba nyir’iyi nzu witwa Mbonyumukiza Félicien tariki ya 26 Kanama 2023, baragiye basanga […]

Eminem yiyamye umu Republican urimo kumwigana ngo ahigike Trump

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Hip Hop (Rap), Eminem yasabye umugabo witwa Vivek ushaka kuziyamamariza kuba perezida wa Amerika kureka gukoresha indirimbo ze amwigana ngo yunguke amajwi. Uyu Eminem yanditse ibaruwa nyuma y’icyumweru kirenga uyu rwiyemezamirimo wa biotech akoresheje indirimbo ‘Lose yourself’ mu kwiyamamaza muri IOWA. Amushinja gukoresha ibihangano bye mu guhangana na bagenzi be […]

Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Ni kenshi amatangazo ava mu biro bya Minisitiri w’Intebe avuga ko umuyobozi yahagaritswe, yakuwe mu kazi, impamvu zibitera ntizigaragazwe cyangwa se bigasobanurwa ko yazize imyitwarire idahwitse, kutuzuza inshingano ndetse n’amakosa aremereye, bya bindi bidatanga igisubizo gitomoye ku babyibazaho. Ha mbere aha humvikanaga umuyobozi w’akarere runaka, umwungirije cyangwa se undi mukozi yandika ibaruwa y’ubwegure, agasobanura ko […]

Harmonize aravugwaho kuba kidobya mu rukundo rwa Mobetto n’umukire bacuditse

Umuhanzi Harmonize n’umunyamideli Hamisa Mobetto barimo kuvugwa mu rukundo, nyuma y’uko uyu muhanzi atangiye kwerekana ubucuti bwabo ku mbuga nkoranyambaga. Abafana bahangayitse, kuko Mobetto ari mu rukundo bukomeye n’umucuruzi Kevin Sowax. Mobetto yahakanye ko nta bucuti afitanye na Harmonize, avuga ko ari “inshuti ye magara iteka” (BFF). Yatangarije abanyamakuru ku kibuga cy’indege ubwo yari amaze […]

Uwabaye Ambasaderi wa Tanzania mu Rwanda yagizwe umuyobozi w’urwego rw’ubutasi

aaa-3.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 28 Kanama 2023, Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yagize Ali Idi Siwa umuyobozi mushya w’ubutasi mu buryo butunguranye, asimbuye Saidi Hussein Massoro wari umaze kuri uyu mwanya igihe kitarenze amezi umunani. Mu itangazo ry’ibika bibiri, Ishami ry’itumanaho rya Perezidansi nta mpamvu ryatanze ry’impinduka zitunguranye kuko Siwa, wahoze ari […]

Raia wa Uganda anakabiliwa na hukumu ya kifo baada ya kushtakiwa kwa ushoga

Mwanamume mwenye umri wa miaka 20 kutoka Uganda anaweza kukabiliwa na hukumu ya kifo baada ya kushtakiwa kwa ulawiti uliokithiri, ambao ni kosa la kifo chini ya sheria tata ambayo ilipitishwa mwezi Mei. Ni mara ya kwanza kwa shtaka kama hilo kuripotiwa, ingawa haijulikani wazi ikiwa kumekuwa na mashtaka yoyote hapo awali. Mahakama moja mashariki […]

Le gouverneur de la province de l’Ouest et le chef de l’autorité foncière licenciés

Le président Paul Kagame a limogé Franà§ois Habitegeko du poste de gouverneur de la province de l’Ouest et Espérance Mukamana qui était directrice générale de l’Autorité foncière nationale. Le licenciement du duo a été annoncé dans un communiqué publié le 28 aoà»t au soir par la présidence du gouvernement, qui citait l’article 9 de la […]

Umugore Sintex aherutse kurongora yari yarashatse umugabo muri 2003

Sintex na Keza basezeranye kubana nk'umugore n'umugabo

Mu 1994, Keza yari atuye mu Rwanda ari naho yavukiye. Ababyeyi be bishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi.Keza na barumuna be barangije batangira kwibera ku mihanda mbere yo kwimukira muri Uganda kubana na nyirasenge waje kumutoteza. Kuwa 24 Kanama 2023,nibwo umuhanzi Kabera Arnold uzwi nka Sintex akaba na mukuru wa Nkusi Arthur yasezeraniye mu Murenge wa […]

Rulindo: Pasiteri arashakishwa nyuma yo ‘gukubitira’ umukecuru mu rusengero

Ubuyobozi bw’umurengwa wa Kisaro mu karere ka Rulindo buravuga ko Pasiteri Habamungu Jérôme uyobora urusengero rwa Muranzi mu itorero AEBR ari gushakishwa, nyuma yo gukubitira umukecuru mu rusengero, akamukomeretsa mu mutwe. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, Uwamahoro Telesphore yagize ati: “Pasiteri aracyashakishwa ntabwo araboneka ariko umukiristo we yarakubiswe aranakomeretswa. Icyateye gukubitwa na n’iyi saha ntabwo turakimenya […]

Uganda: Uwa mbere ari kuburanishwa ku cyaha cy’ubutinganyi cyatuma akatirwa urwo gupfa

Umusore w’imyaka 20 y’amavuko wo muri Uganda afunzwe by’agateganyo akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umugabo w’imyaka 41, gihanwa n’itegeko rishya rirwanya ubutinganyi. Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bibisobanura, uyu musore yatangiye kuburanishwa tariki ya 18 Kanama 2023, ashinjwa icyaha cy’ubutinganyi bukabije gihanishwa igihano cy’urupfu. Ubusanzwe icyaha cyitwa ubutinganyi bukabije iyo ukurikiranwe ashinjwa kugisubira, kugikorera umwana, kugikora […]

Prince Kid agiye kurongora Miss Elsa mbere yo gusubira imbere y’ubutabera

Ishimwe Dieudonné wamenyekanye nka Prince Kid na Iradukunda Elsa wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2017, bazakora ubukwe ku wa Gatanu tariki ya 01 Nzeri. Prince Kid na Miss Elsa basanzwe ari umugabo n’umugore byemewe n’amategeko, nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko muri Werurwe uyu mwaka. Biteganyijwe ko ku wa Gatanu ari bwo Ishimwe azasaba akanakwa Iradukunda, […]

Iyo hataba u Bufaransa ntituba tuvuga uyu munsi Mali, Burkina Faso cyangwa Niger – Macron

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, yatangaje ko iyo hataba ingabo z’igihugu cye zatabaye muri Afurika, ibihugu bya Mali, Burkina Faso ndetse na Niger biba byarasibanganye ku ikarita, ibintu bitakiriwe neza n’abumvise iri jambo cyane cyane Abanyafurika. Mu gihe umwuka mubi ugenda wiyongera mu mibanire y’u Bufaransa na Afurika, Emmanuel Macron we yashimye ubutwari bw’abadipolomate mu […]

Hari abavuga ko batishoboye bafatiwe bugwate mu bitaro bya Gisenyi

Abaturage bavuga ko batishoboye bivuriza mu bitaro bya Gisenyi biherereye mu karere ka Rubavu bafashwe bugwate kuko ngo batishyuye amafaranga serivisi bahawe. Aba baturage bavuga ko batishyuye ubwisungane mu kwivuza kuko batabifitiye ubushobozi, kandi ngo ntibagombaga kurwarira no kurwariza iwabo mu ngo. Ibyo bituma basabwa kwishyura serivisi zose bahabwa ku kigero cy’100%, ku buryo harimo […]

Ituri: Byibuze abantu 14 biciwe mu gitero cya CODECO ku rusengero

Kuri iki Cyumweru gishize, byibuze abantu 14 biciwe mu Ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa Congo, nyuma y’uko umutwe witwara gisirikare ugabiye igitero ku bantu bari barimo gusenga mu rusengero, nk’uko umuyobozi waho ndetse n’umuyobozi wa sosiyete sivile babitangaje kuri uyu wa Mbere. Umuyobozi wa Teritwari ya Djugu, Ruphin Mapela n’umuyobozi wa sosiyete sivile, Dieudonne […]