Imirwano yahuje inzego z’umutekano muri Irak mu rugendo rwa Arbaeen
Mu rugendo rwa Arbaeen ni igihe cy’ikiruhuko cy’iminsi 40 cyo kwibuka urupfu rwa Imam Hussein n’ingabo za Caliph Yazid bapfuye mu mwaka wa 680. Muri uru rugendo rutagatifu rwa kiyisilamu abakerarugendo bahurira mu mujyi wa Karbala kugira ngo bumve ubutumwa bw’idini. Inzego zishinzwe umutekano muri Irak zivuga ko ku wa Kane mu mujyi wa Karbala, […]
Hakenewe ubugenzuzi bwihariye ku byo insengero zinjije byose n’aho byagiye

Muri iyi minsi, inkundura y’ifungwa ry’insengero n’amadini kubera kutuzuza ibisabwa ikomeje kuvugisha abantu; bamwe bemeza ko hakenewe gukorwa ubugenzuzi bwihariye ku byinjijwe n’iyo byerekeje uhereye igihe urusengero rwaba rwarubakiwe. Iri suzuma riramutse rikozwe neza rishobora no gucukumbura byinshi byerekeranye n’ingano y’amaturo yinjijwe na zimwe mu nsengero, nyamara abayatanze bagakomeza kuyoberwa impamvu badatera imbere. Bamenya ibyo […]
Ukraine yigambye gufata ikindi gice cy’u Burusiya
Perezida Volodymyr Zelenskiy yatangaje ko hafashwe undi mudugudu w’Uburusiya ubwo yasuraga umupaka ingabo za Ukraine ziherutse kwinjiramo mu Burusiya mu byumweru bibiri bishize. Kyiv yavuze kandi ko yagabye igitero cy’indege zitagira abapilote ku birindiro by’indege mu majyepfo y’Uburusiya. Iki gitero cyagabwe ku birometero 240 uvuye aho Ukraine yinjiriye mu karere ka Kursk mu burengerazuba bw’Uburusiya, […]
Dusengiyumva yongeye gutorerwa kuba Meya w’Umujyi wa Kigali
Dusengiyumva Samuel wari usanzwe ari Meya w’Umujyi wa Kigali, yatorewe gukomeza kuwuyobora mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere. Hari mu matora yabereye muri Camp Kigali kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Kanama 2024. Amatora y’abagize Komite Nyobozi y’Umujyi wa Kigali ndetse n’ay’abagize Biro y’Inama njyanama yawo yakurikiye ayatorewemo abajyanama batandatu bawuhagarariye mu nama njyanama […]
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde agiye gusura Ukraine nyuma yo kunengwa gusura u Burusiya
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 23 Kanama 2024, Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, arasura Ukraine, nyuma y’ibyumweru bike abonanye na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, i Moscow. Uru ruzinduko ni ingirakamaro kuko Ukraine hamwe n’ibindi bihugu byo mu burengerazuba bari banenze cyane uruzinduko rwa Modi mu murwa mukuru w’u Burusiya muri Nyakanga. Perezida wa […]
RDC: Inyeshyamba za M23 zafashe utundi duce 3 muri Masisi
Inyeshyamba M23 zafashe imijyi ya Lukopfu, Kisuma, Bufaransa muri Teritwari ya Masisi, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano ikaze zihanganye n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye leta izwi ku izina rya Wazalendo. Nk’uko amakuru aturuka aho abitangaza, iyi mirwano yahitanye abantu 3 abandi barenga 20 barakomereka. Iyi ni imibare y’agateganyo ishobora kuzamuka nkuko bitangazwa na sosiyete sivile. […]
Diyama nini cyane yabonetse muri Botswana
Diyama ipima carat 2,492, yabonetse mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro cya Karowe giherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Botswana. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na sosiyete icukura amabuye y’agaciro ya Lucara ikorera muri Botswana yatangaje ko iyi diyama ari imwe muri Diyama za mbere nziza kandi nini zabayeho mu mateka. Binashimangirwa n’umukuru w’igihugu cya Botswana mu itangazo […]
Zambia: Mu kwezi kumwe imbwa 400 zishwe na kawunga y’ibigori
Minisitiri w’Ubuzima muri Zambia, Elijah Muchima, yavuze ko imbwa zigera muri 400, zapfuye mu kwezi gushize nyuma yo kurya kawunga y’ibigori byanduye bityo hakaba hari n’impungenge ko n’abantu bashobora guhura n’akaga. Eliya Muchima yatangaje ko amasosiyete asya ibigori yafashe ibipimo basanga birimo uburozi bwa ‘aflatoxine’ bwinshi. Bwana Muchimi, yavuze ko ibyavuye mu bizamini biteye impungenge […]
Umujyi wa Kigali wujuje abajyanama 12 bavamo Komite nyobozi yawo
Uturere twa Kicukiro, Gasabo na Nyarugenge kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Kanama twatoye abajyanama baduhagararira mu nama njyanama y’Umujyi wa Kigali, bituma abajyanama bawo buzura 12. Buri karere katoye umugabo n’umugore nk’uko biteganywa n’itegeko rigenga Umujyi wa Kigali. Abajyanama batandatu batowe kuri uyu wa Kane barimo Urujeni Martine na Dr. Muhammed Semakula batorewe […]
Burera: Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuhango wo gusoza Itorero Indangamirwa 14

Kuri uyu wa Kane mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera, hasojwe Itorero Indangamirwa, icyiciro cya 14, rimaze iminsi 47. Urubyiruko rwaryitabiriye rwahawe amasomo atandukanye abafasha kurushaho gusobanukirwa amateka n’umuco by’u Rwanda, Icyerekezo 2050 n’uruhare rwabo mu kugishyira mu bikorwa. Iri torero rigizwe n’urubyiruko 494 rw’Abanyarwanda biga cyangwa batuye mu mahanga, abanyeshuri barangije […]
Umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro uzaguma kuba hafi ya 5% kugeza mu 2025 – BNR
Umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro bibarwa hatabariwemo iby’ibiribwa byangirika vuba n’iby’ibikomoka ku ngufu byitezwe ko uziyongera muri 2024 biturutse ku kiguzi cy’ibitumizwa mu mahanga, ariko ukazagabanuka mu gice cya kabiri cya 2025. Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, iratangaza ko mu gihembwe cya kabiri 2024, umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wazamutseho gato ugera kuri 5.1 ku ijana uvuye kuri 4.7 […]
Hari abanyapolitiki babihemberwa- Kidumu ubwo yabazwaga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi
Umuririmbyi Kidumu Kibido Kibuganizo ukomoka mu Burundi ariko ubu akaba ari mu Rwanda, yabajijwe uko abona umubano uri hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda, avuga ko nta byinshi yabivugaho kuko we ari umuhanzi kandi hakaba hari abanya Politiki babihemberwa. Kidumu yabigarutseho kuri uyu wa 21 Kanama 2024, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i […]
RDC: MONUSCO yabohoje aba Wazalendo bari bafungiwe muri kasho ya Gisirikare
Ingabo z’Umutyango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo MONUSCO, zabohoje aba Wazalendo bari bafungiwe muri Kasho ya Gisirikare mu gace ka Beni muri Kivu ya Ruguru. Ku wa gatatu, tariki ya 21 Kanama 2024, abana barenga barindwi bari hagati y’imyaka 14 na 17, bari barinjijwe mu mutwe witwaje intwaro wa Gisirikare […]
Karongi: Abahinzi b’imboga baracyagowe no kubona imirama

Bamwe mu bakora ubuhinzi bw’imboga ku buso buto (Green house) mu karere ka Karongi bavuga ko bakigowe no kubona umurama wazo, bagasaba ubuyobozi ko bwabafasha bakazibonera hafi kandi ku gihe. Ibi aba bahinzi babigarutseho ubwo hatangizwaga Imurikabikorwa ry’ibikorerwa muri aka karere riri kubera mu murenge wa Bwishyura, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kanama 2024. […]
Burkina Faso, Mali na Niger bareze Ukraine muri Loni
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mali yavuze ko leta za gisirikare za Burkina Faso, Mali na Niger zandikiye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano bamagana ibyo bavuze ko ari inkunga ya Ukraine ku mitwe y’inyeshyamba mu karere ka Sahel muri Afurika y’iburengerazuba. Mu ntangiriro za Kanama, Mali yahagaritse umubano w’ububanyi n’amahanga na Ukraine kubera amagambo yavuzwe n’umuvugizi […]
Israel yagabye ibitero by’indege mu duce icumi two muri Liban
Israel yatangaje ko Igisirikare cyayo cyagabye igitero cy’indege z’intambara ku ibitero bya Hezbollah mu turere dusaga 10 dutandukanye two mu majyepfo ya Libani. Muri byo bitero harimo ibyagabwe mu bubiko bw’intwaro, ibisasu bya roketi n’ibindi bikorwa remezo. Igisirikare cya Isiraheli nticyigeze gisobanura byinshi kuri ibi bitero icyakora ngo birashoboka ko hari n’abarwanyi babigendeyemo ku ruhande […]
Uganda yatangiye gushakisha peteroli mu tundi turere 2 ikekwamo
Mu gihugu cya Uganda barimo gushakisha peteroli mu tundi turere tubiri bikekwa ko iramutse ihabonetse yakongera ku yamaze kuboneka muri iki gihugu ibarirwa mu tungunguru miliyari 6.5 nk’uko byemejwe na minisitiri w’ingufu. Iyi yabonetse mu kibaya cyo mu burengerazuba bw’igihugu hafi n’umupaka wa Repubulika ya demukarasi ya Kongo hafi mu myaka 20 ishize, ariko izatangira […]
Goma: Umusirikare wa FARDC yarashe Afande we mu cyico
Umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yarashe mu cyico mugenzi we wari umukuriye, amuhora kunyereza umushahara we. Banza Ilunga yishe Capitaine Albert Bosina wari ukuriye imari mu mutwe w’akarere ka gisirikare ka 33 k’ingabo za Congo zirwanira mu mazi. Yamurasiye mu kigo cya gisirikare cy’ahitwa Karisimbi mu mujyi wa Goma, […]
Hasohowe Raporo ishinja Perezida Ndayishimiye gucanganyukisha abantu no kubafungira ubusa
Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International ushinja Perezida Evariste Ndayishimiye ko mu gihe amaze ayobora u Burundi, Abaturage be n’abandi bo mu miryango itegamiye kuri Leta yababujije amahwemo. Uyu muryango, uvuga ko mu gihe cy’imyaka ine Ndayishimiye amaze ayobora yazengereje abanyamakuru n’abakozi b’imiryango itandukanye kuri Leta. Ni icyegeranyo cyiswe ‘Uburundi: Imvungo itandukanye n’ingiro; […]
RUBAVU: Batatu bafatiwe mu bucuruzi bwa magendu y’imyenda n’inkweto bya caguwa
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yafatiye mu Karere ka Rubavu, abantu batatu bacyekwaho kwinjiza mu buryo bwa magendu, amabalo 7 y’imyenda n’imiguru 20 y’inkweto bya caguwa. Abafashwe ni abagore babiri n’umusore umwe, bafatiwe mu murenge wa Rugerero, akagari ka Muhira mu mudugudu wa Gitebe I, ahagana saa tanu n’igice z’amanywa […]
Perezida Museveni yahaye imirimo Eddy Kenzo
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahaye imirimo umuhanzi Eddy Kenzo, amugira Umujyanama we Mukuru mu bijyanye n’ubuhanzi. Eddy Kenzo yari asanzwe ari umuyobozi w’Ihuriro ry’abahanzi bo muri Uganda. Edirisa Musuuza [Kenzo] yiyongereye mu bajyanama babarirwa mu 160 Museveni asanganywe. Perezida wa Uganda yamuhaye ziriya nshingano nyuma y’igihe Guverinoma y’iki gihugu ishinjwa kutita ku bahanzi, […]
U Rwanda rwatsindiye Argentine mu maso ya P. Kagame, rugera muri ½ cy’ijonjora rya WWC
Ikipe y’u Rwanda y’abari n’abategarugori yaraye itsinze Argentine amanota 58-38, ikatisha itike ya ½ cy’irangiza mu majonjora yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya Basketball kizabera mu Budage. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda D waraye ubereye muri BK Arena i Remera. Ni nyuma w’uwo u Rwanda rwaherukaga gutsindamo Lebanon. Umukino […]
Nyabihu: Abaturage bahangayikishijwe n’inzoga yitwa ‘IGISAWASAWA’
Abaturage bo mu murenge wa Jenda wo mu karere ka Nyabihu, baravuga ko bahangayikishijwe bikomeye n’inzoga itemewe biyengera yitwa IGISAWASAWA ituma urugomo rwiyongera bigahungabanya umutekano w’aho batuye. Abazi iyi nzoga yiswe Igisawasawa bemeza ko iba ikarishye cyane ngo ku buryo uwayinyoyeho aba yumva adasanzwe, mbese ari ndakorwaho niyo mwajya mu mitsi. Abatayinywa na bo bemeza […]
Nyagatare: Urujijo ku rupfu rw’umusore wasanzwe amanitse mu mugozi
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 17 y’amavuko, yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye, bikekwa ko yaba yakoresheje isekuru yurira ngo amanike umugozi ku gisenge maze akayitera umugeri. Uyu musore yari asanzwe akodesha inzu yabagamo mu karere ka Nyagatare, umurenge wa Rwimiyaga mu mudugudu wa Kirebe. Amakuru atangazwa n’ubuyobozi bw’umudugudu avuga ko bitazwi neza aho yaturukaga, gusa […]