Iran yarashe ‘imvura ya za missile’ kuri Israel
Igisirikare cya Iran ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Ukwakira, cyarashe amagana y’ibisasu byo mu bwoko bwa missile ziraswa kure kuri Israel. Ni amakuru yemejwe n’Ibiro Ntaramakuru IRNA by’abanya-Iran. Televiziyo y’Igihugu ya Iran na yo yanyujijweho itangazo ry’igisirikare ryemeza ko ibisasu bya missile “bibarirwa muri mirongo” byarashwe kuri Israel. Muri iryo […]
Ingamba zo kwirinda icyorezo cya Marburg zakajijwe – CSP. Dr. Tuganeyezu

CSP. Dr. Tuganeyezu Oreste, Umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Gisenyi, biherereye mu karere ka Rubavu avuga ko ingamba zo kwirinda icyorezo cya Marburg zakajijwe, haba mu bitaro no ku mupaka. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa kabiri, tariki 01 Ukwakira 2024, mu kiganiro yagiranye na BWIZA. Ati: “Marburg, iki ni icyorezo giteye ubwoba, kigira ingaruka kubacyanduye kuburyo […]
Kicukiro: Abantu babiri bafatanywe amasashe ibihumbi 80
Mu Karere ka Kicukiro, ku mugoroba wo Cyumweru tariki ya 29 Nzeri 2024,Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yafashe abantu babiri bakurikiranyweho kwinjiza mu gihugu no gukwirakwiza amasashe. Abafashwe ni umugore w’imyaka 24 y’amavuko n’umusore w’imyaka 19, bafatiwe mu mudugudu w’Amahoro, akagari ka Karembure mu murenge wa Gahanga, bafite amasashe ibihumbi […]
U Budage: Hafashwe ukekwaho kuba intasi y’u Bushinwa wakoraga ku kibuga cy’indege
Umuturage w’u Bushinwa yafatiwe i Leipzig, mu Budage, aho yakoraga ku kibuga cy’indege ashinjwa guha amakuru ajyanye no gutwara ibikoresho bya gisirikare undi ukekwaho kuba umukozi w’ubutasi. Ubushinjacyaha bw’u Budage bwatangaje ko kuri uyu wa Kabiri, itariki 01 Ukwakira 2024, umugore w’Umushinwakazi yatawe muri yombi akekwaho kuba intasi y’inzego z’ubutasi z’u Bushinwa. Ubushinjacyaha bwatangaje ko […]
Amadorari 5 yicishije umuyobozi wa Radio Maria i Goma
Amahuriro y’abanyamakuru muri DR Congo no hanze ari kwamagana iyicwa ry’umunyamakuru ukuriye ishami rya Radio Maria i Goma warashwe n’abitwaje intwaro bishyuwe amadorari atanu ya Amerika, nk’uko umukuru w’umujyi wa Goma yabitangaje. Edmond Bahati Monja yarasiwe ku muhanda ku wa Gatanu nijoro tariki ya 27 Nzeri 2024,mu gace ka Ndosho muri Goma, ahita apfira aho, […]
U Rwanda na RDC mu yindi nama i Luanda mbere y’umuhuro wa Perezida Kagame na Tshisekedi
U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birateganya guhurira mu yindi nama yo ku rwego rwa ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga rwagati muri uku kwezi k’Ukwakira. Iby’iyi nama byatangajwe n’intumwa ihoraho ya Angola mu muryango w’Abibumbye, Fransisco Jose da Cruz. Yavuze ko muri iyi nama hazaganirwa ku ngingo zerekeye umuhuro wa ba Perezida Paul Kagame […]
Thailand: Byibuze abana 22 bapfiriye mu mpanuka ya bus y’abanyeshuri
Bus yari itwaye abana benshi bo mu ishuri ribanza yakoze impanuka ifatwa n’inkongi y’umuriro hanze y’umurwa mukuru wa Thailand, Bangkok, kuri uyu wa Kabiri, itariki 1 Ukwakira 2024. Minisitiri w’ubwikorezi mu gihugu avuga ko abana 16 n’abarimu batatu barokotse, ariko abanyeshuri 22 n’abarimu batatu kugeza ubu birakekwa ko bapfuye. Minisitiri w’Intebe wa Thailand yavuze ko […]
Rwamagana: Umugore wishwe n’abataramenyekana biravugwa ko babanje kumusambanya
Mu gitondo cyo kuri uyu Kabiri tariki ya 1 Ukwakira 2024 ,mu Mudugudu wa Gahonogo Akagari ka Nyagasenyi, Umurenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana,hamenyekanye urupfu rw’umugore witwa Bihoyiki uri mu kigero cy’imyaka 35 bivugwa ko yishwe nyuma yo gusambanywa n’abantu bataramenyekana . Umunyamakuru wa BWIZA yageze aho Bihoyiki yabaga mu ma saa tatu za […]
Paris: Hatangiye urubanza rwa Rwamucyo byitezwe ko rutazoroha na gato
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 01 Ukwakira 2024, uwahoze ari umuganga, Eugene Rwamucyo, ufite imyaka 65, yitabye urukiko mu Bufaransa aho akurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Ni urubanza biteganyijwe ko rutazoroha na gato kubera abanyamategeko bunganira uyu mugabo, barimo uwunganiye Kabuga Felicien ndetse n’umunyamategeko wunganira Agatha Kanziga, mu gihe mu […]
Gatsibo: Umugabo yasanzwe mu muferege yapfuye
Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024, rishyira ku wa Kabiri tariki ya 01 Ukwakira 2024, umugabo yasanzwe mu muferege yapfuye afite telefoni yaka itoroshi mu ntoki,bikaba bikekwa ko yari yasinze. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kinunga, Akagari ka Teme mu Murenge wa Gasange w’Akarere ka Gatsibo, aho umugabo witwa Rurarangabo Anastase […]
Brigade idasanzwe ya MONUSCO (FIB) ubu ifite komanda mushya

Mu gihe hasigaye amezi make ngo Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) buhagarike ibikorwa, Brigade idasanzwe ishinzwe gutabara (FIB) yabonye umuyobozi mushya, Gen. Richard Chagonapanja wo muri Malawi. Ubutumwa bwa MONUSCO bumaze igihe kirekire kugeza ubu bwamaze kuva mu birindiro bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo mu rwego rw’ibyiciro […]
Akayabo k’amadorali Loni ishinja M23 kwinjiza mu mabuye y’agaciro ya Rubaya
Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Bintou Keita, yashinje M23 kwinjiza $300,000 iyakuye mu gucukura Colta mu Rubaya ho muri Teritwari ya Masisi. Keita yabitangaje ku wa Mbere ubwo yagezaga ijambo ku kanama k’umutekano ka Loni. Yavuze ko gushinga imizi kw’ubutegetsi bwa M23 muri teritwari za Masisi na Rutshuru […]
Kenya: Ishyamba si ryeru hagati ya perezida na visi perezida we ushobora kweguzwa
Abadepite bo muri Kenya barateganya gutangiza inzira zo kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua, bamushinja ko yangije guverinoma, nk’uko abayobozi benshi mu nteko ishinga amategeko babitangaje, ibyo bikaba bigaragaza umwuka ushobora kuba utari mwiza hagati ya Perezida William Ruto n’umwungirije. Iki cyemezo gishobora kongera ibibazo bya guverinoma nyuma y’amezi menshi y’imyigaragambyo yatewe n’umushinga w’itegeko ry’imari n’imisoro […]
Kagame na Tshisekedi bategerejwe kwa Macron
Perezida Paul Kagame na mugenzi we FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bategerejwe i Paris mu Bufaransa aho bazakirwa na Perezida Emmanuel Macron w’iki gihugu. Abakuru b’ibihugu bombi bazitabira inama ya 19 y’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (La Francophonie). Ni inama iteganyijwe kubera i Villers-CotterĂŞts hagati y’itariki ya 4 n’iya 5 z’ukwezi […]
Itariki ya 1 Ukwakira ibumbatiye byinshi mu buzima bw’u Rwanda

Ku wa Mbere tariki ya 1 Ukwakira, umupaka wa Kagitumba wagabweho igitero. Cyabaye ikimenyetso cy’itangira ry’urugamba rwamaze imyaka ine nyuma y’uko abari bagize umuryango FPR Inkotanyi biyemeje kubohora igihugu hifashishijwe inzira y’intambara kuko izindi zose Leta yariho yari yarazanze. Urwo rugamba rwari umusaruro w’imyaka itatu y’imyiteguro, ubwo mu Ukuboza 1987 hashingwaga FPR Inkotanyi imyiteguro y’intambara […]
Ingabo za Israel zinjiye muri Lebanon
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyamaze kohereza ingabo zacyo muri Lebanon, mu bikorwa bya gisirikare bigamije gusenya ibikorwa remezo by’umutwe wa Hezbollah wo muri iki gihugu ndetse no kuvana abarwanyi bawo mu midugudu ituwe n’abasivile. IDF yemeje aya makuru mu itangazo yaraye inyujije ku rubuga rwayo rwa X, yemeza ko yahisemo gusanga Hezbollah mu matware […]