U Rwanda rwakumiriye imiryango yose itegamiye kuri leta gukorana n’u BubiligiÂ

Leta y’u Rwanda biciye mu kigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB), yakumiriye imiryango yose itegamiye kuri leta ndetse n’ishingiye ku myemerere gukorana n’u Bubiligi. RGB yafashe iki cyemezo nyuma y’iminsi mike Guverinoma y’u Rwanda iciye umubano ushingiye kuri dipolomasi n’u Bubiligi. Mu itangazo uru rwego rwasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Werurwe, rwavuze ko ubufatanye […]
RDC vs Rwanda: Ni ikihe gihugu gishobora gusimbura Angola ku buhuza?

Abahuza mu kibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo binjiye mu cyiciro gishya. Inama isanzwe yo ku wa 24 Werurwe y’abakuru b’ibihugu bigize imiryango ya EAC na SADC, abayitabiriye biyemeje kwagura urwego rw’abahuza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’uko Angola yari imaze guhagarika ziriya nshingano. Impamvu 3 zatumye Angola yivana mu buhuza Abasesenguzi babona […]
U Rwanda rwanyuzwe n’icyemezo cya Polisi ya Paris yahagaritse igitaramo cya Maître Gims

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye Umuyobozi wa Polisi y’Umujyi wa Paris, Laurent Nuñez-Belda wafashe icyemezo cyo guhagarika igitaramo cy’umuhanzi Maître Gims cyari giteganyijwe ku wa 7 Mata 2025 mu rwego rwo gupfobya Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko icyo gitaramo cyagaragaye nk’icyabangamira ituze rya rubanda ndetse kigakoreshwa mu […]
UPDF mu nzira zo gukaza ubufatanye n’u Bubiligi

Minisitiri w’ingabo n’ibikorwa by’abavuye ku rugerero wa Uganda, Hon. Jacob Oboth Oboth, yashimangiye akamaro ko gushimangira umubano wa Uganda n’u Bubiligi, cyane cyane mu bya gisirikare. Ibi yabivugiye mu nama yagiranye na Hugues Chantry, Ambasaderi w’Ubwami bw’u Bubiligi muri Uganda, wasuye icyicaro gikuru cya Minisiteri y’Ingabo i Mbuya. Hon. Oboth yagaragaje ko yishimiye ubufatanye u […]
Sukhoi-25 ya FARDC yarashe indege ya M23

Amakuru aturuka i Walikale aravuga ko indege y’intambara y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kane yarashe ku kibuga cy’indege cya Kigoma, ihasenyera indege y’umutwe wa M23. Amakuru avuga ko FARDC yarashe mu buryo bukomeye kuri kiriya kibuga ikoresheje indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 cyo kimwe na drone z’intambara. Indege ya […]
Umugabo yashyinguye umupangayi we ari muzima

Mu gihugu cy’Ubuhinde, umwarimu wigishaga yoga yishwe urw’agashinyaguro ndetse ashyingurwa ari muzima nyuma yo gushinjwa kujya aryamana n’umugore w’undi mugabo. Uwo mugabo, uzwi ku izina rya Jagdeep yaburiwe irengero mu Ukuboza 2024 ariko umurambo we wabonetse ku wa Mbere, tariki ya 24 Werurwe 2025 nyuma y’iperereza ryamaze amezi menshi. Nk’uko polisi yabitangaje, Hardeep, umugabo ukomoka […]
Davido yemeza ko umunsi w’ubukwe bwe wari umuze nk’ikiruhuko rusange mu gihugu

Umuhanzi w’ikirangirire mu njyana ya Afrobeats, Davido yavuze ku bukwe bwe na Chioma Adeleke, abwita ibirori bikomeye byabaye nk’ikiruhuko rusange muri Nigeria. Mu kiganiro aherutse kugirana na Bootleg Kev Podcast, Davido yasobanuye uko umunsi w’ubukwe bwe wagenze neza ku buryo abantu benshi baturutse imihanda yose baje kuwizihiza. Ati: “Ubu ni isezerano rikomeye, twakoze ubukwe kandi […]
Big Eye Starboss yanenze icyemezo cya Perezida Museveni

Umuhanzi Big Eye Starboss yatangaje ko adashyigikiye sisitemu nshya yo gucunga uburenganzira bw’abahanzi (Copyright Management System – CMS), iherutse kwemezwa na Perezida Yoweri Museveni. Big Eye yavuze ko iyi sisitemu, iyobowe na Eddy Kenzo n’ishyirahamwe rye, ishobora kuzakoreshwa mu kwikubira inyungu z’abahanzi aho kubafasha kubona uburenganzira bwabo. Kenzo n’itsinda rye bamaze igihe bamagana itegeko ryo […]
Igisirikare cya Sudani kirukanye RSF mu bice hafi ya byose bya Khartoum

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Werurwe, Ingabo za Sudani zirukanye ingabo bahanganye za Rapid Support Force mu bice hafi ya byose by’Umurwa Mukuru birimo Khartoum rwagati, nk’uko byemejwe n’abaturage, ubwo Umuyobozi w’ingabo yazengurukaga ingoro ya perezida ndetse n’ikibuga cy’indege, ibyo bikaba byerekana intsinzi ikomeye ku gisirikare cy’igihugu nubwo intambara yagutse bikigaragara ko itararangira. Aba […]
U Bubiligi, u Burundi, na Congo biri gutegura ibitero simusiga ku birindiro bya M23

Kuva Umujyi wa Goma, munini mu burasirazuba bwa DRC, wafatwa ku itariki ya 27 Mutarama, abayobozi bo mu Muryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bakoranye umwete kugira ngo babone igisubizo cy’amahoro kuri iki kibazo. Icyakora ku rundi ruhande, ngo u Bubiligi, u Burundi, na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, byongereye […]
Musanze: Bahangayikishijwe n’inzoga yitwa Akamashu n’iyiswe Muhenyina

Abatuye mu Murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze, baravuga ko bahangayikishijwe n’inzoga y’inkorano bise akamashu, bivugwa ko ibyo ikorwamo birimo ifumbire mvaruganda, isabune n’amatafari ahiye. Abatuye mu Murenge wa Gataraga bavuga ko ariyo mbarutso y’urugomo rukorwa n’abanywa iyo nzoga bamara kuyisinda bagategera abaturage mu nzira bakabambura ibyabo. Umwe mu baturage utuye mu Kagari ka […]
AFC/M23 yashyizeho ikigo cy’imari kigiye kuba kifashishwa muri Goma

Umutwe w’inyeshyamba M23 / AFC wongeye gufungura, kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Werurwe, Ikigega cyo kuzigama no kuguriza (CADECO) Sarl muri Goma. Uyu mutwe wigaruriye umujyi kuva muri Mutarama, watangaje ko hanashyizweho abayobozi bashya ku buyobozi bw’iyi sosiyete ya Leta. Nk’uko bamwe mu babikurikiranira hafi babivuga, AFC / M23 yashaka kuzenguruka Kinshasa ishyiraho uburyo […]
Kayonza: Abayobozi 3 b’akarere barafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi abakozi batatu b’Akarere ka Kayonza na rwiyemezamirimo bakoranaga rubakekaho bakekwaho kunyereza umutungo wa leta ungana na Frw miliyoni 67. Mu batawe muri yombi harimo Mbasha David wari Umuyobozi w’imirimo rusange mu karere, Kayigire Anselme wari Umuyobozi ushinzwe Imari mu Karere na Nzaramyimana Emmanuel wari rwiyemezamirimo ufite Ikigo cy’Ubwubatsi […]
Abatwara abagenzi kuri moto bibukijwe uruhare rwabo mu gusigasira umutekano wo mu muhanda

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Werurwe, Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu ngenzura mikorere(RURA) n’abandi bafatanyabikorwa, bagiranye inama n’abatwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali. Ni inama yabereye kuri sitade ya Kigali yitiriwe Pele mu Karere ka Nyarugenge, yitabiriwe n’abasaga 6000 bibumbiye muri Koperative ‘Umurimo unoze motari’ ihuza abatwara moto bakorera mu Mujyi […]
Riek Machar yatawe muri yombi

Inzego z’umutekano za Sudani y’Epfo zaraye zitaye muri yombi Visi-Perezida wa mbere w’iki gihugu, Riek Machar. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo yemejwe na Pal Mai Deng usanzwe ari umuvugizi w’ishyaka rye rya SPLM-IO rya Riek. Ibitangazamakuru byinshi byo muri Sudani y’Epfo byasubiyemo amagambo ye avuga ko Riek Machar yafungiwe iwe mu rugo i Juba […]
Umugore wambaye ubusa yateje akavuyo ku kibuga cy’indege

Ku wa 14 Werurwe 2025, ku kibuga cy’indege cya Dallas Fort Worth, umugore witwa Samantha Palma yagize imyitwarire idasanzwe, akuramo imyenda yose maze agatangira guterana ibipfunsi no gukomeretsa abantu. Nk’uko byatangajwe na TMZ, Palma yajombye keleyo abantu babiri, anaruma umuyobozi w’akabari. Amashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Palma atema televiziyo yerekana amatangazo, amena amazi mu […]
Icyo u Bubiligi buvuga ku by’uko bwohereje muri RDC abakomando bo kurasa M23

Leta y’u Bubiligi yahakanye amakuru avuga ko iki gihugu cyaba giherutse kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abakomando bo guha gufasha ingabo z’iki gihugu mu rugamba zihanganyemo n’umutwe wa M23. Iby’aya makuru byaherukaga gutangazwa n’urubuga The Great Lakes Eye ruvuga ko ku wa 17 Werurwe ari bwo u Bubiligi bwohereje muri Congo abakomando babarirwa […]