Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bongeye gusaba impinduka ku itegeko rigena igihembo cyabo

Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bongeye gusaba ko itegeko rigena igihembo bahabwa mu irangizwa ry’imanza rihinduka, rikajyana n’igihe. Batanze ubwo busabe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Ugushyingo, mu nama y’Inteko Rusange y’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga yabereye i Kigali. Ni inama yasize batoye inzego shya zigomba kubayobora. Ubusabe bw’uko itegeko rigena igihembo gihabwa Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bukunze […]

KNC abitse indirimbo ya nyuma Jay Polly yasize adasohoye

Ku munsi wo ku wa Kane, tariki ya 27 Ugushyingo 2025, Kigali yashyuhijwe n’amakuru adasanzwe mu ruganda rwa hip hop nyarwanda. Umunyamakuru n’umushoramari uzwi cyane, Charles Kakooza Nkuliza (KNC), yatangaje ko afite indirimbo ya nyuma Jay Polly yakoranye na we mbere y’uko yitaba Imana. Ibi yabivugiye mu kiganiro cya mu gitondo cya TV1 Rirarashe, aho […]

Hong Kong: Abantu 128 bamaze kwemezwa ko bishwe n’inkongi y’umuriro

Nibura abantu 128 nibo bamaze kwemezwa ko bapfuye bazize inkongi y’umuriro mu miturirwa yo guturamo ahitwa Taipo muri Hong Kong. Abantu 200 ntabwo baraboneka. Ku wa Gatatu, serivisi zishinzwe kuzimya umuriro muri uyu mujyi zatangaje ko byibuze abantu 128 baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye inyubako zo guturamo ziherereye i Taipo, mu nkengero z’imisozi miremire ya […]

Umuramyi Rev. Emmanuel Ganza yatanze Mutuelle 300 ku muryango itishoboye

Umuramyi Rev. Emmanuel Ganza, uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yatanze ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de SantĂ©) ku batishoboye 300 bo mu Karere ka Kamonyi. Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 29 Ugushyingo 2024, kibera mu Kagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda. Rev. Ganza, uyobora Abanyarwanda batuye mu gace kamwe k’Umujyi […]

M23 yaciyemo kabiri Mwenga na Kamituga, yototera ibifaru by’Ingabo z’u Burundi

Amakuru aturuka ku mirongo y’urugamba mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko Ingabo za AFC/M23 zamaze gusa n’izicamo kabiri imijyi ya Mwenga na Kamituga, nyuma yo kwigarurira agace kari hagati yayo. Amasoko ya BWIZA muri Kivu y’Amajyepfo aremeza ko kuri uyu wa Gatanu zimwe mu ngabo za AFC/M23 zageze mu gace ka Kashaka, agace kari […]

AFC/M23 na FARDC baraye mu mirwano muri Nyabiondo

Inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za Congo, FARDC, zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa APCLS, barwanye mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki 27 Ugushyingo, i Nyabiondo, muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko imirwano yatangiye mu gitondo ubwo […]

Gen Foka Mike ararembye nyuma yo kuraswa mu kibuno

Amakuru agera kuri Bwiza.com na Bwiza TV, yemeza ko umwe mu bazalendo bazwi  mu ntara ya Kivu y’amajyepfo, muri teretwari ya Walungu, witwa Albert Kahasha Murhula uzwi nka Gen Foka Mike, yarashwe n’ingabo za M23  mu mirwano itari yoroshye muri Kilungutwe, kuri ubu akaba arembye cyane. Amakuru aturuka ku rubuga rw’imirwano, avuga ko Gen Foka […]

Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we [Amafoto]

Umukinnyi wa Arsenal n’uw’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Bukayo Saka, yemeye kurushinga n’umukunzi we bamaze imyaka itanu bakundana, Tolami Benson. Amakuru avuga ko Saka yamutereye ivi mu ijoro ryihariye ry’abakundana muri hoteli yo ku rwego rwo hejuru i London. Abatanze amakuru bavuga ko Saka yakoze uko ashoboye ngo uwo mwanya ube udasanzwe, kandi impeta yamuhaye ngo […]

Al Hilal SC yamaganye ibihano bya CAF

Ikipe ya Al Hilal SC yatangaje ko itemeranya n’ibyemezo yafatiwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), nyuma y’imvururu zavutse ku mukino watsinzwemo MC Alger ibitego 2–1 wakinirwa kuri Stade Amahoro. Mu ijoro ryo ku wa 27 Ugushyingo 2025, Al Hilal yakiriye ibaruwa ivuye mu kanama ka CAF gashinzwe imyitwarire, ibamenyesha ko umukinnyi wabo ukomeye Jean […]

Igisirikare cy’u Burundi kiremeza ko nta musirikare wacyo uri i Minembwe

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 27 Ugushyingo, Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyasohoye itangazo, gisobanura aho gihagaze ku kibazo cy’ibibera i Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, aho gihakana cyivuye inyuma ibirego bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ko cyashyize mu bwigunge abaturage b’abasivili b’Abanyamulenge. Mu itangazo ryabwo, Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo bwemeza ko “muri iki gihe nta basirikare ba […]

Diyama na zahabu bicuruzwa i Antwerp birahacukurwa?: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko ibirego bishinja u Rwanda kwiba amabuye y’agaciro ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari amahomvu, avuga ko ababitiza umurindi ari bo basahuye kiriya gihugu kurusha undi uwo ari we wese. Perezida wa Repubulika yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru. Congo Kinshasa n’ibihugu biyishyigikiye […]

Nonese abafana ba Rayon Sports baziyice: Chairman wa APR FC

Chairman wa APR FC, Brig. Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko abafana b’amakipe bakunda bakwiye kwihangana no gusubiza umutima hamwe aho guhangayika cyane igihe batsindwa. Mu kiganiro yagiranye na Isibo Radio ku wa 27 Ugushyingo 2025, yasabye abafana kubona ko gutsindwa ari ibisanzwe, ndetse ko mbere yo kunenga bagomba kubanza kureba ibyo ubuyobozi bw’ikipe bukora. Rusanganwa […]

Ba Defence Attachés bakorera mu Rwanda bamenyeshejwe uko umutekano wifashe

Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Ingabo/Ingabo z’u Rwanda (RDF) bakiriye abajyanama mu bya Gisirikare (Defence AttachĂ©s) bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda. Bagejejweho ikiganiro kirambuye cyagarutse ku miterere y’umutekano mu gihugu no mu karere, ndetse n’uruhare rw’ Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bufatanye mpuzamahanga n’ubushingiye ku mubano hagati y’ibihugu. Itsinda ry’abitabiriye ryakiriwe […]

Hamenyekanye itariki nshya y’umuhuro wa ba Perezida Kagame, Tshisekedi na Trump

Ba Perezida Paul Kagame na mugenzi we FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byitezwe ko bazahura na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 4 Ukuboza 2025, mu nama izasiga bashyize umukono ku masezerano y’amahoro. Amakuru kuri ubu avuga ko Washington ikomeje kotsa igitutu Kigali na Kinshasa, mu rwego […]

CAF yafatiye ibihano Umurundi Girumugisha na Al Hilal ye

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w”Amaguru muri Afurika (CAF), yahanishije Umurundi Girumugisha Jean Claude kumara imikino itatu adakina inamuca ihazabu ya $ 5,000 (FBU miliyoni 14.7) kubera imyitwarire mibi yagaragarije i Kigali. CAF yahannye uyu rutahizamu w’ibumoso, nyuma y’ubushyamirane bwakurikiye umukino w’amatsinda ya CAF Champions League ikipe ya Al Hilal Omdurman yo muri Sudani Girumugisha akinira iheruka gutsindamo […]

Umusifuzi yatanze amakarita 17 y’umutuku mu mukino umwe

Umukino wa Copa Bolivia wahuje Blooming na Real Oruro warangiye mu kavuyo gakomeye, aho abakinnyi n’abatoza 17 bose bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano yavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mukino wari uwa ÂĽ cy’irangiza. Nubwo Real Oruro yari ikeneye igitego kimwe gusa ngo iyobore umukino, ntiyabigezeho maze Blooming ikomeza muri ½ cy’irangiza bitewe n’intsinzi yo […]

Namibia: Adolf Hitler yatsinze amatora y’abadepite

Umunyapolitiki wo muri Namibia witiriwe umunyagitugu w’Umudage Adolf Hitler, byatangajwe ko yatsinze amatora ku majwi menshi nk’uko ibyayavuyemo byashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane ushize bibigaragaza. Adolf Hitler Uunona, ubu uhitamo guhamagarwa Adolf Uunona, yagumanye umwanya we mu gace gato ko mu majyaruguru ka Ompundja mu karere ka Oshana n’amajwi 1,275, mu gihe uwo bari […]

Musanze: Arashinjwa kwica atwitse abantu 3 mu bihe bitandukanye

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze bukurikirinye umugabo uri mu kigero cy’imyaka 24 ukekwaho gutwika abantu batandukanye akoresheje lisansi batatu muri bo bakahasiga ubuzima.  Icyaha akekwaho cyakozwe ku itariki ya 13/10/2025 ndetse na 13/11/2025 mu masaha atandukanye y’ijoro mu Mudugudu wa Nyagisozi, Akagari ka Gatwa, Umurenge wa Janja, mu Karere ka Gakenke. Uregwa, ku itariki […]

Perezida Embalo wahiritswe ku butegetsi yageze muri Senegal

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Senegali yatangaje ko Perezida Umaro Sissoco Embalo, wahiritswe ku butegetsi kuwa Gatatu muri Guinea Bissau, yageze i Dakar kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 27 Ugushyingo. Itangazo rya minisiteri rivuga ko Embalo yageze muri Senegal mu ndege yakodeshejwe na ECOWAS (Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba). Iri tangazo rije nyuma […]