Abasirikare barenga 500 ba FDNB bamaze gutoroka nyuma yo kuva muri RDC

Abasirikare b’u Burundi babarirwa muri 500, bamaze gutoroka Igisirikare cy’iki gihugu nyuma yo kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari baroherejwe kurwanya inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Amakuru y’iri toroka yemejwe n’umwe muri ba Ofisiye ba FDNB, mu kiganiro n’impirimbanyi Pacifique Nininahazwe. Uyu yavuze ko ubwo u Burundi bwacyuraga abasirikare babwo mu […]

Drone za FARDC zongeye kugaba ibitero mu Minembwe

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Mutarama zagabye ibitero bya drone z’intambara mu Minembwe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’ibi bitero yemejwe n’ihuriro AFC/M23, biciye muri Lawrence Kanyuka urivugira. Kanyuka mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko biriya bitero byagabwe […]

U Rwanda rwatanze Mushikiwabo ngo ayobore OIF muri manda ya 3

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko yamaze gutanga Louise Mushikiwabo, kugira ngo ayobore Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) muri manda ya gatatu. U Rwanda rwemeje aya makuru biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko icyemezo cyo kongera gutanga Mushikiwabo cyafashwe, nyuma […]

Cibitoke: Abasirikare barashe umuturage wari ugiye mu murima we

Umuhinzi w’imyaka 53 yarashwe n’abasirikare b’Abarundi ubwo yajyaga mu murima we w’umuceri uri ku ruzi rwa Rusizi, rutandukanya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) n’u Burundi, muri Komini ya Cibitoke, Intara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’u Burundi.   Aya mahano yabaye ku wa Gatandatu, itariki 10 Mutarama, ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, nyuma […]

Tshisekedi ategerejwe kwa Gnassingbé 

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Antoine Tshisekedi, ategerejwe i LomĂ© muri Togo aho kuri uyu wa Mbere ari bugirire uruzinduko. Ni uruzinduko rukurikira ebyiri Tshisekedi yagiriye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, aho yahuriye akanagirana ibiganiro na Perezida JoĂŁo Lourenço muri iki gihe uyoboye umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU). Byitezwe […]

Uganda: Inzego z’umutekano ziryamiye amajanja mbere y’amatora

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki ya 15 Mutarama, akubiyemo amatora ya perezida, abagize inteko ishinga amategeko, n’inzego z’ibanze. Ariko, kuva ku itariki ya 10 Mutarama, Ingabo za Uganda zongerewe mu mijyi minini y’igihugu. Ubu ingabo zirakorana irondo n’abapolisi.   Nk’uko Umuvugizi w’Ingabo za Uganda abitangaza, ngo kohereza ingabo […]

U Burundi bwohereje ingabo zabwo zatsindiwe muri Uvira kurinda Kalemie

Amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi aremeza ko hagati y’itariki ya 29 Ukuboza 2025 n’iya 4 Mutarama 2026 iki gihugu cyohereje bundi bushya abasirikare bacyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko abo basirikare boherejwe gufasha ku rugamba ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zirwana na AFC/M23 no gukaza umutekano mu duce dufatwa […]

Yagiye mu bwiherero bumugwa hejuru ari gukora ibikomeye

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Karere ka Mansa ho muri Zambia yarokowe ari muzima nyuma y’uko ubwiherero bwa gakondo bumuguyeho ubwo yari arimo akora ibikomeye. Ibi byabaye ku wa Gatandatu ahagana saa saba z’amanywa n’iminota 53, mu Mudugudu wa Chitakwa. Uwo mugabo witwa Paul Kunda, bivugwa ko yaguye mu mwobo w’ubwiherero wapimaga metero 1.5 kuri […]

Sonia Rolland asanga RDC yari kuba ikize ku isi iyo yemera gukorana n’u Rwanda

Sonia Rolland, umukinnyi wa filime wanabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu 2000, yavuze ko iyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikorana n’u Rwanda kuva mu myaka 30 ishize, uyu munsi iba ari cyo gihugu gikize kurusha ibindi muri Afurika. Yabitangaje mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube ya Les FunĂ©railles des Tabous, aho yasobanuye ko imwe mu mpamvu […]

Gitega: Igaraje ibagirwamo inkoko zipfushije ihangayikishije rubanda

I Kigali haravugwa igaraje iri inyuma y’isoko rizwi nko kwa Kamali mu Murenge wa Gitega, bivugwa ko ribagirwamo inkoko zapfuye kandi rikaberamo n’icuruzwa ry’inyama zishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga. Abaturage n’abacuruzi bakorera mu Kagari ka Akabahizi, mu Murenge wa Gitega, Akarere ka Nyarugenge, bavuga ko bahangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bikomeje kuvugwa muri iri igaraje rizwi […]

RDC: Abantu 8 biciwe mu mirwano ya FARDC n’abaharanira ubwigenge bwa Katanga

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, abantu umunani bapfuye abandi benshi barakomereka mu mirwano, hagati y’abarwanyi bo mu mutwe wa Bakata Katanga n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) i Bukama, Intara ya Haut-Lomami. Nk’uko umuyobozi w’agateganyo wa teritwari abitangaza, ngo abakomerekejwe n’amasasu basaba kwimurirwa mu bigo nderabuzima bifite ibikoresho bihagije kugira ngo […]

Sudani: Guverinoma yasubiye i Khartoum nyuma y’imyaka ibiri

Mu gihe muri iyi week end ishize Sudani yarengeje ikigereranyo cy’iminsi 1.000 y’intambara y’abenegihugu, Minisitiri w’intebe yatangaje ku Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, ko guverinoma yasubiye ku mugaragaro mu murwa mukuru Khartoum. Muri Mata 2023, ingabo za leta zari zarirukanwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Rapid Support Forces nk’uko bitangazwa na RFI. Ingabo za leta […]

AFC/M23 yasabye Ndayishimiye gufungura umupaka wo mu Gatumba

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryasabye Leta y’u Burundi gufungura umupaka wo mu Gatumba uhuza u Burundi na Congo Kinshasa, kugira ngo impunzi z’abanye-Congo zifuza gutaha zibone uko zisubira iwabo. AFC/M23 yatanze ubwo busabe biciye mu muhuzabikorwa wayo, Corneille Nangaa, nyuma y’uko impunzi z’abanye-Congo zahungiye mu Burundi zibayeho mu […]

U Rwanda rwasinyanye amasezerano mu nzego zitandukanye na Oman

I Muscat, intumwa z’abayobozi b’u Rwanda zasinyanye amasezerano ane (4) na bagenzi babo bo muri Oman mu rwego rwo kurushaho kunoza ubufatanye bw’u Rwanda na Oman mu bijyanye na: Serivise z’ibikoresho, harimo guteza imbere ibyambu byo ku butaka n’ibikorwa, hamwe na serivisi zijyanye n’ibikoresho no gutanga amasoko; Ubwikorezi, gukora ingendo z’indege hagati ya Muscat na […]