Erik Prince yaburiye Trump ku kohereza ingabo zo ku butaka muri Iran

Erik Prince washinze umutwe w’abacanshuro wa Blackwater, yagiriye Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika akanaba inshuti ye inama yo kutazakora ikosa ryo kohereza muri Iran ingabo zo ku butaka. Erik ubwo yari mu kiganiro ‘War Room’ cyayobowe n’umunyamakuru Steve Bannon, yavuze ko Amerika iramutse ifashe icyemezo cyo gutera Iran biciye mu ngabo […]

Perezida Kagame ategerejwe i Paris

Perezida Paul Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa, aho agomba kwitabira inama mpuzamahanga yiga ku ngufu za ‘nucléaire’. Iyi nama izaba iba ku nshuro ya kabiri, izabera i Paris ku wa 10 Werurwe 2026. Izahuza abakuru b’ibihugu n’abayobozi bakuru b’inzego zitandukanye. Usibye Perezida Kagame, mu bandi bazayitabira harimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa ndetse n’Umuyobozi […]

‘Indege nyinshi’ z’intambara za Amerika zakoreye impanuka muri Kuwait

Minisiteri y’Ingabo za Kuwait yatangaje ko kuri uyu wa Mbere indege nyinshi z’intambara za Leta Zunze Ubumwe za Leta zakoreye impanuka muri iki gihugu, gusa abapilote bazo bose bashobora kuzisohokamo ari bazima. Kugeza ubu intandaro y’izo mpanuka ntiramenyekana. Minisiteri y’Ingabo za Kuwait yavuze ko yarimo ikorana na Amerika, kugira ngo hamenyekane icyaziteye. Amakuru y’ibanze aravuga […]

Ikibuga cy’indege cya Kisangani cyongeye kugabwaho ibitero bya drone

Ubutegetsi bw’Intara ya Tshopo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatangaje ko ikibuga cy’indege cy’umurwa mukuru w’iyi ntara, Kisangani, kuri iki cyumweru cyibasiwe n’ibitero by’indege za drone z’ubwiyahuzi zizwi nka Kamikaze. Ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bangboka cy’i Kisangani, cyaherukaga guterwa na drone ku itariki ya 1 Gashyantare 2026. Icyo gihe umutwe wa AFC/M23 […]

Gicumbi: Depite Masozera yasabye abarwanashyaka ba Green Party guca ukubiri n’ingeso mbi

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, ryasabye abarwanashyaka baryo bo mu karere ka Gicumbi kugendera kure ingeso mbi, ahubwo bakagira uruhare mu kubahiriza gahunda za leta bahereye mu midugudu batuyemo. Iri shyaka ryabibasabye kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Werurwe, ubwo mu karere ka Gicumbi haberaga inama ikomatanyije n’amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi […]

Uko CIA na Mossad byanetse Khamenei wa Iran kugeza yishwe

Urwego rw’ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA), byamenyekanye ko rwari rumaze amezi menshi rugenda runono uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, mbere yo y’uko yicwa ku wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare. Khamenei yiciwe mu bitero Amerika na Israel bagabye i Tehran, apfana n’abandi bayobozi bakomeye biganjemo ab’igisirikare cya Iran. Mbere […]

AFC/M23 yemeje ko Coloneli willy Ngoma yishwe na Leta ya kinshasa

Umutwe wa AFC/M23 wemeje bidasubirwaho ko Coloneli Willy Ngoma, yishwe na Leta ya Kinshasa Kuwa 24 Gashyantare 2026,aho Ingabo za Leta zishe amasezerano nkana zigamije cyane cyane kwica abasirikare ba M23 ndetse n’abaturage b’abasivile bari hanze y’urugamba. Ibi M23 yabitangaje mu itangazo yasohoye ku wa 28 Gashyantare,aho yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwishe nkana amasezerano […]

Ibimenyetso by’uko Israel yishe Khamenei wa Iran bikomeje kwiyongera

Ibimenyetso by’uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei ashobora kuba yiciwe mu bitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel biri kugenda byiyongera, nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri Israel. Televiziyo ya Channel 12 yatangaje ko amakuru yatanzwe n’umuyobozi wa Israel utashatse ko amazina ye atangazwa, avuga ko hari “ibimenyetso byinshi bigenda bigaragaza” ko uriya […]

Iran yihimuye ku bitero bya Israel na Amerika

Nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bagabye ibitero kuri Iran, kuri uyu wa Gatandatu na yo yagabye ibitero mu bice bitandukanye mu rwego rwo kwihimura. Ibitangazamakuru bitandukanye biravuga ko igisirikare cya Iran cyarashe ‘missile ballistique’ ndetse kigaba ibitero bya drone ku butaka bwa Israel, mu rwego rwo kuyihimuraho. Igisirikare cya Israel (IDF) […]

Icyo Trump avuga ku bitero Amerika na Israel bagabye kuri Iran

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibitero bihuriweho Amerika na Israel bagabye kuri Iran bigamije “kurandura ibyago byihutirwa” biva mu butegetsi bwa kiriya gihugu. Trump mu kiganiro yahaye abanyamakuru, yagize ati: “Hashize umwanya muto ingabo za Amerika zitangije igikorwa gikomeye cyo kurwana muri Iran. Intego yacu ni ugukingira abaturage ba […]

Israel yongeye kugaba ibitero kuri Iran

Kuri uyu wa Gatandatu, Israel yatangaje ko yagabye igitero cya gisirikare yise ko cyari icyo kwirinda mbere (pre-emptive strike) ku hantu hafitanye isano n’ibikorwa bya gisirikare n’ibikorwaremezo by’ingenzi bya Iran, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye. Ibisasu n’iturika rikomeye byumvikanye mu murwa mukuru wa Iran, Tehran, mu gitondo cya kare, aho ibitangazamakuru bya Leta ya Iran […]

Umuti wa Green Party ku kibazo cy’ibiryo by’amatungo bikomeje gutumbagira

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, rirateganya guha aborozi amahugurwa y’uko bajya bikorera ibiryo by’amatungo, mu rwego rwo guhangana n’igiciro cyabyo kiri hejuru. Ubuyobozi bw’iri shyaka bwabitangarije mu karere ka Gakenke, ahabereye ahatangiwe amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere. Mu byo bahuguwemo harimo uko bakora imishinga iciriritse, irimo iy’ubuhinzi n’ubworozi. Umurwanashyaka […]

M23 yishe Colonel Ukwishaka wari mu bayobozi bakuru ba FDLR

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko ingabo z’umutwe wa AFC/M23 zishe Colonel Ukwishaka Nouvelle wari umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe wa FDLR. Colonel Ukwishaka wari uzwi nka Mwenesikare, yari asanzwe ashinzwe igenamigambi muri FDLR. Amakuru avuga ko Ukwishaka yiciwe muri Teritwari ya Masisi hakomeje kubera imirwano ikomeye hagati ya […]

Trump yahaye ishimwe umupilote wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Maduro

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yambitse umudali w’ishimwe umupilote wa kajugujugu ya gisirikare wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Nicolas Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela. Warrant Officer 5 Eric Slover w’imyaka 45 y’amavuko, yambitswe uriya mudali ubwo Trump yagezaga ku Banyamerika ijambo ngarukamwaka rizwi nka the State of the Union. Trump […]

Lt. Col Willy Ngoma yaba yamaze gushyingurwa mu ishyamba

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo aravuga ko Lt. Col Willy Ngoma yamaze gushyingurwa mu mashyamba yo muri Masisi, mu gihe abakunzi be bari biteze ko ashobora gushyingurwa mu cyubahiro. Bivugwa ko Ngoma yashyinguwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru, nyuma y’umunsi umwe yiciwe mu gitero cya drone cyagabwe muri Teritwari ya Masisi. Umunyamakuru Pero Luwara […]

Telefoni yaturutse i Kigali yaburijemo ibihano bya Amerika ku Rwanda

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika byahagaritse gahunda yo gufatira u Rwanda ibihano, nyuma y’ubuvugizi bwakozwe na Senateri Lindsey Graham w’umunyamerika. The Wall Street Journal yanditse ko mu mpera za Mutarama uyu mwaka, Perezida Paul Kagame yahamagaye Senateri Graham amusaba ubufasha bwo guhagarika umugambi wa White House wo gufatira u Rwanda ibihano. […]

Andi makuru ku gitero cya drone cyahitanye Lt. Col Willy Ngoma na bagenzi be

Amakuru mashya aravuga ko abantu 18 ari bo bapfanye na Lt. Col Willy Ngoma wahoze ari umuvugizi w’igisirikare cy’umutwe wa AFC/M23, nyuma yo kugabwaho igitero cya drone n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatatu Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza byari byatangaje ko byahawe amakuru y’uko abantu icyenda ari bo baguye muri […]

Gen. Dagvin Anderson wa Amerika kwa Tshisekedi

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Gashyantare byitezwe ko ahura akanagirana ibiganiro na Gen. Dagvin Anderson wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Gen. Dagvin asanzwe ari umuyobozi w’ingabo za Amerika zikorera muri Afurika (AFRICOM). Amakuru avuga ko mu byo ari buganireho na Tshisekedi, […]

M23 yisubije uduce 5 yari yambuwe muri Masisi

Umutwe wa AFC/M23 wisubije uduce dutandukanye two muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC ryaherukaga kutwigarurira. Amakuru atandukanye aremeza ko uduce AFC/M23 yisubije turimo Kasenyi, Luke, Katobotobo, Kaniro na Kazinga. Ku wa Gatatu bwo AFC/M23 yari yisubije agace ka Kasenyi. Utu […]

AFC/M23 yunamiye Lt. Col Willy Ngoma

Umutwe wa AFC/M23 biciye muri Benjamin Mbonimpa usanzwe ari umunyamabanga uhoraho wawo, wunamiye Lt. Col Willy Ngoma wahoze ari umuvugizi w’igisirikare cyawo, umugaragaza nk’umusirikare w’intwari uzahora azirikanwa. Mbonimpa abinyujije ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Intwari ntizigera zipfa. Ni abakundwa bacu. Wari Ofisiye w’intwari ndetse n’umunyarugwiro, tuzakomeza kukuzirikana mu mitima yacu. Udusuhurize intwari zacu […]

Drone yarashe Lt. Col Willy Ngoma yishe abantu 9, Gen. Makenga ararusimbuka

Abantu icyenda (9) ni bo byamenyekanye ko baguye mu gitero cya drone cyishe uwari umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt. Col Willy Ngoma; gusa Umugaba Mukuru w’Ingabo z’uriya mutwe, Gen. Sultani Makenga yashoboye kukirokoka. Ni amakuru Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza dukesha iyi nkuru byahawe n’amasoko ane. Mu rucyerera rwo ku wa Kabiri tariki ya 24 […]

Macron na Tshisekedi baneguye u Rwanda

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa kuri uyu wa Gatatu yakiriye mu biro bye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, bagirana ibiganiro byagarutse ku Rwanda. Perezidansi ya Congo Kinshasa ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X rwahoze rwitwa Twitter, yatangaje ko ibiganiro bya Macron na Tshisekedi “byongeye gushimangira ubushake bw’u Bufaransa bwo kubahiriza ubusugire bw’imbibi […]

Nyuma y’urupfu rwa Lt. Col Willy Ngoma, AFC/M23 yikomye amahanga

Umutwe wa AFC/M23 wikomye amahanga akomeje kutagira ikintu na kimwe ku bitero bikomeye ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kuwugabaho, mu gihe wo iyo ufashe icyemezo cyo kwirwanaho birangira wamaganiwe kure. Uyu mutwe wanenze guceceka k’umuryango mpuzamahanga biciye muri Perezida wayo akanaba umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Bertrand Bisimwa. Yanditse […]

Barafinda na bagenzi be boherejwe i Mageragere

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Gashyantare, rwakatiye abarimo Barafinda Sekikubo Fred, Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na bagenzi babo gufungirwa muri gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere mu gihe cy’iminsi 30 y’agateganyo. Mu cyumweru gishize ni bwo Barafinda na bagenzi be bari baburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ku byaha […]

Trump yongeye kuvuga ko yahagaritse intambara yo muri RDC mu gihe ibintu byahinduye isura

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Mbere yongeye gutangaza ko yahagaritse intambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe imirwano ingabo z’iki gihugu zirwanamo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 yahinduye isura. Trump mu ijambo rizwi nka ‘state of the union’ yagejeje ku Banyamerika, yavuze ko mu gihe […]

Angola yaba yamaze kohereza ingabo na za Sukhoi muri RDC

Leta ya Angola biravugwa ko yamaze kohereza mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare n’indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi, mu rwego rwo gufasha ingabo za kiriya gihugu mu ntambara zirwanamo n’umutwe wa AFC/M23. The Great Lakes Observer ivuga ko ku wa 18 Gashyantare 2026, ari bwo Angola yohereje abasirikare bagera kuri […]

Lt. Col Willy Ngoma wa M23 yishwe

Lieutenant-Colonel Willy Ngoma wari umuvugizi wa gisirikare w’umutwe wa AFC/M23, yishwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Lt. Col Willy Ngoma yiciwe mu gitero cya drone ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa zagabye ku modoka zari zitwaye intumwa za AFC/M23, mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya […]

U Bubiligi bwisobanuye ku ruzinduko rwa Hadja Lahbib i Goma rwarikoroje mu Banyaburayi

Guverinoma y’u Bubiligi yasobanuye ko uruzinduko rwa Madamu Hadja Lahbib mu mujyi wa Goma rutari rugamije kwemeza umutwe wa AFC/M23 uwugenzura nk’uwemewe n’amategeko. U Bubiligi bwatanze ibi bisobanuro, nyuma yo kotswa igitutu n’abanyaburayi. Mu cyumweru gishize ni bwo Hadja Lahbib usanzwe ari Komiseri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi yagiriye uruzinduko mu mujyi […]

Umusanzu wa Mituweli watumbagiye

teka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho ingano n’uburyo bwo gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza ryasohotse ku wa 16 Gashyantare 2026, rigaragaza ko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza uzwi nka ‘Mituelle de Santé’ wiyongereye. Iri teka ryerekana ko umusanzu ku bantu bari mu rwego rwa mbere rw’imibereho wageze kuri 4,000 Frw, na ho amafaranga menshi azatangwa akaba Frw […]

Tshisekedi kwa Macron ‘gutakamba ngo u Rwanda rufatirwe ibihano’

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe i Paris mu Bufaransa aho agomba kujyanwa na gahunda zirimo gutakambira mugenzi we Emmanuel Macron kugira ngo amufashe gufatira u Rwanda ibihano. Tshisekedi ari i Burayi kuva mu mpera z’icyumweru gishize, aho ku wa Gatandatu yagiye mu Bubiligi mu ibanga, mu rwego rwo kwivuza […]

Drone za FARDC zaramutse zirasa imvura y’amabombe mu Rubaya

Umutwe wa AFC/M23 urashinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero bya drone muri Rubaya, agace ko muri Teritwari ya Masisi gakungahaye ku mabuye y’agaciro. Kuva ku wa Mbere tariki ya 23 ibice bikikije Rubaya byabaye isibaniro ry’imirwano ikomeye, nyuma yo kugabwamo ibitero by’ingabo za Leta ya RDC zifatanyije n’abarwanyi b’imutwe ya Wazalendo […]

Imyenda yacu yuzuyemo inda, dushobora kurwara ‘typhus’: Abasirikare ba FDNB bari muri RDC

Abasirikare u Burundi bwohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bafite ubwoba bwo kurwara indwara ya ‘Typhus’ ikomoka ku nda, kubera kutitabwaho. Mu Ukuboza umwaka ushize u Burundi bwacyuye zimwe mu ngabo bwari bufite mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu rwego rw’ibyo bwise “kubahiriza amasezerano ya Washington”, ariko buza gusiga mu mujyi wa […]

Uvira: U Burundi bwongeye gufungura umupaka

U Burundi kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare, bwongeye gufungura umupaka wa Gatumba-Kavimvira, nyuma y’amezi abiri bwarawufunze. Leta y’u Burundi yari yarafunze uyu mupaka mu Ukuboza 2025, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira umujyi wa Uvira wa kabiri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuyobozi wa serivisi z’abinjira n’abasohoka […]

Lague wa Police FC yatawe muri yombi na Polisi

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira ikipe ya Police FC, amaze iminsi afunzwe nyuma yo gufatwa atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Mu ijoro ryo Ku wa Kane w’icyumwe gishize ni bwo uyu mukinnyi yafashwe n’ishami rya Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Amakuru avuga ko ubwo abapolisi bamufataga yabanje kubasagararira yitwaje kuba ari umukinnyi […]

Tshisekedi mu myiteguro yo kwakira abarimo Kayumba Nyamwasa i Kinshasa

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko ari mu myiteguro yo kwakira i Kinshasa abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda barangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Iby’uyu mugambi byatangajwe n’umunye-Congo Pero Luwara uzwiho gutangaza amakuru y’ibanga y’imbere mu butegetsi bw’i Kinshasa. Uyu mugabo usanzwe aba mu […]

Mukura VS irashinja umusifuzi Uwikunda Samuel kwibira Rayon Sports

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs biciye mu mutoza wayo, Nshimiyimana Canisius, yatangaje ko yatsinzwe na Rayon Sports kubera ko habayemo ukuboko k’umusifuzi Uwikunda Samuel. Ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura VS ibitego 2-1 mu mukino wo ku munsi wa 21 wa shampiyona y’icyiciro cya […]

Me Nyarugabo yahase ibibazo abarimo Amerika, Qatar na Ndayishimiye

Me Nyarugabo Moïse wigeze kuba umusenateri na Minisitiri muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabajije abahuza mu bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo impamvu bakomeje kuruca bakarumira ku mabi ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera mu misozi miremire. Ni nyuma y’uko izo ngabo […]

U Rwanda, Amerika na Israel byahuriye mu nama y’umutekano

U Rwanda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel n’ibindi bihugu bya Afurika, muri iki cyumweru byahuriye mu nama y’umutekano yabereye i Kigali. Iyi nama yabaye ku wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare, yari ifite insanganyamatsiko yiswe iyo “guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel, Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati bushya.” Abayiteguye babwiye The Times of Israel […]

Ndayishimiye yirukanye burundu Colonel wibye umuceri w’abasirikare

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yirukanye burundu Colonel Gérard Nijimbere muri Polisi ya kiriya gihugu amuhora kwiba umuceri ugenewe abasirikare. Iteka ryirukana burundu Colonel Nijimbere azira “kwiba umuceri ugenewe abasirikare”, ryasohowe na Perezida Evariste Ndayishimiye ku wa 19 Gashyantare 2026. Uyu mupolisi yirukanwe muri Polisi y’u Burundi, nyuma y’iminsi abasirikare b’u Burundi by’umwihariko abo muri […]

Capitaine Ndayishemeze wa FDNB yishwe na M23/Twirwaneho

Capitaine Eraste Ndayishemeze wo mu ngabo z’u Burundi (FDNB), yiciwe mu mirwano yasakiranyije ingabo z’u Burundi n’imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23. Uyu ofisiye yishwe ku wa Kane w’iki cyumweru, agwa mu gace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo z’u Burundi zari zagabye igitero. Ni imirwano amakuru […]

M23 yarekuye abasirikare 230 ba FARDC bari bamaze igihe mu maboko yayo

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko warekuye abasirikare 230 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bari bamaze igihe mu maboko yawo, kugira ngo bashyikirizwe imiryango yawo. Ku wa Gatanu tariki ya 30 ni bwo uriya mutwe washyikirije abo basirikare Komiseri w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe kwitegura no gucunga ibiza; ndetse n’uburinganire. Madamu […]

Uyu munsi twarashe Drone zirenga 50: Col. Rugabo wa Twirwaneho

Umutwe wa Twirwaneho uravuga ko ufatanyije na AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare barashe drone zirenga zirenga 30 z’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni nyuma y’imirwano yiriwe isakiranya impande zombi mu bice by’imisozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko kuri uyu wa […]

U Rwanda ntirushyigikiye ko Ndayishimiye yaba umuhuza mu bibazo bya RDC

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko idashyigikiye ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi uheruka guhabwa inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yaba umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera uruhare igihugu cye gifite mu ntambara iri kuhabera. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro we na Komiseri […]

Kimenyi Yves yasezeye kuri ruhago

Umunyezamu Kimenyi Yves wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda ndetse n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yahagaritse gukina umupira w’amaguru. Kimenyi w’imyaka 33 y’amavuko, yemeje ko yafashe kiriya cyemezo biciye mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu. Yagize ati: “Muryango mugari w’Umupira w’Amaguru, mfashe uyu mwanya ngo mbamenyeshe ku mugaragaro ko nsezeye burundu gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga.” Kimenyi […]

Ubwicanyi bwa FARDC, FDLR na FDNB ku baturage: AFC/M23 yamaganye guceceka kw’amahanga

Umutwe wa AFC/M23 wamaganye amahanga akomeje kuruca akarumira ku bwicanyi ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera abaturage b’abasivile bo muri Kivu y’Amajyepfo. Ni nyuma y’ubwicanyi bushya ririya huriro rigizwe n’ingabo za RDC (FARDC), iz’u Burundi (FDNB), umutwe w’iterabwoba wa FDLR, Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga, bakoreye abantu benshi bo mu bice […]

Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC muri ‘misiyo y’ibanga’ kwa Ndayishimiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Gén. Banza Jules Mwirambwe, ku wa Kane tariki ya 19 Gashyantare yagiriye uruzinduko rw’ibanga mu Burundi. Amakuru y’uruzinduko rw’uyu musirikare i Bujumbura, yatangajwe bwa mbere n’umunyamakuru Pero Luwara uzwiho gutangaza amakuru y’ibanga y’imbere mu butegetsi bwa Congo Kinshasa. Amakuru avuga ko Lt Gen. Banza Jules […]

Col. Sumanyi Charles Sumanyi yarahiye

Kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Gashyantare, Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yayoboye umuhango w’irahira rya Col Charles Sumanyi ku mwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare. Colonel Sumanyi yarahiriye ziriya nshingano, nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 28 Mutarama 2026. Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yasabye Col Sumanyi kuzarangwa n’ubunyangamugayo, yirinda gukoresha ububasha […]

Ubutasi bwa Kenya bwahishuye umubare w’abaturage bayo bari mu ntambara yo muri Ukraine

Ubutasi bwa Kenya bwahishuye ko abaturage 1,000 b’iki gihugu ari bo bari kurwana intambara y’u Burusiya na Ukraine. Bikubiye muri raporo Urwego rushinzwe ubutasi bwa Kenya (NIS) rwagejeje ku nteko ishinga amategeko ya kiriya gihugu. Iyo raporo ivuga ko abenshi mu banya-Kenya bisanze muri iriya ntambara, nyuma yo gushukwa bakisanga basinye amasezerano ya gisirikare. Amaperereza […]

Minisitiri Biruta yasuye ikigo ‘special forces’ za Misiri zikoreramo imyitozo

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, ku wa Gatatu yasuye ikigo cy’igihugu cya Misiri gishinzwe gutanga imyitozo ku mitwe y’Ingabo zihariye za kiriya gihugu. Ambasade y’u Rwanda mu Misiri ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko Minisitiri Dr. Biruta n’itsinda bari kumwe, basuye amashami atandukanye y’icyo kigo, atangirwamo amahugurwa agezweho kandi y’umwuga […]

RDC yahaye Amerika ikirombe cyo mu matware ya M23

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye ikirombe gicukurwamo Coltan cya Rubaya ku rutonde rugufi rw’imitungo y’ingenzi iri guha Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rw’ubufatanye mu by’amabuye y’agaciro bw’ibihugu byombi. Ikirombe cya Rubaya cya mbere gicukurwamo Coltan nyinshi ku Isi, kimaze imyaka ibiri kiri mu maboko ya M23. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza bivuga ko […]

Bugesera: Hahishuwe ubwoko bw’uburozi bwari muri kanyanga yishe abantu 17

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere ka Bugesera, ryagaragaje ko cyarimo ikinyabutabire cy’uburozi cyo mu bwoko bwa Methanol. Abantu bapfuye nyuma yo kunywera kanyanga mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera. Ubushinjacyaha buvuga […]

Uwabaye Visi-Perezida w’u Burundi ntakozwa ibyo gusaba u Rwanda kuvanaho ingamba z’ubwirinzi

Gaston Sindimwo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi, yatangaje ko atumva impamvu u Rwanda rumaze igihe rusabwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwafashe, nyamara rugaragaza impungenge z’uko umutekano warwo ushobora guhungabanywa. Uyu mugabo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi hagati ya 2015 na 2020 ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Chaîne ya YouTube yitwa Africa TV. […]

Kenya na yo yatangiye guhiga Umurusiya wifashe amashusho asambana n’abagore baho

Leta ya Kenya yasohoye impapuro zo guta muri yombi umugabo w’Umurusiya, nyuma yo kwifata amashusho asambana n’abagore bo muri kiriya gihugu akayashyira ku karubanda. Uyu mugabo wahawe akabyiniriro ka ‘Balthazar w’Umurusiya’,  agenda azenguruka ibihugu bya Afurika aryamana n’abagore n’abakobwa ari na ko abafata amashusho akoresheje amadarubindi ye. Minisiteri y’Uburinganire, Umuco n’Imibereho Myiza y’Abana muri Kenya, […]

Burera: RIB yahishuriye abaturage amayeri yifashishwa n’abacuruza abantu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangiye gukora ubukangurambaga mu baturage bo mu turere twegereye imipaka, mu rwego rwo kubasonurira uruhare rwabo mu kwirinda icyaha cy’ijuruzwa ry’abantu. Ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare ubwo bukangurambaga bwakorewe mu karere ka Burera, mbere y’uko kuri uyu wa Kabiri na none bukomereza muri aka karere ko mu ntara y’amajyaruguru. […]

M23 na Twirwaneho bisubije Point-Zéro

Umutwe wa M23 ufatanyije n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 bigaruriye agace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 na Twirwaneho bigaruriye aka gace, nyuma y’ibyumweru bibiri ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryigaruriye kariya kariya gace. AFC/M23 yigaruriye kariya gace nyuma […]

U Bufaransa bwavuze ku basirikare babwo bagaragaye i Kisangani

Leta y’u Bufaransa yasobanuye ko abasirikare bo mu ngabo za kiriya gihugu bagaragaye i Kisangani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari aboherejwe gutoza ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biciye mu mikoranire isanzwe hagati y’ibihugu byombi. Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amafoto y’abasirikare b’Abafaransa bari mu mujyi wa […]

Igisubizo cy’umujyanama wa Trump ku munyamakuru wamubajije niba Amerika izahana P. Kagame

Umujyanama wa Perezida Donald Trump ku bibazo birebana na Afurika, Massad Boulos, yatangaje ko adashobora kwemeza niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizafatira ibihano Perezida Paul Kagame, kuko nta makuru abifiteho. Yasubizaga umunyamakuru Marc Pellerman wa Televiziyo ya France 24 wari umubajije niba Washington iteganya gufatira ibihano Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ishinja “kwica mu buryo […]

Twirwaneho na M23 barashe drone 3 za FARDC n’abambari bayo

Imitwe ya  Twirwaneho na AFC/M23, kuri uyu wa Mbere yahanuye drone eshatu za Kamikaze z’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni nyuma y’uko hari hashize iminsi itatu  nta mirwano ikomeye ihuza impande zombi. Kuri uyu wa Mbere imirwano yabereye mu gace ka Point-Zero ho muri Teritwari ya Fizi, […]

Ndayishimiye yasasiwe ibitenge n’abaturage ubwo yageraga i Bujumbura

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yasasiwe ibitenge n’abaturage be ubwo yageraga i Bujumbura akubutse i Addis-Abeba muri Ethiopie. Uyu mugabo yakiriwe mu cyubahiro nyuma y’uko mu cyumweru gushize yahawe inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Mbere yo kugera i Bujumbura, mu mihanda yo muri uyu mujyi abaturage baje kumwakira bari benshi, nyuma y’ubukangurambaga […]