Amaherezo u Bufaransa bwemeye ko bwakoresheje iyicarubozo muri Algeria

Igihugu cy’u Bufaransa ku nshuro ya mbere cyemeye ko cyakoresheje iyicarubozo mu gihe cy’intambara yo guharanira ubwigenge muri Algeria mu myaka ya za 50. Kuri uyu wa kane, itariki 13 Nzeri, Perezida Emmanuel Macron yavuze ko Maurice Audin (ku ifoto), umwe mu mpirimbanyi z’ubwigenge zagenderaga ku matwara ya Gikomunisiti waburiwe irengero mu 1957, yapfuye azize […]

Rusizi: Barasaba ubuyobozi guhagurukira ikibazo cya ’Banki Lambert’

Bamwe mu batuye umujyi wa Rusizi barasaba ubuyobozi bw’aka karere n’inzego z’umutekano zihakorera guhagurukira ubucuruzi bw’amafaranga butemewe bita ‘’ Banki Lambert’’ mu ndimi z’amahanga, burushaho kwiyongera, bunarushaho gukenesha abaturage,aho ngo bamwe baterezwa ibyabo cyamunara cyangwa  bakajyanwa mu nkiko kubera amafaranga baba bafashe bagomba kwishura inyungu zirenze urugero bakayabura. Nk’uko bamwe mu bacuruzi n’abakunda gufata aya […]

Afurika y’Epfo: Umugore yabyariye rimwe abana batanu- AMAFOTO

Mu bitaro bya Clinix Botshelong Empilwe byo muri Afurika y’Epfo umugore utatangajwe amazina yahabyariye abana batanu. Ubuyobozi bw’ibi bitaro butangaza ko ari inshuro ya gatatu kuva mu 1960, umugore abashije kubyara abana batanu muri ibi bitaro. Butangaza kandi ko ari ibisanzwe ko atari ubwa mbere umugore abyaye abana barenze umwe, buri mwana ngo akaba yagiye […]

Intara y'Uburengerazuba yakusanyije imisoro ya miliyari 8.350Frw ugereranyije n'intego ya miliyari 7,2 yari yihaye

Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, ushinzwe iterambere ry’abaturage, Harelimana Cyriaque atangaza ko gusora neza bituma Igihugu kirushaho kwigira ntikibeshweho n’imisoro y’abaturage b’ibindi bihugu. Ibi yabitangaje mu muhango Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyateguye wo gushimira abasora bo mu Ntara y’Iburengerazuba, wabereye mu Karere ka Rutsiro ku wa 12 Nzeri 2018, aho abasora neza kandi ku […]

Chris Brown ntagikura ijisho ku mafoto ya Rihanna

Umuhanzi Chris Brow ntagikura ijisho ku mafoto y’uwo bahoze bakundana, Rihanna by’umwihariko ayo uyu mukobwa ashyira ku mbuga nkoranyambaga. Imwe mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi yatangarije ikinyamakuru Hollywoodlife dukesha iyi nkuru ko Breezy nk’uko bakunda kumwita abiterwa no kuba abona Rihanna ateye amebengeza muri ibi bihe kurusha mu minsi ishize. Iyi nshuti yagize iti”  […]

Abanyarwanda 2 muri Gereza ya Luzira bashinjwa gutunga imbunda n’ubutasi

Abanyarwanda babiri mu gihugu cya Uganda bashinjwe gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe imibanire hagati ya Uganda n’u Rwanda ikomeje kugaragaramo igitotsi cyiyongera aho kugabanyuka. Ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko mu myaka mikeya ishize imibanire y’u Rwanda na Uganda yarushijeho kwangirika bigaha icyuho imyiteguro y’amakimbirane yeruye yavamo imirwano hagati y’ibihugu byombi. Kunanirwa gucyemura ibibazo […]

Urutonde rw’inyubako 10 nziza muri Afurika- AMAFOTO

Uko iterambere rikomeza kwihuta mu bihugu bimwe na bimwe byo muri Afurika ni nako ibikorwaremezo nabyo byiyongera bityo hakaba hari inyubako ziza ku isonga mu bwiza ku mugabane wa Afurika. 1.  Inyubako ya 15 Alice Lane Towers (Johannesburg) Ni inyubako ibarizwa muri Afurika y’Epfo, mu gace ka Sandton i Johannesburg, iyi nyubako, iyi nyubako ngo […]

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko yasabye guverinoma ibisobanuro ku bikorwa bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 12 Nzeri, yasabye guverinoma ibisobanuro ku itabwa muri yombi rinyuranyije n’amategeko no gusubizwa iwabo bikomeje gukorerwa Abanyarwanda. Icyemezo cya perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda kije nyuma y’aho bamwe mu badepite bagaragarije ko iri tabwa muri yombi no gusubiza iwabo Abanyarwanda […]

Guverinoma irateganya kuzaba yisubije ubutaka bwayo bwigaruriwe bitarenze muri Kamena 2019

Kugeza mu kwezi kwa Kamena mu mwaka utaha wa 2019 ngo Guverinoma y’u Rwanda izaba yamaze kugaruza ubutaka bwayo bwigaruriwe ndetse bukandikwa ku mazina y’abantu ku giti cyabo n’abayobozi b’ibanze nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka (RLMUA). Mu ntangiriro z’uku kwezi, RLMUA nibwo yasubukuye igikorwa cyo kubarura ubutaka bwa leta ku bufatanye n’abafatanyabikorwa […]

Uwahoze akundana na Eddy Kenzo yasabye ko hazirikanwa ibihe byiza bagiranye

Uwahoze ari umugore wa Eddy Kenzo, Rema Namakula yatangaje ko uwahoze ari umugabo we batigeze bamarana igihe gihagije kandi ngo bahe agaciro k’ibihe byihariye bagiranye ubwo bari bakiri kumwe. Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram kuwa 14 Nzeri, Rema mu mvugo igaragaza agahinda  yavuze ko  bibabaje uburyo umuntu akunda cyane amara igihe yishimana n’abandi bantu […]

Resitora yahombye miliyoni 190 z’amadorali kubera imbeba yaguye mu isosi

Resitora izwi cyane mu Bushinwa yatakaje miliyoni 190 z’amadolari y’Amerika ku isoko ry’imari n’imigabane nyuma yaho umugore utwite asanze imbeba yapfuye mu isosi ye. Imigabane ya resitora Xiabu Xiabu yaguye igera ku kigero cyo hasi cyane itari yarigeze igeraho mu gihe kigera hafi ku mwaka, nyuma yaho amafoto agaragaza iyo mbeba yapfuye iri gukurwa mu […]

Uganda: Umunyamerika ukiri muto yasanzwe aho yari acumbitse yapfuye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki 13 Nzeri, abayobozi mu gihugu cya Uganda basanze umusore w’imyaka 21 w’Umunyamerika yapfiriye mu icumbi yari acumbitsemo muri Entebbe. Uyu musore basanze yitwa James Crow, biravugwa ko yaba yiyahuriye mu cyumba cye mu icumbi rizwi nka Entebbe Zoo Hostel, aho yari acumbitse kuva kuwa Mbere ushize. Abayobozi […]

Karongi: Polisi yafashe ibikoresho by’ikoranabuhanga byari byibwe muri kompanyi y’Abashinwa

Ku italiki ya 12 Nzeri, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Karongi, mu murenge wa Rubengera, akagari ka Gacaca,yafashe umusore ukekwaho kwiba ibikoresho by’ikoranabuhanga Kompanyi y’Abashinwa  “Hunan Road and Blidge Construction Company Limited Group”(HRBCCLG), ikora umuhanda Gatsibo- Kayonza. Ibikoresho byibwe bigizwe na  Mudasobwa 2 n’ibikoresho byazo. Bikaba byaribwe n’umusore witwa Ndahayo Gilbert w’imyaka 27 […]

RDC: Abatavuga rumwe na Leta baburiye Perezida Kabila

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokaarasi ya Congo baburiye Leta ya Kabila ko yazaryozwa ingaruka zaterwa n’amatora y’ikinamico barimo gutegura. Ibiro ntaramakuru AFP biratangaza ko abakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo basabye Perezida Joseph Kabila kurinda iki gihugu “akavuyo” bavuga ko gashobora guterwa no kutubahiriza amategeko agenga amatora. Byavuzwe n’abakandida-perezida […]