Iyi Nyabarongo turayivoma kuko nta mazi dufite- Abaturage b'i Runda/Kamonyi
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Rubumba, Akagali ka Ruyenzi, mu Murenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi, bavuga ko babangamiwe no kuba bakivoma amazi y’umugezi wa Nyabarongo. N’ubwo abaturage bavuga ko badafite amazi meza, Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi buvuga ko butari buzi ko hari abaturage bako bakivoma aya mazi. Aba baturage bo mu Mudugudu […]
Namenye ibyo 'Gukuna n'amavangingo' ngeze mu Rwanda ariko si ibanga bigiye kunsenyera pe!Â
Muraho neza, nitwa …..[Izina ryagizwe ibanga] ntuye i Nyamata mu Karere ka Bugesera, mu Ntara y’Iburasirazuba. Mu by’ukuri bimwe mu by’umuco wa Kinyarwanda nagiye ndushaho kubimenya ngeze mu Rwanda mu mwaka wa 2013. Navukiye mu mahanga, kuko niho ababyeyi banjye babaga, naje kugera mu Rwanda mu 2013, mu 2015 mpashakira umugabo, ubu dutuye aho ntangaje […]
Intambara y'ibitutsi hagati ya Perezida Trump n'abayobozi b'Ubwongereza
Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza, Jeremy Hunt, yavuze ko Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika “yasuzuguye” Minisitiri w’Intebe wabo n’igihugu cyabo. Bwana Hunt avuze aya magambo nyuma yaho Perezida Trump avuze ko Sir Kim Darroch, uhagarariye Ubwongereza muri Amerika, ari ‘Umuntu w’igicucu cyane’. Ni mu gihe hakomeje umwuka w’ubushyamirane hagati y’ibihugu byombi […]
Nyamasheke: Ababyeyi barasabwa gukora ibishoboka byose byazamura imitsindire y'abana
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Intara y’Iburengerazuba, Kamari AimĂ© Fabien, yasabye ababyeyi gukora ibishoboka byose byazamura ireme ry’uburezi, bakareka kwigira ba Ntibindeba, birengagiza inshingano z’ibanze bafite ku bana babo. Ababyeyi bahawe uyu mukoro mu gihe hari ingero zikigaragara za bamwe ngo usanga bacyumva ko kugaburira umwana no kumuha amafaranga y’ishuri bihangije, ibindi ugasanga babihariye abarimu n’ubuyobozi […]
Turi aba mbere ariko biracyashoboka ko umwanya twawutakaza- Umutoza wa APR FC
Umutoza w’Ikipe ya APR FC avuga ko n’ubwo bamaze gukina imikino ibiro ya CECAFA Kagame Cup batsinda, batakwirara ahubwo ko bakeneye gukina neza umukino wa nyuma wo mu itsinda C bakawutsinda. Kugeza ubu ikipe ya APR FC ni yo iyoboye iri tsinda C n’amanota Atandatu, aho yatsinze imikino ibiri yayo yose, Green Eagles FC na […]
Tanasha yeruye avuga ko inda atwite yayisamye bimutunguye
Tanasha Donna, umukunzi w’umuhanzi Diamond Platnumz, yahishuye ko inda atwite yayisamye mu buryo atateguye ndetse anahishura bimwe mu byamufashije kuyihisha kugeza ku mezi arindwi ifite kugeza magingo aya. Tariki ya 7 Nyakanga 2019, nibwo hizihizwaga isabukuru y’uyu mukobwa wigaruriye umutima wa Diamond ari nabwo batangazaga ku mugaragaro ko biteguye kwakira umwana wabo wa mbere w’umuhungu, […]
Mu mirwano nashoboraga kuhasiga ubuzima nk’uko abandi benshi bahazize ubwabo- Perezida Kagame
Perezida Kagame avuga ko ubwo yarwanaga urugamba rwo kubohora u Rwanda, atari afite intego yo kuzaba Perezida, mu gihe ngo yanashoboraga kuruburiramo ubuzima. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu ntangiriro z’uku kwezi, mbere y’uko hizihizwa ibirori by’isabukuru y’imyaka 25 ishize u Rwanda rubohowe. Iki kiganiro cyabereye mu Ngoro y’Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda, hafatwa nk’igicumbi cy’amateka […]
Huuuu! baratujujubije ahubwo- umuturage wemeranya na Dr Kayumba kuri serivisi mbi za interineti ya  MTN
Bamwe mu baturage bandikiye Bwiza.com bavuga ko ibyatangajwe n’umwarimu wa Kaminuza akaba n’umushakashatsi, Dr Christopher Kayumba ko kompanyi ya MNT Rwanda imwiba ku bijyanye na serivisi za interineti ari impamo. Dr Kayumba yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter ko iyo aguze bando ya interineti ihita ishira ako kanya kandi ntacyo ayikoresheje. Umwe mu baturage batwandikiye […]
Ni wita izina ibihe urimo cyangwa ikintu utegereje guhabwa bizakongerera ukwizera-Rev./Ev.Eustache Nibintinje
Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Uyu munsi yaduteguriye inyigisho […]
Perezida Kagame ashimira Tshisekedi wemera ubufasha mu rugamba rwo guhashya inyeshyamba
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko u Rwanda rwiteguye gufasha Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rugamba rwo guhashya imitwe y’inyeshyamba ikomeje guhungabanya umutekano wacyo ndetse ko bishimishije kuba Perezida w’ iki gihugu yemera ubufasha. Bibaye nyuma y’aho Perezida w’iki gihugu, Felix Tshisekedi atangarije ko biyemeje kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano […]
Abanyayuganda birukanwe mu Rwanda bavuze urwo bahaboneye
Abaturage ba Uganda babiri aribo Brian Buwambwe na Abdul Waswa  bavuga ko birukanwe mu Rwanda bamaze gukubitwa ndetse n’uburenganzira bwabo bukaba ngo bwarahohotewe. Ikinyamakuru Softpower benshi bakunda gutunga agatoki ko kiri mu kwaha kwa Uganda, aya ni amakuru Bwiza.com itabasha kwemeza, kivuga ko aba bagabo birukanwe mu Rwanda kuwa Mbere w’iki Cyumweru mu masaa kumi […]
Kigali: Bamwe mu bagororwa bigometse ku mategeko ya gereza/ Mageragere
Ubuyobozi bw’Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa mu Rwanda (RCS) butangaza ko nta myigaragambyo yabaye muri gereza ya Mageragere, iherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali, ahubwo ko ari bamwe mu bagororwa bagerageje kwigumura ku mabwiriza n’amategeko agenga gereza. Amakuru yavugaga ko imyigaragambyo muri gereza yabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 8 Nyakanga […]