Rusizi: Polisi yarashe ukekwaho ubujura washatse kuyirwanya ahita apfa

Niyonzima Jean Damascène yarasiwe aho mu muhanda rwagati imbere y'ayo mazu.

Mu mujyi wa Rusizi, umugabo witwaga Niyonzima Jean Damascene uri mu kigero cy’imyaka 28 y’amavuko, yarashwe arapfa bikavugwa ko yashakaga kurwanya abapolisi bari bari mu kazi kabo ko gucunga umutekano mu mujyi, aho bamubonye yikoreye ibyo yari yibye afite n’ibikoresho bikomeretsa , bamuhagaritse ashaka kubarwanya bagahita bamurasa agapfa. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe na bamwe mu banyerondo […]

Kenya: Abantu 4 bafatanywe umupfu wa baringa babeshya ko bagiye gushyingura

Polisi ya Kenya yafashe umushoferi n’abandi batatu bakoresheje amayeri ahambaye bagamije kwica gahunda ya ‘Guma murugo’, aba bakaba bafashwe bari batwaye isanduku irimo ubusa n’indabo mu modoka babeshya ko bagiye gushyingura umuntu wapfuye. Mu gihe Kenya isaba abantu bose gukomeza kubahiriza gahunda ya guma mu rugo, abagabo batatangajwe amazina bafashwe ubwo bari bamaze kujyenda ibirometero […]

Rubavu: Nta wemerewe kugurisha imitungo ye muri ibi bihe bya Covid-19

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu tariki ya 17 Mata 2020 bwandikiye abanyamabanga b’imirenge yose ikagize bubamenyesha ko muri ibi bihe byo kwirinda indwara y’icyorezo ya Covid-19, nta muturage wemerewe kugurisha umutungo we. Hashingiwe ku makuru avugwa mu bice bitandukanye by’aka karere avuga ko hari abaturage bafatirana bagenzi babo, bakagura imitungo yabo nk’ubutaka ku giciro kiri hasi […]

Igitutu cyo kweguzwa cyatumye Minisitiri w’Intebe wa Lesotho arunda ingabo mu murwa mukuru

Minisitiri w’Intebe wa Lesotho, Thomas Thabane, ushinjwa kwica uwahoze ari umugore we, yasutse abasirikare ku mihanda yo mu murwa mukuru Maseru ngo bagarure amahoro mu gihugu. Minisitiri Thabane ashinjwa kwivugana Lipolelo Thabane wahoze ari umugore we wishwe muri 2017. Avugira kuri Televiziyo y’igihugu ejo ku wa gatandatu, yavuze ko hari abafite mu nshingano kugenzura ishyirwa […]

Covid-19: Donald Trump ashyigikiye Abanyamerika banze kuguma mu rugo

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump kuri uyu wa 17 Mata 2020 yagaragaje ko ashyigikiye abaturage bo muri leta eshatu bigaragambiriza ibwiriza ryo kuguma mu rugo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19. “Mubohore Minnesota, mubohore Michigan, Mubohore Virginia.” Ubu ni ubutumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga akoresha, abakurikiranira bya hafi ibiri kubera muri […]