Mu mikino ya OIF, Tshisekedi yatunze urutoki ibihugu by’abaturanyi

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo yatunze urutoki ibihugu by’abaturanyi atavuze amazina cyangwa umubare, abishinja guteza umutekano muke mu gihugu ayoboye. Ibi bikubiye mu butumwa yatanze ubwo yatangizaga ku mugaragaro imikino y’umuryango OIF ugizwe n’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, iri kubera i Kinshasa kuva kuri uyu wa 28 Nyakanga 2023. Tshisekedi yavuze […]

Bigirimana Abedi yateye umugongo Rayon Sports, asinyira Police FC

Ikipe ya Police FC yasinyishije Umurundi Bigirimana Abedi wahoze akinira Kiyovu Sports. Uyu musore ukina hagati mu kibuga yasinye amasezerano yo gukinira iriya kipe ya Polisi y’u Rwanda mu myaka ibiri iri imbere. Bigirimana Abedi yasinyiye Police FC nyuma y’iminsi myinshi avugwa muri Rayon Sports. Amakuru avuga ko iyi kipe ikunzwe kurusha izindi yamuganirije bikagera […]

Abarimo Captain muri RDF na Colonel muri FARDC bafatiwe ibihano na EU

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) watangaje ko wafatiye ibihano abantu icyenda, barimo Captain Niragire Jean Pierre wo mu ngabo z’u Rwanda na Colonel Salomon Tokolonga wo mu za Congo. EU mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko abo yafatiye ibihano ibashinja “ihonyora rikabije ry’uburenganzira bwa muntu no gukorera ihohotera muri Repubulika […]

Mu Burusiya: Hari abakuru b’ibihugu bya Afurika banze kwifotozanya na bagenzi babo

Bamwe mu bakuru b'ibihugu banze kujya muri iyi foto

Bamwe mu bakuru b’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika bagiye mu nama y’uyu mugabane n’u Burusiya mu mujyi wa Saint Petersburg banze kwifotozanya na bagenzi babo. Nk’uko Jeune Afrique yabitangaje, abanze kujya mu ifoto rusange ni: Perezida Macky Sall wa Sénégal, Umaro Sissoco Embalà³ wa Guinée Bissau, Denis Sassou-Nguessou wa Congo na Azali Assoumani w’ibirwa […]

Rwanda yatupilia mbali madai ya kuvuka mpaka na kuingia Kivu Kaskazini

Jeshi la Ulinzi la Rwanda (RDF) lilikanusha shutuma za vikosi vya jeshi la DR Congo (FARDC) kwamba wanajeshi wa Rwanda mnamo Alhamisi, Julai 27, walivuka mpaka na kuingia jimbo la Kivu Kaskazini. RDF imesema jeshi la Kongo limeendelea kushirikiana na FDLR, kundi la Umoja wa Mataifa lililowekewa vikwazo vya mauaji ya halaiki lenye makao yake […]

Putin has gifted Zimbabwean President with a helicopter

President Valdmir putin of Russia has given out a present of a helicopter to his counterpart Emmerson Mnangagwa of Zimbabwe. Valdimir Putin gifted the president of Zimbabwe a helicopter, Harare said on Thursday 27 july 2023, as the Russian leader courts the backing of African leaders in Saint Petersburg. Zimbabwe’s President, Emmerson Mnangagwa, is among […]

Ihangana hagati ya Cardi B n’umugabo we Offset ryafashwe nk’agakino

Umuraperikazi Cardi B akomeje kwandika amateka nyuma yo kuganira ku mbuga nkoranyambaga ze ahakana ko ibyo abantu bakomeje kuvuga ko ubushyamirane hagati ye n’umugabo Offset nta kindi cyari kigamijwe uretse ugushaka kumenyekanisha indirimbo yabo nshya. Nyuma y’ukwezi kumwe uyu muraperi w’imyaka 30, n’umugabo we ubarizwa mu itsinda rya Migos, bashyamiranye binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ababakurukira […]

Keven Hart yacyeje u Rwanda ku bw’ibihe byiza yarugiriyemo

Kevin Hart uzwi cyane mu gusetsa no gukina filime yatangaje ko azahora yishimira ikaze n’urukundo yakiranywe nyuma y’uruzinduko aherutse kugirira mu Rwanda. Ku wa kabiri, tariki ya 18 Nyakanga, Kevin Hart, ari kumwe n’umugore we Eniko Hart hamwe n’abana be, bagaragaye bwa mbere i Kigali, basura inzu icuruza ibijyanye y’imyambarire izwi cyane yitwa Haute Baso. […]

Rutshuru: Imirwano hagati ya M23 na Wazalendo yaguyemo umuntu abandi barakomereka

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko kuri uyu wa gatanu, itariki 28 Nyakanga, mu gace ka Rugarama muri Gurupoma ya Busanza, habereye imirwano hagati ya M23 na Wazalendo . Nk’uko bigaragara ku nkuta z’ibinyamakuru n’abanyamakuru batandukanye bo muri Congo kuri […]

Kevin Hart partage son expérience au Rwanda

kevin-4-96667.jpg

Le comédien et acteur de cinéma populaire Kevin Hart a déclaré qu’il chérirait à  jamais l’accueil chaleureux et l’amour qu’il a reà§us lors de sa récente visite au Rwanda . Kevin Hart, aux côtés de sa femme Eniko Hart et de ses enfants, a été aperà§u pour la première fois à  Kigali le mardi 18 […]

Yapfiriye mu icumbi nyuma yo gukoresha ibinini bya viagra mu gutera akabariro

Polisi ya Teritwari mu karere ka Bukedi y’Amajyepfo na Busia muri Uganda, yikije ku byabaye muri aka gace, aho umusore w’imyaka 30 uzwi ku izina rya Ouma Justus utwara abagenzi kuri moto yapfuye nyuma yo gutera akabariro. Uyu musore wo mu mudugudu wa Buwaya, Bumunyi Parisj, mu ntara ya Masinya mu karere ka Busia, apfiriye […]

RDF irashinja FARDC gutangaza ibinyoma

Igisirikare cy’u Rwanda, RDF, kirashinja icya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, gutangaza amakuru y’ibinyoma kuri uyu wa 27 Nyakanga 2023 mu buryo bugambiriwe. Kuri uyu wa 27 Nyakanga, Umuvugizi wa FARDC, Maj. Gen. Sylvain Ekenge, yatangaje ko mu gitondo cy’uwo munsi abasirikare b’u Rwanda binjiye ku butaka bwa RDC birukankana Abanyekongo, basubizwa inyuma n’ab’iki […]

Urutonde rwa Coup d’etat ziheruka gukorwa muri Afurika y’iburengerazuba no hagati

Ku wa Gatatu, itariki 26 Nyakanga 2023, abarinzi b’umukuru w’igihugu muri Niger bafatiye Perezida Mohamed Bazoum mu ngoro ye mu murwa mukuru Niamey, aho Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba (ECOWAS) n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bita kugerageza guhirika ubutegetsi . Ni ihirikwa ry’ubutegetsi rya cyenda cyangwa kugerageza gufata ubutegetsi mu myaka irenga itatu gusa […]

Senateri Uwizeyimana aremeza ko ikizamini cya ‘démarrage’ gitesha abantu umwanya

Senateri mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Uwizeyimana Evode aremeza ko ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga kizwi nka ‘démarrage’ gitesha umwanya abakoresha imodoka za ‘automatique’. Ni igitekerezo yagejeje Minisitiri w’ibikorwaremezo, Dr Nsabimana Ernest, wari umaze guha Inteko Rusange ya Sena ibisobanuro mu magambo, mu izina rya guverinoma, ku ngamba ziteganyijwe zo gukuraho imbogamizi mu gukumira no […]

Umuhanzi Lil Ngabo akubutse muri Gereza y’i Mageragere

Umuhanzi Ngabo Richard uzwi nka Lil Ngabo nyuma yo kumara igihe yaraburiwe irengero mu muziki habonetse amakuru avuga ko yari afungiye mu igororero ry’i Mageragere. Icyo yari afungiye ntabwo cyagarutsweho cyane, icyakora umunyamakuru Ally Soudi wabikomojeho ubwo yaganiraga na The Choice Live yaciye amarenga ko bishobora kuba ari ikiyobyabwenge cy’urumogi. Muri icyo kiganiro Soudi yumvikanye […]

Niger: Mushikiwabo yasabye abahiritse ubutegetsi kurekura Perezida Bazoum nta mananiza

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa La Francophonie, Louise Mushikiwabo, yamaganye ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu gihugu cya Niger ndetse asaba ko Perezida Mohamed Bazoum arekurwa nta mananiza . “Ibikorwa nk’ibi byo gushyira mu bibazo ubudasiba ibyagezweho na demokarasi binyuranye n’indangagaciro za La Francophonie, ndetse n’ibyemezo Leta zacu na guverinoma byiyemeje binyuze mu itangazo rya Bamako ryo ku […]

Putin yahaye umwe muri ba Perezida ba Afurika impano ya kajugujugu

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yahaye mugenzi we Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe impano ya kajugujugu. Mnangagwa ni umwe mu bakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye inama y’u Burusiya na Afurika iri kubera i Saint Petersburg. Minisiteri y’Itangazamakuru muri Zimbabwe yatangaje ko “Perezida Putin yahaye nyakubahwa Emmerson Dambudzo Mnangagwa kajugujugu yo kugendamo.” Amashusho iyi Minisiteri yashyize ku […]

Uganda: Umunyarwanda w’imyaka 18 yiciwe mu Karere ka Kisoro arashwe

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Kisoro kiri gukora iperereza ku rupfu rw’Umunyarwanda bivugwa ko yari afite magendu y’amabuye y’agaciro ya tin warashwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye . Umuyobozi mu Karere ka Kisoro, Shafiq Ssekandi, avuga ko uyu witwa Pascal Dushimimana w’imyaka 18 yarashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ushize nk’uko iyi nkuru […]

U Bufaransa buremeza ko Bazoum wakuwe ku butegetsi muri Niger arabusubiraho

Guverinoma y’u Bufaransa iremeza ko uko byagenda kose Mohamed Bazoum uherutse gukurwa ku butegetsi n’abasirikare ba Niger bamurinda arabusubiraho bidatinze, bitewe n’igitutu cy’amahanga. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Catherine Colonna mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 28 Nyakanga 2023. Minisitiri Colonna we avuga ko mu myumvire ye, abona ibyabereye muri Niger […]

Harigwa uko abatishoboye bunganirwa mu mategeko ku buntu bakwiyongera

Mu rwego rwo kugirango ubutabera bugere kuri bose, amahuriro y’abunganira abantu mu by’amategeko aravuga ko hakenewe gukusanya imbaraga n’ubushobozi buhagije, kugirango hongerwe umubare w’abatishoboye, bashobora kunganirwa mu mategeko ku buntu . Ubusanzwe amategeko ateganya ko buri muntu wese ugiye kuburana mu nkiko agomba kuba afite umuburanira, ariko byagaragaye ko hari bamwe mu baturage batishoboye batabasha […]

Major Ngoma byahwihwiswaga ko afunzwe yibasiye Leta ya RDC

Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Major Willy Ngoma, yongeye kuvugira mu ruhame nyuma y’iminsi bihwihwiswa ko yaba yaratawe muri yombi. Maj. Ngoma yari amaze iminsi acecetse. Byatumye hari abakoresha imbuga nkoranyambaga, bagendera ku kubura kwe bakwirakwiza amakuru y’uko afunzwe cyangwa akaba yaranapfiriye ku rugamba. Ku makuru yamuzweho, Major Ngoma kuri uyu wa 28 Nyakanga […]

Museveni yaganiriye na Putin, agira ibyo amusaba

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda uri i Saint Petersburg, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Vladimir Putin w’u Burusiya. Museveni n’abandi bategetsi ba Afurika bari muri uriya mujyi wa Kabiri munini mu Burusiya, aho bitabiriye inama iri guhuza iki gihugu n’umugabane wa Afurika. Museveni mu butumwa yanditse kuri Twitter ye, yatangaje ko yagejeje kuri Putin […]

Perezida Kagame yaganiriye n’abayobozi bakuru muri RDF na Polisi

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’inzego z’umutekano z’u Rwanda, ku wa Kane yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru bazo. Amakuru y’ibi biganiro yemejwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuri Twitter, gusa ntibyatanga amakuru arambuye ku byaganiriweho. Muri Gicurasi uyu mwaka ni bwo Umukuru w’Igihugu yaherukaga guhura n’abayobozi bakuru muri RDF na Polisi y’igihugu. Ni inama kandi zisanzwe zinitabirwa […]