Amajyaruguru: Abagore bo muri Green Party biyemeje gutanga umusanzu mu kubugabunga ibidukikije

Abagore bo mu Ishyaka Riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party) mu ntara y’amajyaruguru, biyemeje gutanga umusanzu wabo mu kubungabunga ibidukikije. Aba bagore bihaye uyu mukoro ku wa Gatanu tariki ya 27 Ukwakira, ubwo bahuriraga muri kongere yabahurije mu karere ka Musanze. Ni Kongere yasize by’umwihariko komite z’abagore bahagarariye abandi mu majyaruguru. Mukeshimana Athanasie […]

Kenya:Mu Kuboza haratangira gukoreshwa indangamuntu ikomatanyije

Perezida William Ruto yizeje Abanya Kenya ko mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka bari butangire ibikorwa by’ubucuruzi hakoreshwa indangamuntu ikomatanyije ndetse n’igikumwe muri gahunda yiswe Maisha number. Muri Nzeri, guverinoma yasubitse gahunda yari iteganijwe kubera ibihe bidasanzwe by’ubukungu ariko ishyiraho indi tariki nshya ya 30 Ukuboza. Ati: “Ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bose bayobowe na Minisiteri y’ikoranabuhanga, hemejwe […]

At least 3 dead in Mozambique election protests

Violence broke out in Mozambique’s capital Maputo on Saturday between Mozambican security forces and demonstrators protesting the results of the local elections. Confrontations were also reported in the cities of Nampula and Nacala. Security forces are said to have been using disproportionate force, including tear gas and live bullets, to disperse the protesters. At least […]

Nduhungirehe abona kubaka ikiraro gitandukanya RDC n’u Rwanda ari ukuyoba

Ambasaderi w’u Rwanda mu bwami bw’u Buholandi, Olivier Nduhungirehe, abona umugambi wa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demukarasi ya Congo wo kubaka urukuta rutandukanya igihugu ayoboye n’u Rwanda urimo ubuyobe. Tshisekedi mu nama yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima yabereye i Brazaville muri Repubulika ya Congo tariki ya 28 Ukwakira 2023, yagize ati: “Mu burasirazuba bwa […]

Abanyeshuri bakubise umwarimu iz’akabwana azira kubaha igikoma kitarimo isukari

Mu kigo cy’ishuri cya Boma mu gihugu cya Kenya haravugwa umuyobozi w’ikigo wakubiswe n’abanyeshuri iz’akabwana nyuma yo kubaha igikoma kitagira isukari. Collins Omondi, umuyobozi w’iri shuri yakubiswe kuri uyu wa Gatanu arakomereka azira gucunga nabi ishuri ayoboye kugeza ubwo isukari yabaye ikibazo byatumye abanyeshuri banyweye igikoma kitagira ikindi kivanzemo kandi barabyishyuriye byose. Muri raporo yatangajwe […]

Nari nzi ko ngomba kwica umuntu: Uwiciwe muri jenoside ubwo yatangaga imbabazi

Kalinda hamwe n'abagabo batatu mu bamwiciye

Kalinda Pierre Célestin wiciwe abo mu muryango mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi yatangaje ko yari yararahiye ko agomba kwica umwe mu bamuhemukiye, ariko ko ubu imyumvire ye yamaze guhinduka. Ibi yabivugiye mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa 30 Ukwakira 2023 ubwo itorero ADEPR ryasozaga ukwezi kwahariwe ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda. […]

Kenya: Abapolisi kabuhariwe bitambitse Guverineri wa Kisii bamubuza kwinjira mu biro

gsu_officers_outside_kisii_governor_simba_arati_office_at_gusii_stadium_0.jpg

Kuri uyu wa Mbere, abapolisi benshi ba Kenya bo mu ishami rishinzwe serivisi rusange (GSU) bagose ibiro bya guverineri wa Kisii, Simba Arati biri muri Stade ya Gusii bamubuza kwinjira. Amakuru aturuka aha avuga ko Guverineri yabujijwe kwinjira kuri sitade aho afite ibiro bya kabiri. Aba bapolisi bajyanywe muri iyi stade mu gikamyo cya polisi […]

Burundi:Uburwayi bwatumye Umunyamakuru Floriane Irangabiye ahindurirwa Gereza

Umunyamakuru Floriane Irangabiye, wari ufungiye muri gereza ya Muyinga mu majyaruguru y’u Burundi kuri ubu yamaze kwimurirwa mu yindi gereza nyuma yo kubisabwa n’abarimo umuryango we. Uyu munyamakuru yakatiwe imyaka 10 ashinjwa guhungabanya ituze rya rubanda mu gihugu cy’u Burundi.Nyuma y’uburwayi rero bwa Asthma yamaze kwimurirwa muri gereza nkuru ya Mpimba muri Bujumbura. Kuri iki […]

Uko Pitchou amerewe nyuma yo kuvunikira mu mukino wa Rayon Sports

APR FC yatangaje ko imvune Umurundi Nshimirimana Ismail Pitchou yagiriye mu mukino wa Rayon Sports idakanganye, ndetse ko byitezwe gukorana na bagenzi be imyitozo. Pitchou yasohotse mu kibuga asimbuwe na Niyomugabo Claude ubwo APR FC yakinaga na Rayon Sports ku Cyumweru, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona amakipe yombi yaguyemo miswi 0-0. Uyu musore […]

Ikibanza kigurishwa amafaranga make ku Muyumbu kirimo n’inzu ntoya

ibyangombwa_by_ubutaka.jpg

Hafi y’ibiro by’umurenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana, ku muhanda, haragurishwa ikibanza gifite ubuso bwa metero kare 500 (metero 25 kuri 20) kirimo n’inzu ntoya ifite icyumba na salon. Iki kibanza gisanzwe kirimo inzu ntoya, uwakigura yayivugurura cyangwa se akaba yayisenya, akiyubakira bushya. Ukeneye andi makuru, wabariza kuri nimero ya telefone 0788554010/0788302082.

Masaka: Abana bitiranwa bahitanwe n’inkongi yibasiye aho abanyeshuri barara

f9qtd8txwaagtyw.jpg

Byibuze abana babiri bapfuye abandi icyenda barakomereka nyuma y’aho inkongi y’umuriro yibasiye aho abanyeshuri b’abahungu barara mu ishuri rya Kasana Junior School mu Mujyi wa Masaka saa kumi zo mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere. Abayobozi bavuga ko abana bapfuye ari Aloysius Katende na Malik Katende. Dortoir yibasiwe n’inkongi yararagamo abana bagera kuri 15 […]

Le général Muganga discute de la coopération avec son homologue chinois

f9nwsddxyaay_pb.jpg

Le chef d’état-major des Forces de défense rwandaises (RDF), le lieutenant général Mubarakh Muganga, est en visite en Chine o๠il s’entretient avec son homologue le général Liu Zhenli, chef d’état-major interarmées de la Commission militaire centrale (CMC) du Parti communiste chinois. Un communiqué partagé par le ministère de la Défense via Twitter dimanche 29 […]

Bujumbura: Abaturage bazajya batangira imisoro bimwe mu byo batunze mu nzu

Meya wa Bujumbura, Jimmy Hatungimana

Mu mujyi wa Bujumbura i Burundi byateganyijwe ko kuri uyu wa 30 Ukwakira 2023 hatangira ibarura ry’imitungo abaturage bafite mu nzu zabo kugira ngo itangire kubarirwa imisoro. Iki gikorwa kirashingira ku cyemezo cyafatiwe mu nama y’abayobozi b’amakomini n’abo mu zindi nzego yayobowe na Meya wa Bujumbura, Jimmy Hatungimana, tariki ya 27 Ukwakira 2023. Meya Hatungimana […]

Gutuburira abantu amabuno byabaye imari ishyushye muri Tanzania

Abifuza guhindura imiterere y’imibiri yabo by’umwihariko abigitsinagore bakomeje kwiyongera mu gihugu cya Tanzania nyuma y’uko bitaro bya Muhimbili Mloganzila Hospital bitangije iyi gahunda kumugaragaro. Dr. Eric Muhumba ushinzwe kubaga ababagana, avuga ko abakomeje kugana ibi bitaro abenshi ngo bajya kwiyongeresha ibibuno.Gusa ngo n’ubwo ari abahanga mu gutanga iyi serivisi, ntibazaba ari bonyine kuko bazajya bafatanya […]

FARDC yateye M23 na Sukhoi-25

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko muri aya masaha ingabo z’iki gihugu ziri kugaba ibitero ku birindiro bya M23 zikoresheje indege z’intambara. Ni nyuma y’iminsi ine impande zombi zirasana zikoresheje amabombe. M23 biciye mu bayobozi bayo yemeje ko FARDC iri kurasa ibirindiro byayo biherereye mu duce twa Kibumba na […]

Diamond yasubije Mobetto wamushinje ivangura mu bana be ubwo yazaga mu Rwanda

Mu minsi ishize ubwo mu Rwanda habaga ibirori byo gutanga ibihembo bya Trace Awards umuhanzi Diamond nawe ari mu babyitabiriye ariko ubwo yazaga yazanye n’abana be ariko batarimo umuhungu we Dylan yabyaranye na Hamissa Mobetto. Nyuma y’aho rero nibwo Mobeto yamushinje ivangura mu bana be kuko uyu mwana atamujyanye mu bandi. Mu gusubiza rero,Diamond Platnumz […]

Musanze: Bahangayikishijwe n’abiswe Ibihazi bongeye kwigarurira ibirombe byari byarafunzwe

Abayobozi bo mu nzego z’ibanze i Musanze baravuga ko bahangayikishijwe n’ubuzima bw’abatari bake baba mu bikorwa bitemewe by’ubucukuzi bivugwa ko ari ubwa zahabu mu gihe bo bahagera bagakubitwa, ndetse umudaso akaba aherutse kuvunwa ukuboko n’abo bise Ibihazi bongeye kwigarurira ibyo birombe byari bimaze iminsi bifunzwe. Abatuye mu Karere ka Musanze, mu kibaya cya Gatare gihuriweho […]

Dr Mbonimana ‘wiyirukanye mu Nteko’ kubera ubusinzi yandikiye urubyiruko

Dr Mbonimana Gamariel uhamya ko yiyirukanye mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yari abereye umudepite kubera ubusinzi, yanditse igitabo gishishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge. Nk’uko uyu mwanditsi yabisobanuriye ku rubuga rwa X kuri uyu wa 29 Ukwakira 2023, iki gitabo cyitwa “Imbaraga z’Ubushishozi’ kizasohoka mu Gushyingo 2023. Iki gitabo kirimo igice yise ‘Kugenda mu nzira y’ubushishozi’ […]

Israel yarashe muri Syria na Lebanon

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyarashe ku bikorwa remezo bya gisirikare byo mu bihugu bya Syria na Lebanon, mu gihe hari impungenge z’uko intambara kiriya gihugu gihanganyemo na Hamas ishobora gukwira mu bihugu byinshi byo mu burasirazuba bwo hagati. IDF yemeje ko kuri uyu wa Mbere indege zayo z’intambara zarashe ibisasu muri Syria ndetse no […]

Intumwa ya Tshisekedi ibona M23 idakwiye gutekereza iby’imishyikirano

Intumwa yihariye ya Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Prof. Serge Tshibangu, ibona umutwe witwaje intwaro wa M23 udakwiye gutekereza iby’imishyikirano usaba ubutegetsi. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Alain Irung wa Radio Okapi kuri uyu wa 29 Ukwakira 2023, Tshibangu yagize ati: “Umurongo wacu ntabwo wahindutse. Ntabwo tuzashyikirana na M23, ntabwo tuzaganira na […]

Jérémy Doku yishongoye kuri Manchester United nyuma yo kuyibabaza

Rutahizamu Jérémy Doku yishongoye kuri Manchester United, nyuma y’uko Manchester City asanzwe akinira yari imaze kuyinyagira ibitego 3-0 mu mukino wa shampiyona y’Abongereza. Ni Manchester United yari yakiriye Man City i Old Trafford, mu mukino wa derby y’i Manchester wabaye kuri iki cyumweru. Ibitego bibiri bya Erling Haaland na kimwe cya Phil Foden byari bihagije […]

Hahishuwe uruhare rukomeye rwa CIA mu rupfu rwa Patrice Lumumba

Umunyamerika w’umunyabigwi mu nkuru zicukumbuye, Stuart Reid, yahishuye uruhare rw’urwego rw’ubutasi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, CIA, mu rupfu rwa Patrice Emery Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya demukarasi ya Congo icyitwa ‘Congo’. Reid mu bucukumbuzi yise ‘The Lumumba Plot’ mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Laurent Correau kuri uyu wa 29 Ukwakira 2023, yasobanuye […]