Karongi: Umusore waturutse mu Rutsiro yarohamye mu Kivu arapfa

gasura.jpg

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 21, wamenyekanye ku izina rya Eric wari waturutse mu karere ka Rutsiro yarohamiye mu kiyaga cya Kivu, mu karere ka Karongi arapfa. Ni amakuru yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu, tariki 19 Mata 2024 atanzwe na bagenzi be bari bajyanye koga. Amakuru Bwiza.com yamenye ni uko uyu musore […]

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Ruto wa Kenya

Perezida Paul Kagame yafashe mu mugongo mugenzi we William Ruto wa Kenya, nyuma y’impanuka ya kajugujugu yahitanye abasirikare b’igihugu cye barimo Gen. Charles Ogolla wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za KDF. Ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 18 Mata ni bwo iyo mpanuka yabereye mu gace ka Sindar, mu ntara ya Elgeyo-Marakwet. Perezida William […]

Perezida wa FEBABU wabujije Dynamo BBC kwambara Visit Rwanda, yeguye

fb_img_17135379482772755.jpg

Apotre Manirakiza Jean Paul wayoboraga FEBABU yamaze kwegura nyuma y’imyaka 3 atorewe kuyobora iri shyirahamwe rya Basketball mu Burundi. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Mata 2024 nibwo uyu muyobozi yanditse ibaruwa atangaza ko yeguye ku mwanya wo kuba Perezida wa FEBABU. Uku kwegura kuje gukurikira ikibazo Dynamo BBC yahuye nacyo muri BAL24, cyo […]

Iran yahakanye amakuru yo kugabwaho igitero na Israel

Kuri uyu wa Gatanu, ibisasu byaturikiye mu mujyi wa Iran aho amakuru avuga ko ari igitero cya Israel, ariko Tehran yahakanye ayo makuru ndetse igaragaza ko idafite gahunda yo kwihorera, igisubizo cyasaga n’aho gishingiye ku gukumira intambara mu karere kose. Igitero gito hamwe n’igisubizo cya Iran byasaga nkaho byagaragaje akamaro k’imbaraga z’abadipolomate barimo gukora ibishoboka […]

Karongi: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’abana bigize amabandi bambura abaturage

amabandi_i_karongi.jpg

Mu gihe abagana umujyi w’ubukerarugendo wa Bwishyura ho mu karere ka Karongi bavuga ko babangamiwe n’insoresore zigize amabandi zibambura, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bwishyura buvuga ko buhangayikishijwe n’aba bana bataye ababyeyi bakaza kwirirwa babangamira umutekano w’abakerarugendo n’abaturage. Umurenge wa Bwishyura, uherereye mu cyahoze ari Komini Gitesi, niwo wubatsemo ibiro by’Intara y’Iburengerazuba, ndetse ukaba ufitemo icyanya cy’ama […]

Alyn Sano yataramiye imbere ya Ellen Johnson wayoboye Liberia

snapinsta_app_436316843_18412477681067415_2284443041766258337_n_1080.jpg

Umuhanzikazi nyarwanda Alyn Sano yishimiye gutaramira imbere ya Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Repubulika ya Liberia kuva mu 2006 kugeza mu 2018. Madamu Ellen ari i Kigali mu nama y’ihuriro ‘Amujae High-Level Leadership’ iganirirwamo ibijyanye n’uruhare rw’abagore mu miyoborere. Ubwo ku munsi w’ejo iyi nama iri kubera muri Kigali Convention Centre yabaga, umuhanzikazi Alyn Sano yagiriwe […]

Perezida Kagame yahuye na Ellen Johnson Sirleaf wahoze ari Perezida wa Liberia

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiswe ‘Amujae High-Level Leadership Forum, yiga ku iterambere ry’abagore no kubategurira kuba abayobozi beza. Yayihuriyemo n’abarimo Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia. Ni inama yabaye kuri uyu wa gatanu, tariki ya 19 Mata 2024, aho mbere y’uko Perezida Paul Kagame, ayitabira yabanje guhura n’uwahoze ari Perezida wa Liberiya, Ellen Johnson Sirleaf. Biteganyijwe […]

Sir Chips wabaye Perezida wa Arsenal, yapfuye

Uwahoze ari umuyobozi mukuru wa Arsenal, Sir Chips Keswick, yapfuye ku myaka 84 nyuma y’imyaka igera kuri ine avuye ku buyobozi bwo kuyobora Arsenal yihebewe na benshi hano mu Rwanda. Uruppfu rwa Keswick rwatangajwe na Arsenal ibinyujije mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa gatanu tariki ya 19 Mata 2024. Iyi kipe […]

Abagore ntibarenza iminsi 2 bakibitse ibanga

Iyo uvuze ibanga maze ugashaka kurihuza n’igitsinagore usanga ari isi n’ijuru, ibi bivuze ko abagore ari abantu batari abo kubitswa ibanga kuko bahita barimenera inshuti zabo babyita ibanga na none. Ni kenshi umuntu azakubwira ibintu maze akagusaba kubigara ibanga ndetse hari n’igihe ubona ibintu bigusaba ko ubigira ibanga. Aha ku bagore birabavuna cyane kuba babika […]

Umugore wa Kenny Sol arakuriwe

1713524273198.jpg

Umuhanzi w’indirimbo ziganjemo iz’urukundo, Kenny Sol n’umugore we Kunda Alliance Yvette baherutse gushyingirwanwa, bari kwitegura kwibaruka. Nyuma yo gusezerana ku wa 05 Mutarama 2024, Kenny Sol n’umugore we Kunda Alliance bari kwitegura kwibaruka imfura nk’uko uyu musore witegura kuba papa yabitangaje. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Kenny Sol yatangaje ko umugore we akuriwe ibyatumye ahabwa […]

DIGP Vincent Sano yahaye impanuro abapolisi bagiye koherezwa muri Centrafrica

glhleviwqaaheez.jpg

U Rwanda rugiye kohereza Abapolisi muri Repubulika ya Centrafrica mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUSCA. Mbere yo guhaguruka i Kigali bahawe impanuro n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe Ibikorwa, DIGP Vincent Sano, wabasabye gusohoza neza ubutumwa no kurangwa n’indangagaciro. DIGP Vincent Sano yasabye abapolisi 460 bagiye kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro kuzakomeza […]

Barcelona yahaniwe insuhuzanyo ya Adolf Hitler

Ikipe ya Barcelona yaciwe amande n’ishirahamwe ry’umupira w’amaguru i Burayi (UEFA) ishinjwa ko abafana bayo baranzwe n’imico irimo iy’ivangura rishingiye ku ruhu bakoreye ku kibuga cya Paris Saint-Germain (PSG) muri Champions League. Ku wa kane tariki ya 18 Mata 2024, Barcelona yaciwe amande $26,600 na UEFA kubera insuhuzanyo y’Aba-Nazi n’ibimenyetso by’ivanguramoko byaranze abafana bayo mu […]

DRC: Karidinali Ambongo yagaragaje uruhare rwa Tshisekedi mu kubuza Igihugu umutekano

Karidinali Fridolin Ambongo uhagarariye arikidiyoseze ya Kinshasa mu gihugu cya DRC yasobanuye uruhare ry’ubutegetsi bwa Kinshasa burangajwe imbere na Perezida Tshisekedi buri imbere mu bateje ikibazo kuri ubu abatuye icyo gihugu bakaba ari bo bari kwishyura ikiguzi cy’ayo makossa ya Leta. Uyu wihaye Imana amaze iminsi adacana uwaka n’ubutegetsi bwa Peresida Tshisekedi, kuri ubu ari […]

Sudan: Mu mwaka umwe abaturage bibasiwe n’ibyorezo 11 abakabakaba 400 barwara Kolera

Kuri uyu wa Kane taliki 18 Mata 2024, Minisiteri y’Ubuzima ya Sudani yatangaje ko abantu 391 bapfuye bazize kolera mu gihe cy’umwaka umwe intambara itangiye. Minisitiri w’ubuzima muri Sudani, Haitham Mohamed Ibrahim, mu itangazo rigenewe abanyamakuru yavuze ko indwara zigera kuri 11 arizo zimaze kwibasira iki gihugu kuva intambara yatangira. Ati” Indwara zigera ku 11.000 […]

Burundi: Umugaba Mukuru wa FDNB, Gen. Prime Niyongabo, yahawe izindi nshingano

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo, yagizwe umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe impeta n’imidari. Uyu muyobozi mukuru w’Ingabo z’u Burundi kuri ubu, asimbuye kuri uyu mwanya Lt. General Godefroid Bizimana, uherutse gupfa, wari uri kuri uwo mwanya kuva muri Werurwe 2023. Uyu bita “Chancelier des Ordres Nationaux” ayobora uru rwego munsi ya Perezida wa […]

FARDC n’abafatanyabikorwa bayo bikuye muri santire ya Kibirizi nta sasu rivuze

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC n’abafatanyabikorwa bayo, biravugwa ko bikuye muri Santire (Centre) ya Kibirizi ho muri Teritwari ya Rutshuru nta mirwano ibaye. Amakuru avuga ko ingabo za FARDC zikimara kuva muri iyi santire, zahise zisubirira mu bice zahozemo . Ibi byabaye ku munsi w’Ejo kuwa Kane ahagana ku isaha z’umugoroba mu […]

Al Ahly yo mu Misiri ntitekanye muri Congo

Al Ahly yo mu Misiri ifite impungenge z’umutekano wayo i Lubumbashi muri Congo byatumye ihita yandikira impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri afurika CAF, iyimenyesha ko badatekanye. Impungenge za Al Ahly zatangiye ku wa 17 Mata ubwo yageraga muri Congo aho yagiye gukina umukino ubanza wa kimwe cya kabiri cy’irangiza muri CAF Champions League. Mu ibaruwa ifunguye […]

Yimanitse mu mugozi arapfa nyuma yo kwiba ihene agafatwa

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 24 yasanzwe ari mu mugozi yapfuye, nyuma yo gushinjwa kwiba ihene y’umuturanyi we agafatwa yayiteye umushyo. Uyu mugabo wari uzwi ku mazina ya Aaron Opio, yaje gutoroka aho bari bamufungiye mu ijoro ryo ku wa gatatu. Biravugwa ko umugozi bari bamuzirikishije ari wo yimanitsemo hanyuma bagasanga atagihumeka muri icyo gicuku. […]

Kinshasa: Umukinnyi ukiri muto yishwe n’inkuba imusanze mu kibuga

Umukinnyi w’umupira w’amaguru yapfiriye mu kibuga kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Mata 2024, nyuma yo gukubitwa n’inkuba. Mike Tshitenge, yapfiriye mu mukino wa shampionat ya Eufkin-Tshangu wahuje ikipe ye, AF Privaty na Unisport ku kibuga cya N’djili. Uyu myugariro, w’imyaka 19, yakinaga muri iyi kipe ya AF Privaty muri Entente provinciale de football […]

Huye: Uvugwaho kuba yari umujura yasanzwe mu muhanda yishwe

Umugabo uvugwaho kuba yari umujura, abaturage barakeka ko ashobora kuba yishwe n’inkoni yakubiswe n’abantu batazwi nyuma yo gusanga umurambo we mu muhanda mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye. Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Mata 2024, nibwo mu Mudugudu wa Kabahona, mu Kagari ka Rango A, mu Murenge wa Mukura, abaturage babyutse mu […]

Burundi: Umunyamakuru Sandra Muhoza yimuriwe muri Gereza ya Mpimba

Umunyamakuru Sandra Muhoza, wari ufungiye muri kasho y’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (SNR) mu mujyi w’ubucuruzi Bujumbura kuva ku wa Mbere ushize, yimuriwe kuri uyu wa Kane nimugoroba muri Gereza Nkuru y’umurwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi. Amashyirahamwe y’abanyamakuru mu Burundi arasaba ko yarekurwa. SOS MĂ©dias Burundi dukesha iyi nkuru ivuga ko yamenye ko umuryango w’uyu munyamakuru […]

U Rwanda ku mwanya wa 2 mu kugira izamuka ry’abantu batunze Miliyari muri Afurika

U Rwanda rwisanze ku mwanya wa kabiri muri Afurika nyuma y’Ibirwa bya Maurice bya mbere mu kugira abaturage bazamutse mu gutunga byibuze amafaranga ari hejuru ya Miliyari imwe ni ukuvuga miliyoni y’amadorari. Raporo ngarukamwaka ikorwa n’ Ikigo gikora isesengura mu bijyanye n’ishoramari cya Henley & Partners yerekana ko Abanyarwanda batunze nibura miliyoni y’amadolari (ni ukuvuga […]

Abayobozi b’abacuruzi bavuga rikijyana muri Haiti bandikiye Perezida Ruto

Abayobozi bashinzwe ubucuruzi muri Haiti bandikiye Perezida wa Kenya, William Ruto, bavuga ko bahangayikishijwe cyane no gutinda kw’abapolisi 10000 yabemereye bagomba koherezwa muri iki gihugu mu kubafasha guhangana n’amabandi akomeje kwibasira iki gihugu. Ni ibaruwa banditse muri iki Cyumweru basaba ko gahunda yo kohereza aba bapolisi yakwihutishwa bityo ibikorwa by’ubucuruzi bigakomeza n’abaturage bagasubira mu buzima […]

Amerika yafatiye Irani ibihano bikakaye

Ku wa Kane tariki ya 18 Mata 2024, Leta zunze ubumwe z’Amerika zifatanyije n’Ubwongereza bafatiye ibihano bishya Irani, nyuma yo kurasa urufaya rwa misile na “drones” kuri Isiraheli. Ku wa gatandatu w’icyumweru gishize tariki ya 13 Mata 2024 nibwo Irani yagabye ibitero bya misile na “drones” kuri Isiraheli. Nyuma y’uko igabye ibi bitero kuri Isiraheli, […]

Kwibuka30: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe hirya no hino mu gihugu kuwa 19 mata 1994

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 19 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994. 1. Disikuru rutwitsi ya Perezida Sindikubwabo i Butare, isaba Abanyabutare “gukora” n’ishyirwaho rwa Perefe wo gushyira […]

Leta y’u Burundi na Loni batabarije Abarundi

Umuryango w’Abibumbye na Leta y’u Burundi baratabaza nyuma y’uko iki gihugu gikomeje kwibasirwa n’ibiza bimaze gushegesha abatari bake. Uku gutabaza gushingiye ku bihe bidasanzwe by’ibiza biturutse ku mvura idasanzwe akarere kari gucamo bizwi nka El Nià±o. Iyi mvura nyinshi yatumye inzuzi n’ikiyaga cya Tanganyika byuzura birushaho guhitana abantu no konona ibintu. Binyuze mu itangazo ryashyizwe […]

Israel na yo yagabye ibitero kuri Iran

Israel kuri uyu wa Gatanu yagabye ibitero bya missile kuri Iran, mu gisa nko kwihimura ku bitero bya za drones na missiles iki gihugu cyayigabyeho mu cyumweru gishize. Iturika ryumvikanye mu ntara ya Isfahan iherereye rwagati muri Iran, ndetse itangazamakuru ryo muri iki gihugu riravuga ingendo z’indege zahise zihagarikwa mu mijyi itandukanye y’igihugu. Intara ya […]

Palestina yangiwe kuba umunyamuryango wa LONI

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Kane zangiye igihugu cya Palestina kwinjira mu bihugu binyamunyamuryango by’Umuryango w’Abibumbye. Amerika yabyanze ubwo bari mu nama y’akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku Isi yateranye kuri uyu wa kane taliki 18 Mata 2024. Loni yatoye umwanzuro wari ushyigikiwe n’ibihugu byinshi wo kwemerera Palestina kuba umunyamuryango wayo, gusa ibihugu […]