Rubavu: Bamaze imyaka 11 batswe amafaranga ngo biyubakire ibiro by’akagari none amaso yaheze mu kirere

Hari bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko bashengurwa n’amafaranga igihumbi (1000 Frw / ku muryango) batswe ngo babashe gukurisha no gutundisha amabuye ngo biyubakire ibiro by’akagari, none imyaka irenze 11 amaso yaraheze mu kirere. Bamwe muri aba baturage abaganiriye na BWIZA bavuga ko byabazwa no kuba akagari kabo katagura ibiro. Bati […]
2024: Ba Perezida 2 bo muri Afurika mu bantu 5 bahize abandi mu kurangwa na ruswa ku Isi

Ikigo gicukumbura ibyaha bya ruswa, kizwi nka ‘Organized Crime and Corruption Reporting Project (OCCRP)’, cyashyize Perezida William Samoei Ruto wa Kenya na mugenzi we Ahmed Bola Tinubu mu bantu batanu bo ku Isi baranzwe na ruswa kurusha abandi mu mwaka ushize wa 2024. Ubwo hatorwaga abantu baranzwe na ruswa kurusha abandi, Ruto yagize amajwi arenga […]
Trump yaburiye Hamas mu gihe yatangira akazi itararekura imbohe

Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump, yavuze ko Hamas igomba kurekura vuba imbohe zajyanwe mu bunyage muri Gaza, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru mu birori bye byo kwizihiza umwaka mushya iwe i Mar-a-Lago. Ati: “Reka mbivuge muri ubu buryo, [Hamas] bashatse barekura imbohe zikagaruka vuba.” Nk’uko bitangazwa na The Jerusalem Post, ngo abajijwe ibijyanye no guhagarika imirwano, […]
Abatuye Isi bamaze kurenga miliyari umunani

Icyegeranyo cy’ikigo gishinzwe ibarura ry’abaturage muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyasohotse kuwa Mbere, itariki 30 Ukuboza 2024, kigaragaza ko uyu mwaka urangiye abatuye Isi bageze kuri miliyari zirenga gato umunani (8,197,325,300), bivuze ko biyongereyeho miliyoni 71. Iki kigo kigaragaza ko ubwiyongere bw’abatuye Isi bwazamutseho 0.9 ku ijana muri uyu mwaka wa 2024. Mu mwaka […]
Cote d’Ivoire nayo yasabye Ingabo z’u Bufaransa kugenda

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 31 Ukuboza 2024, Cote d’Ivoire yatangaje ko Ingabo z’Abafaransa zizava muri iki gihugu, bikarangiza imyaka mirongo iki gisirikare cyari kihamaze. Ni kimwe mu bihugu biheruka bya Afurika bikomeje guhatira u Bufaransa kugabanya ingabo zabwo muri Afurika. Perezida Alassane Ouattara mu ijambo risoza umwaka, yatangaje ko gucyura ingabo bizatangira muri Mutarama […]
Abanyamakuru batsinze abakarateka

Ikipe y’Abanyamakuru b’i mikino mu Rwanda, AJSPOR yatsinze ikipe y’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Karate kuri penaliti 4-3, nyuma yo kunganya 0-0 mu minota 70 y’umukino. Uyu mukino wabereye mu Bugesera aho wari ugamije ubusabane hagati y’impande zombi. Ku ruhande rwa Karate, bakinanye ubuhanga aho Muvandimwe Jean Marie ukina mu cyiciro cya mbere na Ndayishimiye Eric Bakame […]