Aho kwitaba biriya bigoryi by’abadepite, byose nzabita muri yombi: Gen Muhoozi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko aho kwitaba Inteko Ishinga Amategeko yamutumijeho azafunga abadepite bose bayigize yise ibicucu. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Komisiyo ishinzwe Igisirikare mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda yategetse Minisitiri w’Ingabo gusaba Gen Muhoozi kuyitaba, kugira ngo atange ibisobanuro ku butumwa bwe butavugwaho rumwe akunze gucisha […]

Rusizi: Akarere kishyuye Frw 722,000 kari karambuye abaturage mbere yo kwitaba abadepite

Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwishyuye ikubagahu abaturage bo mu murenge wa Bweyeye kari kamaze imyaka 15 bwarambuye amafaranga y’ingurane, mbere y’uko kuri uyu wa Gatanu bwitaba abadepite. Ikibazo cy’aya mafaranga abadepite baherukaga kukigeza kuri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, bayibaza icyabuze ngo abaturage umunani bangiririjwe imitungo ubwo hakorwaga umuhanda Matyazo-Mudasomwa ngo bishyurwe. Kuri uyu wa Gatanu ubwo ubuyobozi […]

Kenya: Bishop yafatiwe mu cyuho asambana n’umukobwa we uherutse kwahukana

Uwihaye Imana yafatiwe mu Ntara ya Homa Bay mu gihugu cya Kenya azira kuryamana n’umukobwa we yibyariye nawe ufite abana batatu. Uyu wihaye Imana bivugwa ko ari bishop  muri rimwe mu matorero yo mu gace ka Ndiru, Kagan Ward mu murenge wa Rangwe mu Ntara ya Rangwe yashinjwaga kutubahiriza imyitwarire y’umuco n’idini mu gukora icyaha […]

Bwa mbere abapolisi bo mu karere bagiye guhiganwa muri ‘EAPCCO SWAT Challenge’

Mu gihe Inteko Rusange ya 26 y’Umuryango wa EAPCCO (Eastern Africa Police Chiefs’ Cooperation Organization) izaba ibera mu Rwanda, ku nshuro ya mbere hazaba irushanwa rigamije kumurika ibikorwa ku myiteguro y’imitwe ya Polisi zo mu bihugu bigize umuryango ku guhangana n’ibihungabanya umutekano hifashishijwe intwaro na tekiniki ‘EAPCCO SWAT Challenge’. Iri rushanwa rizaba kuva ku itariki […]

Rutsiro: Akurikiranweho gusambanya abana 2 batarengeje imyaka 11

Umugabo w’imyaka 30 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Rurimba, Akagari ka Mburamazi, Umurenge wa Murunda, Akarere ka Rutsiro, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya abana b’abakobwa babiri umwe ufite imyaka 10 n’undi wa 11. Uyu mugabo witwa Bagezigihe Jean Baptiste afungiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihuhu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Murunda mu gihe iperereza rikomeje ndetse atagereje kujya […]

Umuhanzi yatawe muri yombi akekwaho ibyo gukuramo inda y’umukunzi we

Umuvugizi wa Polisi muri Kampala, Patrick Onyango yemeje ko umuhanzi Musigazi Abdulaziz wamenyekanye nka Vyroota mu muziki wa Uganda yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukuramo inda y’umukunzi we. Amakuru ahari agaragaza ko Vyroota yateye umukobwa inda ariko yanga kuyemera ubwo yabimenyeshwaga aho yasabye uwo mukobwa gukuramo iyo inda. Nubwo uwo mukobwa yabanje kwanga, yahisemo […]

Ku myaka 120 ibura amezi 2 yaciye agahigo ko kuba umuntu ukuze cyane ku isi

Umukecuru w’imyaka 119 wo muri Leta ya Rio de Janeiro muri Brazil, Deolira Gliceria Pedro da Silva aritegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 120 mu mezi abiri ari imbere, ndetse akaba agiye no kwemezwa na Guinness World Records nk’umuntu ukuze kurusha abandi ku isi. Uyu mwanya kuri ubu ufitwe n’undi Munya-Brazil witwa Inah Canabarro Lucas, umubikira w’imyaka […]

Kenya: Umuminisitiri yashinje inzego z’ubutasi gushimuta umuhungu we

MinisitiriUmunyamabanga wa leta muri guverinoma ya Kenya yashinje inzego z’ubutasi kuba zarashimuse umuhungu we muri Kamena umwaka ushize i Nairobi. Ubuhamya bwe bwahawe ishami rishinzwe ibyaha mu ntangiriro z’icyumweru, bwashyizwe ahagaragara. Justin Muturi ni umwe mu bagize guverinoma wa mbere wamaganye ku mugaragaro ishimutwa mu bamwegereye. Ni mu gihe ibirego byo gushimuta byiyongereye muri aya […]

Macron yasabye ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru hagati y’u Rwanda na RDC

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yasabye ko hasubukurwa ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’umutwe wa M23. Macron yabitangaje ku wa Kane tariki ya 16 Mutarama, ubwo we na mugenzi we João Lourenço wa Angola wari wasuye u Bufaransa baganiraga n’abanyamakuru. […]

Polisi y’u Rwanda igiye gukurikirana ibya The Ben byo gutwara atambaye umukandara

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye gukurikirana amakosa yaba yarakozwe n’umuhanzi Mugisha Benjamin wamenyekanye nka The Ben yo gutwara imodoka atambaye umukandara nk’uko byagaragajwe n’ukoresha urubuga rwa X witawa Edman Ishimwe. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Mutarama 2025 nibwo uwitwa Edman Ishimwe yagiye ku rubuga rwa X maze agashyiraho amashusho […]

U Rwanda rwasimbuje Abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mutarama 2025, Abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU3-7 bahagurutse i Kigali berekeza mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS). Iri tsinda ryiganjemo umubare munini w’abapolisikazi bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Donatha Nyinawumuntu, basimbuye bagenzi babo bagize itsinda […]

Amerika yafatiye ibihano Gen. Abdel Fattah al-Burhan uyobora Sudani

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Umuyobozi w’umusirikare w’igihugu cya Sudani nyuma yo kumushinja guhitamo intambara aho guhitamo imishyikirano no gukuraho amakimbirane. Ibihano bije nyuma y’icyumweru kimwe Washington ifashe ingamba nk’izo ku muyobozi w’inyeshyamba za Rapid Support Forces muri Sudani. Kuri uyu wa Kane, itariki 16 Mutarama 2025, nibwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]

Umukozi wo mu ndege yirukanwe azira kumansurira mu kazi

Umukozi wo mu ndege wari umaze amezi arenga atandatu akora muri Alaska Airlines, Nelle Diala yirukanwe ku kazi nyuma yo gushyira ku rubuga rwa TikTok amashusho yamugaragazaga ari kumansurira mu ndege. Nk’uko byatangajwe na New York Post, aya mashusho yafashwe ubwo yari ari mu kazi aho byatumye ashinjwa kurenga ku mategeko y’ikigo yerekeye imikoreshereze y’imbuga […]

Tanzania yateye utwatsi iby’icyorezo cya Marburg ku butaka bwayo

Nyuma y’aho ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, rivuze ko abantu byibuze umunani mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu, bakekwaho kuba barazize Marburg, Guverinoma ya Tanzaniya yavuze ko nta muntu n’umwe muri iki gihugu wigeze asanganwa iyo virusi. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima wa Tanzaniya, Jenista Mhagama, mu itangazo yashyize ahagaragara kuwa Gatatu, aho yagize ati: […]

Papa Francis yituye hasi i Vatican

Papa Francis w’imyaka 88 yagize impanuka aho yikubise hasi akomereka ukuboko kw’iburyo konyine nk’uko byatangajwe na Vatican. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ibiro bye, ryemeza ko Papa yagize igikomere ku kuboko kw’iburyo mu gitondo cyo ku wa Kane ubwo yahanukaga muri Casa Santa Marta, aho atuye. Kubera iyi mpanuka, ukuboko kwe kwashyizwe mu byuma bimufasha kugusubiza […]

Gen Muhoozi byamwanze mu nda, agaruka ‘gutigisa Isi’ yifashishije Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yagarutse ku rubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter yari amaze iminsi mike atangaje ko ahagaritse gukoresha. Ku wa Kane tariki ya 16 Mutarama ni bwo uyu musirikare yanditse kuri ruriya rubuga ati: “Ndagarutse!” Gen Muhoozi wavuze agarutse “gutigisa Isi”, ubutumwa bw’uko yagarutse kuri X bwakurikiwe n’uruhererekane rw’ubundi […]

Umukinnyi wa Basketball wo muri Amerika yishwe arashwe

Noah Scurry w’imyaka 17 wari icyitegererezo mu mukino wa basketball muri Pennsylvania, yapfuye ku wa Kabiri tariki ya 16 Mutarama 2025 nyuma yo kurasirwa hafi y’urugo rwe. Polisi yo mu Mujyi wa Philadelphia yatangaje ko Scurry yarashwe mu gitondo ahagana saa moya n’iminota cumi n’itanu (7:15 AM), ubwo yari agiye ku ishuri rya Samuel Fels […]

Ibitaro bya Nyarugenge bigiye kongera gufungura imiryango

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yatangaje ko ibitaro by’Akarere ka Nyarugenge bigiye kongera gutanga serivisi nyuma y’igihe byari bimaze bifunzwe kubera imirimo yo gusana. Ibi yabitangaje ubwo yaganiraga n’Abasenateri asobanura ko ibi bitaro byafunzwe kugira ngo hakemurwe ibibazo birimo iby’amatiyo y’amazi yo hasi atari yubatswe neza. Minisitiri Nsanzimana yavuze ko ikibazo cy’amatiyo cyakemutse kandi ibikoresho […]