Putin na Xi Jinping w’Ubushinwa bagiranye ibiganiro

Ku wa 22 Mutarama 2025 Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping bagiranye ibiganiro bakoresheje ikoranabuhanga. Ibi biganiro byibanze ku ngingo zirimo intambara ya Ukraine, ibihano by’ubukungu byafatiwe ibyo bihugu, ndetse n’ubufatanye mu mishinga y’iterambere. Umujyanama wa Perezida Putin mu bya politiki mpuzamahanga, Yuri Ushakov yatangaje ko ibiganiro byamaze isaha n’igice. […]

RDC yatangaje ko iteganya kujya mu ntambara n’u Rwanda

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko iteganya kuba yajya mu ntambara n’u Rwanda. Byatangajwe na Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho akanaba Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, mu kihaniro yahaye Televiziyo ya France 24. Minisitiri Patrick Muyaya yavuze ko “amahitamo y’intambara [n’u Rwanda] ari mu yo turi guteganya. Mu by’ukuri tunayirimo.” Uyu icyakora yavuze ko […]

Rutsiro: Inka ebyiri z’abaturage zasanzwe zabagiwe mu mashyamba

Inka ebyiri z’abaturage bo mu karere ka Rutsiro zari zibwe zasanzwe mu murenge wa Kigeyo zabagiwe mu mashyamba. Ni amakuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 22 Mutarama 2025, mu kagari ka Nkora ho mu mudugudu wa Humiro. Bwiza ifite amakuru ko mu ishyamba riri ku rubibi rw’umurenge wa Mushonyi ariko mu […]

Amabanga 20 y’abagore/abakobwa batifuza ko umugabo/umusore wese amenya

Mu buzima bw’urukundo n’imibanire hari amabanga yihariye abagore badakunda ko amenyekana. Dore amabanga 20 y’abagore/abakobwa batifuza ko umugabo/umusore wese amenya: 1. Kubika amabanga Nubwo abagore bashobora kubika amabanga, akenshi hari undi muntu bayasangiza cyane cyane umuntu babonamo icyizere. Mu magambo make ntibashobora kubika ibanga. 2. Urukundo Umugore/umukobwa ntiyashobora gukunda abagabo babiri icyarimwe. Hari umwe gusa […]

Polisi y’u Rwanda yareshe mu kico abasore babiri batorotse kasho bari bafungiyemo

Abasore babiri aribo Nshimiyimana Eric w’imyaka 22 na Nshimiyimana Innocent w’imyaka 20 bakomoka mu Karere ka Gisagara, barashwe n’umupolisi nyuma yo gutoroka kasho ya Polisi ya Save aho bari bafungiye bakurikiranyweho gufata ku ngufu no kwica urubozo Mukandekezi Clementine w’imyaka 28. Nk’uko Polisi yabitangaje, aba basore bafashwe bari bihishe nyuma y’uko batorotse kasho bacukuye urukuta […]

Inkongi y’umuriro mu Nkambi ya Mahama yahitanye impunzi y’Umunyekongo

Inkongi y’umuriro yabaye mu nkambi y’impunzi ya Mahama mu Rwanda yahitanye ubuzima bw’impunzi y’Umunyekongo. Biravugwa ko iyi nkongi y’umuriro yatewe n’icupa rya gaz ryaturitse. Pengele Jean Kamate yapfuye kuwa Mbere nimugoroba. Yari atuye mu gace ka Mahama I, umudugudu wa 1 (irembo 7 / a) kandi yakoraga mu isomero rusange riyobowe n’umuryango utegamiye kuri leta, […]

Umuyobozi wa Ritco n’abandi 2 bahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahamije icyaha cy’inyandiko mpimbano Umuyobozi Mukuru wa RITCO Ltd (Rwanda Interlink Transport Company Limited), Nkusi Godfrey n’abandi bakozi babiri b’iki kigo; nyuma yo kwirukana umwe mu bakozi mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ni mu rubanza RP 00806/2023/TGI/NYGE ubushinjacyaha bwaregagamo Umuyobozi Mukuru wa RITCO, Nkusi Godfrey, Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa rusange, Kansiime Kagarama […]

RDC: Indege nto yakoze impanuka yururuka kubw’amahirwe bararokoka

Muri Teritwari ya Kongolo, mu Ntara ya Tanganyika, mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, indege ya Air Kasai yakoze impanuka ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Mutarama 2025. Amakuru yemejwe kuri 7SUR7.CD n’umuyobozi w’iyi teritwari, Ngongo Mbokamiba Jean-Paul. Ku bwe, iyi mpanuka yatewe no kururuka nabi. Uyu muyobozi  yagaragaje […]

2025: Ibihugu 10 bya Afurika bifite Igisirikare karahabutaka kurusha ibindi

Urubuga Global Firepower rukora ubushakashatsi mu bya gisirikare, mu ntangiriro z’uku kwezi rwasohoye urutonde rwerekana uko ibihugu bitandukanye byo ku Isi birutana mu mbaraga za gisirikare. Ni urutonde ruriya rubuga rwasohoye nyuma yo gukora ubushakashatsi ku gisirikare cy’ibihugu 145 byo hirya no hino ku Isi. Global Firepower mu gukora uru rutonde igendera ku ngingo zitandukanye, […]

UK: Umuryango wa Rudakubana washenguwe n’ubwicanyi yakoze ubu uri mu bwihisho

Amakuru aturuka mu Bwongereza atangazwa n’ikinyamakuru Dail Mail aravuga ko umuryango wa Axel Rudakubana uherutse kwemera icyaha cyo kwica abana batatu b’abakobwa abateye icyuma, kuri ubu uri mu bwihisho n’ipfunwe nyuma yo kunanirwa kubuza umuhungu wabo gukora amahano nk’ayo yakoze. Se w’uyu muhungu w’imyaka 18, akaba ari impuguke muri karate, avuga ko atewe icyimwaro no […]

Umupolisi yaguye hejuru y’umugore basambanaga muri Hoteli

Umupolisi witwa Lawal Ibrahim ukorera kuri sitasiyo ya polisi ya Kwali muri Nigeria, yapfuye ku wa Kane tariki ya 16 Mutarama mu cyumba cya hoteli ya Palasa Guest Inn iherereye i Gwagwalada, mu mujyi wa Abuja. Byatangajwe ko urupfu rwe rwabaye nyuma yo kuraara asambana n’umugore bari bahuriye ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru aturuka mu bitangazamakuru […]

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Erdoğan wa Türkiye

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yihanganishije mugenzi we Recep Tayyip ErdoÄŸan wa Türkiye, nyuma y’inkongi y’umuriro ikomeye yibasiye igihugu cye igahitana abatari bake. Perezida Paul Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko u Rwanda rwifatanyije n’imiryango y’ababuriye ababo muri iriya nkongi yibasiye imwe muri Hoteli zo mu ntara ya Bolu ndetse […]

Abayobozi 2 bakuru b’ingabo muri Israel beguye kubera igitero cyo kuwa 7 Ukwakira

Umuyobozi mukuru w’ingabo za Israel yeguye ku mirimo ye, avuga ko yamera ko yananiwe inshingano ze ku itariki ya 7 Ukwakira 2023, igihe umutwe witwaje intwaro wo muri Palesitine witwa Hamas wagabaga igitero simusiga kuri iki gihugu cyateje intambara muri Gaza. Mu ibaruwa yandikiye minisitiri w’ingabo, Lt Gen Herzi Halevi, yemeye ko ingabo z’igihugu cya […]

Trump yirukanye Admiral Linda Fagan wari ukuriye ingabo zirinda imipaka

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwirukanye ku kazi Admiral Linda Fagan, umugore wa mbere mu buyobozi bw’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika wari ukuriye ingabo zirinda imipaka y’igihugu. Ministeri y’umutekano muri Amerika ifite mu nshingano kurinda imipaka y’igihugu, ntiyahise isubiza ubusabe bwo kugira icyo ivuga ku kwirukanwa kwe ku kazi. Televiziyo Fox News yo […]

Chris Brown yasabye situdiyo ya Warner Bros kumuha miliyari 700 Frw y’indishyi

Umuhanzi Chris Brown w’imyaka 35,m yatanze ikirego cya miliyoni $500 (700,000,000 Frw) ashinja abategura filime mbarankuru yitwa Chris Brown: A History of Violence kumusebya. Ikinyamakuru TMZ gitangaza ko Chriss Brown yereze Warner Bros. Discovery, Ample Entertainment, n’abandi kubeshya ko yakoze ibyaha birimo gufata ku ngufu umugore mu mwaka wa 2020, nubwo yari yaratanze ibimenyetso byerekana […]

Umutoza Frank Spittler ntazakomeza gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Umudage Frank Spittler wari umutoza w’Amavubi atazongererwa amasezerano nyuma yo gusoza umwaka umwe atoza ikipe y’igihugu. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri rivuga ko nyuma yo kugirana ibiganiro, impande zombi zafashe umwanzuro wo kutongera amasezerano ye. FERWAFA yatangaje ko vuba aha hazatangazwa umutoza mushya uzatoza Amavubi. […]

RIB yafunze abantu 5 bafashwe basengera mu rugo

Ku wa 21 Mutarama 2025, Meya w’Akarere ka Nyamasheke, ari kumwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ndetse n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), beretse itangazamakuru abantu batanu (5) bakekwaho kugira uruhare rukomeye mu bikorwa by’itsinda ryiyise “Kristu w’Abera.” Aba bantu bafatiwe mu rugo rw’umwe muri bo aho basengaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’amabwiriza agenga ibikorwa byo […]