Abo kwa rwigara basabye ko abo bareganwa mu idosiye imwe bazanwa bakaburanishirizwa hamwe

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Gicurasi 2018, urukiko rwongeye kuburanisha abo mu muryango wa Rwigara ariko ababunganira bagaragaza imbogamizi z’uko hari abandi 4 bari mu idosiye imwe na bo ariko bakaba batarahamagajwe ngo baburanire hamwe kuko nibataboneka imyanzuro izabafatirwa ishobora kuzagira ingaruka no kuri aba.

Abo muri uyu muryango ndetse n’ababunganira bagaragarije urukiko impungenge ko hari abandi bantu 4 barimo Mugenzi Thabita Gwiza, Mukangarambe Xaverine, Bushayija Edmond alias Sacyanwa ndetse na Jean Paul Turayishimiye bari muri dosiye imwe, gusa na nububu ubushinjacyaha bukaba buvuga ko butazi aho baherereye kuko batari ku butaka bw’u Rwanda.

Gusa ubushinjacyaha na bwo bwemera ko byaregeye urukiko abantu 6 ariko ababurana bakaba ari 2 gusa, Adeline ndetse n’umukobwa we Diane Rwigara, gusa ngo abo bareganwa bakaba batazi aho baherereye.

Me Gashabana wunganira Mukangemanyi Adeline yasabye ko abo bantu bagomba kubanza guhamagazwa kugira ngo baburane. Gusa ubushinjacyaha bwavuze ko nta aderesi zabo zizwi ku buryo bakoherereza impapuro zibahamagaza.

Ubwo Umucamanza yabazaga niba abo bantu batarabajijwe mu iperereza , umushinjacyaha yasobanuye ko umuntu uregwa icyaha iyo ataboneka bitamubuza gukurikiranwa kabone n’ubwo yaba atabonetse mbere ngo abanze abazwe.

Me Gatera Gashabana yavuze ko ibivugwa n’ubushinjacyaha biteye urujijo kuko butanagaragaza ko bwigeze bubashyiriraho inyandiko zo kubafata ngo bigaragare ko babuze.

Abunganira aba 2 bavuga ko batagamije kugira ngo bunganire abantu benshi ahubwo ari ukugira ngo hubahirishwe ibigenwa n’amategeko.

Ubucamanza bwavuze ko bigiye kureba niba izi nzitizi zifite ishingiro

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *