Aganira n’itangazamakuru bwa mbere, nyina w’umukuru wa Boko Haram yemeje ko umuhungu we yogejwe mu bwonko

Sangiza iyi nkuru

Iyo werekeje mu burengerazuba uvuye mu mujyi wa Maiduguri, muri Nigeria, ngo imihanda igenda irushaho kuba mito, ari nako n’imijyi igenda iba mito. Mu nzira, ubona inyubako zatobaguwe n’amasasu na za bariyeri z’abantu baba barinze umutekano ariko batari abo mu nzego z’umutekano ahubwo ari abaturage bagerageza kwirindira umutekano.

Nyuma y’amasaha atatu y’urugendo, Ijwi rya Amerika ryageze muri Leta ya Yobe, mu giturage cyitwa Shekau. Aha, abakuru n’abayobozi bajyanye Ijwi rya Amerika kubonana na Falmata Abubakar, bavuga ko ari we nyina w’umuyobozi wa Boko Haram, Abubakar Shekau.

Se wa Abubakar Shekau, yahoze ari imam w’akarere mbere y’uko yitaba Imana mu myaka mikeya ishize.

Falmata yavuze ko atari yaganira n’itangazamakuru mbere y’uko VOA imwegera, kandi ngo ntazi aho umuhungu we yihishe.

Ati: “Sinzi niba ariho cyangwa yarapfuye. Simbizi. Ni Imana yonyine ibizi. Maze imyaka 15 ntamubona.”

Abaturage bahisha ko bakomoka muri uyu mujyi

Abaturage b’aha hantu kenshi ngo bahisha ko bakomoka mu giturage Abubakar Shekau akomokamo kubera ko abandi bashobora gutinya ko bafitanye isano na Boko Haram.

Boko Haram fighters e1481195241377

Ni mu gihe nyina w’uyu muyobozi wa Boko Haram avuga ko umuhungu we yavuye mu giturage cya Shekau akiri umwana akajya gukomeza amasomo ya kisilamu I Maiduguri, ahantu hamaze imyaka isaga 100 hafatwa nk’izingiro ry’ibijyanye n’iyobokamana muri iki gihugu cya Nigeria.

Shekau ngo yari almajirai. Mu migenzo imaze igihe kirekire, ngo ba almajiri boherezwa n’ababyeyi babo kwiga Ikorowani (Quran) mu mashuri azwi nka Tsangaya, aho umwarimu aba atoza abanyeshuri b’abahungu bari hagati y’10 n’100 gufata mu mutwe Quran yose.

Ubusanzwe izina rya almajirai baryita abana b’abasabirizi ku mihanda baba basaba ibyo kurya, bikavugwa ko Abubakar Shekau nawe yari uko. Igihe kimwe ubwo yari mu masomo ye, Shekau nk’uko nyina yabitangaje, ngo yaje guhura n’uwitwa Mohammed Yusuf, washinze Boko Haram, warwanyaga imyigishirize yo mu burengerazuba bw’isi yafataga nk’icyaha. Falmata akavuga ko umuhungu we yogejwe mu bwonko n’uyu mugabo.

Yagize ati: “ Kuva Shekau yahura na Mohammed Yusuf, sinongeye kumuca iryera .”

mohammed yusuf boko haram A
Mohammed Yusuf washinze Boko Haram

Yakomeje agira ati: “ Yego ni umuhungu wanjye kandi buri mubyeyi akunda umuhungu we, ariko dufite abantu batandukanye. Yazanye ibibazo byinshi ku bantu benshi. Ni he nahurira nawe ngo mubwire ko ibi bintu arimo gukora ari bibi cyane? Yazanye ibibazo byinshi ku bantu benshi, ariko ndi kumusengera ngo Imana izamwereke inzira nziza .”

Yusuf Mohammed
Mohammed Yusuf nyuma yo gufatwa n’inzego z’umutekano za Nigeria

Uyu Mohammed Yusuf washinze Boko Haram yaje kwivuganwa n’inzego z’umutekano za Nigeria mu 2009, Abubakar Shekau ahita amusimbura. ashinjwa kuyobora imyivumbagatanyo yaguyemo abantu basaga 30,000 mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria no mu karere k’Ikiyaga cya Chad.

boko haram abubakar shekau
Abubakar Shekau ukuriye umutwe wa Boko Haram

Gusenya amashuri ni kimwe mu biranga Boko Haram, kandi uyu mutwe w’iterabwoba umaze kugaba ibitero ku mashuri 1,400 nk’uko bitangazwa n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.

Abagize uyu mutwe bagabye igitero cya mbere ku ishuri ribanza mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria mu 2010 no mu 2013. Icyo gihe bishe umuyobozi n’umunyamabanga.

Mu 2014, Boko Haram yishe abanyeshuri 59 mu ishuri rya leta riri ahitwa Buni Yadi, muri Leta ya Yobe. Iri shuri ririmo kongera kubakwa ariko na n’ubu ryibutsa bimwe mu bitero byamenewemo amaraso menshi mu mateka ya Nigeria.

Muri Gashyantare muri uyu mwaka wa 2014, Boko Haram yashimuse abana b’abanyeshuri 100 ibakuye mu ishuri ryisubuye ry’abakobwa mu mujyi wa Dapchi.

Abagize uyu mutwe bagaruye aba bana nyuma y’ukwezi, ariko bagumana uwitwa Leah Sharibu, ngo kubera ko yahakanye agatsemba guhindura idini ngo abe umusilamu kugirango arekurwe. Nyina witwa Rebecca na musaza we, bavuga ko mu mitima yabo bumva Leah akiriho.

chibok girls 3092800b

Ishimutwa ry’abana b’abana b’abakobwa b’abanyedshuri muri Chibok muri uyu mwaka wa 2014 n’ubundi niryo ryatumye Isi yose ihanga amaso Boko Haram irayamagana birenze uko yabikoraga.

bring back our girls

Icyo gihe havutse ikiswe ‘Mutugarurire Abakobwa’ (Bring Back Our Girls) na n’ubu impirimbanyi zacyo zikomeje gusaba irekurwa ry’abana byibuze 100 bo ku ishuri rya Chibok barimo uwitwa Dorcas Yakubu wujuje imyaka 20 y’amavuko muri iki cyumweru ari mu maboko ya Boko Haram. Mu 2016 nibwo hamenyekanye ko Dorcas akiriho nyuma yo kugaragara muri video yari imaze gushyirwa ahagaragara n’uyu mutwe.

Nyina wa Abubakar Shekau, Falmata Abubakar, avuga ko adashobora kuvuma umuhungu we, ariko yabaye umuntu adashobora kongera kumenya kubera ko yabaye undi muntu utandukanye n’uwo yibyariye.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *