Minisitiri ushinzwe gutanga amakuru akaba n’umuvugizi wa Guverinoma ya Sudami y’Epfo, Michael Makuei yatangaje ko umuhuro wa Perezida Salva kiir na mugenzi we Riek Mashar amaso ku maso bishobora kugorana uretse kuba bahurira mu gihugu kindi kitari icyabo.
Ihuriro rigamije iterambere ry’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba, “Igad” isaba ko aba bayobozi bakuru bahura kuwa 20 Kamena bagahurira
Addis Ababa muri Ethiopia.
Ni mu gihe ariko iri huriro ryari ryasabye ko ibihugu 3 birimo Sudan, Ethiopia ndetse na Kenya bishobra kwakira iri huriro rya Mashar na Kiir ariko Sudani yo ikaba yamaze kubihakana.
Makuei avuga ko perezida Salva Kiir ashobora kuzigira muri Afurika y’Epfo kureba Mashar ngo baganire ariko badahuriye muri biriya bihugu 3 byavuzwe na ririya huriro.
Makuei avuga ko ikigambiriwe ngo aba bayobozi bahure ari uguhurira ku butaka butari ubw’umwe muri bo ndetse ko nta gihugu bahuriye muri ririya huriro kigomba kubigiramo uruhare.
Dr Machar acumbikiwe muri Afurika y’Epfo guhera mu Gushyingo 2016, mu minsi yashize akaba yaratumyeho mugenzi we ko yiteguye ko bahurira muri Ethiopia.


