Nyaruguru: Abantu bitwaje intwaro bishe abantu, barasahura, batwika imodoka yaGitifu, bangiza n'ibindi byinshi

Sangiza iyi nkuru

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 19 Kamena 2018, abantu bataramenyekana bari bitwaje intwaro bateye Umurenge wa Nyabimata wo mu karere ka Nyaruguru bica abantu 2, barasa Gitifu ku bw’amahirwe ntiyapfa, bamutwikira imodoka n’icumbi yabagamo, bashimuta abantu bataramenyekana umubare  bikaba bikekwa ko bari baturutse mu mashyamba y’i Burundi.

Amakuru agera kuri bwiza.com avuga ko kugeza ubu Gitifu w’umurenge wa Nyabimata, Vincent Nsengiyumva ari mu bitaro hamwe n’abandi benshi bakomerekejwe n’amasasu y’abo bagizi ba nabi , aba bantu bakaba bacitse nta numwe watawe muri yombi.

Aba bagizi ba nabi kandi kuri banateye SACCO Ukuri ya Nyabimata iri kuri centre, ndetse bagenda basahura inzu z’ubucuruzi kuri iyi centre ya Rumenero na Nyabimata.

Abaturage bo muri kariya gace bavuga ko bumvise amasasu menshi bagatinya gusohoka nyuma bakaza kujya hanze ari uko bumva byahosheje.

Umurenge wa Nyabimata mu karere ka Nyaruguru wegeranye n’ishyamba rya Nyungwe ahahana imbibi n’u Burundi, ahakekwa ko ari ho abo bagizi ba nabi baturutse.

Kugeza ubu, Polisi yijeje ko iki kibazo kikiri gukurikiranwa n’inzego z’umutekano.

Mu karere ka Nyaruguru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *