Bamwe mu bakuru b’ibihugu bya Afurika bagiye bicara ku ntebe y’umukuru w’igihugu nyuma yo kumara imyaka myinshi mu ishyamba, bayoboye imitwe y’inyeshyamba, nyuma ikaza gufata ubutegetsi.
1.Idriss Deby Itno:
Idriss Debby Itno, ubu ni Perezida wa Tchadi, ni umusaza w’imyaka 69 y’amavuko, akaba yaravuye mu gisirikare afite ipeti rya jenerali, yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 1990 ubwo yari ayoboye umutwe w’inyeshyamba wa PSM ( Patriotic Salvation Movement) wahiritse ku butegetsi Hissène Habré.
Nyuma yo gufata ubutegetsi abifashijwemo n’inyeshyamba yari ayoboye, nyuma Idriss Deby Itno yagiye ahangana n’ibindi bitero by’abamurwanya nabo bashakaga kumuhirika, ariko akabanesha. Ubu akaba amaze imyaka 28 ari kuri iyi ntebe yarwaniye.
2.Joweli Kaguta Museveni:
Perezida wa Uganda, Kaguta Museveni, ni umusaza w’imyaka 73 y’amavuko, yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 1986, ubwo yari amaze guhirika ku buyobozi Perezida Milton Obote mu mwaka wa 1985.
Museveni wari uvuye iy’ishyamba yafashe ubutegetsi abifashijwemo n’inyeshyamba yari ayoboye za NRM (National Resistance movement), ubu akaba amaze imyaka 32 kuri iyi ntebe yarwaniye imyaka n’imyaka.
3.Pierre Nkurunziza:
Perezida Nkurunziza w’u Burundi, yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 2005, ubwo yari avuye mu ishyamba ayoboye inyeshyamba za CNDD-FDD zitavugaga rumwe n’ubuyobozi bwariho.
Perezida Nkurunziza wari umuyobozi muri uyu mutwe w’inyeshyamba, yarashwe inshuro irenze imwe akarurokoka, aza no gukatirwa igihano cy’urupfu ariko nyuma gikurwaho.
Perezida Nkurunziza w’imyaka 54 y’amavuko, amaze imyaka 13 ku buyobozi, akaba avuga ko atazongera kwiyamamaza ku yindi manda mu mwaka wa 2020.
4.Denis Sassou Nguesso:
Denis Sassou Nguesso ni Perezida wa Congo Brazaville, akaba ari umusaza w’imyaka 74 y’amavuko, umaze imyaka 21 ku buyobozi.
Nguesso yabaye Perezida wa Congo Brazaville kuva mu mwaka wa 1979 -1992, yongera kubusubiraho mu mwaka wa 1997 ubwo yari amaze imyaka itanu arwanya Leta yari iriho abifashijwemo n’abarwanyi b’ishyaka abarizwamo rya Congolese Party of Labour (PCT), bafatirana n’akavuyo kari mu gihugu k’intambara z’abaturage, asubira ku buyobozi atyo.
5.Paul Kagame
Perezida Kagame yabaye umusirikare wa Uganda, ari n’umuyobozi muri Guverinoma kuva aho NRA yari imaze kubohora igihugu muri 1986 kugeza 1990, mu ishami ryari rishinzwe iperereza.
Kagame yari Jenerali Majoro n’umuyobozi w’inyeshyamba za RPA-Inkotanyi zaje kubohora igihugu zikanahagarika jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, mu rugamba rwatangiye mu mwaka wa 1990.
Perezida Kagame yabaye icyarimwe Visi Perezida n’umugaba w’ingabo mbere y’uko atorwa n’abaturage mu mwaka wa 2003, ku majwi menshi 95.1%. Mu mwaka wa 2010 arongera atsinda amatora nabwo ku majwi ari hejuru ya 95 ndetse na 2017. Ku myaka 60 ubu Perezida Kagame ayoboye manda izarangira mu 2024.
6.Laurent Desire Kabila :
Desire Kabila yabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuva mu mwaka wa 1997 kugeza mu mwaka wa 2001, ubwo yicwaga n’umusirikare wari ushinzwe kumurinda.
Desire Kabila wishwe afite imyaka 62 y’amavuko, yagiye ku buyobozi avuye mu ishyamba ayoboye inyeshyamba za ADFL, bahirika ubuyobozi bwa Mobutu Sese Seko wari umaze imyaka isaga 30 ayobora iki gihugu kiza mu bya mbere binini kandi bifite ubukungu bwo munsi y’ubutaka muri Afurika.
Ubwo yari amaze kwicwa mu mwaka wa 2001, Desire Kabila yasimbuwe n’umuhungu we, Joseph Kabila, ubu utorohewe n’abaturage bamusaba kuva ku buyobozi nyuma yaho manda ze zirangiriye.
7.Charles Taylor:
Charles McArthur Ghankay Taylor, yabaye Perezida wa Liberia mu 1997 kugeza 2001. Uyu mugabo yahawe amasomo n’imyitozo bya gisirikare muri Libiya, asubira muri Liberia afite umutwe w’inyeshyamba zari zirimo n’Abanyalibiya ( National Patriotic Front of Liberia) aho zarwanye mu ntambara z’abaturage zo mu 1989- 1996.
Izi nyeshyamba zararwanye zifata igice kinini cya Liberia, kugeza aho zihiritse ku butegetsi Perezida Samuel Kanyon Doe. Mu mwaka wa 1997 Taylor atorwa n’abaturage, aba Perezida wa Liberia.
Charles Taylor yakatiwe igifungo cy’imyaka 50 n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), ashinjwa ibyaha by’intambara yakoreye mu gihugu cya Sierra Leone mu mwaka wa 1990 aho ngo yateye inkunga inyeshyamba za Rufu, na zo ngo zikamuhemba kumuha amabuye y’agaciro.
9.Francois Bozizi:
Perezida Francsois Bozizi, yabaye perezida wa Centrafrika kuva mu 2003 kugeza mu 2013.
Mu mwaka wa 1982 yari mu ikipe y’abasirikare bagerageje guhirika ku butegetsi Perezida Andre Kolingba, bibananiye Bozize ahita ahunga, yagarutse mu gihugu aba umugaba mukuru w’ingabo ku buyobozi bwa perezida Ange-Ferlix Patasse, mu 2001 nibwo yatangiye ubunyeshyamba, aza kubasha gufata umurwa mukuru wa Bangui mu kwa gatatu 2003, afata ubutegetsi atyo ubwo Patasse yari hanze y’igihugu.
Uyu musaza w’imyaka 71, yagiye aba umuyobozi mu ngabo za Leta ndetse n’inyeshyamba kugeza ubwo afashe ubutegetsi 2003 abuvaho mu 2013.
10.Michel Djotodia:
Michel Am-Nondokro Djotodia ubu ufite imyaka 69 y’amavuko, yabaye Perezida wa Repubulika ya Centrafrika mu gihe kitageze ku mwaka, kuva ku wa 24 Werurwe 2013 kugeza muri Mutarama 2014.
Michel Djotodia yabaye Perezida wa mbere w’umusilamu w’iyi Repubulika, akaba yaragiye ku buyobozi abifashijwemo n’inyeshyamba z’abasilamu ‘Seleka’ yari ayoboye, zihirika ku buyobozi Franà§ois Bozizi wari ubumazeho imyaka 10.











