Umusaza akurikiranyweho gusambanya abuzukuru be 3 bose akabanduza agakoko gatera SIDA

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rukuru rwa Luweero rwakariye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Nyakanga igifungo cy’imyaka 60 umusaza w’imyaka 42 azira gusambanya abuzukuru be 3 bose akabanduza agakoko gatera SIDA.

Umushinjacyaha, Justine Nakayiza avuga ko uyu musaza Joseph Ssemuwemba wo mu gace ka Makulubita ashinjwa ibyaha byo gusambanya abuzukuru be yareraga bafite imyaka 9, 10 na 12 bose akabanduza SIDA.

Uyu musaza ahakana ibyo ashinjwa ariko ibimenyetso bitangwa n’ubushinjacyaha bikagaragaza ko ari we.

Urukiko rwamukatiye iki gifungo ruvuga ko kitanamukwiye kuko yagiriye nabi abana bagiye gutangira kubaho ubuzima bushaririye kugeza bapfuye, mu gihe ari we wagombaga kubafasha gutegura ejo habo neza.

Umwunganizi we mu by’amategeko, Brian Opolot avuga ko iki ghano cyahawe uyu musaza cyo gufungwa imyaka 60 yose ari kirekire kuko yari asanzwe afite abana 7 n’umugore umwe ahahira.

Urukiko rwo rwanzuye ko rugiye kubanza kumufunga imyaka 20 yarangira indi akayikoramo ibindibihano cyangwa byaba ngombwa nay o akayifungwa.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *