Abantu 15 baguye mu mirwano yabaye hagati y'igisirikare cya Uganda n'icya Congo

Sangiza iyi nkuru


Ku munsi w’ejo tariki ya 5 Nyakanga 2018, abasirikare 4 n’abasivile 3 bose bo muri Uganda baguye mu mirwano yahue kiriya gihugu n’abasirikare bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ku kiyaga cya Edouard.

Umuyobozi w’akarere ka Beni muri Kivu ya Ruguru, Donat Kibwana avuga ko hari indi mirwano yahuje ibi bihugu mu gitondo cyo kuwa Kane ikagwamo abandi bantu 8.

Agira ati “Imirwano ya mbere yabereye iruhande rw’umujyi wa
 Kyavinyonge wo muri Congo uri hafi y’ikiyaga cya Edouard.

Iyi mirwano yatangiye ku mugoroba wo kuwa Gatatu w’iki cyumweru, ubwo ubwato bwarimo ingabo za Uganda bwasakiranaga n’ubuhetse iza Congo muri kiriya kiyaga, iza Uganda zigata muri yombi izo muri kongo 18 ndetse zikanashwanyaguza inshundura zazo.

Icyo gihe bivugwa ko haguye abantu bagera kuri 7 hagakomereka abandi bacye bo ku ruhande rwa Congo.

Mu gitondo cyo kuwa Kane rero, nibwo izi ngabo zongeye gukozanyaho hagapfamo bariya 8 barimo Abasirikare n’abasivile bo muri Uganda.

Amakimbirane ashingiye ku burobyi n’inzego z’umutekano zicunga uduce turimo ibiyaga hagati ya biriya bihugu si aya none, ndetse daily monitor ikavuga ko no mu myaka ya 1990 byabagaho bagakozanyaho.

Kariya gace kandi, kaza mu duce twigaruriwe n’imitwe yitwaje intwaro muri biriya bihugu kuva mu myaka yashize, harimo nka ADF Nalu ikomoka muri Uganda, Mai Mai n’indi usanga irwanya ubutegetsi haba muri Uganda no muri Congo ndetse ikanarwanira ubutunzi bwiganjemo amabuye y’agaciro ariyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *