Akanama k’Umutekano ka Loni mu nzira zo gufatira Sudani y’Epfo ibindi bihano

Sangiza iyi nkuru

Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, kuri uyu wa Gatanu karemeza umwanzuro ufatira ibihano bibuza kugura intwaro igihugu cya Sudani y’Epfo ndetse n’ibihano ku bategetsi babiri bakuru mu gisirikare nyuma y’aho inzira za dipolomasi zari zimaze iminsi zigeragezwa zo guhagarika amakimbirane yo muri iki gihugu zinaniranye.

Kuri uyu wa Kane ushize, intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye zikaba zari zirimo gukwirakwiza umushinga w’itegeko ribuza Sudani y’Epfo kugura intwaro kugeza mu 2019 mu kwezi kwa gatanu.

Igihugu cya Ethiopia cyari kiyoboye akarere mu kugerageza gushakisha amahoro muri Sudani y’Epfo, kuri uyu wa kane cyo cyatangaje ko kitemeranya n’uyu mushinga wa Loni kuri Sudani y’Epfo nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ikomeza ivuga.

Iki gihugu kikaba cyasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika guhagarika itora riteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *