Ku nshuro ya Mbere kuva mu 1998, Perezida wa Eritrea, Isaias Afwerki yagiriye uruzinduko muri Ethiopia, ni uruzinduko rugamije kuzura umubano w’ibi bihugu byombi wari umaze imyaka isaga 20 warazambye.
Nk’uko VOA ibitangaza, bitegekanijwe ko muri urwo ruzinduko ruzamara imisi itatu, Isaias Afwerki azafungura ambassade ya Eritrea muri Etiyopiya, yari imaze imyaka 20 ifunze.
Mu cyumweru gishize nibwo Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yari yagendeye Eritrea aho yashyize umukono ku masezerano yo guhagarika ubwumvikane buke bwari bumaze imyaka isaga makumyabiri hagati y’ibi bihugu byombi.
Eritreya yahoze ari imwe mu ntara zari zigize Ethiopia mbere yuko yemezwa nk’igihugu mu 1993.
Ugushyamirana hagati y’ibi bihugo byombi kwatangiye mu 1998, biturutse ku rubibi rugabanya ibi bihugu, aho ingabo zabyo zahoraga ku mupaka zirebana ay’ingwe.


