Burundi: Nta yindi nzira usibye ibiganiro

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga mukuru wa ONU, Ban Ki-moon yaciriyemo muri make akanama mpuzamahanga k’uutekano ku Isi ku bijyanye n’uruzindiko yakoreye mu Burundi.

Yabwiye iyo nama ko muri urwo rugendo yasabye impande zose zerebwa n’ikibazo cy’Uburundi kwibuka ibihe byahise bw’igihugu cyabo maze bagakora ibiganiro ntawe uhejwe kugirango batorere igisubizo igihugu cyabo.

ban

Ban Ki-moon avuga ko ku butumire bwe, abanyepolitike bakomeye, bo muri Reta, mu ishyaka riri ku butegetsi n’andi mashyaka atavuga rumwe na Leta bicaranye nawe kugira ngo baganire ku bihe bizaza bw’uburundi, akemeza ko ariyo nzira nyayo.

Ban Ki-moon avuga kw’abanyepolitike bategerezwa kugira ubutwari bukenewe kugira bahuze umugambi nyakuri w’ibiganiro, bakubaka aho Abarundi bashobora gusubira kubana kandi mu mahoro, bagakoresha uburenganzira ngenderwaho bwabo.

Yabwiye prezida w’Uburundi, Pierre Nkurunziza kw’amahanga yiteguriye gufata mu mugongo Abarundi mu gutuma ibiganiro nyakuri, ntawe bikumira ko byatera intabwe.

Yasabye Leta y’Uburundi gufata ingingo zigenewe guhagarika ubwicanyi , n’umuco w’ukudahana utuma ubwo bwicanyi buba.

Ban Ki-moon avuga ko mu nama yagiranye n’abahagarariye amashyirahamwe adaharanira inyungu za politike n’amashyaka atavuga rumwe na Leta berekana ibintu ukundi, gusa ngo biteye agahinda ibigukorerwa abarundi, iyica rubozo ndetse n’ibikorerwa abagore n’abana, maze akaba avuga ko nta y’indi nzira usibye kwicara hamwe bakaganira.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Leki@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *