Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Budage aravuga ko igihugu cye cyafatiye ibihano bibuza abanya-Arabia Saoudite 18 kwinjira ku butaka bwacyo hifashishijwe visa ya Shengen ikoreshwa mu Burayi kubera ko bakekwaho uruhare mu iyicwa ry’umunyamakuru Jamal Khashoggi.
Minisitiri Heiko Maas yabwiye abanyamakuru ubwo yari I Buruseli kuri uyu wa Mbere, itariki 19 ugushyingo, ko u Budage bwafashe icyemezo cyo kubuza aba bantu kwinjira ku mipaka y’ibihugu 26 byo mu Burayi bikoresha visa y’ubuntu ya Shengen.
Yavuze ko impamvu ari uko hakiri ibibazo byinshi ku iyicwa rya Khashoggi kurusha ibisubizo ndetse hagikenewe kumenyekana uri inyuma y’ubu bwicanyi.
Maas akaba yatangaje ko abo Banya-Arabia Saoudite 18 bakekwaho kugira aho bahuriye n’iyicwa rya Khashoggi ariko ntiyagira byinshi abivugaho nk’uko Al Jazeera dukesha iyi nkuru ivuga.
Mu biro bye I Berlin, ho bavuze ko badashobora gutangaza amazina y’aba bantu ku mpamvu zo kurinda ubuzima bwite bw’ukekwaho icyaha u Budage bukoresha.


