Umunyarwanda uba mu buhungiro, Dr Theogene Rudasingwa avuga ko ibaruwa Perezida Museveni yandikiye mugenzi we, Pierre Nkurunziza itagaragaza uruhare rw’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD mu kuba ryarabashije gutuma habaho ibiganiro byatumye u Burundi bwongera gutekana.
Mu ibaruwa ndende Bwiza.Com yateyeho akajisho, Dr. Rudasingwa yatangiye anenga Perezida Museveni kuba ibikubiye mabaruwa yagiye yohererezanya na mugenzi we Nkurunziza byagiye bijya ku karubanda mu buryo buciriritse.
Rudasingwa avuga kuba bidahwitse kuba Museveni mu ibaruwa ye yo kuwa 8 Ukuboza 2018 yandikiye Nkurunziza atagaruka ku ruhare rwa CNDD-FDD mu gushyira igitutu kuri Leta ya Buyoya kugira ngo yemere imishyikirano ari nayo yavuyemo amasezerano ya Arusha.
Ati “ (…) Sibyo kudaha agaciro uruhare rwa CNDD-FDD no guhangana kw’Abahutu muri rusange kugira ngo batume Leta ya Buyoya ijya ku meza y’ibiganiro. Ntibigeze bafata Bujumbura, byakumvikana bitewe n’uburyo wumva igisirikare mu mpinduramatwara (…)”
Asa n’usubiza ku kuba Museveni yarandikiye Nkurunziza amwibutsa ko akwiye gushyikirana n’abashatse kumuhirika ku butegetsi kuko ngo na we atigeze arwana ngo afate igihugu cy’Uburundi, Rudasingwa yagize ati “ Mu mateka, impinduramatwara zose ntizitangwa n’insinzi inyuze mu ntambara. Nanone kandi insinzi inyuze mu ntambara si ihame ko itanga demukarasi n’umutekano urambye (…)”

Uyu mugabo avuga ko yatangajwe n’uburyo Museveni yirengagije nkana ibintu bibiri by’ingenzi muri politiki y’igihugu cy’u Burundi.
Ati “ Natunguwe n’uburyo mu busesenguzi bwawe wirengagije ibintu bibiri by’ingenzi byagize uruhare mu mateka ya vuba aha y’u Burundi. Jenoside ya mbere yakorewe abahutu mu 1972, icya kabiri ni iyicwa Melchior Ndadaye, Perezida wa mbere w’umuhutu wari utowe mu buryo bwa demokarasi mu 1993. Ibi byose byakozwe n’Abatutsi bari mu butegetsi.”
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Muri iyi baruwa ndende yo kuwa 14 Ukuboza uyu mwaka kandi Rudasingwa yemeranya na Perezida Museveni ku ngingo yo kuba u Burundi bufite ikibazo cy’ingutu cyamaze igihe aho (mu magamabo ye), ubutegetsi bwihariwe n’Abatutsi.
Dr. Theogene Rudasingwa ni umwe mu bashinze ishyaka rirwanya Leta y’ u Rwanda ari ryo Rwanda National Congress (RNC). Yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda ari ryo Rwanda Patriotic Front (FPR) anaba Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 1996 kugeza mu 1999.
Uyu mugabo wakoze no muri Perezidansi y’u Rwanda aba mu buhungiro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2004.


