Burundi: Umukozi wa SOCABU yafashwe n'ubutasi nyuma yo kuva mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Umukozi w’ikigo cy’igihugu cy’ubwishingizi mu Burundi kitwa SOCABU (Société d’Assurances du Burundi) yatawe muri yombi n’inzego z’ubutasi z’iki gihugu nyuma y’aho yari akubutse mu Rwanda.

Uyu witwa Etienne Munyankindi biravugwa ko ari muri kasho y’inzego z’ubutasi z’u Burundi (SNR) iherereye I Bujumbura kuva kuwa Kabiri.

Yatawe muri yombi kuri uyu munsi wo kuwa Kabiri, itariki 18 Ukuboza, nyuma ya saa sita n’abakozi ba SNR bamusanze aho akorera kuri SOCABU.

Impamvu y’itabwa muri yombi rye ntiziramenyekana neza, ariko amakuru ava muri iki kigo yakoreraga avuga ko akekwaho kuba yari amaze mu Rwanda igihe cy’ukwezi.

Iyi nkuru dukesha SosMediasBurundi ikaba ivuga ko Munyankindi yatawe muri yombi amaze iminsi ibiri avuye mu Rwanda asubiye mu gihugu cye, aho abo mu muryango we bavuga ko yari yagiye mu Rwanda agiye kwivuza kandi ubuyobozi bw’ikigo yakoreraga bwari bubizi.

Nyamara ariko amakuru aturuka muri bagenzi be bakorana, ngo ubuyobozi bwabo bwari bwategetswe guhita buhagarika Munyankindi kugeza mu gihe kitazwi umunsi yagarukiye mu Burundi kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Umuryango we ukaba usaba ko umutekano we wubahirizwa kandi ugasaba ko yarekurwa nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *