Umuherwe akaba n’uwahoze ari umugore wa Diamond, Zari Hassan Tlale yibasiwe n’abamukurikira ku rukuta rwe rwa instagram nyuma yo kwigaragaza yambaye utwenda two kogana.
Abakurikira Zari kuri instagram mu minsi ishize babonye amafoto ye agaragara yambaye umwenda w’imbere,benshi bagaragaza kutabyishimira bavuga ko nta mubyeyi w’imbyaro nk’izo afite wari ukwiye kwishyira ku karubanda yambaye ikariso.

Muri videwo Zari yanyujije ku rukuta rwe rwa instagram, na we yibasiye abamunenze ariko yibanda ku rurimi rw’Igiswahili kuko abarukoresha ahanini ari bo bagaragaje ko bababajwe n’amafoto ye.

Yagize ati “ Bavandimwe ninshaka kwambara imyenda yo kogana kuko ndi kuri pisine [piscine] ni ubuzima bwanjye. Na we ushaka kwambara ikanzu ni ubushake bwawe. Ntukantegeke ibyo nambara mu buzima kuko nanjye nta we ntegeka. Ndasaba ko twakubahana, mumbabarire.”
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Iyi myenda y’imbere yavugishije benshi niyo Zari aherutse gushyira ku karubanda ubwo yari muri pisine mu gihugu cya Uganda muri ibi bihe by’iminsi mikuru.


