Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Amagereza (RCS) rutangaza ko rugiye gukaza ibikorwa byo gucunga umutekano nyuma y’aho bigaragariye ko imibare y’abagerageza gutoroka igenda yiyongera.
Umuvugizi wa RCS, Hillary Sengabo atangaza ko muri izi ngamba harimo gushyiraho kamera ngenzuzi, kongera uburebure bw’inkuta za gereza no gushyiraho iminara y’abarinzi ku magereza yose.
Ubuyobozi bw’uru rwego bwatanagrije TNT dukesha iyi nkuru ko batatu mu bari bagerageje gutoroka Gereza ya Huye barashwe bagapfa mu gihe bagenzi babo bashakaga gutoroka bongeye gutabwa muri yombi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Jean Bosco Kabera yabwiye Umuseke ko ari abagororwa batanu barashwe.
Mu kiganiro na Radiyo Ijwi rya Amerika, Sengabo Hillary yahakanye ko abarashwe bashaka gutoroka ari batanu.
Umunyamakuru amubaza : Hari amakuru yavugaga ko ari abagororwa batanu atari batatu, ubwo ntabwo ariyo? Sengabo yasubije agira ati “ Ntabwo ariyo rwose. ”
Inkuru Bifitanye isano: https://bwiza.com/2019/01/25/huye-abumvise-amasasu-menshi-bafite-amakenga-ku-mubare-wabagororwa-barashwe/
RCS ivuga ko igiye kongera umubare w’abacunga gereza mu rwego rwo kuziba icyuho kiriho kuko ngo imfungwa n’abagororwa ari benshi.
Kugeza ubu imibare yerekana ko abacunga gereza igihumbi 1 na 700 bacunga imfungwa zisaga ibihumbi 66
Sengabo ati “ Impumbero yacu ni ukongera abacunga gereza.”
Kuri ubu imirimo yo kongera inkuta z’amagereza ya Rwamagana, Nyagatare na Nyarugenge yaratangiye.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Mu 2013, imfungwa enye zatorotse gereza ya Huye zinyuze mu mwobo zacukuye mu rukuta. Mu 2017, imfungwa 25 zaratorotse nyuma ziza gufatwa zirafungwa naho muri Mutarama 2018, imfungwa eshatu zirimo Cassien Ntamuhanga zatorotse Gereza ya Mpanga, umwe muri zo aza gufatwa.


