Umuyobozi w’Ikipe ya Simba yaburiye abakinnyi barimo  Haruna Niyonzima washinjwe gutoroka umwiherero

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi akaba n’Umushoramari w’Ikipe y’Umunyarwanda Haruna Niyonzima, Mohammedi Dewji atangaza ko atiteguye gukorana n’abakinnyi  bafite ikinyabupfura gike mu kazi.

Mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2019, Haruna Niyonzima we na bagenzi be barimo  Pascal Wawa bashinjwe gutoroka umwiherero barimo mbere yo kujya gucakirana na Al Ahly yo mu Misiri.

Ibi yabiteye utwatsi ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru cyo muri Tanzaniya, Millardayo.

Mu kiganiro na Millardayo, Mo  Dewji yavuze ko Simba SC iri gukora impinduka zitandukanye ariko ko batiteguye gukorana n’abakinnyi badafite ikinyabupfura.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa 8 Gashyantare 2019,yagize ati “  Mu by’ukuri muri Simba twinjiye mu bihe by’impinduka. Ikibuga cy’imyitozo kiri hafi kurangira. Twamaze kwemeranya ko abakinnyi badafite ikinyabupfura, bitegure ko amasezerano yabo narangira, tutazakomezanya nabo.”

Uyu muyobozi yavuze ibisabwa ku kuba iki cyemezo bagisubika.

Ati “ Abazakomeza kugaragaza ubwitange kubera Simba, tuzakomezanya nabo.”

Inkuru bifitanye isano: https://bwiza.com/2019/01/30/haruna-niyonzima-arashinjwa-gutoroka-umwiherero/

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

YouTube player

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *