Wema Sepetu yazanye urujijo mu rubanza rwe

Sangiza iyi nkuru

Icyamare muri sinema mu gihugu cya Tanzania, Wema Sepetu yabashije kwikura imbere y’umucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa Kisutu, Maira Kasonde nyuma yo gutera utwatsi ibyo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni ku mbuga nkoranyambaga.

Mbere yo gusomerwa, ibinyamakuru byo muri Tanzania byari byatangaje ko isomwa ryo kuwa 18 Gashyantare 2019 rishobora gusiga Wema Sepetu ahamwe n’iki cyaha.

Wema Sepetu nyuma yo gusomerwa imyirondoro y’uregwa n’ibyo aregwa n’Umushinjacyaha, Glory Mwendi yavuze ko yemeye imyirondoro ariko ahakana ko ari we washyize hanze amashusho y’urukozasoni ku rukuta rwa instagram rwe bwite kandi atargeze avuga ko uru rukuta rwe rwinjiriwe.

Wema Sepetu kandi yahakanye ko yajyanywe kuri sitasiyo ya Polisi nyuma y’ishyirwa hanze ry’amashusho y’urukozasoni.

Wema Sepetu Isaack w’imyaka 30, ashinjwa gushyira hanze amashusho y’urukozasoni kuwa 18 Ukwakira 2018. Ibi byatumye agezwa mu rukiko kuwa 1 Ugushyingo 2018 kuri iki gikorwa we ahakana yivuye inyuma.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Ku rundi ruhande, umugabo bari kumwe muri aya mashusho, Patrick yatangaje ko Wema Sepetu ubwe ari we wafashe ndetse agashyira hanze aya mashusho.

Umucamanza Kasonde yasubitse iburansiha avuga ko rizakomeza kuwa  18 Werurwe 2019.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *