Bwa mbere mu mateka u Burundi bwerekeje mu mikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Burundi, Intamba mu Rugamba, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 23 Werurwe yabonye itike yo kwerekeza mu mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika (CAN 2019) izabera mu gihugu cya Misiri.

Ni nyuma y’aho Intamba mu Rugamba zinganyije na Gabon 1-1 i Bujumbura mu mukino wo kwishyura, mu gihe amakipe yombi yari yanganyije mu mukino ubanza wabereye muri Gabon, akaba ari nayo nshuro ya mbere ikipe y’igihugu y’u Burundi ibashije kubona itike yo kujya mu marushanwa ya CAN.

Umukinnyi Amissi Cédric kuri ubu ukina muri shampiyona yo mu gihugu cya Arabia Saoudite, niwe u Burundi bukesha kubona iyi tike nyuma y’igitego yatsinze Gabon ku munota wa 76 w’umukino nyuma y’aho igice cya mbere cyari cyarangiye amakipe yombi nta yirabasha kureba mu izamu ry’iyindi.

Ikipe ya Gabon ikaba yabuze itike iri kumwe n’umukinnyi mpuzamahanga wayo, Pierre Emerick Aubameyang, ukinira ikipe ya Arsenal.

Nubwo Gabon yabashije kwishyura iki gitego nyuma gitsinzwe n’umukinnyi Omar Ngando ntibyabujije u Burundi gukora amateka rujya bwa mbere mu mikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika mu mateka yabwo.

Intamba mu Rugamba ziri kumwe n’abakinnyi batoroshye nka Cedric, Saido Berahino na Gael Bigirimana, zarangije ari iza kabiri mu itsinda C, inyuma ya Mali yamaze kubona itike, mu gihe Gabon yarangije ari iya gatatu.

U Burundi buza ku mwanya wa 138 ku rutonde rwa FIFA, buzahurira mu Misiri n’andi makipe y’ibihugu byo mu Karere nka Uganda na Kenya mu gihe U Rwanda ruheruka muri iyi mikino mu 2003.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *