Tanzania: Icyumweru gishize Umurundi w’impunzi aburiwe irengero

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe bivugwa ko mu nkambi y’impunzi muri Tanzania hari aboherezwa na Leta y’u Burundi kujya gushimutayo impunzi zitavuga rumwe nayo, rimwe na rimwe ngo yifashishije urubyiruko rw’Imbonerakure, kuri ubu haravugwa ibura rya Ndayisenga Francois, wari impunzi umaze icyumweru yaraburiwe irengero.

Bitangazwa ko Ndayisenga yatwe n’abantu bari mu modoka ifite ibirahuri byijimye bambaye imyenda ya polisi ya Tanzania, abo bakaba baramujyanye bamuvanye mu mudugudu wa Gatanu, ahitwa mu Munani, mu nkambi ya Nduta muri Tanzania.

Izindi mpunzi zitangaza ko yatwawe ku wa Mbere w’icyumweru gishize ahagana saa munani (02:00) z’ijoro, batangaza ko basohotse bagiye kureba abamutwaye babona bambaye imyenda ya polisi ya Tanzania.

Nk’uko SOS Media/ Burundi ibitangaza, ngo ku munsi wakurikiyeho, umugore wa Ndayisenga yagiye kuri polisi ikorera mu nkambi kubaza impamvu bafashe umugabo we, polisi imuhakanira yivuye inyuma, imutangariza ko atariyo yamutwaye.

Bitangazwa ko atari we wa mbere ushimuswe muri ubu buryo n’abambaye imyenda ya polisi bakabura burundu cyangwa bakazaboneka nyuma. Ku wa kabiri tariki ya 26 Werurwe ngo hari izindi mpunzi ebyiri zafashwe n’abashinzwe iperereza mu karere ka Kibondo.

Abari bafashwe ngo ni uwitwa Selemani, usanzwe ari n’umuyobozi muri iyi nkambi na mugenzi we ushinzwe umutekano muri iyi nkambi witwa Ntibazonkiza Samuel, ngo bakaba barabazwaga ku ikwirakwizwa ry’imyinde ya gisirikare ryabayeho mu nkambi, mu mezi atatu ashize.

Impunzi z’Abarundi ziri muri Tanzania zisaga ibihumbi 300, zahunze igihugu mu 2015, ubwo havukaga imvururu zakuruwe na Manda ya Gatatu ya Perezida Nkurunziza, abaturage bose batavugagaho rumwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *