Inyeshyamba z’Abanyarwanda ngo zishobora kongera gushora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu ntambara ikomeye nk’uko Ambasaderi wa Congo mu Muryango w’Abibumbye yabitangarije Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni.
Ambasaderi Ignace Gata Mavita wa Lufuta yabwiye aka kanama kigaga ku mutekano mu Biyaga Bigari, ko umutwe wa P5, uhuriyemo amashyaka atandukanye arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ayobowe na Kayumba Nyamwasa, ukomeje kwakira imbunda n’amasasu ukura mu bihugu by’abaturanyi.
Nubwo iyi ntumwa ya Loni itavuze amazina y’ibihugu avuga, yatumye benshi bibuka raporo iherutswe gusohorwa n’itsinda ry’impuguke za Loni itunga urutoki u Burundi nk’igihugu bivugwa ko kivamo izo ntwaro.
Kohereza izo ntwaro muri Congo ngo bikaba ari ukurenga kuri embargo yafatiwe imitwe yose yitwara gisirikare ikorera muri Congo usibye ingabo za leta n’iz’Umuryango w’Abibumbye, Monusco.
Akanama k’Amahoro ka Loni gashinja u Burundi guha intwaro abashaka gutera u Rwanda gashingiye ku buhamya kahawe n’abarwanyi benshi ba P5 babajijwe. Ibihugu bya Tanzania na Afurika y’Epfo n’u Burundi nabyo ngo bishakirwamo abarwanyi ba P5 nk’uko impuguke za Loni zabibwiwe.

Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni kakaba karasabye u Burundi ibisobanuro kuri iki kibazo ariko ngo nta gisubizo karabona.
Nubwo bivugwa gutyo nk’uko iyi nkuru dukesha The East African ikomeza ivuga, P5 ngo nta gitero iragaba ku butaka bw’u Rwanda, ahubwo umaze kugaba ibitero ku nyeshyamba z’Abarundi zikorera ku butaka bwa Congo.
Uburasirazuba bwa Congo, aho P5 ikorera, ngo hasanzwe ari urwambariro rw’imitwe itandukanye yitwaje intwaro. Said Djinnit, Intumwa idasanzwe ya Loni mu Biyaga Bigari, yasobanuye uyi mitwe nk’imitwe ikomeje guhungabanya umutekano kandi iteza kutizerana hagati y’ibihugu bimwe.


